Ijambo ry’Imana: “Waba wariteguriye aho uzaba iteka ryose?”
“Dore ngiye gupfa, mu mva nicukuriye mu gihugu cy’ i Kanani abe ari mo uzampamba” (Itangiriro 50:5)
Umuntu wabyawe n’ umugore arama igihe gito kandi cyuzuwemo n’ imiruho agakenyuka. Akenshi ahita nk’ igicucu cy’izuba ntarame iminsi myinshi.
Mu isi twese turahakunda ariko igihe kinini tuhamara ni imyaka 80 ubundi tukajya iwacu h’ iteka ariko biterwa n’aho umuntu aba yarateguye akiri mu isi, mu ijuru(Kanani) no mu muriro ariho bise (Egiputa). (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Waba wariteguriye aho uzaba iteka ryose? Pastor Desire
4 October 2015, by Pastor Desire Habyarimana -
Ukwiye gushima ni ufite igikombe cy’ Agakiza. Mwalimu Edissa
8 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaUKWIYE GUSHIMA NI UFITE IGIKOMBE CY’AGAKIZA
Zab.116:12-14, Ibyiza Uwiteka yangiriye byose, Ndabimwitura iki ? Nzakira igikombe cy’agakiza, Nambaze izina ry’Uwiteka. Nzahigura Uwiteka umuhigo wanjye, Ni koko nzawumuhigurira mu maso y’ubwoko bwe bwose.
Utarakiriye igikombe cy’agakiza nawe yahiga ariko ikibazo cyaba uguhigura. Twese dukunda guhiga iyo turi mu ntambara bishyushye, ariko igihe cyo guhigura kenshi kiragorana kuko kiba ari igihe cy’amahoro. Dawidi yibaza icyo yakwitura Imana (...) -
Ubuzima buramya Imana/ Dr Fidèle Masengo
30 October 2015, by Innocent KubwimanaLuka 7:37- 38- "Umugore wo muri uwo mudugudu wari umunyabyaha, amenya yuko arira mu nzu y’uwo mufarisayo, azana umukondo w’amavuta meza ameze nk’amadahano, ahagarara inyuma ye hafi y’ibirenge bye arira, atangira kumutonyangiriza amarira ku birenge abihanaguza umusatsi we, asoma ibirenge bye, abisiga ayo mavuta".
Maze iminsi nkurikiranira hafi amarushanwa y’abaririmbyi ba "Gospel" hari n’ubwo nigeze mba President w’akanama kagombaga gutanga igikombe cyiswe ’Umucyo Gospel Awards 2012’ cyari (...) -
Gatenga: Mu Giterane cy’amasengesho abagera 37 bakiriye Yesu
15 February 2012, by UbwanditsiMu murenga wa Gatenga aho itorero rya ADEPR Gashyekero rikorera habereye igiterane cy’amasengesho cyitabiriwe n’abantu barenga Magana atanu, hakaba kandi hari abakozi b’ Imana batandukanye barimo Pastor Amuri Imana yakuye mu idini rya Islam, Pastor Ngamije Viateur wo mu rurembo rwa Butare na Pastor Desire Habyarimana.
Aha, Pastor Desire yatanze inyigisho ku mubumbyi. Ati Yeremiya yigishirijwe ku mubumbyi ngo icyo yabumbaga gihombera mu ntoki ze ariko ibumba ntiyarijugunya ahubwo abumbamo (...) -
Bagabo, mukunde abagore banyu namwe bagore mugandukire abagabo banyu!
28 January 2013, by UbwanditsiAya n’amagambo yagarutsweho n’ umuvugabutumwa Alice Rugerindinda mu giterane cy’ abubatse ingo cyabereye mu kagarama Ku Itorero rya ADEPR. Iki giterane cy’ umunsi umwe cyitabiriwe n’abantu benshi kandi abantu bari bafite inyota yo kumva icyo Imana ivugana nabo mu birebana no kubaka urugo. Iki giterane cyateguwe n’ ubuyobozi bwa website Agakiza.org; kandi nk’ uko byari biteguwe ku ngengabihe y’ ibiterane n’amahugurwa kuri iki cyumweru taliki ya 27/01, hakozwe iki giterane mu rwego rwo (...)
-
Nari mayibobo nta byiringiro mfite, Imana inkuramo impindurira amateka! (Igice cya 1) – Simeon Ngezahayo
26 November 2013, by UbwanditsiEbenezer! Iyo umuntu atanga ubuhamya ntavuga byose, ariko hari ibyo Yesu yadukoreye bifatika. Ni cyo gituma tumukunda, kandi tukamurata kugira ngo abarushye n’abaremerewe bamusange na bo abaruhure!
Nitwa Simeon Ngezahayo, navutse ku wa 1 Kanama 1982, mvukira ku Kamonyi mu ntara y’Amajyepfo. Nakuze numva nta byaha mfite, kuko navukiye mu muryango ukijijwe kandi wanderaga neza. Papa na mama ni abakozi b’Imana kuva aho menyeye ubwenge kugeza ubu. Ubu buhamya si ubwo nabwiwe, ibyambayeho byose (...) -
Dawidi yagiraga umutima umukubita! Alice Rugerindinda
24 August 2015, by Alice Rugerindinda“ Dawidi amaze kubara abantu, umutima we uramukubita. Abwira Uwiteka ati: “ Ndacumuye cyane kubyo nkoze ibyo, ariko none Uwiteka ndakwingize, kuraho gukiranirwa k’umugaragu wawe kuko nkoze iby’ubupfu bwinshi” 2 samuel 24:10
Mu yindi Bibiliya haravugango Dawidi amaze kubara abantu yumvise umutima we udiha.
“ Dawidi arahaguruka agesa ku kinyita cy’umwambaro wa Sawuli bucece. Hanyuma Dawidi agira umutima umuhana, kuko yageshe ku mwambaro wa Sawuli. Abwira abantu ati : “ Uwiteka andinde kugenza (...) -
Igitaramo cy’agakiza.org gisize imyumvire ya benshi ihindutse ku birebana n’ Ubwami bw’ Imana.
9 December 2013, by UbwanditsiNk’uko mwari mumaze iminsi mubitangarizwa, igitaramo cy’agakiza.org cyari gitegerejwe na benshi cyabaye kuri iki cyumweru taliki ya 8 Ukuboza 2013. Iki gitaramo cyabereye kuri ADEPR Kicukiro-Shell cyari biteganyijwe gutangira saa saba z’amanywa, ariko ntibyakunda bitewe na gahunda zindi zaberaga muri urwo rusengero zatinze bigatuma gitangira saa cyenda n’igice (3:30pm). N’ubwo imvura yaguye ari nyinshi mu masaha yo gutangira, abantu bitabiriye ari benshi cyane. Aha twavuga nka Groupe Urumuri (...)
-
Kibungo hasengewe abavugabutumwa bakorera umurimo w’ Imana muri Bataillon ya 55
26 November 2012, by JOST UwaseMu Rurembo rwa Kibungo Itorero rya ADEPR, kuri icyi cyumweru taliki ya 25Ugushyingo, 2012 habaye umuhango ukomeye wo gushyiraho no gusengera abavugabutumwa bwiza mu murimo w’Imana ukorerwa muri Bataillon ya 55 ikorera mu Karere ka Kirehe na Ngoma, Intara y’Iburasirazuba.
Umurimo w’Imana muri iyo Bataillon ya 55 wari usanzwe ukorwa mu buryo busanzwe aho abavugabutumwa b’ubushake bakoraga umurimo w’Imana wo kubwiriza ubutumwa bwiza muri bagenzi babo b’Abasirikare kimwe no mu matorero basengeramo , (...) -
Urashaka kubona mu maso h’Imana? - Brad Lomenick
23 April 2013, by Simeon NgezahayoIyo usomye ibyanditswe byera wumva urushijeho kugirira Imana inyota. Mose yashakaga Imana buri munsi. Yobu yayinambyeho mu bihe bigoye cyane. Esiteri yayiringiye mu gihe byashoboraga kumuhitanira ubuzima. Dawidi yakurikiye Imana, ayishakisha umutima we wose nk’uko tubisoma muri Zaburi. Abahanuzi bahoraga bifuza kumva ijwi ry’Ishoborabyose, n’intumwa ziyikurikira zinezerewe kugeza ku gupfa.
Aba bagabo n’abagore bari abayobozi bakomeye, nyamara ab’iki gihe nta gaciro babiha. Benshi bishyiriraho (...)
0 | ... | 400 | 410 | 420 | 430 | 440 | 450 | 460 | 470 | 480 | ... | 1230