Abantu benshi mu bakurikirana ibirebana n’aho isi igeze hakurikijwe ibyahanuwe uko bivugwa muri Bibiliya cyane cyane mu gitabo cy’Umuhanuzi Daniel ,mu butumwa bwiza bwanditswe na Matayo ndetse no mu Byahishuwe bemeza ko isi igeze mu bihe byanyuma.
Uretse rero ibimaze igihe bivugwa (indwara zidasanzwe,intambara mu bihugu byinshi,inzara ,ubukene n’ibyorezo,kwimura Imana kwigaragaza mu bikorwa bya benshi),ubu noneho haravugwa ibirebana na cya kimenyetso ndetse na wa mubare w’inyamaswa uvugwa mu (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Ese koko Micropuce hari aho ihuriye n’ ikimenyetso cy’ inyamaswa?
30 November 2012, by Ubwanditsi -
Dufite ubutware bwo gutegeka imisozi y’ibibazo iri imbere yacu igatabwa kure
28 July 2015, by Innocent KubwimanaMu buzima busanzwe umuntu afite ubushobozi kandi bwo ku rwego rwo hejuru bwo kwihanganira kubaho mu bihe bikomeye haba mu ndwara, imibabaro y’uburyo butari bumwe, nubwo ibi bigenda bitandukana ku bantu bitewe n’amateka ya buri muntu.
Iyo ubanye nabyo cyane ugera igihe utanatekereza ko hari Imana yagira icyo ikora ahubwo ukabigira abaturanyi beza mukabana, satani akakwibagiza ko Yesu ashobora kuguhindurira ukabivamo aho kuba imbata yabyo.
Nta mpamvu ihari yo gufata ibintu bikubangamiye ngo (...) -
"Nyuma yo kwiyahuza urumogi na kanyanga kubera ubupfubyi, dore uko nakijijwe..." - Vumilia J. Claude
21 October 2013, by UbwanditsiUko nakijijwe
Nyuma y’aho nahise nsubira aho mama avuka, mpasanga mama wacu. Yari umurokore akijijwe. Yambwirije ubutumwa, ariko sinabyumva kuko napingaga abarokore. Nicaye muri salon kwa mama wacu, numvise ijwi rimpamagara mu mazina yanjye yombi rirambwira riti “Ndi Imana y’abarokore!”
Rikimara kumbwira rityo, nabonye ikintu kimeze nka Televiziyo imbere yanjye, kinyeretse ubuzima bwose nanyuzemo. Nabonye aho nabaga nibye, bampondaguye nabaye intere, bashaka kunta mu cyobo cya metero 20 ariko (...) -
Nyuma yo kurokoka jenoside, Diane Uwase yiciwe abana batatu bahawe uburozi (Igice cya 2)
25 April 2014, by Pastor Desire HabyarimanaMu gice cya mbere cy’ubu buhamya twari twabagejejeho uko Imana yarokoye Uwase Diane, ikamurindira mu busa busa, akarokoka jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994. Muri iki gice turabagezaho uko ubuzima bwamurebeye bubi akageza ubwo yicirwa abana batatu, ariko Imana ikamushumbusha urubyaro.
Satani ntiyaretse kuduhiga kuko umunsi umwe narose inzozi ngo njyewe n’abana n’ umugabo tuguye mu nyanja nini iratumira nkangutse mbwira umugabo wanjye nti: “Ndose nabi”, ahita ambwira ngo nawe yarose (...) -
‘’Nagiye ku ishuri nitwaje umusambi nka Matela, nambaye n’ibirenge.’’ Umuhanzi Goreti (Izabisobanura)
16 July 2015, by UbwanditsiUbu buhamya ni ubwa Mushimiyimana Goreti, ubusanzwe akaba ari umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, akaba abarurirwa mu itorero rya ADEPR- Ruvumera, itorero ry’Akarere ka Muhanga (Mu ntara y’Amajyepfo).
Mu kiganiro kirambuye yagiranye n’umunyamakuru wa www.agakiza.org , twifuje kubagezaho ubuhamya bwe mu magambo ye bwite.
Nitwa Mushimiyimana Goreth navukiye mu Karere ka muhanga, nkaba ndi umukristo w’umupantekote muri ADEPR. Mu buzima ntabwo nagize amahirwe yo kubana n’ababyeyi banjye kuko (...) -
Kurikirana ubuhamya bw’ Umushumba Moses Kulola
23 August 2012, by Simeon NgezahayoNjyewe Moses Kulola navutse mu w’1928, mvukira mu muryango w’abana 10, muri bo 5 ni bo bariho kugeza ubu. Niyandikishije mu mashuri abanza mu w’1939. Ishuri niyandikishijemo ryitwa Ligsha Sukuma, ryari ryarashinzwe n’abamisiyoneri. Ndangije kwiga aho muri Ligsha Sukuma Mission School, natangiye gukora mu ishami rikora amapura y’amazu mu w’1949, maze mu mwaka w’1950 mbatizwa mu itorero rya AIM Makongoro riri mu mujyi wa Mwanza.
Nashyingiranywe na Elizabeti, maze Imana iduha abana 10, muri bo (...) -
Imana yambohoye umugozi w’amateka mabi!
28 November 2013, by Pastor Desire HabyarimanaNitwa Martha Nzacahinyeretse, navutse mu w’1993, mvukira mu karere ka Nyamagabe. Maze umwaka umwe mvutse ni bwo Jenocide yakorewe Abatutsi yabaye, ubwo iwacu baba barahunze. Bagarutse mu Rwanda mu w’1996, mfite imyaka itatu dusanga ibintu byose byarangiritse, dushikira mu masambu y’iwacu.
Nyuma byaje kugera mu w’2009 nakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza, arambohora mba umwana w’Imana ariko na none nababwira ko mvuka mu muryango udakundana, ugira inzangano cyane. Nakuze mbona hahora induru zidashira. (...) -
"Iyo nza kumenya uburyo Imana inkunda n’ubwo nari mubi!" - T Mack
1 October 2013, by Simeon NgezahayoNdi umugabo w’imyaka 39. Navukiye mu muryango w’Abakristo, ndererwa mu rusengero. Buri cyumweru nabaga ndi mu rusengero, ndetse nize n’ishuri ry’abana (Sunday school). Nakinnye imikino y’ivugabutumwa mu rusengero, nkora n’indi mirimo myinshi.
Igihe cyo kwifatira icyemezo nk’umuntu mukuru, sinakomeje mu nzira y’Imana ngo niteku mugambi wayo ku buzima bwanjye ahubwo nayiteye umugongo. Nabonye akazi keza, ariko nkomeza ubuzima bw’uruzerero mu muhanda. Nacuruje ibiyobyabwenge, njya mu ndaya, mba (...) -
Uwizera n’utizera bafitanye mugabane ki?
21 June 2016, by Alice Rugerindinda“Ntimwifatanye n’abatizera mudahwanye. Mbese gukiranuka no gukiranirwa byafatanya bite? Cyangwa umucyo n’umwijima byabana bite? Kandi Kristo ahuriye he na baali: cyangwa uwizera n’utizera bafitanye mugabane ki? 2 Abakorinto 6:14
Hari itandukaniro hagati y’umuntu wakiriye Yesu nk’Umwami n’Umukiza we n’undi muntu utarakira Yesu. Ikigeretse kuri ibyo, uwakiriye Yesu bamwita umwana w’umucyo , mu gihe umuntu udafite Yesu bamwita umwana w’umwijima bitewe n’imirimo y’umwijima imuranga.
Bibiliya ijya (...) -
Imana yanzuriye umwana yapfuye: Kelene Bayenda
14 July 2012, by UbwanditsiNitwa Kelene Bayenda navukiye mu gihugu cya Uganda Kamaranansane, ndi umubyeyi mfite umutware n’abana batanu. Nkaba narakiriye Yesu maze kubyara gatatu , navukiye mu muryango w’abapagani nza gukizwa nyuma gusa ntarakizwa najyaga ndota ibintu nkabona birabaye muribyo urugero ni uko narose umugabo tuzabana hanyuma bashaka kunshingira undi ubukwe burapfa nyuma umwe narose n’ ibimenyetso namubonyeho niko yaje ameze ni nawe mugabo wanjye.
Aho nshakiye natinze kubyara, mara imyaka itatu, nyuma (...)
0 | ... | 920 | 930 | 940 | 950 | 960 | 970 | 980 | 990 | 1000 | ... | 1230