“Ntimutangazwe n’ibyo, kuko igihe kizaza ubwo abari mu bituro bose bazumva ijwi rye bakavamo, abakoze ibyiza, bakazukira ubugingo, naho abakoze ibibi bakazukira gucirwaho iteka.” Matayo 5:28-29
Maze iminsi njya gushyingura abantu bitabye Imana,kandi yo mpageze nibaza ibintu byinshi cyane, ndetse akenshi iyo mpari, mba numva ntahanye umugambi mwiza wo gushyira ibintu ku murongo, kugirango umunsi nanjye byangezeho, niba bishoboka nzagende neza nk’umuntu witiriwe izina ry’Imana.
Abantu bamwe (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Igihe kizaza , ubwo abari mu bituro bose bazumva ijwi rye bakavamo!
16 December 2013, by Alice Rugerindinda -
Ni uwuhe musaruro w’umunsi wa Saint Valentin ?
12 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNi uwuhe musaruro w’umunsi wa Saint Valentin ?
Iyo uvuze umunsi wa Saint Valentin n’ibijyana na wo, si igishya ku batuye isi ndetse no mu Rwanda by’umwihariko. Hari ababona ko kwizihiza uyu munsi rimwe mu mwaka bumva bidahagije ahubwo ko wajya wizihizwa inshuro zirenze imwe buri mwaka bitewe n’uko aba bawufata n’ibyo bita byiza bawukoraho.
Ku rundi ruhanze ariko, hari n’abandi batunga agatoki uyu munsi nk’intandaro y’isenyuka ry’ingo zitari nke, ubusinzi bukabije bitandukanye n’indi minsi isanzwe (...) -
Mbese wari uzi ko ushobora kunesha ibitekerezo bipfuye?
9 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaMbese wari uzi ko ushobora kunesha ibitekerezo bipfuye? Intambwe ya mbere ni uguhanga amaso yawe ku kuri ukavuga uti: “Aho nerekeza ni habi, ndashaka guhinduka.” Niba koko ubishaka, uranabishobora kuko Bibiliya itubwira ko uri mushya muri Kristo. (reba 2 Abakorinto 5:17).
Intambwe ya kabiri ni ugushakisha ikikudindiza.
Menya inzitizi ufite
Ese wigeze utekereza ko nta kintu cyiza kizakubaho? Byanashoboka ko wavuze amagambo nk’aya ngo: “Ubwo nta cyiza ntegereje ko kimbaho, ntacyo bizantwara (...) -
Imana yacu si Baali, si Ashela, si Dagoni
28 November 2013, by Alice Rugerindinda« Maze abantu bose babibonye bikubita hasi bubamye baravuga bati « Uwiteka niwe Mana, Uwiteka niwe Mana » I aAbami 10 : 39
Haleluya Uwiteka niwe Mana naho ibindi byitwa ibigirwamana! Natekereje izi nkuru za Eliya. Ngo cyari igihe abantu baheze mu rungabangabo, batazi Imana iyo ariyo. Muri iyi mirongo baragaragaza ukuntu binginze ikigirwamana Baali ariko kuko atari Imana kitagira amatwi , kitagira amaso, wapi biba iby’ibusa, ariko Eliya ngo ahamagaye Imana, iza yiruka yerekana ko ari Imana (...) -
Uwiteka areba inzira zawe, kandi ibyawe ntago abyirengagiza.
16 October 2013, by UbwanditsiYewe Yakobo Isirayeli, ni iki gituma wiganyira ukavuga uti “Uwiteka ntareba inzira zanjye, kandi ibyanjye Imana yanjye irabyirengagiza”? Mbese ntiwari wabimenya? Ese nturabyumva? Imana ihoraho, Uwiteka Umuremyi w’impera z’isi ntirambirwa, ntiruha. Ubwenge bwayo ntiburondoreka. Ni yo iha intege abarambiwe, kandi utibashije imwongeramo imbaraga. Abasore b’imigenda bazacogora baruhe, n’abasore bazagwa rwose. Ariko abategereza Uwiteka bazasubizwamo intege nshya, bazatumbagira mu kirere bagurukishe (...)
-
Ese mu Rwanda haracyakenewe ivugabutumwa? Uko mbibona! Pastor Desire
16 April 2016, by Pastor Desire HabyarimanaEse mu Rwanda haracyakenewe ivugabutumwa? Uko mbibona!
Ubusanzwe kuvuga ko ahantu hadakeneye ivugabutumwa byagorana ariko aha turarebera hamwe ubwoko bw’ibugabutumwa bwaba bukenewe mu Rwanda, cyane ko ari kimwe mu bihugu bifite umubare munini w’abakristo. Ibi biratuma twibaza iri zamuka ry’umubare munini w’abakristo icyo ryaba rifasha abanyarwanda n’impinduka rizana mu kugabanya ibyaha bikorwa. Ku bwanjye navuga nti ‘’yego kubw’impamvu zikurikira:
Umwana apfa mu iterura Abatuzaniye ubutumwa (...) -
Menya ubuhamya bw’ Umuvugabutumwa Gakumba ubana n’ ubumuga bwo kutabona
27 August 2013, by UbwanditsiNitwa Gakumba Simon, navutse mu w’1955, mvukira mu karere ka Karongi. Kuva mvutse nta kintu nigeze ndebesha amaso yanjye. Mvuka nta mpundu zavuze kuko navutse mpumye, ahubwo abantu baravuze ngo nimuze murebe ikintu cyavutse kwa Nzaramba.
Nakuze ndi umunyamubabaro, maze imyaka 24 nakira Yesu ankuraho umutwaro. Mama yambwiye ko atigeze arya yicaye (yahoraga anteruye), kuko amaso yahoraga andya. Abantu bazaga kuvumba iwacu, bakavuga ko Imana ari ingome kuko yanyimye amaso. Ibyo byangiyemo, (...) -
Aho uri uhari hari impamvu (igice cya kabiri)
11 May 2013, by Pastor Kazura JulesHari inkuru y’umuntu numvise, ubifate nk’inkuru gusa nubwo bishobora kubaho, uwo muntu ngo yamaze igihe kinini yitegereza ibikorwa mu isi, maze ashaka akazi arakabura, arasonza cyane, akajya yitegereza uko abantu babaho, maze umunsi umwe haza kuza umunyamakuru wari mu bushakashatsi bwo kumenya ibyo abantu batekereza kubirebana n’ejo habo hazaza, niko kubaza wa mugabo ati “ uwakugira nk’umuyobozi mukuru w’agace utuyemo wabanza ugakora iki? Wa mugabo ahubukira hejuru n’inzara yose yari amaranye (...)
-
Iyo wemeye gusangira n’abandi duke ufite, Yesu aratubura/Ev.Adda
11 December 2015, by Innocent KubwimanaAba bantu banteye impuhwe kuko uyu munsi ari uwa gatatu turi kumwe, none bakaba badafite ibyo kurya. Nimbasezerera ngo basubire iwabo biriwe ubusa, baragwira isari mu nzira kuko bamwe ari aba kure.” Mariko 8:2-4
Abantu bakunze kumva ubutumwa bwiza, barakomeza bategera Yesu amatwi, umunsi urahita, ibiri, uwa gatatu intumwa ziti ‘’mwigisha, basezerere bagende kuko uyu munsi ari uwa gatatu batarya.’’
Intumwa zari zamaze gufata umwanzuro w’uko bataha. Ariko Yesu abarebye ngo abagirira impuhwe, (...) -
LIVE: CEP-ULK: UMUHANGO WO KWIMIKA ABAYOBOZI BASHYA URIMO GUKORWA NONAHA!
30 March 2014, by UbwanditsiNk’uko byari buteganijwe, kuri iki cyumweru guhera saa munani z’amanywa ni bwo umuhango wo kwimika abayobozi bashya b’umuryango w’Abanyeshuri b’Abapantekote biga muri Kaminuza yigenga ya Kigali (CEP-ULK) utangiye.
Bamwe mu bitabiriye uyu muhango
Uyu muhango witabiriwe na bamwe mu bayobozi ba ADEPR n’abandi
Uyu muhango wabereye muri kimwe mu byumba binini by’iyo Kaminuza urakomeje, korali Jehovah Jireh imaze guhumbaza Imana mu ndirimbo 2.
Jehovah Jireh iririmba
Nyuma yo guhimbaza Imana hamwe, (...)
0 | ... | 550 | 560 | 570 | 580 | 590 | 600 | 610 | 620 | 630 | ... | 1230