Ese mu Rwanda haracyakenewe ivugabutumwa? Uko mbibona!
Ubusanzwe kuvuga ko ahantu hadakeneye ivugabutumwa byagorana ariko aha turarebera hamwe ubwoko bw’ibugabutumwa bwaba bukenewe mu Rwanda, cyane ko ari kimwe mu bihugu bifite umubare munini w’abakristo. Ibi biratuma twibaza iri zamuka ry’umubare munini w’abakristo icyo ryaba rifasha abanyarwanda n’impinduka rizana mu kugabanya ibyaha bikorwa. Ku bwanjye navuga nti ‘’yego kubw’impamvu zikurikira:
Umwana apfa mu iterura Abatuzaniye ubutumwa (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Ese mu Rwanda haracyakenewe ivugabutumwa? Uko mbibona! Pastor Desire
16 April 2016, by Pastor Desire Habyarimana -
Menya ubuhamya bw’ Umuvugabutumwa Gakumba ubana n’ ubumuga bwo kutabona
27 August 2013, by UbwanditsiNitwa Gakumba Simon, navutse mu w’1955, mvukira mu karere ka Karongi. Kuva mvutse nta kintu nigeze ndebesha amaso yanjye. Mvuka nta mpundu zavuze kuko navutse mpumye, ahubwo abantu baravuze ngo nimuze murebe ikintu cyavutse kwa Nzaramba.
Nakuze ndi umunyamubabaro, maze imyaka 24 nakira Yesu ankuraho umutwaro. Mama yambwiye ko atigeze arya yicaye (yahoraga anteruye), kuko amaso yahoraga andya. Abantu bazaga kuvumba iwacu, bakavuga ko Imana ari ingome kuko yanyimye amaso. Ibyo byangiyemo, (...) -
Isano iri hagati y’ibitabo 5 bya Mose n’igitabo cya Zaburi Rev. MUGIRANEZA J. Baptiste
6 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMbere yuko tureba isano riri hagati yibi bitabo reka tubanze twibukiranye mumagambo make y’ibijyanye nabyo:
Ibitabo 5 bya Mose (Pentateuque bivuze imizingo 5). Muyindi mvugo babyita ibitabo by’amategeko (Torah)
Ibyo bitabo nibi bikurikira:
Itangiriro, Kuva, Abalewi,Kubara no Gutegeka kwa Kabiri.
1. Igitabo cy’Itangiriro kivuga iremwa ry’ibintu byose, ukugwa k’umuntu, umwuzure, kwigomeka k’umuntu ku Mana (umunara wa Babeli), guhamagarwa kwa Aburahamu n’ubuzima bw’ abamukomotseho. 2. Igitabo (...) -
Aho uri uhari hari impamvu (igice cya kabiri)
11 May 2013, by Pastor Kazura JulesHari inkuru y’umuntu numvise, ubifate nk’inkuru gusa nubwo bishobora kubaho, uwo muntu ngo yamaze igihe kinini yitegereza ibikorwa mu isi, maze ashaka akazi arakabura, arasonza cyane, akajya yitegereza uko abantu babaho, maze umunsi umwe haza kuza umunyamakuru wari mu bushakashatsi bwo kumenya ibyo abantu batekereza kubirebana n’ejo habo hazaza, niko kubaza wa mugabo ati “ uwakugira nk’umuyobozi mukuru w’agace utuyemo wabanza ugakora iki? Wa mugabo ahubukira hejuru n’inzara yose yari amaranye (...)
-
Iyo wemeye gusangira n’abandi duke ufite, Yesu aratubura/Ev.Adda
11 December 2015, by Innocent KubwimanaAba bantu banteye impuhwe kuko uyu munsi ari uwa gatatu turi kumwe, none bakaba badafite ibyo kurya. Nimbasezerera ngo basubire iwabo biriwe ubusa, baragwira isari mu nzira kuko bamwe ari aba kure.” Mariko 8:2-4
Abantu bakunze kumva ubutumwa bwiza, barakomeza bategera Yesu amatwi, umunsi urahita, ibiri, uwa gatatu intumwa ziti ‘’mwigisha, basezerere bagende kuko uyu munsi ari uwa gatatu batarya.’’
Intumwa zari zamaze gufata umwanzuro w’uko bataha. Ariko Yesu abarebye ngo abagirira impuhwe, (...) -
LIVE: CEP-ULK: UMUHANGO WO KWIMIKA ABAYOBOZI BASHYA URIMO GUKORWA NONAHA!
30 March 2014, by UbwanditsiNk’uko byari buteganijwe, kuri iki cyumweru guhera saa munani z’amanywa ni bwo umuhango wo kwimika abayobozi bashya b’umuryango w’Abanyeshuri b’Abapantekote biga muri Kaminuza yigenga ya Kigali (CEP-ULK) utangiye.
Bamwe mu bitabiriye uyu muhango
Uyu muhango witabiriwe na bamwe mu bayobozi ba ADEPR n’abandi
Uyu muhango wabereye muri kimwe mu byumba binini by’iyo Kaminuza urakomeje, korali Jehovah Jireh imaze guhumbaza Imana mu ndirimbo 2.
Jehovah Jireh iririmba
Nyuma yo guhimbaza Imana hamwe, (...) -
Twirinde abahanuzi b’ibinyoma
8 October 2015, by Innocent KubwimanaMaze ijambo ry’Uwiteka rinzaho riti “Mwana w’umuntu, uhanurire abahanuzi ba Isirayeli bahanura, kandi ubwire abajya bahanura ibyo bibwira mu mitima yabo ubwabo uti ‘Nimwumve ijambo ry’Uwiteka. Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Bazabona ishyano ba bahanuzi b’abapfapfa, bakurikiza ibyo bibwira kandi ari nta cyo beretswe.’ Yewe Isirayeli we, abahanuzi bawe bameze nk’ingunzu zo mu kidaturwa.
Ntimurakazamuka ngo mujye mu byuho byo mu rugo rw’inzu ya Isirayeli, habe no kubiziba ngo mubone uko (...) -
Ese ni iyihe ntego ababwiriza butumwa bwiza badakwiye guhusha.
7 March 2016, by Ernest RutagungiraMu nsengero, mu bitangazamakuru bitandukanye n’ahandi henshi hahurira abantu, muri iyi minsi usanga ababwiriza ubutumwa bushingiye ku ijambo ry’Imana bariyongereye, ndetse bikanagaragara ko bakoresha imbaraga n’ubwitange bwinshi muri uyu murimo, ibi rero akaba ari ibyo kwishimirwa, gusa hejuru yabyo byose, tukaba twifuje kurebera hamwe uburyo bwakoreshwa ngo rya vugabutumwa ryabo rirusheho kugira umumaro munini, no kugera ku ntego yaryo muri rusange.
Mu butumwa bwiza uko bwanditswe na Matayo (...) -
Ese iyo Yesu adahinduka umuntu ntiyari kuducungura?
3 September 2015, by Innocent KubwimanaIki ni ikibazo abantu bakunda kugarukaho, rimwe na rimwe ntibakemeranyeho. Bamwe ntibiyumvishe ukuntu Yesu yahindutse umuntu cyangwa ntibanabyemere, ariko umuntu yakwibaza mubyo Yesu yakoze byose, cyangwa mu bintu byose Imana ishoboye gukora, guhinduka umuntu kwa Yesu nicyo gitangaza gikomeye atashobora?
Hari ibintu byinshi bigaragaza ko Yesu yari afite ubumuntu nubwo hari n’ibindi ndetse byinshi kubirusha bishimangira ubumana bwe. Yesu yabyawe n’umuntu avukira mu isi, yarasonzaga, yagiraga (...) -
Kubabarira uwantemye akananca ukuboko byatumye mbohoka mu mutima!
9 April 2014, by Alice RugerindindaNitwa Mukarurinda Alice, ntuye mu ntara y’iburasirazuba, akarere ka Bugesera, Umurenge wa Nyamata, akagari ka Nyamata y’Umujyi, Umudugudu wa Gatare I. Nakiriye Yesu nk’Umwami n’Umukiza wanjye. Mfite imyaka 43. Ndubatse, mfite abana 5.
Ubuhamya bwanjye bushingiye ku mumaro wo gusaba imbabazi ndetse no kuzitanga, kuko byangiriye umumaro ukomeye. Ndashimira Yesu wambashishije. Kuva mu bwana bwanjye nahuye n’ibibazo byinshi bijyanye n’akarengane kabaga gashingiye ku moko:
1. Mu w’1989: Nakoze (...)
0 | ... | 560 | 570 | 580 | 590 | 600 | 610 | 620 | 630 | 640 | ... | 1230