Dore inama zo kugira umuryango ushyize hamwe
1.Kubaka no kubumbatira umuryango
Kugirango urugo rukomere bisaba ubwenge no kujijuka bitangwa n’ijambo ry’Imana atari ubwenge bw’isi (Imigani 24:3-4).
Ubwenge buva mu ijuru (Yakobo 3:17) irya mbere buraboneye kandi ni ubw’amahoro, ni ubw’ineza, bwemera kugirwa inama, bwubaka amahoro hagati y’impande ebyiri zitumvikana cyangwa zihanganye.
Kujijuka kwa mbere ni ugushaka Uwiteka, kwita cyane ku mibanire yawe n’Imana.
Namwe bagabo ni uko: Mubane (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Kugirango urugo rukomere bisaba ubwenge no kujijuka
27 September 2015, by Pastor Desire Habyarimana -
"Uburwayi bwa mushiki wanjye bwatumye mpura na Yesu, ankura mu rupfu!" – Mohit
23 August 2013, by UbwanditsiHaleluya! Ndashima Yesu Umukiza wanjye, utwitaho twese. Ndashaka kubahja ubuhamya bw’ibyo Yesu yankoreye:
Ntaramenya Yesu, umuryango wanjye wose wari abapagani cyangwa abanyamahanga. Iyo Noheli yageraga ni bwo twumvaga izina Yesu, ariko ntitwigeze tumenya yuko ari Imana nzima n’Umukiza.
Mu mwaka w’2009, mushiki wanjye Anjali yafashwe n’igitungu, kimufata mu ruti rw’umugongo, ariko mbere hato nk’iminsi 20 data hita yitaba Imana. twagiye kwa muganga, bakoreye mushiki wanjye ibizame dusanga (...) -
Mu itorero ADEPR habaye ihererekanyabubasha rya komite nyobozi
17 September 2012, by UbwanditsiKuri uyu wa mbere I Kigali habereye umuhango w’ihererekanyabubasha kuri komite icyuye igihe y’itorero ADEPR mu Rwanda ndetse na komite nshya y’agateganyo yatangiye imirimo.Uyu muhango wabereye imbere y’abayobozi b’indembo za ADEPR ndetse n’imbere ya Cheikh Saleh Habimana, umuyobozi w’urwego rushinzwe gukurikirana imiryango ishamikiye ku madini, imitwe ya politiki n’imiryango itari iya leta mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere.
Nyuma y’aho abapasiteri bahagarariye indembo za ADEPR hirya no (...) -
Nyuma yo guturuka I Gisenyi ajya I kigali n’amaguru ndetse akerekanwa na Fiance we yambaye Bote ubu afite ishimwe rikomeye.
24 July 2012, by UbwanditsiNitwa MWIRAGIYE Francois navutse mu mwaka wa 1975, mvukira muri KIBIRIRA ku Gisenyi ubu habaye akarere ka NGORORERO. Navutse mu muryango ukennye gusa ubwo buzima twese twari twarabwemeye kuko ntayandi mahitamo twari dufite. Mu mwaka wa 1994 nahungiye Kongo ngera i Mugunga mpaba igihe gito, ubuzima bw’ impunzi namwe murabwumva abantu barapfaga buri munsi ariko Imana irandinda, nyuma naje gufata icyemezo ngaruka mu Rwanda, Mu guhunguka naje n’amaguru ngera iwacu,gusa mpagera nenda gupfa bitewe (...)
-
Ubuhamya: Navukanye umutima i buryo ariko Yesu aracyambeshejeho
25 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNitwa Ndimurwango Isaac.Kunyita gutyo ni uko navutse Papa ari mumanza,gusa abandi bana tuvukana bafite amazina meza. Ubu nshima Imana ko ntakiri mu rwango ahubwo ndi mu rukundo rwa Yesu. Nagize umugisha wo gukizwa nkiri muto mu mwaka wa 1987 cyane no mu muryango wacu harimo benshi bakijijwe bituma nanjye ngira uwo mugisha.
Data yitwa Ntanama Jean naho mama yitwa Renilda; navutse mbona mama ari umusazi kandi yabimaranye imyaka 35 yiruka mu gasozi arara mu mazi, yagerageje kwiyahura mu kivu (...) -
Imana yambwiye ko izanshumbusha amashuri nacikirije none ingejeje kure […] – Ubuhamya bwa Pst Munezero Jean Damascene
22 June 2016, by Simeon NgezahayoNitwa Pasteur Munezero Jean Damascene nsengera mu itorero rya ADEPR mu rurembo rw’iburasirazuba mu itorero ry’akarere rya Gatsibo, paroisse ya Gorora, mfite umugore n’abana batanu. Dushimye Imana itwemereye kugirango tubagezeho ubuhamya bw’iby’Imana yadukoreye muri make turashaka kugira ngo abantu bamenye ko Imana igikora kubera ko hari Abakristo bihebye batakigira ibyiringiro, ariko iyo bumvise ubuhamya bw’ibyo Imana ikora bagira ibyiringiro.
Navukiye mu cyahoze cyitwa komini Murambi byari muri (...) -
Amateka ya Bibiliya ahishura ibanga rikomeye ryo kugaruka kwa Yesu. Levis Pasteur BYABEZA
23 April 2014, by UbwanditsiInkomoko n’iyandikwa rya Bibiliya, icapwa n’ihindurwa rya Bibiliya mu zindi ndimi, itotezwa n’imigambi yo gutwika no kurimbura Bibiliya bihishe isohozwa ry’ibyanditswe bigira biti “Ubu butumwa bwiza bw’ubwami bw’ijuru buzamamazwa ku isi yose bubere amahanga yose ubuhamya, noneho rero imperuka igere.” Matayo 24:14. (Bibiliya IJambo ry’Imana)
Nk’uko igitabo “A l’écoute de la Bible” kibivuga: Ubutware igitabo cya Bibliya gifite ubwabwo bugaragaza aho yaturutse. Nta kindi gitabo cyasubiza ibibazo (...) -
Mu biterane biri kubera I Bujumbura abatari bake bamaze guhindukirira Imana.
3 May 2012, by UbwanditsiNkuko twari twabibamenyesheje ko Pastor Desire habyarimana agiye kwerekeza mu mujyi wa Bujumbura mu Burundi mu biterane bitandukanye; ibi biterane byatangiye kuri uyu wa 6 taliki ya 27/04/2012 bikaba bizakomeza icyumweru cyose.
Igiterane cya mbere cyabereye muri Commune ya Musaga aho Aumonerie Pentecotiste ikorera kikaba cyarahuje abantu batari bake kandi ukabona ko baje bafite inyota yo kumva ijambo ry’ Imana cyane. Aha muri iki giterane Pastor Desire yigishije kukuba incuti y’ Imana (...) -
Byose biramwumvira!
27 April 2016, by Alice RugerindindaBaratinya cyane baravugana bati mbega uyu ni muntu ki utuma umuyaga n’inyanja bimwumvira! Mariko 4: 41
Abagishwa nubwo babanaga na Yesu amaso ku maso, ariko bari batarasobanukirwa ko ibintu byose bimwumvira. Igihe kimwe rero ngo bari kumwe na Yesu bajya mu bwato ngo bambuke hakurya. Ngo nuko ishuheri y”umuyaga iraza, umuraba wisuka mu bwato bigeza aho bwenda kurengerwa. “But soon a fierce storm came up. High waves were breaking into the boat and it began to fill with water”
Igiteye (...) -
Ijambo ry’Imana: Duhunge isi ironona
11 April 2016, by Pastor Desire Habyarimana«Niba kumenya neza Yesu Kristo kwarabateye guhunga iby’ isi byonona ntitukongere kubyizingitiramo. Kuko ibya nyuma byacu byarusha ububi ibya mbere» (2Petero 2:20).
Mu isi dufite abanzi batatu. Isi, Satani n’ umubiri. Abo banzi turwana nabo buri munsi kuko Yesu yanesheje akatuneshereza.
Kumenya Yesu kwacu gukwiye gutuma duhunga isi, iyo tuvuze isi tuba tuvuze ibyaha nko kubeshya, gusambana, kwiba, urugomo rwose no kutumvira Imana kose. Dukwiye kuba mu isi ariko turi abana b’ Imana. Twe (...)
0 | ... | 720 | 730 | 740 | 750 | 760 | 770 | 780 | 790 | 800 | ... | 1230