Nitwa Sam navukiye mu muryango w’abakristo mu gihugu cy’Ubufaransa, ariko mu myaka yanjye ibanza sinabashije kumenya icyo nahitiramo ubuzima bwanjye. Ku myaka yanjye 16 numvaga hari ikintu mbura mu buzima bwanjye, nkumva mfite inyota yo kucyuzuza ariko sinari nzi uko nabikora.
Nakoze siporo, nagerageje gushaka umukobwa w’inshuti ariko nawe ntitwatindanye, nyuma numva nifuje kwiga mu mashuri meza mu Bufaransa cyane ko nifuzaga kuba umukire nkabaho neza, najyaga nitekereza nko mu myaka 50, (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Yesu yazibye ibyuho mu buzima bwanjye
19 July 2015, by Innocent Kubwimana -
Impamvu 5 zidutera gusengera Igihugu Fidèle Masengo
19 April 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNi kenshi mu Rwanda abantu bafata umwanya bagasenga biherereye basengera Igihugu cyabo . Aya masengesho ashobora gukorwa n’umuntu umwe ku giti cye ,itsinda cyangwa Itorero runaka bitewe nicyo umwuka w’Imana yavuze ndetse n’icyifuzo basengera.
Impamvu ari ngobwa ko buri mukristo asengera igihugu cye :
Bishop Fidèle Masengo yatanze ingingo zifatika zishobora gutuma abantu basengera Igihugu cyabo ndetse n’imirongo yo muri Bibiliya ibihamya ati :
1. Igihugu n’abayobozi bacyo nibo Imana idusaba (...) -
Ubuhamya: Kubakunda Imana byose bifatanyiriza hamwe kutuzanira ibyiza.
9 November 2012, by Kiyange Adda-DarleneUbu buhamya bukora ku marangamutima ndetse byatuma n’amarira ashoka mu maso. Imana Irakomeye !!
N’ ubuhamya bwa mwene Data ESTHER wari wariyeguriye Imana mu buryo budasubirwaho ari n’umuririmbyi ; ababyeyi be bari abayobozi b’itorero rya gikristo. Yari umukobwa ufite ubuhamya bwiza watinyaga Imana, ndetse ntiyari yarigeze akubagana mu byaha by’ubusambanyi. Umugoroba umwe, habayeho igitaramo cya korari ku rusengero rwabo. Icyo gitaramo cyagejeje mu masaha ya saa munani z’igitondo, noneho bose (...) -
Korali Angelous y’ abanyeshuri yakoze igiterane mu Murenge wa Gahanga
20 June 2012, by UbwanditsiKuri iki cyumweru tariki ya 17 Kamena 2012 Korali Angelous y’abanyeshuri b’abapentekote (CEP jour) ikorera umurimo w’ Imana muri kaminuza ya UNILAC yakoze igiterane mu itorero rya ADEPR kicukiro umudugudu wa Gahanga.
Iyi Korali yageze I Gahanga ahagana mu ma saa mbiri n’ igice za mugitondo ikaba yarasanganiwe ndetse ikakirwa n’abayobozi b’iri torero ikaba yari iherekejwe n’abari abanyeshuri bize muri iyi kaminuza ya UNILAC ariko kuri ubu bakaba baraharangije ndetse ubu bari mu buzima busanzwe. (...) -
Ntitwashobora kubaho ubuzima bwubaha Imana keretse tuyemereye igahindura kamere zacu!
1 October 2015, by Innocent KubwimanaHanyuma y’ibyo Yesu amubona mu rusengero aramubwira ati “Dore ubaye muzima, ntukongere gukora icyaha utazabona ishyano riruta irya mbere.” Yohana 5:14
Yesu avuga ibi aratwereka ko icyaha kizana imibabaro mu buzima bwacu. Iyi niyo mpamvu tugomba guharanira kugira kwera mu buzima bwacu niba twiyemeje gukizwa, kuko iyo duhaye umwanya icyaha mu buzima bwacu, tuba tugiye munsi y’ububasha bwa satani kuko Bibiliya ivuga ngo ukora icyaha ni uwa satani, kuko niwe nyirabyo, mbese niwe watangije (...) -
Ibintu 5 itorero ry’Imana rigomba kubanza imbere - Simeon Ngezahayo
24 June 2016, by Simeon NgezahayoHari ibintu byinshi usanga itorero rikora, ariko hari umugambi w’Imana nk’uko yawuhishuriye muri Kristo. Ikindi hari imibereho yarangaga itorero rya mbere n’ibyo bashyiraga imbere (Ibyakozwe n’intumwa 6:1-4). None se niba intumwa zarashyiraga imbere gusenga no kwamamaza ubutumwa bwiza, kuki itorero rya none ritarushaho kwibanda kuri iyi ntego?
Dore ibintu 5 itorero ry’Imana rigomba kubanza imbere nk’uko tubisanga muri Bibiliya, kugira ngo itorero rikomeze kwera kandi ubwami bw’Imana buze mu isi: (...) -
Nagaragaza nte ko nkunda Imana ?
16 July 2015, by Innocent KubwimanaUmuntu navuga ati “Nkunda Imana” akanga mwene Se aba ari umunyabinyoma, kuko udakunda mwene Se yabonye atabasha gukunda Imana atabonye.Kandi dufite iri tegeko ryavuye kuri yo, ngo ukunda Imana akunde na mwene Se. 1 Yohana 4 :20-21
Bibiliya itwigisha kugaragariza urukundo dukunda Imana mu bandi bantu, uburyo dufata abandi, tubitangira, tubafasha, tubasengera, n’ibindi byinshi byiza tubakorera.
Bibiliya idusaba gukunda Imana ariko wakwibaza ngo ko itarwara ngo tuzayisura, ikaba ntacyo ikennye (...) -
Nacuruzaga agataro, Imana iranzamura !
5 November 2013, by UbwanditsiNitwa Uwamungu Chantal, navukiye mu muryango w’abakene cyane. Navukiye mu muryango w’abana 10, batanu barapfa dusigara turi batanu. Narize ngera mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza, mpita mpagarara kubera ubuzima bubi twabagaho iwacu.
Kuva icyo gihe natangiranye no kwikorera agataro ncuruza isombe, dodo, ipapayi n’indi myaka itadukanye. Ubwo buzima nabumazemo imyaka itandatu, nkirirwa nzenguruka umujyi wa Kigali, Police idufata ikadukubita.
Iyo natahaga, nabaga narushye (namwe mutekereze (...) -
Amabanga ahindura umuntu kuba uwo kwifuzwa igice cya 4. Pastor Kazura Jules
13 November 2013, by Pastor Kazura Jules, UbwanditsiAMABANGA AHINDURA UMUNTU KUBA UWO KWIFUZWA (Secrets that transform you to become a social man)
Iyi ni inyigisho ya kane aho twiga bimwe mu bidutera kubura inshuti kandi bidakwiye, kuko twaremewe kubana n’abandi mu mahoro. Mu nyigisho eshatu zishize twari twarebye eshatu mu mpamvu zitera umuntu kuba atakwifuzwa, bigatuma abantu bamuhunga. Iyambere yari Gushaka Iteka kuba uw’imbere “KWIBONEKEZA”, iya kabiri yari “SIMVUGURUZWA” UKUDAKURWA KU IJAMBO, (Self-will), iya gatatu yari NDIHAGIJE (...) -
Imana yandinze ubwandu bwa SIDA, kandi ari yo yishe umugabo wanjye!
11 November 2013, by Kiyange Adda-DarleneNitwa Uwingabire Helene, mfite imyaka 33. Ntuye mu mudugudu w’Isonga, mu Murenge wa Gatenga. Namenye ubwenge mbona mfite mama gusa, data nta bwo yabanaga na mama. Aho nkuriye, baramunyerekaga bati “Uriya ni we so”. Nta kindi kintu data yigeze amarira. Mama yajyaga kuraguza, ariko yavayo akanyigisha gusenga. Nakuze nkunda Imana kuko mama yari yarabintoje.
Ku myaka 10, mama yarapfuye ntangira ubuzima bubi. Nagiye kuba kwa mama wacu, nkirirwa ubusa, nkajya ku ishuri nta mpamba bampaye… Nakomeje (...)
0 | ... | 700 | 710 | 720 | 730 | 740 | 750 | 760 | 770 | 780 | ... | 1230