“Kuko kwitoza k’umubiri kugira umumaro kuri bike, naho kubaha Imana kukagira umumaro kuri byose, kuko gufite isezerano ry’ubugingo bwa none n’ubuzaza na bwo” (1 Timoteyo 4:7-8).
Iyo “koma” ni ijambo ry’igifaransa rikoreshwa no mu Kinyarwanda rikoreshwa igihe umuntu aba arwaye ageze kure cyangwa arembye, aba atumva, atavuga, bavuga ko aba ari mu yindi si mu buryo bw’umwuka.
Bambwiye ubuhamya bw’umusore warwaye ageza ubwo aremba, ajya muri koma y’igihe kirekire ariko ngo I saa sita zuzuye z’amanywa (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Iyo saa sita zuzuye zageragera yahitaga ava muri Koma!
4 May 2016, by Alice Rugerindinda -
Ntavuka wubatse urwibutso rwa Jenoside mu Bwongereza yakoresheje igiterane kidasazwe
8 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaRev.Pasiteur Ntavuka Osee, Umunyarwanda uba mu Bwongereza, yakoresheje igiterane cy’iminsi itatu cyitabirwa n’abantu ibihumbi, barimo n’Ambasaderi w’u Rwanda.
Iki giterane cy’ububyutse kibera ku musozi uri mu mujyi wa Plymouth buri mwaka, guhera mu mwaka wa 2009, kitabirwa n’abantu baturutse mu mijyi itandukanye yo mu Bwongereza, cyikayoborwa n’umunyarwanda Rev. Pasteur Ntavuka Osee, umuyobozi w’Itorero All Nations Ministries.
Rev. Pasteur Ntavuka, yavuze ko ari ibintu bidasazwe kubona abantu (...) -
Imana yankijije kunywa ibiyobyabwenge inyuzuza Umwuka Wera.
17 October 2012, by UbwanditsiNitwa Ndahimana Ignace navutse 1980 mvukira ahitwa Nyaruguru nakuriye mu muryango udakijijwe nkurira mu buzima bw’abantu nyine batazi Imana. Nyuma naje gukora akazi ka Leta ubuzima bwo gukunda ibyaha bwaje kunkomerana, nanyweye urumogi, njya mu busambanyi, kenshi nibera muri za « boite de nuit ( cadulac) »
Taliki ya 25/12/2003 nagiye ahantu bari bari kubwiriza ubutumwa bwiza ndakizwa baransengera kuko numvaga ndemerewe. Ariko kuko nakijijwe mu gihe cy’ iminsi mikuru isoza umwaka, byageze (...) -
Urubuga Agakiza.org rubahishiye byinshi mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 5 rutangiye.
25 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaImyiteguro y’isabukuru y’imyaka itanu (5) y’urubuga www.agakiza.org irarimbanije, igikorwa kizabera muri salle ya FourSquare iherereye Kimironko ( Ugana kuri Gereza ya Kimironko) ku cyumweru tariki 29/11/2015, sa munani z’amanywa (14h00). Iki gikorwa kandi kizitabirwa n’abaririmbyi batandukanye bazafatanya n’abandi bakunzi b’urubuga ww.agakiza.org guhimbaza Imana no kwizihiza uyu munsi, aribo Simon Kabera, Dominic Nic, Korari Besalel (ADEPR-Murambi) ndetse n’itsinda (...)
-
Umuragwa ni muntu ki ?
25 March 2016, by Pastor Desire Habyarimana“Umuragwa iyo akiri umwana ntagira icyo atandukaniraho n’imbata n’ubwo yaba ari nyir’ibintu ategekwa n’abamurera n’ibisonga kugeza igihe cyategetswe na se…Nicyo gituma utakiri imbata ahubwo uri Umwana , umuragwa ubihawe n’Imana” (Abagaratiya 4:1-7)
Uragwa avuka ari we ariko ntiyategeka cyangwa ngo ahabwe ibyasezeranijwe, agomba kubanza kurerwa akigishwa uko azabitegeka . Ese atorezwa iki ? Ibyo azategeka ni ibihe ?
Natwe dufite ibyasezeranijwe :
Kuzura umwuka Wera : Ubwo Intumwa zuzuraga zabwiye (...) -
Intambwe 7 zo kunesha ikigeregezo cyangwa ikibazo kikuri imbere (Igice cya mbere) Ange Victor Uwimana
23 April 2014, by Ange Victor UWIMANABibiliya ivuga ko umuntu akiri mu isi aba afashe igihe mu ntambara (Yobu7:1). Nubwo bimeze gutyo, Yesu Kristo yahumurije abigishwa be, asa nubacira amarenga kubera ko bari kuzahura n’urusobe rw’ibigeragezo n’intambara zitari zimwe agira ati, “Mu isi mugira umubabaro, ariko nimuhumure nanesheje isi.” (Yoh.16:33).
Birashoboka ko umuntu yaba afite ikigeragezo imbere ye, kimeze nk’umusozi utabasha gushyigurwa, cyangwa nk’uko Goliyati yari amereye nabi Abisirayeli ku ngoma ya Sawuli. Muri iyi nyigisho (...) -
Wari uzi ko Bibiliya ibuza kwishyiraho tatouage ? Pastor Desire
20 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMuri iki gihe iyo urebye usanga abenshi mu rubyiruko barishyizeho tatouage kandi buri wese agerageza kwerekana ibitekerezo bye anyuriye mu kubishushanya kuko bamwe bishushanyaho inzoka, sikorupiyo, imitima yanditsemo urukundo, abandi bakandika ko bakora uburaya, amashusho y’ibyamamare bakunda n’ibindi. Ibi bimenyetso kandi babishushanya ku bice bitandukanye by’umubiri, aho usanga bamwe barabishushanije ku kuboko, intugu, ku kiganza, ndetse abakobwa bamwe bahitamo kubishyira no ku bice bimwe (...)
-
Ibyo umuntu abiba ni byo azasarura!
8 February 2016, by Innocent KubwimanaMaze uwo munsi Mose ararahira ati ‘’ Ni ukuri igihugu wakandagiyemo kizaba gakondo yawe n’iy’abana bawe iteka ryose, kuko womatanye n’Uwiteka Imana yanjye rwose’’ (Yosuwa 14:9)
Aha ni igihe Mose yoherezaga intumwa cumi n’ebyiri gutata igihugu cy’isezerano bagarutse Mose abahaye umwanya ngo basohoze ubutumwa, icumi muri bo batera abisirayeli ubwoba babereka ukuntu igihugu bigoye kuzakibamo ariko Kalebu na Yosuwa batanga amakuru y’ihumure ku bisirayeli, Mose abonye uburyo Yosuwa ahamije gukomera (...) -
Ese ibikomeye Imana yagukoreye mu buzima bwawe byagusigiye somo ki ?
31 May 2012, by Ernest RutagungiraByinshi mubyo tugeraho mu buzima bwacu biza tubikeneye cyane, muri byo hari byinshi tujya dusengera twizeye Imana ikabikora nyamara hari n’ibindi byinshi ndetse cyane Imana idukorera tutigeze tunasenga, bikatwereka ko kugirirwa neza n’Imana bitava ku gusenga cyane ahubwo ibikora nk’Imana yigenga kandi ifite Imigambi myiza ku muntu, gusa na none ku rundi ruhande n’ubwo ikora ibyo biba bikomeye cyane kuri twe, hakunze kwibazwa impinduka cyangwa isomo umuntu yari akwiriye gukura muri ibi (...)
-
Inyandiko!
17 May 2016, by Pastor Desire HabyarimanaDaniyeri 5 :14-16 Numvise bakuvuga ko umwuka w’ Imana ukurimo kandi umucyo no guhishurirwa n’ ubwenge bwiza bikubonekamo…ko ubasha guhangura ibyananiranye.
1.Umwami Berushaza yabonye intoki zandika ku rusika, iyo nyandiko imunanira kuyisoma n’ abantu bose irabananira. Iyo nyandiko nta undi washoboye kuyisoma uretse Daniyeri.
Reka hano Daniyeri tumwite Yesu kuko niwe ushobora ibyananiranye byose. Icyateye uyu mwami kubona inyandiko ni uko yakoresheje iminsi mikuru bamaze kunywa no guhaga (...)
0 | ... | 530 | 540 | 550 | 560 | 570 | 580 | 590 | 600 | 610 | ... | 1230