Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 kamena 2016, barangajwe imbere n’umunyamabanga mukuru wa ADEPR mu u Rwanda,abakirisito ba ADEPR umudugudu wa Nyakabanda bakoze umuhango wo kwibuka Genocide yakorewe abatutsi, igikorwa cyaranzwe n’urugendo rwo kwibuka ndetse no kuremera umwe mu bakirisito b’uyu mudugudu wacitse ku icumu utishoboye.
Uretse umunyamabanga mukuru wa ADEPR, uyu muhango witabiriwe n’Umuyobozi wa IBUKA mu umurenge wa Niboyi, aba kirisito n’abandi bayobozi batandukanye bo muri iri (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Kwibuka 22: Umudugudu wa ADEPR Nyakabanda waremeye umukiristo wacitse ku icumu utishoboye
13 June 2016, by Ernest Rutagungira -
GUHINDUKA! BIRASHOBOKA RWOSE! Joyce Meyer
26 May 2016, by Pastor Desire HabyarimanaData yahindutse umukristo ku myaka 83 y’amavuko. Hagiye habaho ibihe mu myaka yatambutse aho natekerezaga nti “Ntazigera ahinduka!” Ariko nakomeje kumusengera. Ariko, Imana ishimwe, yaje guhinduka —Yarahindutse bimwe bitari byaba hope!
Kugirango uhindurwe ugomba guhinduka wese uturutse imbere muri wowe ukagera inyuma. Igihe tubaye abakristo bavutse ubwa kabiri mu 2 Abakorinto 5:17 BibiliyaYera ivuga icyaremwe gishya (ikiremwa gishya byose hamwe); Ibyakera [uko wahoze mu myitwarire no mu mwuka] (...) -
Batemberejwe i kuzimu– 7 bo mu rubyiruko rwa Colombiya (igice cya 4)
16 March 2014, by Kiyange Adda-DarleneNyuma yaho, Umwami yatweretse umuntu wishe abantu 6. Abo bantu batandatu bari bamuzengutse bamubwira bati: “ni amakosa yawe kuba turi hano. Ni amakosa yawe! » Uwo mwicanyi akajya agerageza gufunga amatwi kuko atashakaga kubumva ariko ntabibashe kuko i kuzimu « sens » zirakora cyane kuruta kw’isi.
Imyuka y’aho hantu yarembejwe cyane n’inyota itabasha kwihanganirwa. Kandi nta wabasha guhaza iyo nyota. Iyo myuka iba ireba hagati mu birimi by’umuriro ibijya kuba nk’inzuzi z’amazi noneho bagerageza (...) -
Himbaza Imana abanyamibabaro bishime.
7 August 2015, by Alice Rugerindinda“Himbaza Imana x2, abari kure n’abari hafi babimenye, Himbaza Imana abanyamibabaro bishime”
Iyi ni imwe mu ndirimbo tumaze iminsi turirimba mu rusengero, ngo himbaza Imana , abanyamibabaro bishime.
Nubwo uko ibihe by’imperuka birushaho kutwegera abantu bagenda barushaho guhinduka , umuntu yahagarara ashima Imana bikaba ikibazo kuko abantu batabyumvise kimwe, ariko burya iyo uhagaze ushima Imana wabisengeye, abanyamibabaro barishima, kuko ahava yumvise ko nubwo we bitaramugeraho, ariko hari (...) -
Byose abikora neza. Ev. KIYANGE Adda-Darlene.
11 November 2013, by Kiyange Adda-DarleneMariko 7 :37, Baratangara cyane bikabije, baravuga bati : « Byose abikoze neza : azibura ibipfamatwi kandi akavugisha ibiragi. »
Umuryango wari ufite ikibazo cy’umuntu wabo wari ufite ubumuga bwo kutumva ndetse no kudedemanga. Bamaze kumenya ko Yesu ari aho hafi, baramuzana ngo Yesu amukoreho. Bigaragara ko bari bizeye ko namukoraho arahita akira, ariko igitangaje ntabwo Yesu yabikoze nkuko babitekerezaga ngo amushyireho ikiganza, ahubwo yakoze ibitandukanye. Yamujyanye ku ruhande (...) -
Mbese ubwo itimanye umwana wayo, izabura ite kumuduhana n’ibindi byose ? Ev: Adda-Darlene
12 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMbese ubwo itimanye umwana wayo ikamutanga ku bwacu twese, izabura ite kumuduhana n’ibindi byose ?( Abaroma 8 : 32)
Mu buzima busanzwe habamo ibyifuzo byinshi bishingiye kubyo umuntu akenera. Akenshi kwihangana biragorana kuko umubiri uba ushaka ko bihita biboneka ako kanya. Umuntu kandi akenera izindi mbaraga ziri hejuru ye ( force surnaturelle), zimufasha kugera kubyo yifuza. Iyo umuntu yamenye Imana yihutira gusenga. Utizera ajya mu bapfumu. Ikindi kintu kijya kibaho n’uko wa muntu (...) -
Ese guhamya ko uri Umukristo biteye isoni?
30 April 2012, by Alice Rugerindinda“ Kuko umuntu wese ugira isoni zo kunyemera no kwemera amagambo yanjye, Umwana w’umuntu nawe azagira isoni zo kumwemera, ubwo azaza afite ubwiza bwe n’ubwa se n’ubw’ abamarayika bera” Luka 9:26
Aya magambo yavuzwe na Yesu Kristo ubwe, ari nacyo cyemeza rwose ko hari abantu bagira isoni zo guhamya ko ari abakristo wenda bitewe n’ahantu umuntu ari, igihe urimo cyangwa se bitewe n’abantu umuntu ari kumwe nabo! Imana itugirire neza. Ariko Yesu akavuga ngo ubwo ugira isoni zo kumwemera, nawe azagira (...) -
Jye numviye ubutumwa bwiza ku muhanda ntegereje bisi!
4 September 2015, by Innocent KubwimanaAmazina yanjye nitwa Edouard muri byinshi Imana yakoze nifuje kubahgezaho uburyo Imana yankuye mu mwijima, ikamurikishiriza umucyo w’agakiza kayo. Nizeraga ibigirwamana ababyeyi banjye baramyaga ari nabyo byasobanuraga Imana mu maso yanjye. Rimwe na rimwe iyo nabaga mpuye n’akabazo najyaga nanabisenga.
Kuri njye Yesu numvaga atabaho na Bibiliya sinayubahaga sinabonaga ko ari igitabo cy’ikitegererezo ahubwo nayifataga nk’ibitabo bisanzwe. Kubera ibyo bigirwamana by’ababyeyi banjye ntabwo nigeze (...) -
Ubuhamya: Uko natewe ubwoba n’ibizira abantu bakorana umurimo w’Imana
10 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaUbuhamya: Uko natewe ubwoba n’ibizira abantu bakorana umurimo w’Imana Yesu ashimwe bavandimwe muri Kristo Yesu, ngiye kubaha ubuhamya bw’ukuntu Imana yansuye, ikanganiriza impereyeho, ikanyereka ukuntu abantu bakorana umurimo w’Imana ibizira, bagashimishwa no kurimbisha umuntu w’inyuma, bakirengagiza uw’imbere kandi ari we uzabana n’Imana.
Reka tubanze dusome ijambo ry’Imana: Abefeso 2:10 “Kuko turi abo yaremye ituremeye imirimo myiza muri Kristo Yesu, iyo Imana yiteguriye kera kugira ngo (...) -
Wowe ukoresha ururimi rwawe gute?
14 August 2012, by Innocent KubwimanaKandi koko ururimi ni umuriro. Yemwe ni ububi bungana n’isi! Ururimi rwashyizwe mu ngingo zacu, ni rwo rwonona umubiri wose, rukongeza kamere yacu yose, narwo rukongezwa na Gehinomu. (Yakobo 3:6)
Iyo witegereje umuntu agizwe n’ibice bitandukanye by’umubiri kandi byose by’ingenzi kuko nta gice cyakora icyo ikindi kimaze n’ubwo byose byuzuzanya. Muri ibyo bice byose by’umubiri w’umuntu hariho igice gikomeye umuntu adashobora kubaho adafite, sinibaza umuntu waba adafite umutima uko yaba abayeho. Uyu (...)
0 | ... | 440 | 450 | 460 | 470 | 480 | 490 | 500 | 510 | 520 | ... | 1230