HARANIRA KUZAGIRA IHEREZO RYIZA
(Gutegeka 32:29) " Iyo baba abanyabwenge baba bamenye ibi, baba bitaye kw’iherezo ryabo"
Igitabo cyo gutegeka kwa kabiri gikomeza inkuru ivugwa mu gitabo cyo kubara, igihe Abisiraeli bari mu gihugu cy’i Mowabu bitegura kwinjira mu gihugu cy’i Kanani. Mose yarabakoranije abibutsa ibyo Uwiteka yabakoreye byose mu myaka mirongo ine bamaze mu butayu, abigisha kuyoboka Uwiteka wenyine, abasobanurira amategeko cumi y’Imana, yongeraho n’andi mabwiriza bazakurikiza (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
HARANIRA KUZAGIRA IHEREZO RYIZA Rev Sebugorore
29 June 2016, by Pastor Desire Habyarimana -
Korare Iriba y’i Butare ikomeje kubera benshi umugisha
11 March 2012, by UbwanditsiNkuko twari twabatangarije ko igiye kuza gutaramira abanya Kigali, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Werurwe no ku cyumweru Korari Iriba yo mu rurembo rwa ADEPR Butare yataramiye ku rusengero rwa ADEPR Kacyiru.
Ubwo agakiza.org twahagera ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru twatunguwe no gusanga abantu buzuye kugera no hanze y’ urusengero kuburyo bitari byoroshye kugeramo imbere, akaba rero nta yindi mpamvu ahubwo byaterwaga n’ubwiza bw’indirimbo z’iyi korari .
Mubari bitabiriye iki gitaramo (...) -
Ibanga ryo gutumbirira Yesu mu muraba Ev.Maombe Theogene
13 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMatayo14:30 : “Ariko abonye umuyaga ko ari mwinshi aratinya, atangiye kurengerwa arataka ati: Databuja nkiza.”
Bene data, ncuti z’umusaraba dufatanije urugendo rugana I Siyoni, nifuje kubasangiza iri jambo Imana ishyize ku mutima wanjye rivuga “Ibanga cyangwa imbaraga zituruka mu gutumbira Yesu uri mu kaga,mu muraba ariko ntiwite ku ngano yawo n’aho uturuka ahubwo ugatumbira Yesu wenyine.
Bakristo ni kenshi, Bibiliya idusaba gukomerera mu makuba yacu duhura na yo umunsi ku wundi; Pawulo (...) -
Kuba mu Bwami bw’ Imana mu kwizera. Pasteur Desire Habyarimana
25 April 2016, by Pastor Desire Habyarimana“(a) Ubwami bwawe buze, (b) Ibyo ushaka bibeho nkuko biba mu ijuru” Matayo 6 :10.
Intamabara turwana ibera mu isi y’umwuka. Bishoboka ko wugarizwa n’amakuba kandi utayareba. Ariko ukumva ikirere cyose kirafunze, waryama ukumva urarushye, ukarota imbwa, ukarota upfa, kuko uba urwanira mu isi y’umwuka.
“Kuko tudakirana n’ab’inyama n’amaraso, ahubwo n’imyuka y’abantu ho mu ijuru” Abefeso 6:12.
Natwe dukwiriye gukorana n’ijuru, kuko impamvu ibyo dusaba kenshi bidasubizwa ni uko dusaba ibyo ijuru (...) -
Isomere ubuhamya bwa Pastor Desiré Habyarimana
13 August 2012, by UbwanditsiNitwa Habyarimana Desire ndi umugabo wubatse urugo hamwe na Kiyange Adda- Darlène, dufite abana babiri Divin na Dan nkora umurimo w’ Ubushumba nkorera umurimo w’ Imana mw’ itorero rya ADEPR (Association des Eglises Pentecôtistes au Rwanda) Kicukiro- Rwanda.
Navutse ku babyeyi 2 ariko babanye mu buryo butemewe n’amategeko kuko batari bakijijwe, hanyuma Mama yatinze gutwita amara hafi imyaka 5. Uko gutinda kubyara byamuzaniye ingaruka nyinshi zirimo gukubitwa cyane kuko Papa yanywaga inzoga (...) -
Intambwe 7 zo kunesha ikigeregezo cyangwa ikibazo kikuri imbere (Igice cya mbere) Ange Victor Uwimana
23 April 2014, by Ange Victor UWIMANABibiliya ivuga ko umuntu akiri mu isi aba afashe igihe mu ntambara (Yobu7:1). Nubwo bimeze gutyo, Yesu Kristo yahumurije abigishwa be, asa nubacira amarenga kubera ko bari kuzahura n’urusobe rw’ibigeragezo n’intambara zitari zimwe agira ati, “Mu isi mugira umubabaro, ariko nimuhumure nanesheje isi.” (Yoh.16:33).
Birashoboka ko umuntu yaba afite ikigeragezo imbere ye, kimeze nk’umusozi utabasha gushyigurwa, cyangwa nk’uko Goliyati yari amereye nabi Abisirayeli ku ngoma ya Sawuli. Muri iyi nyigisho (...) -
Wari uzi ko Bibiliya ibuza kwishyiraho tatouage ? Pastor Desire
20 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMuri iki gihe iyo urebye usanga abenshi mu rubyiruko barishyizeho tatouage kandi buri wese agerageza kwerekana ibitekerezo bye anyuriye mu kubishushanya kuko bamwe bishushanyaho inzoka, sikorupiyo, imitima yanditsemo urukundo, abandi bakandika ko bakora uburaya, amashusho y’ibyamamare bakunda n’ibindi. Ibi bimenyetso kandi babishushanya ku bice bitandukanye by’umubiri, aho usanga bamwe barabishushanije ku kuboko, intugu, ku kiganza, ndetse abakobwa bamwe bahitamo kubishyira no ku bice bimwe (...)
-
Ese ibikomeye Imana yagukoreye mu buzima bwawe byagusigiye somo ki ?
31 May 2012, by Ernest RutagungiraByinshi mubyo tugeraho mu buzima bwacu biza tubikeneye cyane, muri byo hari byinshi tujya dusengera twizeye Imana ikabikora nyamara hari n’ibindi byinshi ndetse cyane Imana idukorera tutigeze tunasenga, bikatwereka ko kugirirwa neza n’Imana bitava ku gusenga cyane ahubwo ibikora nk’Imana yigenga kandi ifite Imigambi myiza ku muntu, gusa na none ku rundi ruhande n’ubwo ikora ibyo biba bikomeye cyane kuri twe, hakunze kwibazwa impinduka cyangwa isomo umuntu yari akwiriye gukura muri ibi (...)
-
"Nyuma y’imyaka 19, Yesu yankijije Canseri n’ izindi ndwara zikomeye".
25 October 2012, by Pastor Desire HabyarimanaIbi ni ibyatangajwe na Bwana TUGANIMANA Charles mu kiganiro yagiranye na Pastor Desiré HABYARIMANA Charles yamubwiye uburyo yabonye imbaraga z’Imana zikiza, zamukijije Canseri n’ izindi ndwara zikomeye yaramaranye imyaka 19.
Mu magambo ye bwite Charles aragira ati:"Nafashwe n’uburwayi mfite imyaka 16, bwatumye mpinamirana, ndwara ibisebe k’ ubugombambari birambabaza cyane. Nivuje ahashoboka hose biranga. Nivuje i Gatagara nk’imyaka 2 mbonye byanze njya mu kinyarwanda bakanzanira ingwa bacukuye (...) -
Inyandiko!
17 May 2016, by Pastor Desire HabyarimanaDaniyeri 5 :14-16 Numvise bakuvuga ko umwuka w’ Imana ukurimo kandi umucyo no guhishurirwa n’ ubwenge bwiza bikubonekamo…ko ubasha guhangura ibyananiranye.
1.Umwami Berushaza yabonye intoki zandika ku rusika, iyo nyandiko imunanira kuyisoma n’ abantu bose irabananira. Iyo nyandiko nta undi washoboye kuyisoma uretse Daniyeri.
Reka hano Daniyeri tumwite Yesu kuko niwe ushobora ibyananiranye byose. Icyateye uyu mwami kubona inyandiko ni uko yakoresheje iminsi mikuru bamaze kunywa no guhaga (...)
0 | ... | 500 | 510 | 520 | 530 | 540 | 550 | 560 | 570 | 580 | ... | 1230