Mugihe abantu batandukanye ku isi bakomeje kutavuga rumwe ku ngengabihe y’ubuhanuzi bw’aba mayan igaragaza ko iyi si dutuyeho ibura amasaha make ngo igere ku iherezo nk’uko babigaragaza kuri iyi ngengabihe yabo http://www.timeanddate.com/countdown/maya bamwe mu bemera ubu buhanuzi batangiye gushakashaka aho bazahungira iyo mperuka.
Amakuru akomeje kuvugwa, n’ay’ umugabo wo mu Bushinwa witwa Lu Zhenghai arimo kubaka inkuge izamufasha kurokoka iyo mperuka, mugihe izaba ibaye dore ko we ngo (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Yagerageje kwiyubakira aho azahungira imperuka
19 December 2012, by Ernest Rutagungira -
Dukeneye umuriro w’Umwuka wera ngo tubashe guhangana n’isi ya none
17 July 2015, by Innocent KubwimanaYesu ajya kuva mu isi arangije umurimo wo gucungura umuntu, yavuze ko azabana natwe kugera ku iherezo nubwo atari bukomeze kubana n’abantu imbonankubone. Mbibutse ko iyo atagenda yari gukomeza kubonwa n’abo bari kumwe gusa.
Ariko we ubwe yavuze ko byari byiza ko agenda ngo tubone umufasha ari we Mwuka wera ugomba kudutsindagiza muri uru rugendo rugana mu ijuru, akatuyobora mu kuri kose Data wo mu ijuru ashaka.
Imana rero ishaka ko umuriro w’Umwuka wera wuzura muri twe kugira ngo tubashe kuba (...) -
Amabanga ahindura umuntu kuba uwo kwifuzwa (Igice cya 5) Pastor Kazura Jules
12 January 2014, by UbwanditsiAmabanga ahindura umuntu kuba uwo kwifuzwa (Secrets that transform you to become a social man)
Iyi ni inyigisho yagatanu aho twigabimwe mu bidutera kubura inshuti kandi bidakwiye, kuko twaremewe kubana n’abandi mu mahoro. Mu nyigisho zishize twari twarebye enye mu mpamvu zitera umuntu kuba atakwifuzwa, bigatuma abantu bamuhunga.
Iyambere yari Gushaka Iteka kuba uw’imbere “KWIBONEKEZA”, iyakabiri yari “SIMVUGURUZWA” UKUDAKURWA KU IJAMBO, (Self-will), iyagatatu yari NDIHAGIJE (Self-sufficient), (...) -
Ubukene buhurirahe n’icyaha? (Igice cya 2) Pastor Desire
24 January 2016, by Pastor Desire HabyarimanaInkomoko y’ubukene:
1. Nk’uko twabibonye haruguru ubukene bukomoka kucyaha kuva kuri Adamu. Mu bintu bizana ubukene harimo ibyaha cyane cyane 2 bikomeye ubupfumu no gusenga ibigirwamana, kandi mwibuke ko basogokuru baraterekeraga kandi bagatunga abagore benshi,tumenyeko iyo famille (umuryango) yinjiyemo ubusambanyi ubukene buba buje.
2. Ubukene bukomoka kubunebwe
Murabiziko isi yubakiye ku amahame (principes) kandi izo ntacyo wakora ngo uzihindure. Urugero: Bibiliya ivugako ukora azakira (...) -
Waba uzi ibitangaza bitanu biruta ibindi byose ?
17 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaAbantu benshi, cyane cyane mu Matorero y’Ubutumwa Bwiza, yizera Yesu (Evangelical churches), bifuza kubona ibitangaza by’Imana, kandi koko birakenewe (Abaheburayo 2: 4). Ariko nifuje ko tuganira ku bitangaza bitanu biruta ibindi byose, ngo bitume ubishaka kurushaho.
KUREMWA N’IMANA MW’ISHUSHO YAYO
Iki ni igitangaza kibimburira ibindi byose, kuko Ibyanditswe Byera bitubwira ko Imana yaremye umuntu mw’ishusho yayo (Itangiriro 1: 26-27). Kandi wibuke ko Imana yakuremye kubera ubushake bwayo (...) -
Twasenga Imana dute ?
15 July 2013, by UbwanditsiMwaturire Uwiteka yuko izina rye rifite icyubahiro, muze imbere ye muzanye amaturo musengane Uwiteka ubwiza bwo kwera ( 1 Ngoma16 :29)
Aya ni amagambo Dawidi yabwiye Asafu n’abe ari kubategeka uko bazajya basenga ndetse baramya Imana ya Isirayeli. Ati "Mumwaturire ko afite icyubahiro." Iyo usomye muri icyo gice, ubona abitwa ba Asafu na ba Obededomu bari bafite ibyuma by’amajwi arenga, birirwaga bacuranga bahimbaza Imana.
Mu masengesho yacu icya mbere hakwiye kubamo guhimbaza no kuramya (...) -
Imana niyo yagira icyo ikora ku buzima bwawe ikagikomeza
30 July 2015, by Innocent KubwimanaMbese mu buzima bwawe wiringiye iki? Ese uzirikana ko Uwiteka ari we ugira icyo akora akagikomeza? Uko byagenda kose ibyo wiyubakiye ntaho byakugeza, kuko Uwiteka niwe wenyine wagira icyo akora, akakirema yarangize akanagikomeza.
Imana ni yo yonyine ifite icyo yakora ku byo uri gucamo ibyo aribyo byose, ni nayo ifite ubushobozi bwo kugira icyo irema niyo kitaba kiriho. Nubwo ubumenyi bwo mu isi bwakwanzura ko nta gishoboka, Imana yakirema.
Imana yabasha guhamagara ikintu kitariho nkaho (...) -
Urugo rutubakiye kuri Kristo ntirushobora gukomera Dr Antoine Rutayisire
27 May 2016, by Ernest RutagungiraAgakiza Family: Nkunda kuba mu rugo rumeze gute? Mbyanga bimeze gute?
Mu giterane cy’abubatse ingo cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Gicurasi 2016 muri Salle ya Economat St Famille, cyateguwe n’abakunzi b’ urubuga rw’ivugabutumwa www.agakiza.org abakitabiriye baganiriye byinshi mu byatuma bubaka urugo rwiza bifuza, ariko bagaruka ku bibazo bibiri aribyo Nkunda kuba mu rugo rumeze gute ? Mbyanga bimeze gute?
Mbere y’uko abubatse ingo bungurana inama kuri ibyo bibazo, Pastor Dr. Antoine (...) -
Umukristo n’isakazamakuru
2 February 2016, by UbwanditsiKuva 23:1 - "Niwumva inkuru y’impuha ntukayamamaze (...)"
Ejo natanze umukoro kuri iki cyanditswe ngamije ko abantu batanga ibitekerezo ku bijyanye n’ukuntu umukristo agomba kwitwara muri iki gihe aho uburyo bwo kwamamaza amakuru burimo kwiyongera kd bukoreshwa nabi ku buryo bwamamaza amakuru y’impuha.
Maze iminsi mbona hari inyandiko zitirirwa ziherekanwa kuri what’s up Rwanda Revenue, izititirwa RURA, izisebya abantu barimo n’abakozi b’Imana, abayobozi bo mu nzego za Leta, etc.
Byageze aho (...) -
Ubuhamya: Uko nabonye umufasha turi kumwe ubu (mama Sheja): Mupenzi Mitali Eugene ( Igice cya 3)
14 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaUmufasha wanjye (Mama Sheja) twari dusanzwe tuziranye ariko ntabwo twavugaga ibyo ubucuti numvaga ari nkamushiki wanjye twahuriye muri famille ahantu kandi nawe yarazi ko mfite inshuti binapfuye yarabimenye. Ariko nkumva ibyo gukundana nawe numvaga nta bindimo. Naranamutinyaga pe! Yewe hari n’umuhanuzi wambwiye ibyanjye nawe ndabipinga cyane.
Ngitangira gukundana n’umukobwa wa mbere nibwo abo bahanuzi bantangiye. Nyuma yaho nagerageje gukunda nʾabandi ariko biranga. Byageze igihe numva mfashe (...)
0 | ... | 470 | 480 | 490 | 500 | 510 | 520 | 530 | 540 | 550 | ... | 1230