Byinshi mubyo tugeraho mu buzima bwacu biza tubikeneye cyane, muri byo hari byinshi tujya dusengera twizeye Imana ikabikora nyamara hari n’ibindi byinshi ndetse cyane Imana idukorera tutigeze tunasenga, bikatwereka ko kugirirwa neza n’Imana bitava ku gusenga cyane ahubwo ibikora nk’Imana yigenga kandi ifite Imigambi myiza ku muntu, gusa na none ku rundi ruhande n’ubwo ikora ibyo biba bikomeye cyane kuri twe, hakunze kwibazwa impinduka cyangwa isomo umuntu yari akwiriye gukura muri ibi (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Ese ibikomeye Imana yagukoreye mu buzima bwawe byagusigiye somo ki ?
31 May 2012, by Ernest Rutagungira -
"Nyuma y’imyaka 19, Yesu yankijije Canseri n’ izindi ndwara zikomeye".
25 October 2012, by Pastor Desire HabyarimanaIbi ni ibyatangajwe na Bwana TUGANIMANA Charles mu kiganiro yagiranye na Pastor Desiré HABYARIMANA Charles yamubwiye uburyo yabonye imbaraga z’Imana zikiza, zamukijije Canseri n’ izindi ndwara zikomeye yaramaranye imyaka 19.
Mu magambo ye bwite Charles aragira ati:"Nafashwe n’uburwayi mfite imyaka 16, bwatumye mpinamirana, ndwara ibisebe k’ ubugombambari birambabaza cyane. Nivuje ahashoboka hose biranga. Nivuje i Gatagara nk’imyaka 2 mbonye byanze njya mu kinyarwanda bakanzanira ingwa bacukuye (...) -
Inyandiko!
17 May 2016, by Pastor Desire HabyarimanaDaniyeri 5 :14-16 Numvise bakuvuga ko umwuka w’ Imana ukurimo kandi umucyo no guhishurirwa n’ ubwenge bwiza bikubonekamo…ko ubasha guhangura ibyananiranye.
1.Umwami Berushaza yabonye intoki zandika ku rusika, iyo nyandiko imunanira kuyisoma n’ abantu bose irabananira. Iyo nyandiko nta undi washoboye kuyisoma uretse Daniyeri.
Reka hano Daniyeri tumwite Yesu kuko niwe ushobora ibyananiranye byose. Icyateye uyu mwami kubona inyandiko ni uko yakoresheje iminsi mikuru bamaze kunywa no guhaga (...) -
Ibikomeza umubano mwiza w’ abashakanye (igice 2).
9 October 2015, by Pastor Desire Habyarimana5. Gucungira hamwe umutungo w’ urugo n’ ikoreshwa ryawo.
Umutungo ubereyeho gutanga uburyo bwo gufasha umuryango gutera imbere no kugera ku cyo ugamije. Ibyo bishoboka iyo abashakanye bawucungira hamwe mu bwumvikane. Iyo uwo mutungo ubaye ukoreshwa mu kugaragaza ubushobozi bw’ umwe mu bashakanye, uhinduka nk’ igikoresho cyo gukandamiza mugenzi wawe, bityo umutungo ukaba wabasenyera.
Hari igihe ukorera amafaranga yumva ari aye, akayacunga uko abyumva. Icyo gihe udakorera amafaranga asa (...) -
Yavutse nta maboko, nta maguru ariko ntiyiganyira!
26 February 2013, by Isabelle GahongayireNitwa Nick Vujicic, ndashima Imana uburyo yakoresheje ubuhamya bwanjye igakora ku mitima ya benshi mw’isi! Navutse nta ngingo mfite nukuvuga nta maguru nta n’amaboko kandi abaganga ntabwo bamenye inkomoko y’ubwo bumuga. Byaje kumviramo guhura n’ibibazo n’inzitizi nyinshi.
« Bene data, mutekereze ko ari ibyo kwishimira, ni muhura n’ibibagerageza bitandukanye. » (Yakobo 1.2)
Birashoboka ko umuntu yafata ibikomere, imibabaro ndetse n’intambara bye nkaho ari ibintu byo kwishimira? Ababyeyi banjye bari (...) -
Imana yampaye ubutumwa bureba Abanyarwanda bose (Froduard MINANI Jedidia )
15 October 2013, by UbwanditsiNitwa Minani Frodouard, navutse 1976, mbatirizwa mu gaturika maze amezi ane mvutse. Nakomeje kuba umugaturika, mba umuririmbyi , umusaveri, umukarisimatike n’umukatechiste. Nakomeje nshaka kwiha Imana mu bapadiri baba palotin, nkora imyiherero myinshi ubwo bari bamaze kumpa ibaruwa injyana muri Kenya muri seminari nkuru yabo, ni bwo Imana yantangiriye integeka kuba umupantekote ku ngufu.
Ni mu iyerekwa, ubwo nabobaga Yesu aje ansanga mu kiliziya arantegeka ngo nimukurikire, ndamukurikira (...) -
Hariho abantu koko bazi guha agaciro ijambo bavuganye n’Imana!
29 March 2016, by Alice RugerindindaNuko Yefuta ahiga Uwiteka umuhigo ati “ Nungabiza Abamoni, ngatabaruka amahoro mvuye kubatsinda, ikizabanza gusohoka imbere y’umuryango w’inzu yanjye kunsanganira, kizaba icy’Uwiteka. Nanjye nzagitangaho igitambo cyoswa.” Abacamanza 11: 29
Bibiliya itubwirako Yefuta yari mwene Gileyadi, ngo nyina akaba yari indaya, ariko nubwo yavutse muri ubwo buryo, ntibyamubujije kuba umutware w’Abisirayeri ,kandi ntibyabujije Imana kwita ku isengesho rye. Imana ishimwe cyane
Yefuta ngo amaze guhiga, (...) -
Pasitori Ndinda Onesphore yitabye Imana
26 January 2013, by Frere ManuMugitondo cy’uwa gatanu tariki 25 mutarama 2013 ni bwo umukuru w’itorero rya Gisenyi Pastor NDINDA Onesphore yitabye Imana! Nyakwigendera akaba yashyinguwe kuri uyu wa gatandatu 26/01/13.
NDINDA Onesphore yavutse mu mwaka 1950 avukira Kingogo Muri Ngororero Binana. Yashakanye n’umufasha we MUKANTABANA Anastasie mu mwaka 1980 babyaranye abana 7 batatu bitaba Imana. ubu asize abahungu 3 n’umukobwa 1 ndetse n’abuzukuru 2.
Yatangiye ivuga butumwa afite imyaka 20 aho yakoreraga umurimo w’Imana mu (...) -
Tsinda imbaraga zo kwihakana Imana
25 January 2016, by Ernest RutagungiraNdabasuhuje mu izina rya Yesu christo, Nitwa RUTAGUNGIRA Ernest ndi Umukristo, kandi nzahora ndiwe, Nabonye kristo byari bikwiye ko mubona, kuko arinjye yaje gucungura, yansanze cyera nkomeza kumucengacenga, ariko Mu mwaka wa 2003 Nibwo yaje kumfata, acagagura imigozi y’ibyaha yari imboshye, Arankiza ubu ndi amahoro.
Nshimiye Yesu ko yantoranije mu magana menshi y’abo twari dusangiye umunezero w’iyi si urangira vuba, arambabarira, ikigeretse kuri icyo angabira umurimo we, ansezeranya (...) -
Ibyo umuntu abiba ni byo azasarura!
8 February 2016, by Innocent KubwimanaMaze uwo munsi Mose ararahira ati ‘’ Ni ukuri igihugu wakandagiyemo kizaba gakondo yawe n’iy’abana bawe iteka ryose, kuko womatanye n’Uwiteka Imana yanjye rwose’’ (Yosuwa 14:9)
Aha ni igihe Mose yoherezaga intumwa cumi n’ebyiri gutata igihugu cy’isezerano bagarutse Mose abahaye umwanya ngo basohoze ubutumwa, icumi muri bo batera abisirayeli ubwoba babereka ukuntu igihugu bigoye kuzakibamo ariko Kalebu na Yosuwa batanga amakuru y’ihumure ku bisirayeli, Mose abonye uburyo Yosuwa ahamije gukomera (...)
0 | ... | 510 | 520 | 530 | 540 | 550 | 560 | 570 | 580 | 590 | ... | 1230