“Naho twebweho iwacu ni mu ijuru, niho dutegereje Umukiza ko azava, ariwe Mwami Yesu Kristo.” Abafiripi 3: 20
Buriya iwabo w’umuntu n’ahantu hakomeye.
Abantu bagiye mu gihugu cya kure gushakayo akazi. Bagezeyo bagira amahirwe menshi yo kukabona ndetse banahembwa amafaranga menshi. Umwe muri bo ngo agira ubwenge bwinshi , yajya agira icyo abona, akohereza mu gihugu cy’iwabo, sinzi niba yari afiteyo umugore, ariko icyo bambwiye, nuko yoherezaga amafaranga menshi yo kubaka amazu ndetse no gukora (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Naho twebweho iwacu ni mu ijuru
4 July 2013, by Ubwanditsi -
Imana yankuye ku cyavu, inyicazanya n’ibikomangoma!
22 July 2013, by Simeon NgezahayoNitwa Twagirayezu Emmanuel, navutse mu mwaka w’1982, mvukira mu cyahoze ari Intara ya Gikongoro, ubu ni mu Karere ka Nyamagabe. Imana yampinduriye amateka, kuko namenye ubwenge ntazi mama cyangwa data. Ibi byatumye nyura mu buzima bubi, sinabasha kwiga kuko ntagiraga shinge na rugero. Ariko Imana yari inzi!
Ndi kwa nyogokuru, Imana yanciriye inzira niga amashuri 6 abanza. N’ubwo nari umunyamibabaro, ariko nari umuhanga. Ndangije ayo mashuri, nagiye gushaka akazi mu kigo cya gisirikare. Ubwo (...) -
Wari uzi ko Imana ifuha?
24 March 2016, by Alice RugerindindaUbundi ijambo “gufuha” rikunze gukoreshwa hagati y’abantu bashakanye cyangwa bakundana. Bamwe bakunze kuvuga ko akenshi gufuha kuba hagati y’abantu batizerana, abandi bakavugako umuntu afuhira uwo akunda, cyane ko, aba yumva ntawundi muntu wagombye kwitambika hagati y’urukundo cyangwa imibanire yanyu.
Igihe kimwe rero Imana yereka Ezekiyeli umuhanuzi ko ijya ifuhira abantu bayo ndetse imwereka n’ibintu bijya biyitera gufuha : “ mperako nubura amaso ndeba ahagana ikasikazi, maze mbona ikasikazi (...) -
Igipimo cyo gukiranuka kwawe! Dr. Fidèle Masengo
22 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaIGIPIMO CYO GUKIRANUKA KWAWE
Nk’umuntu ukora umwuga w’ubwalimu nasanze impamvu abantu benshi basindwa mu bizamini n’uko umunyeshuri atari we utegura ikizamini ahubwo gitegurwa na Mwalimu akaba ari nawe ushyiraho igipimo cy’ubumenyi gisabwa umuntu kugirango atsinde. Iyaba abakora ibizimani aribo babiteguraga, bakagena amanota baha buri kibazo, bakanikosora...Nta muntu wari gusubira mu ishuri. Ariko nk’uko mubizi Mwalimu ubaza akanakosora si we munyeshuri.
Mu gihe cya Yesu, abafarisayo (...) -
Ikimoteri cyo muri kamere : igice cya 3
14 March 2013, by Felicite NzohabonayoIkimoteri cyo muri kamere : igice cya 3: ibyo mu maraso ( urwango, intonganya, ishari, uburakari, ….)
Ni iki gituma ubona agatotsi kari mu jisho rya mwene So, ariko ntiwite ku mugogo uri mu jisho ryawe? ( Matayo 7:3)
Umwanditsi Roy HESSION w’igitabo LE CHEMIN DU CALVAIRE aragira ati: “agatotsi kari mu jisho rya mugenzi wawe, ni ikosa uba umubonaho. Gashobora kuba ari imyifatire mibi cyangwa ikintu runaka aba yagukoreye kitagushimisha.»
Arakomeza ati : « agatotsi kari mu jisho rya mugenzi (...) -
Umunsi wa Pentekote twizihiza usobanuye iki? (Igice cya 1)
17 May 2013, by UbwanditsiIki cyumweru abakirisitu hose mu isi bazaba bizihiza umunsi mukuru wa pantekote.
Mu by’ukuri iyo urebye neza usanga bamwe bawubahiriza mu rwego rw’umuhango (Liturgy). Umunsi wa pentekote usanga utazwi cyane na benshi cyangwa ngo uhabwe agaciro gakomeye, ugereranije na Noheri cyangwa pasika, nubwo ari umunsi wibukwaho ibintu bikomeye ku mateka y’itorero kuko wibutsa ivuka ryaryo.
Nagirango ngerageze gusubiza ibibazo byinshi byibazwa ku birebana na Pantekote.
Pantekote n’iki?
Kuba Kirisitu, (...) -
Vana amaso ku bitagenda, utumbire Yesu
8 September 2015, by Innocent KubwimanaIyo umuntu yanduje imyambaro yawe, inzu cyangwa se imodoka yawe ntabwo bigushimisha, ahuwo birakubabaza. Nk’uko ubigenza niko ukwiye no kwirinda abanduza ubuzima bwawe baguca intege igihe cyose, bakwereka ko ibintu bitazashoboka, ntacyo uzageraho.
Si bibi kuba umuntu yakubwira aho unanirirwa ariko agamije kukwereka icyo wakora, ariko hari ubwo ubana n’umuntu iteka agahora akwereka ibyakunaniye, ibyananiye abo mufite icyo mupfana, abo mungana, mbese icyo utekereje cyose akakwereka ko ntaho (...) -
Korali Galeedi ya ADEPR Nyakabanda ( Kicukiro) mu giterane cy’iminsi ibiri mukarere ka Nyaruguru.
13 June 2012, by Ernest RutagungiraMu mpera z’iki cyumweru korali Galeedi yo mu itorero rya ADEPR kicukiro umudugudu wa Nyakabanda yakoreye igiterane cy’ ivugabutumwa mu ntara y’amajyepho akarere ka Nyaruguru ahahoze ari komini Kivu ihana imbibi n’ishyamba rya Nyungwe hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi, bakaba baramazeyo iminsi ibiri guhera kuwa gatandatu tariki ya 9 kugeza ku cyumweru tariki ya 10 kamena 2012 baririmba, .
Nk’uko twabitangarijwe na Bwana BASEKA Isaac umuyobozi w’iyi korali, ngo bajyiye muri uru rugendo ku (...) -
Imana yakwiteguriye kera nk’umushinga wayo, mbese uharanira kunguka?
8 September 2015, by Innocent Kubwimana‘’Uwiteka wakuremye akagukuza uhereye ukiri mu nda, kandi ari we uzajya agufasha aravuga ati “Witinya Yakobo mugaragu wanjye, Yeshuruni natoranije.’’ Yesaya 44:2
Ukurikije aya magambo Imana yabwiye Yakobo, uhita ubona ko utari uw’impanuka mu maso yayo. Imana yakuzanye ku isi, niyo muremyi wawe, uri mu bwihisho bwayo na mbere yo kuvuka, yakwiteguriye nk’umushinga, kandi burya nyir’umushinga anezezwa n’uko wunguka ukabyara indi myinshi. Ibi tubyumve mu buryo bw’Umwuka ko ukwiye kwagura ubwami (...) -
Ujye wibuka umuremyi wawe mu minsi y’ubusore bwawe! Ev. Adda-Darlene.
3 December 2015, by Pastor Desire HabyarimanaUjye wibuka umuremyi wawe mu minsi y’ubusore bwawe,iminsi mibi itaraza, imyaka itaragera ubwo uzaba uvuga uti: "Sinejejwe nabyo". Umubwiriza 12:1
Ubuzima bubeshwa bwiza n’uko hari ibyo tubamo, ibyo tureba, ibyo turya twumva bitubereye byiza. Imana yashyize uburyohe mu buzima ku buryo nubwo duhuriramo n’intambara, ntabwo ari kenshi umuntu yifuza ko ubuzima bwe bwo muri iyi si bwarangira.
Niyo mpamvu usanga umuntu yishyiriraho ibimukingira kugira ngo adapfa, kugira ngo adasiga buno buzima. (...)
0 | ... | 340 | 350 | 360 | 370 | 380 | 390 | 400 | 410 | 420 | ... | 1230