Kandi ndababwira yuko ababiri muri mwe nibahuza umutima mu isi wo kugira icyo basaba cyose, bazagikorerwa na Data wo mu ijuru. Kuko aho ababiri cyangwa batatu bateraniye mu izina ryanjye, nanjye mba ndi hagati yabo. (Matayo 18 :19-20)
Igihe Yesu yigisha abigishwa be gusenga mu magambo yose yagiye akoreshwa ni Data wa twese……, uduhe none ibyo kurya byacu by’uyu munsi, uduharire imyenda yacu, nk’uko natwe twahariye abarimo imyenda yacu yacu, ntuduhane mu biwoshya ahubwo udukize umubi……(Matayo 6 (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Dukunde guterana kwera!
14 February 2016, by Innocent Kubwimana -
Gusenga guhindura amateka !
4 May 2014, by UbwanditsiCatherine Booth ni umukobwa w’imfura wa William Booth (washinze itorero Armée du Salut). Amaze kugira imyaka 23, abana bo mu mugi wa Paris mu gihugu cy’u Bufaransa bamwise Marishali ubwo yari amaze gutangiza umurimo mu itorero rya Armée du Salut mu gihugu cy’u Bufaransa muri Gashyantare 1881.
Muw’1882, yinjiye mu gihugu cy’Ubusuwisi ajya gutangizayo umurimo w’Imana. Yamaze imyaka 14 ayoboye itorero Armée du Salut mu gihugu cy’u Bufaransa no mu Busuwisi afatanije na Arthur Sydney Clibborn (...) -
Agakiza kavugwa mu matorero ni iki kikaranga ?
14 June 2013, by Pastor Desire HabyarimanaHirya no hino usanga umwe avuga ngo yakiriye Agakiza, undi ati " Ntukijijwe." Ibyo byose bigaragara mu matorero ya Gikirisitu, hari ababitangaho ubuhamya bashingiye ku nyandiko za Bibiliya bitwaza nk’intwaro ikomeye.
Ku buhamywa bwa babayeho kera mu gakiza, Umuvugabutumwa Hakizimana Justin, wo mu itorerero rya ADEPR ku Muhima mu Mujyi wa Kigali, hari ubuhamya bw’abakera atanga nk’ibyitegererezo by’agakiza nya gakiza.
Ni uko ubwo tugoswe n’igicu cy’abahamya bangana batyo twiyambure ibituremerera (...) -
Uganda: Ururembo rwa ADEPR-Umujyi wa Kigali rwagiranye umubano wihariwe n’amatorero ya Pentekote muri Uganda
4 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaKuri uyu wa gatandatu tariki 31/10/2015 Abayobozi ba ADEPR-Ururembo rw’ umujyi wa Kigali barangajwe imbere n’ Umuvugizi wungirije wa ADEPR n’abagize Biro ya ADEPR bahagurutse Kigali berekeza mu mujyi wa Kampala mu gihugu cya Uganda, aho bari bagiye mu giterane cyiswe ‘’Nimuze twubake.’’ Nehemiya 2:17
Bakigera mu mujyi wa Kampala-Uganda bakiranywe ibyishimo byinshi n’abanyarwanda batuye muri uyu mujyi hamwe n’abakristo b’Abagande.
Iki giterane cyamaze iminsi ibiri kandi cyanitabiriwe na Chorale (...) -
Mbese dushingiye ku by’Imana yakoze ntitwakwizera ko izakora n’ibisigaye?
24 September 2015, by Innocent KubwimanaAkenshi amateka y’Imana n’ineza yayo tubitindaho cyane iyo tugeze mu bitugerageza bitari bimwe. Ibi tubihamirizwa n’uburyo Imana idutabara mu bihe bikomeye. Ibi ariko ntibibuza ko umuntu ahagarika umutima bikamutera gushidikanya kubera kamere muntu, cyane iyo ahuye n’ibirenze ubushobozi bwe.
Dufatiye urugero kuri Dawidi mu ijambo ry’Imana, igihe bamutera ubwoba ko ntcyo yakora ku gihangange Goliyati cyari cyarahangayikishije ubwoko bw’Abisirayeli, Dawidi yibutse imikorere y’Imana, arambika (...) -
Waba uzi impamvu dukwiriye gukura mu gakiza? Pastor Desire
2 December 2015, by Pastor Desire Habyarimana“Umugezi w’amazi utemba uva mu rusengero” (Ezekiyeri 47:1-12)
Amazini ijambo ry’ Imana, urusengero ni umutima w’ umuntu iburasirazuba ni Yesu kuko niwe zuba ryo gukiranuka kwacu.
Umwuka niwe ugera uko ijambo rikurira mu mutima w’ umuntu. Tugomba gukura kugeza ubwo tuzaba umugende ujyana amazi aho akenewe.
Amazi agera mu bugombambari ni umuntu ufite ijambo rike muri we. Haramutse havuye izuba ryinshi (ibigeragezo) aya mazi arakama. Kandi ibihe birasimburana ntabwo umuntu ahora mu bihe byiza (...) -
Dore isengesho rikwiye!
4 January 2016, by Innocent KubwimanaTurashimira Imana k’ubw’ubuntu bwayo butarondoreka itugirira iteka. Turanayishimira kandi kuko yadushyiriyeho uburyo bwo kuyishaka no kuyibwira tubinyujije mu masengesho. Gusenga rero nibwo buryo natwe tubwiramo Imana, itwemerera kandi kuyishaka ndetse no kuyibona( Zaburi 65:2)’’ni wowe wumva ibyo usabwa, abantu bazaza aho uri. Gusenga rero ni kimwe mu bikorwa bigaragaza imyizerere y’umuntu.
‘’Mwaturirane ibyaha byanyu kandi musabirane, kugira ngo mukizwe. Gusenga k;umukiratsi kugira (...) -
Umugore yari akwiriye kumenya neza imico y’abo mu rugo rwe!
27 March 2016, by Alice Rugerindinda« Amenya neza imico yo mu rugo rwe, kandi ntabwo arya iyo kurya by’ubute, abana be barahaguruka bakamwita Munyamugisha, n’umugabo we nawe aramushima ati : abagore benshi bagenza neza ariko weho urabarusha bose” Imigani 31:27
Uwo ni umugore uzi ubwenge Salomo yavugaga !
Impamvu nkunze kwibanda cyane ku bagore “mama” nuko nasanze Imana yaraduhaye ubushobozi, ubwenge, ndetse n’imbaraga zo kuba twahindura ibintu byiza cyangwa bibi.
Ku mutwe w’aya magambo ho handitse ngo ni umugore ufite umutima, (...) -
Ese mu buzima bwawe habanza iki?
1 January 2016, by Pastor Desire HabyarimanaWaba ujya utekereza ku rutonde rw’ibyo ukwiye gukora mu buzima bwawe? Aha byumvikane ko iyo tuvuze urutonde haba hari icya mbere, icya kabiri gukomeza kugeza ku cya nyuma. Iyo uri umukozi mu rugo wakurikiranyije imirimo ushaka gukora, urugero ushaka gusukura inzu, ugakora isuku y’ibyombo n’ibindi warangiza ukabikurikiranya bitewe n’agaciro wabihaye cyangwa ibyo Shobuja wawe akunda. Iyo uzi ko igihe cyawe kidahagije ugerageza kubanza iby’ingenzi kugira ngo igihe nikikubana gito ube wakoze (...)
-
Impamvu nyamukuru zituma abashakanye batabana mu byishimo.
11 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaIMPAMVU NYAMUKURU ZITUMA ABASHAKANYE BATABANA MU BYISHIMO.
Kutagira umwanya wo kuganira
Abahanga benshi bemeza ko imwe mu mpamvu zikomeye zituma urugo ruhinduka agahinda n’agahimano, ari uko ababana bombi batazi uko bakora ngo baganire cyangwa se batanabishaka. hari na benshi bamenye ko kuganira ari byiza ariko bibaza icyo umuntu akwiye gukora aganira nundi nicyo yakwirinda mu gihe cyo kuganira.
Ibiganiro hagati y’abashakanye bishobora gusa kugera ku ntego mu gihe bombi biyemeje gukurikiza (...)
0 | ... | 1120 | 1130 | 1140 | 1150 | 1160 | 1170 | 1180 | 1190 | 1200 | ... | 1230