“Ndaza vuba, komeza ibyo ufite hatagira ugutwara ikamba ryawe” (Ibyahishuwe 3:11)
Ubwo Imana yaremaga isi, yamaze kurema umuntu imuha isi ngo “ayirinde”. Bibliya ibivuga neza ngo “Uwiteka Imana ijyana wa muntu imushyira muri iyo ngobyi yo muri Edeni, ngo ahingire ibirimo ayirinde” (Itangiriro 2:15). Hano biragaragara neza ko umwe mu mirimo ya mbere Imana yahaye umuntu harimo no kurinda isi. Iyo Imana iba izi ko nta kibazo kandi ko izayirindira, ntabwo iba yarahaye Adamu uwo murimo. Biragaragara (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Adamu, umurinzi wa mbere , umukurambere w’ indangare.
21 February 2012, by Ubwanditsi -
Byari kutugendekera gute iyo Uwiteka ataba mu ruhande rwacu?
31 December 2013, by Alice RugerindindaWhat if the Lord had not been on our side? Zaburi 124: 1 Fatanya nanjye dusubize amaso inyuma turebe uko uyu mwaka wagenze. Byari kutugendekera gute, iyo Uwiteka ataba yarabaye mu ruhande rwacu? Uyu wanditse iyi Zaburi we Imana yamuhaye amaso yo guhishurirwa ati :
“Iyaba Uwiteka Atari we wari uri mu ruhande rwacu, ubwo abantu baduhagurukiraga, baba baratumuze bunguri tukiri bazima. Ubwo umujinya wabo wacanywaga kuritwe, amazi aba yaraturengeye rwose, Isuri iba yaratembye ku bugingo bwacu, (...) -
Tanzanie: Mu biterane biri kubera i Musoma abagera ku 3000 bakijijwe!
26 July 2012, by UbwanditsiNkuko twabitangarijwe na Pastor Butera Augustin akaba n’ inzobere mu gutegura ibiterane binini mu karere k’ ibiyaga bigari.
Yatumenyesheje ko iki giterane cyatangiye kuri uyu wa gatatu taliki ya 25-29/07/2012 kikazasozwa kucyumweru. Bagiteguye mu buryo buhuza amatorero atandukanye agera kuri 60 akorera umurimo w’ Imana muri Musoma.
Iki giterane kikaba cyahuje abantu batandukanye bava muri America, Africa yepfo, Kenya, u Rwanda k’ umunsi wa mbere gitangiye cyitabiriwe n’abantu barenga 25000 (...) -
Icyacu ni ukubabarira, Guhora ni ukw’Imana !
3 September 2015, by Innocent KubwimanaUbundi uretse ko waba ukijijwe utagigengwa na kamere y’umubiri, ariko iyo umuntu aguhemukiye urababara, bikaba byanatuma utekereza icyo wabikoraho. Ukuyeho imbabazi nta kindi wakora kitari ukwihorera.
Abantu bose bashobora kuba babasha kugenzura kamere yo kwihorera kwabo bitewe nuko abantu batubera babi cyane muri ibi bihe, nyamara n’Imana ubwayo ntabwo ikora ibyo dutekereza byose ko ikwiye gukora, ndetse bikanatubabaza.
Akenshi tugira kwihorera igihe twahemukiwe, kwihorera nta kindi uretse (...) -
Ubuhamya: Banterereje abadayimoni ariko kubwa Kristo ndabatsinda
8 January 2013, by Kiyange Adda-DarleneNitwa Kelly, mfite imyaka 17, navukiye mu muryango w’abakatorika. Mfite murumuna wanjye na mushiki wanjye mukuru. Ababyeyi banjye bambatirishije mu idini ry’aba katolika mfite imyaka 6 niko ntekereza, ntazi umubatizo icyo ari cyo. Ubuto bwanjye bwaranzwe n’ibibazo byinshi, sinigeze mbona na busa urukundo rw’ababyeyi (affection). Ndibuka mfite imyaka 12, ndi kw’ishuri,inshuti zanjye z’abakobwa zajyaga zikora ibintu by’imikino byo guhamagara imyuka mibi. Jye nababwiye ko ntazigera na rimwe (...)
-
Umunsi wa Pentekote twizihiza usobanuye iki ? Igice cya 2
19 May 2013, by UbwanditsiMuri iki gice cya kabiri cy’inyigisho turagerageza gusubiza aya magambo: Ni iki Imana yaba yifuza kandi yiteguye gukora mu matorero yacu no mu buzima bwacu mu gihe cya Pentekote? Twebwe se n’amatorero yacu turasabwa iki ngo tugendere neza mu mugambi w’Imana?
Mugihe abantu bagera kuri 120 basengaga I Yerusalemu, hari hashize iminsi mirongo itanu Yesu azutse, Umwuka wera yarabamanukiye. Uko kwigaragaza kudasanzwe kw’imbaraga z’Imana kwari kuje gutangiza k’umugaragaro Itorero rizima rya Kirisitu, (...) -
Imana yakuremanye ubutware ariko ukwiye kubukoresha neza. Pastor Desire Habyarimana
17 February 2014, by Pastor Desire Habyarimana« Abamarayika si bo Imana yahaye gutegeka isi izabaho, iyo tuvuga » (Abaheburayo 2: 5.)
Umugambi w’ Imana ku muntu ubwo yamuremaga, kwari ukugira ategeke byose (Itangiriro 2:15-20), ariko umuntu yategetse umwanya muto nyuma akoze icyaha ategekwa na byose. Imana iramubwira ngo uzategekwa n’umuruho, uzarya ututubikanye, n’inyamaswa zo mugasozi ziramuhindukirira kandi ari we wazise amazina zikamuramya, ariko arazitinya kuko yakoze icyaha. Urupfu ruzana indwara, ubukene no gucishwa bugufi mu buryo (...) -
Mu minsi y’ imperuka Imana izasuka Umwuka Wera kubari n’ umubiri bose.
11 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaImana iravuze iti: ’uku ni ko bizaba mu minsi y’imperuka, nzasuka ku mwuka wanjye ku bantu bose’, Ibyakozwe n’intumwa 2:17
Mu isezerano rya kera, iyo usomye bibiliya usanga Umwuka wera yarabaga ku bantu bamwe na bamwe, nk’abahanuzi, cg se abatambyi b’Imana gusa ntiyabanaga na buri wese.
Mu gitabo cya Yoweli 3:1, bibiliya iravuga ngo: "Hanyuma y’ibyo, nzasuka Umwuka wanjye ku bantu bose, abahungu banyu n’abakobwa banyu bazahanura, abakambwe banyu bazarota, n’abasore banyu bazerekwa. ndetse (...) -
Yakijijwe no gutaka
4 May 2016, by Kiyange Adda-DarleneAbantu benshi baramucyaha ngo ahore, ariko arushaho gutaka ati : « mwene Dawidi, mbabarira. » Yesu arahagarara arababwira ati : «nimumuhamagare ».Bahamagara impumyi barayibwira bati : « Humura haguruka araguhamagara . »…Yesu arayibwira ati : « igendere, kwizera kwawe kuragukijije. Uwo mwanya arahumuka amukurikira mu nzira. Mariko 10 : 48- 52.
Iyi ni inkuru y’umuntu witwaga Barutoromayo, wicaraga ku muhanda asabiriza kuko yari impumyi. Ku mubiri we koko hagaragaragaho ikibazo cy’amaso atabona, (...) -
Iyo Imana iguhamagaye , hari icyo iba igutegerejeho!
12 March 2016, by Alice RugerindindaUmwami aramusubiza ati “ Genda kuko uwo ari igikoresho cyanjye nitoranirije, ngo yogeze izina ryanjye imbere y’abanyamahanga n’abami n’abisirayeri” Ibyakozwe n’intumwa 9:15
Uyu ni Paul Imana yavugaga, ubwo yari imaze kumuhamagara ! Icyantangaje, nuko imuhamagara, yari yahise itegura icyo imuhamagariye gukora mu bwami bwayo !
Yaramwitegereje ireba umuhati afite mubyo gusohoza iby’ubwoko bwe, aho yirirwaga akurubana abakristo, nubwo kandi Imana imwiyereka, ngo nabwo yari mu nzira agiye i Damasiko (...)
0 | ... | 520 | 530 | 540 | 550 | 560 | 570 | 580 | 590 | 600 | ... | 1230