« Ntihakagire umupfakazi cyangwa imfubyi mubabaza. Nugira icyo ubababaza na gato bakantakira,sinzabura kumva gutaka kwabo, uburakari bwanjye bukagurumana nkabicisha inkota, abagore banyu namwe bakaba abapfakazi, abana banyu bakaba imfubyi » Kuva 22 :22-23
Nk’uko natangiye mbivuga, guhemukira uwitwa imfubyi cyangwa umupfakazi, ni ukwiteranya n’Imana. Tekereza nawe aho Imana ivuga ngo nubikorera umwe muri bo agatakira Imana , ngo uburakari bwayo buzakumanukira ikwice maze umugore wawe nawe (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Guhemukira aba bantu ni ukwiteranya n’Imana Alice
5 February 2016, by Alice Rugerindinda -
Imyiteguro y’igitaramo cyo gufasha Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania irarimbanije
2 May 2014, by UbwanditsiAgakiza Family bateguye igitaramo cyo gukusanya inkunga yo gufasha Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania baherereye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro.
Iki gikorwa giteganijwe kuri iki Cyumweru tariki ya 4 Gicurasi 2014 kuri salle ya Women Foundation iherereye ku Kimihurura kikazatangira saa munani zuzuye,
Mu kiganiro twagiranye n’Umuyobozi w’uyu muryango Pasiteri Desire Habyarimana, yavuze ko imyiteguro igeze kure.
Mu nkuru twari twabagejejeho mu minsi ishize, hari amakuru avuga (...) -
Dore umugore mwiza Bibiliya igushimira!
5 April 2016, by Pastor Desire HabyarimanaAbantu mu gutoranya abazababera abagore bahera ku bintu bitandukanye.Hari abibanda ku buranga, nyamara Bibiliya ivuga ko umugore mwiza ari ufite umutima. None se umugore ufite umutima wamubwirwa n’iki ?
Mu gitabo cy’Imigani 31 urahasanga ibimuranga :
10: Umugore w’imico myiza ni nde wamubona ? Arusha cyane rwose marijani(perles) igiciro
11: Umutima w’umugabo we uhora umwiringira kandi ntazabura kunguka
12: Ahora amugirira neza ntabwo amugirira nabi, igihe cyose akiriho
13: Ashaka ubwoya (...) -
Ese witeguye gushyingirwa cyangwa kubaka urugo(marriage)? Pastor Desire
29 September 2015, by Pastor Desire HabyarimanaIki ni ikibazo cy’ingenzi, urabyiteguye?
Mbese ni ukuvuga ko ugeze umaze igihe wiyumvamo ubwo bushake. Ese ugeze igihe wiyumvamo ibyo bimenyetso?
Abandi baravuga ngo uyu ni umwana ibyo avuga arabiterwa n’imitekerereze y’abana; ni byiza kumenya niba koko uri mu kigero cy’abantu bakuru ku buryo wakubaka urugo cyangwa ugashyingirwa.
Ariko iyo mvuga ibyo kwitegura gushyingirwa simvuga ikigero cy’imyaka gusa, ahubwo mvuga no kuba umuntu amaze gukura mu bitekerezo mu myumvire no mu mikorere.
Hari (...) -
Kugirango urugo rukomere bisaba ubwenge no kujijuka
27 September 2015, by Pastor Desire HabyarimanaDore inama zo kugira umuryango ushyize hamwe
1.Kubaka no kubumbatira umuryango
Kugirango urugo rukomere bisaba ubwenge no kujijuka bitangwa n’ijambo ry’Imana atari ubwenge bw’isi (Imigani 24:3-4).
Ubwenge buva mu ijuru (Yakobo 3:17) irya mbere buraboneye kandi ni ubw’amahoro, ni ubw’ineza, bwemera kugirwa inama, bwubaka amahoro hagati y’impande ebyiri zitumvikana cyangwa zihanganye.
Kujijuka kwa mbere ni ugushaka Uwiteka, kwita cyane ku mibanire yawe n’Imana.
Namwe bagabo ni uko: Mubane (...) -
Ubuhamya: Imana yanyongereye iminsi yo kubaho napfuye. Uwingabire Ladislas
8 October 2013, by UbwanditsiNitwa Uwingabire Ladislas, ndi umusore w’imyaka 29. Navukiye mu karere ka Gakenke, umurenge wa Gashenyi, intara y’amajyaruguru. Ubu ndi Umukristo wavutse ubwa kabiri, nakiriye Kristo nk’Umwami n’Umukiza. Nkora umurimo w’ivugabutumwa bwiza nyobowe n’Umwuka Wera.
Imana yankoreye ibikomeye, inkuru ibuzimu inshyira ibuntu ku bw’ imbabazi zayo. Reka mbahe ubuhamya bw’ubuzima nanyuzemo:
Navutse mu w’1984. Mama akintwite, Satani yashatse kumburizamo ariko Imana ikinga ukuboko. Mama yatwaye inda yanjye (...) -
"Imana yambohoye mu mbaraga z’imyuka mibi, impindurira amateka" - Purcherie Mukankima
27 November 2013, by Simeon NgezahayoNitwa Purcherie Mukankima, navukiye i Gitarama mu karere ka Kamonyi, mu murenge wa Rukoma. Navukiye mu muryango w’abapagani, aho baterekeraga bakanabandwa. Data yari afite abagore babiri, twari dufite umuryango munini ariko udafite amahoro. Mu nda ya mama ngo nta muhungu wavutsemo wagombaga kubaho, ku buryo bafpuye tugasigarana kamwe, abakobwa natwe tugomba kubaho nabi, ubu nkubwira jyewe na bakuru banjye twese turi abafpakazi.
Koko nta mahoro y’umunyabyaha, ni ko Uwiteka avuga. Nari umwana (...) -
Byose biramwumvira!
27 April 2016, by Alice RugerindindaBaratinya cyane baravugana bati mbega uyu ni muntu ki utuma umuyaga n’inyanja bimwumvira! Mariko 4: 41
Abagishwa nubwo babanaga na Yesu amaso ku maso, ariko bari batarasobanukirwa ko ibintu byose bimwumvira. Igihe kimwe rero ngo bari kumwe na Yesu bajya mu bwato ngo bambuke hakurya. Ngo nuko ishuheri y”umuyaga iraza, umuraba wisuka mu bwato bigeza aho bwenda kurengerwa. “But soon a fierce storm came up. High waves were breaking into the boat and it began to fill with water”
Igiteye (...) -
Ijambo ry’Imana: Duhunge isi ironona
11 April 2016, by Pastor Desire Habyarimana«Niba kumenya neza Yesu Kristo kwarabateye guhunga iby’ isi byonona ntitukongere kubyizingitiramo. Kuko ibya nyuma byacu byarusha ububi ibya mbere» (2Petero 2:20).
Mu isi dufite abanzi batatu. Isi, Satani n’ umubiri. Abo banzi turwana nabo buri munsi kuko Yesu yanesheje akatuneshereza.
Kumenya Yesu kwacu gukwiye gutuma duhunga isi, iyo tuvuze isi tuba tuvuze ibyaha nko kubeshya, gusambana, kwiba, urugomo rwose no kutumvira Imana kose. Dukwiye kuba mu isi ariko turi abana b’ Imana. Twe (...) -
Tumenye impamvu zituma bamwe mu bana b’aba Pasitori bagira ingeso mbi
7 June 2012, by Peter Ntigurirwa/isange.comAbantu benshi ,usanga bakunda kwibaza impamvu ituma abana bakomoka mu miryango imwe n’imwe ya gipasitori bagira imyitwarire mibi n’ingeso z’urukozasoni , Nyamara nk’uko umwana w’undi muntu utari pasitoro ashobora kugira ingeso mbi, kandi turabazi ,abana b’abayobozi ,abana b’abakire ,n’abana b’abapasitori bibabonetseho ntibyagombye guca igikuba.
Nta gitangaje rero ko no mu bana b’abapasitori hashobora kuba habonekamo: Abasinzi,Abanywi b’ibiyobyabwenge,abasambanyi,abajura n’ubundi burara (...)
0 | ... | 730 | 740 | 750 | 760 | 770 | 780 | 790 | 800 | 810 | ... | 1230