Ubushakashatsi bwakorewe mu bihugu 192 byo mu isi yose bwagaragaje ko Abagore aribo bakomera ku myemerere kurusha abagabo.Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje nanone ko abagore (b’abakristu) aribo batotejwe cyane mu isi kurusha bagenzi babo b’abagabo.
Ikimenyetso simusiga ngo kigaragaza ibyo ngo ni uko mu bihugu 50 birimo itotezwa rikabije byakoreweho ubushakashatsi ,ngo abagore aribo bemera guhara ubuzima bwabo kubera ubukristu kurusha abagabo,biba bigoye kuba umukristu muri bene ibi bihugu. (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Ubushakashatsi: Ku isi yose abagore b’abakristu barusha abagabo ukwizera n’ukwemera bihamye
20 April 2016, by Nicodem -
Wowe ubwawe Uwiteka ni wowe Data!
21 October 2015, by Innocent KubwimanaErega ni wowe Data wa twese, nubwo Aburahamu atatuzi, Isirayeli ntatwemere! Wowe ubwawe Uwiteka, ni wowe Data wa twese, uri Umucunguzi wacu, uhereye kera kose ni ryo zina ryawe. (Yesaya 63:16)
Mubuzima bw’umuryango tumenyereye ko kugira ngo ube witwa umuryango wuzuye hagomba kuba harimo (Papa+Mama+Abana).
Nubwo biba bimeze gutya ariko usanga akenshi ubuzima bwose bushingiye kuri uyu mugabo, kuko aba agaragara nk’aho ari we mutwe, iyo adahari usanga bitameze neza, haba n’ikibazo ugasanga (...) -
Ibitaramo bya "Halloween" byahawe akato mu Rwanda
2 November 2013, by UbwanditsiMinisiteri ya Siporo n’umuco y’u Rwanda, yasohoye itangazo ritegeka abantu bari bateguye ibitaramo n’ibindi bikorwa byose biri mu rwego rwo kwizihiza Halloween mu Rwanda guhita barekera aho kuko binyuranyije n’umuco w’u Rwanda.
Ubusanzwe Halloween ifatwa na bamwe mu bakirisitu nk’umunsi wa Gipagani wizihizwaho abazimu, ikunze kwizihizwa cyane cyane mu bihugu bya Amerika na Canada ndetse n’uburayi.
Abawusobanukiwe neza bavuga ko ari umunsi wo kwibuka abapfuye bose ugereranywa n’umunsi (...) -
Mwirinde hadutse umwuka w’ ubusambanyi udasanzwe! Felicite Nzohabonayo
10 November 2013, by UbwanditsiARIKW’ IYO TWIMENYE UKO TURI, NTIDUTSINDWA N’URUBANZA ( Bibiriya y’ikirundi.) 1 ab’Ikorinto 11: 31 ARIKO TWAKWISUZUMA NTITWAGIBWAHO N’URUBANZA. ( Bibiriya y’ikinyarwanda.) 1 ab’Ikorinto 11: 31
Mu mutima w’umuntu habamwo imyanda myinshi kandi y’ubwoko bwinshi twagereranya n’ikimoteri cyangwa na “immondices”. Turasoma Abagalatiya 5: 19 - 21 Dore imirimo ya kamere iragaragara ni iyi: gusambana no gukora ibiteye isoni n’iby’isoni nke, no gusenga ibishushanyo no kuroga no kwangana no gutongana n’ishyari (...) -
Kubyarwa ubwa kabiri ni ishingiro ry’ubukristo
7 August 2015, by Innocent KubwimanaNi ukuri, nu ukuri ndakubwira y’uko umuntu utabyawe ubwa kabiri, atabasha kubona ubwami bw’Imana, Nikodemu aramubaza ati mbese umuntu yabasha ate kubyarwa kandi akuze? (Yohana 3:3-5)
Mu bintu byagoye umugabo witwa Nikodemu wari usanzwe azi iby’imihango y’idini kandi abyigisha ni ukwisanga hari intambwe ataratera hanyuma, yanasabwa kuyitera agasanga ngo arasabwa kuvuka ubwa kabiri. Yibajije ukuntu azasubira mu nda ya nyina akongera akuvuka ubwa kabiri biramuyobera. Yesu nyiyahwemye kubwiza (...) -
Ni gute wahamiriza umugabo wawe udakijijwe? - Elisabeth Boutinon
30 July 2013, by Simeon NgezahayoHari ubwo umuntu yanyandikiye akoresheje internet, ambaza iki kibazo ngo "Ni gute wakwifata imbere y’umugabo wawe udakijijwe mu gihe urimo kumuhamiriza ko wizeye Yesu?"
Natekereje ko igisubizo namuhaye gishobora gufasha rwose n’undi wese wo muri twe, bituma nifuza gusangira namwe ibyo namushubije:
Mwene Data muri Kristo Yesu,
Wagize neza gukoresha ijambo ngo “ni gute umuntu yakwifata,” kuko ijambo ry’Imana mi Isezerano Rishya rivuga ko ijambo guhamya risa n’iridakoreshwa. Nyamara n’ubwo (...) -
Ese koko urashaka kumererwa neza?
27 March 2014, by UbwanditsiEse koko urashaka kumererwa neza?
Ujye ushushanya ubuzima bwawe nk’umugozi umwe ariko ukozwe n’udushumi twinshi dufite amabara atandukanye.
Ibara rya buri gashumi rigaragaza ibintu bitandukanye bigize ubuzima bwacu nk’umuryango, akazi, amasomo, n’ibindi. Nufata uwo mugozi ukawushyiramo amapfundo, bizagutwara igihe ngo uyagwize; ariko kandi nunashaka kuyahambura bizagutwara undi mwanya. Buri pfundo rigaragaza ikibazo waba ufite mu buzima bwawe, bivuga ko nk’uko bitwara igihe ngo ibibazo (...) -
Ijuru ni ukuri ririho si ukubeshya (Ubuhamya bwa Choo Thomas wagiriwe ubuntu bwo gutemeberezwa mu ijuru)..
17 September 2012, by UbwanditsiMu mwaka wa 1992 CHOO THOMAS, umunyamerika ukomoka muri KOREA yabaye umukristo avuka ubwa kabiri. Igitera ubuhamya bwe kuba igitangaza ni uko nyuma y’imyaka ibiri yakurikiye kwihana kwe, Choo yaje gusurwa n’Umwami YESU w’ i NAZARETI. Yaje gukurwa mu isi ajyanwa mu ijuru inshuro nyinshi ubundi asura umuriro utazima inshuro ebyiri.
Choo Thomas avuyeyo, yanditse igitabo kivuga kuri izo ngendo ze , icyo gitabo acyita :" Heaven is so Real ", icyo gitabo cyagiye ahagaragara mu mwaka wa 2003. Iki (...) -
Kuba mu mwanya Imana igushakamo. Dr Ignace Habimana
9 September 2015, by Pastor Desire HabyarimanaIntego : Kuba mu mwanya Imana igushakamo
Nubwo hari aho Imana idushaka, ntibivuze ko ikoresha igitugu, ahubwo itwereka ibyiza by’aho idushaka tugahitamo.
Hari ibyiza byinshi byo kuba aho Imana ishaka. Zab.91 hagira hati uba mu bwihisho bw’Isumbabyose azaba mu gicucu cy’Ishoborabyose. Kubana n’Imana ntibigombye kuba impamvu y’ibyo tuyitegerejeho nko kuduha imyambaro n’ibyo kurya, kuko ababifite ataribo bagira amahoro, abiyahura sibo bakene. Matayo 6:33 Dushake ubwami bw’Imana no gukiranuka (...) -
Ubuhamya: Banterereje abadayimoni ariko kubwa Kristo ndabatsinda
8 January 2013, by Kiyange Adda-DarleneNitwa Kelly, mfite imyaka 17, navukiye mu muryango w’abakatorika. Mfite murumuna wanjye na mushiki wanjye mukuru. Ababyeyi banjye bambatirishije mu idini ry’aba katolika mfite imyaka 6 niko ntekereza, ntazi umubatizo icyo ari cyo. Ubuto bwanjye bwaranzwe n’ibibazo byinshi, sinigeze mbona na busa urukundo rw’ababyeyi (affection). Ndibuka mfite imyaka 12, ndi kw’ishuri,inshuti zanjye z’abakobwa zajyaga zikora ibintu by’imikino byo guhamagara imyuka mibi. Jye nababwiye ko ntazigera na rimwe (...)
0 | ... | 760 | 770 | 780 | 790 | 800 | 810 | 820 | 830 | 840 | ... | 1230