Mu mahugurwa y’abana b’impfubyi, abagera kuri 20 bafashe icyemezo cyo kwakira Kristo!
Kuri uyu wa kane i Gihindamuyaga mu karere ka Huye hasojwe amahugurwa y’iminsi 4 y’abana b’impfubyi zirera n’izakiriwe mu miryango. Aya mahugurwa yabaye mu rwego rw’ubujyanama ku bibazo aba bana bahura na byo mu buzima bwa buri munsi.
Aya mahugurwa ari yatanzwe na Pasteur Desire Habyarimana ku bufatanye na Compassion International. Hari kandi n’umuhanzi uririmba indirimbo zihimbaza Imana Abingenzi Gonzague, (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Mu mahugurwa y’abana b’impfubyi, abagera kuri 20 bafashe icyemezo cyo kwakira Kristo!
21 November 2013, by Ubwanditsi -
Komeza ibyo wahawe Pasitori Gatanazi Justin
27 January 2016, by Pastor Desire HabyarimanaINTEGO : KOMEZA IBYO WAHAWE
Ibyahishuwe 3:11,2-3 11 Ndaza vuba, komeza ibyo ufite hatagira ugutwara ikamba ryawe.’ 2 Jya uba maso ukomeze ibisigaye bigiye gupfa, kuko nabonye ko ari nta mirimo mwakoze itunganye rwose imbere y’Imana yanjye. 3 Nuko ibuka ibyo wākiriye n’ibyo wumvise, ubyitondere kandi wihane. Ariko rero nutaba maso nzaza nk’umujura, nawe ntuzamenya igihe nzagutungurira.
Mat.25:14, 19 14."Bizaba nk’iby’umuntu wari ugiye kuzindukira mu kindi gihugu, ahamagara abagaragu be abasigira (...) -
Yesu aramutse aje mu itorero ryawe yagushima, cyangwa yakugaya?
12 March 2014, by Simeon NgezahayoYesu aramutse aje mu itorero ryawe uyu munsi, urumva yavuga iki? Mbese yagushima, cyangwa kukugaya? Mu by’ukuri, hari ibyo yagushima ariko hari n’ibyo yakugaya. Ibyo ni na byo yakoreye amatorero 7 yo mu Aziya. Yesu abonekera intumwa Yohana ku kirwa cy’i Patimo, yamuhaye amagambo yo kwigisha no guhugura amatorero 7 yo mu Aziya. Buri torero muri ayo 7 yo mu mijyi 7 yo mu Aziya nto (Asia Minor) yahawe urwandiko ruvuye kuri Kristo, kandi urwo rwandiko rwari rukubiyemo ibyo Kristo ashima n’ibyo (...)
-
Nimugende mwigisha muti" Ubwami bwo mw’ijuru buri hafi"
29 March 2016, by Umugiraneza EdithMatayo 10: 7 Nimugende mwigisha muti" Ubwami bwo mw’ijuru buri hafi"
Ni byo koko ubwami bw’Imana buri hafi iyo dukurikije ibyanditswe byera dusanga ibyahanuwe byose byarasohoye hasigaye impanda yonyine. Ijambo ry’Imana muri Matayo 24:38-44 haratubwira ngo, uko iminsi ya Nowa yari iri niko kuza k’Umwana w"umuntu kuzaba , kuko nkuko bari bameze muri iyo minsi yabanjirije umwuzure, bararyaga, banywaga, bararongoraga, barashyingiranaga, bageze umunsi Nowa yinjiriye mu nkuge, ntibabimenya (...) -
Ibikorwa 10 abana bigira ku mibanire y’ababyeyi babo
19 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaIyi nkuru yanditswe na Doug Fields akaba umuhanga mu by’itumanaho, umwanditsi w’ibitabo akaba n’umuyobozi w’ikigo kijyanye n’iby’imibanire y’imiryango n’urubyiruko muri kaminuza yitwa Azusa Pacific University; ndetse ni n’umwe mu bashinze urubuga rw’urubyiruko mu by’iyobokamana rwitwa Downloadyouthministry.com, yanditse ibitabo birenga 50.
Ese ni iki wigisha umwana wawe kijyanye n’urushako?
· Iyo nteruye kuvuga ku ishyingirwa/imibanire y’abashakanye, igihe cyose mba nibaza niba hari icyo nigishije (...) -
Imana ihindura ibidashoboka kuba ibishoboka. Pastor Desire Habyarimana
9 March 2014, by Pastor Desire HabyarimanaImana ihindura ibidashoboka kuba ibishoboka [Luka 5: 1-9]
Yesu yaje ku nyanja hari ubwato bwinshi, ariko Petero ni we wemeye kumuha ubwato ngo abwigishirizemo. Dufite abantu benshi mu isi, ariko abemeye kwakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza w’ubugingo bwabo si bose ahubwo ni bake cyane. Kandi Yesu ahora abasaba ko yajya mu bwato bwabo, ariko bakanga (Ibyahishuwe 3:20).
Ikibabuza kumuha ikaze, ni uko mu bwato bwabo (imitima) harimo ibindi bazi ko bitabangikana na Yesu (Abagalatiya 5 :19-22, (...) -
Apostle Paul Gitwaza arahakana ko abarizwa muri illuminati
2 January 2013, by UbwanditsiKuri ubu, ngo bamwe mu byamamare mu byiciro binyuranye ku isi baba bari mu idini cyangwa se itsinda ribamo abantu bayoborwa n’imbaraga za Shitani rizwi ku izina rya Illuminati.
Illuminati kandi ivugwa ko yaba ari yo iyobora isi, nk’uko bitangazwa n’ibitangazamakuru bitandukanye.
Bamwe mu bikomerezwa rero ngo baba bari muri Illuminati, harimo nk’umuririmbyikazi Lady Gaga. Igituma abantu bavuga ko Gaga yaba ari muri Illuminati, ni uko mu ndirimbo ze nyinshi usanga akoresha ibimenyetso (...) -
Urashaka umugisha w’Imana mu buzima bwawe ?! (Igice cya 1) Pst Desire Habyarimana
3 February 2014, by Pastor Desire Habyarimana« Benshi bashaka gutona ku mutware, ariko Uwiteka ni We ucira abantu imanza » Imigani 29:26
Umugisha ni iki ? Iyo umuntu yateye imbere, yashatse, yabyaye, yize agatsinda, yabonye akazi keza… byose bisobanurwa umugisha umuntu yagize mu buzima busanzwe. Ku bakijijwe, umugisha utangwa n’Imana kuko Abaroma 8:32 handitswe ngo « Mbese ubwo itimanye Umwana wayo ikamutanga ku bwacu twese, izabura ite kumuduhana n’ibindi byose ? »
Burya iyo abantu biba, baraguza… baba bashaka umugisha ku buzima bwabo (...) -
Ku musozi w’amasengesho i Kampala harimo gukorekera ibitangaza byinshi!
28 June 2013, by Simeon NgezahayoUmusozi w’amasengesho uzwi ku izina rya ‘Africa Prayer Mountain for All Nations’ ni umusozi w’igikundiro. Ubwo twahageraga twabonye ibitangaza byinshi, ariko cyane cyane twahabonye abantu bitangiye gusenga igihe kirekire, barimo abapasiteri n’abantu ku giti cyabo, abasore n’inkumi. Twahabonye rero umusore umaze amezi asaga 4 asenga, tuganira na we ngo tumenye ikimubesheje aho igihe kingana gityo. Ni muri urwo rwego twifuje kubagezaho ibyo twaganiriye na we.
Ndashaka kubaha ubuhamya nahaye umutwe (...) -
Yagerageje kwiyubakira aho azahungira imperuka
19 December 2012, by Ernest RutagungiraMugihe abantu batandukanye ku isi bakomeje kutavuga rumwe ku ngengabihe y’ubuhanuzi bw’aba mayan igaragaza ko iyi si dutuyeho ibura amasaha make ngo igere ku iherezo nk’uko babigaragaza kuri iyi ngengabihe yabo http://www.timeanddate.com/countdown/maya bamwe mu bemera ubu buhanuzi batangiye gushakashaka aho bazahungira iyo mperuka.
Amakuru akomeje kuvugwa, n’ay’ umugabo wo mu Bushinwa witwa Lu Zhenghai arimo kubaka inkuge izamufasha kurokoka iyo mperuka, mugihe izaba ibaye dore ko we ngo (...)
0 | ... | 460 | 470 | 480 | 490 | 500 | 510 | 520 | 530 | 540 | ... | 1230