Nkuko twari twabatangarije ko igiye kuza gutaramira abanya Kigali, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Werurwe no ku cyumweru Korari Iriba yo mu rurembo rwa ADEPR Butare yataramiye ku rusengero rwa ADEPR Kacyiru.
Ubwo agakiza.org twahagera ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru twatunguwe no gusanga abantu buzuye kugera no hanze y’ urusengero kuburyo bitari byoroshye kugeramo imbere, akaba rero nta yindi mpamvu ahubwo byaterwaga n’ubwiza bw’indirimbo z’iyi korari .
Mubari bitabiriye iki gitaramo (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Korare Iriba y’i Butare ikomeje kubera benshi umugisha
11 March 2012, by Ubwanditsi -
Yesu yankijije ndi umupfumu: ubuhamya bwa Edouard MUHIRE
15 June 2012, by UbwanditsiNitwa MUHIRE Edouard navutse mu mwaka wa 1946.Nakijijwe mu mwaka wa 1990 ubu mfite imyaka 66 mfite umugore n’abana 9 babiri barapfuye bakiri bato.
Nafashwe n’ uburwayi njya ahantu kwivuza.Nyuma y’aho nagiye no kwivuza mu buvuzi bwa gakondo bimwe bita gucisha mahembe kuko nabonaga ayo amafaranga bantwaye nivuza nanjye nshobora kuzajya nyatwara abandi.Uwo murimo nawutangiye mu mwaka wa 1973.Narabikoresheje kandi mbibonamo inyungu inka ziraza ihene z’ ibara rimwe inkoko amafaranga araza mbese (...) -
Imana yankijije ubumuga! - Larina
1 May 2013, by Simeon NgezahayoNtarakizwa nari mfite icyuho mu mutima wanjye, nkumva hari icyo mbura. Numvaga narazimiye, nkumva hari ikitagenda. Nari ndwaye na asima, bikambera umutwaro uremereye.
Umunsi umwe marume w’umupasiteri yampaye unuhamya bwe. Ni we wambwiye inkuru za Yesu maze ntangira gukunda ijambo ry’Imana no kujya gusenga. Uko nagendaga negera Imana nakomeje kuyumva mu buzima bwanjye. Nari maze kuyizera cyane, nkumva mfite amahoro menshi kandi iminsi yose namaze ngendana na Yesu nabonye gukomera kw’Imana. (...) -
Kuba Yesu yarabambwe ntibyamubujije kuba Umwami
17 April 2014, by Pastor Desire HabyarimanaYohana 19:17-19 Asohoka yiyikorereye umusaraba agera ahantu hitwa i Nyabihanga i Gologota, bamubambanaho n’ abandi babiri hirya no hino, Yesu ari hagati.. Pilato yandika urwandiko arushyira ku musaraba rwanditswe ngo “Yesu w’i Nazareti umwami w’ Abayuda”. Theme: Kuba Yesu yarabambwe ntibyamubujije kuba Umwami.
Yesu yaje ari Umwami ariko ntibamwemera, baramubamba ku musaraba ariko hejuru ye bandikaho ngo “Umwami w’ Abayuda”
Igihe wakizwaga wahindutse umwami n’ umutambyi mu bwami bw’ (...) -
Umvira ibibwirwa umurinzi wishakire amahoro.
3 August 2013, by UbwanditsiMaze ijambo ry’Uwiteka rinzaho riti “Mwana w’umuntu, uvugane n’ab’ubwoko bwawe ubabwire uti : “ ninteza igihugu inkota, abantu bo mu gihugu bakishakamo umuntu ngo bamugire umurinzi, nabona inkota ije iteye igihugu, akavuza impanda ngo aburire abantu, maze uzumva ijwi ry’impanda wese ntiyite ku mbuzi, inkota yaza ikamurimbura, amaraso ye abe ariwe azabazwa. …..Nuko rero mwana w’umuntu nagushyiriyeho kuba umurinzi w’umuryango wa Isirayeli, n’uko wumve ijambo riva mu kanwa kanjye ubanyihanangiriza (...)
-
Umukristo bisobanura iki?
21 July 2015, by Ange Victor UWIMANAIgisubizo: Igisobanuro dukura mu nkoranyamagambo cyenda gusa n’umuntu ufite ukwemera muri Yesu ko ari Kristo cyangwa akaba uri mu itorero rishingira inyigisho zaryo kuri Yesu." Usanga ari intangiriro nziza, ariko rero kimwe n’ibindi bisobanuro dusoma mu nkoranyamagambo, ubona ihinnye itagaragaza ukuri dusoma muri Bibiliya ku gisobanuro cy’Umukristo.
Ijambo "umukristo" rikoreshwa ubugira gatatu mu isezerano rishya (Ibyakozwe n’Intumwa 11:26;26:28;1 Petero 4:16). Abantu ba mbere bakurikiye Yesu (...) -
IBYISHIMO BYANJYE BIRUTA IBINDI "YERUSALEMU YO MU IJURU" Zab.137:5-6
27 September 2013, by UbwanditsiUmudugudu utabamo intambara, imfubyi ntizihakubitirwa, inzugi zaho nta ngufuri zibaho kuko nta bajura , nta bitaro bibayo kuko nta barwayi, nta manywa nta joro, nta rusengero rubayo kuko Imana n’Umwana wayo ari bo rusengero…
Ntitwabisobanuza ubwenge nk’uko Bibiliya yavuze ngo: ”Iby’ijisho ritigeze kureba, n’ibyo ugutwi kutigeze kumva, ibitigeze kwinjira mu mutima w’umuntu…” (1Abak.2:9)
Ni ururembo Aburahamu n’abizera basezeranijwe bakarutegereza, umudugudu Imana yubatse ikawurema.
“Kuko (...) -
Intambwe 10 zagufasha kubana neza na bagenzi bawe Hillary McMullen
13 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMu buzima,umuntu agenda ahura n’abantu benshi batandukanye,ababi n’abeza kandi bose ni ngombwa mu buzima. Abo bantu bashobora kuba ari abo mu muryango wawe,mu kazi,mu rusengero na sosiyete,muri abo bose ntushobora kuburamo umuntu ukubera ikigeragezo ariko umwuka w’Imana uturimo ni wo uduha kubana na bo neza.
Nk’Abakristo,ni gute tugomba kwitwara ku bantu batugerageza,Kristo yaduhamagariye gukunda bagenzi bacu nkuko twikunda ndetse tugakunda n’abanzi bacu. Akenshi usanga bigora abantu benshi (...) -
Ubuhamya: Uko natewe ubwoba n’ibizira abantu bakorana umurimo w’Imana
10 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaUbuhamya: Uko natewe ubwoba n’ibizira abantu bakorana umurimo w’Imana Yesu ashimwe bavandimwe muri Kristo Yesu, ngiye kubaha ubuhamya bw’ukuntu Imana yansuye, ikanganiriza impereyeho, ikanyereka ukuntu abantu bakorana umurimo w’Imana ibizira, bagashimishwa no kurimbisha umuntu w’inyuma, bakirengagiza uw’imbere kandi ari we uzabana n’Imana.
Reka tubanze dusome ijambo ry’Imana: Abefeso 2:10 “Kuko turi abo yaremye ituremeye imirimo myiza muri Kristo Yesu, iyo Imana yiteguriye kera kugira ngo (...) -
Women Faundation Ministries yakoze igitarene cy’ ijambo ry’ Imana.
10 September 2011, by UbwanditsiKuri uyu wa Gatanu tariki ya 09 Nzeri 2011 ku cyicaro gikuru cya Women Foundation Ministries kiri ku Kimihurira habereye igiterane cy’ijambo ry’ Imana.
Umuyobozi w’iyi Minisiteri Pastor Mignone yafashe akanya asobonurira abari bateraniye aho uko iyo ministere iri gukora umurimo w’ Imana mu buryo bukomeye kuko hamaze gukirizwa abantu batari bake kandi abandi bakize ibikomere byo mu mitima kandi no mu buryo bw’ ibifatika benshi bahaje barihebye ariko ubu bamaze gutera intambwe mu buryo bw’ (...)
0 | ... | 350 | 360 | 370 | 380 | 390 | 400 | 410 | 420 | 430 | ... | 1230