Ururimi ni rwo rwica kandi nirwo rukiza; abarukunda bazatungwa n’icyo ruzana (Imigani 18:21).
Ubuzima buzakubyarira umusaruro w’ibyo uvuga. Amagambo yawe azana mu buzima bwawe ibintu uvuga, byaba ibyiza cyangwa ibibi. Ntabwo wahora uvuga amagambo adafite agaciro, adakora atagira n’ukwizera ngo utegereze gutera imbere. Kimwe n’ibyo, ntabwo wavuga amagambo yuzuye ukwizera uhozaho ngo ubeho ubuzima busanzwe.
Ibyanditswe byuzuye inyigisho zivuga ku mbaraga zo kurema n’ubushobozi by’amagambo (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Ita Ku Magambo Uvuga!
3 December 2015, by Pastor Desire Habyarimana -
Ibintu 5 ukwiriye kumenya kuri Antikristo!
6 November 2013, by Simeon Ngezahayo1 / Ibimenyetso rusange biranga Antikristo
“Bana bato, tugeze mu gihe cy’imperuka kandi nk’uko mwumvise yuko Antiksirto azaza, ni ko na none hamaze kwaduka ba Antikristo benshi ndetse ni byo bitumenyesha ko igihe cy’imperuka gisohoye…”
“Mbese umunyabinyoma ni nde, keretse uhakana ko Yesu atari Kristo? Uhakana Data wa twese n’Umwana we ni we Antikristo” 1 Yohana 2:18 / 2:22
“Ariko umwuka wose utavuga Yesu utyo ntiwavuye ku Mana, ahubwo ni umwuka wa Antikristo, uwo mwumvise ko uzaza kandi none umaze (...) -
Nawe wagirira Imana umumaro
21 August 2015, by UbwanditsiMunyemerere dusome muri Bibiliya mu gitabo cy’Abacamanza 6:14-15, haranditse ngo "Nuko Uwiteka aramwitegereza aramubwira ati genda uko izo mbaraga zawe zingana ukize Abisiraheri amaboko y’Abamidiyani. Sinjye ugutumye?"
Gidiyoni yari umusore woroheje, ameze nk’abandi bose, gusa nk’undi musore wese wo mu kigero cye (sinzi imyaka ye, ariko yari akiri muto), yari afite imbaraga ariko akongeraho kubaha Imana. Abisiraheri bari mu bihe bikomeye cyane kuko Bibiliya igaragaza ko Uwiteka yari yarabataye (...) -
"Nyuma y’imyaka 19, Yesu yankijije Canseri n’ izindi ndwara zikomeye".
8 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaIbi ni ibyatangajwe na Bwana TUGANIMANA Charles mu kiganiro yagiranye na Pastor Desiré HABYARIMANA . Charles yamubwiye uburyo yabonye imbaraga z’Imana zikiza, zamukijije Canseri n’ izindi ndwara zikomeye yaramaranye imyaka 19.
Mu magambo ye bwite Charles aragira ati:"Nafashwe n’uburwayi mfite imyaka 16, bwatumye mpinamirana, ndwara ibisebe k’ ubugombambari birambabaza cyane. Nivuje ahashoboka hose biranga. Nivuje i Gatagara nk’imyaka 2 mbonye byanze njya mu kinyarwanda bakanzanira ingwa bacukuye (...) -
Bakiristo mudahagurutse ngo turwanye icyaha cy’ubusambanyi kitwugarije, ntaho twaba tugana.
17 February 2016, by Ernest RutagungiraUbusambanyi ni kimwe mu byaha bifite ubukana ndenga kamere muri iyi minsi, cyane ko usanga cyugarije abantu b’ingeri zose, yaba abahuje ibitsina ,urubyiruko, abapfakazi ndetse n’ abubatse ingo, ikibabaje kandi kurushaho ni uko usanga mu gihe tugezemo ubu busambanyi butakirangwa gusa mu batizera Imana ahubwo bimaze kugaragara ko na bamwe mu bakora imirimo y’Imbere mu nzu y’Imana ( Ba pasitoro, padiri n’abandi ) nabo batangiye kwandura uyu muze w’icyaha, Nyamara twibuke ko ubwinshi bw’aba (...)
-
Tekeli, wapimwe mu bipimo !
2 March 2016, by Kiyange Adda-DarleneTekeri bisobanurwa ngo : « wapimwe mu bipimo, ugaragara ko udashyitse. » (Daniel 5 :27)
Umwami Belushazari yari umwami w’i Baburoni. Yakoresheje ibirori, atumiza ibikombe bakuye mu rusengero i Yerusalemu ngo abe aribyo banywesha inzoga, basenga ibishushanyo bariyanduza cyane. Bakibyina, umwami abona ikiganza kiri kwandika ku rusika ngo : « Mene mene tekeli ufarisini ».
Umwami yagize ubwoba bwinshi, abapfumu ntibabasha kumusobanurira ibyo ari byo, nyuma haza Daniyeli umukozi w’Imana wari yuzuye (...) -
Kurambagizanya kw’abakijijwe (igice cya 1)
23 May 2016, by Pastor Rukundo Octave1. Kumara igihe abitegura kurushinga bakundana cyangwa se ‘’fiançailles’’, n’iki ?
Urebye mu nkoranyamagambo, fiancaille ni igihe kiba hagati yo kwemeranwa kuzashakana no gushakana nyirizina. Fiancé : Bivugwa kumuntu wemeye kuzubakana urugo n’undi, bombi bakabyemeranwaho.
Ubwo busobanuro bubiri burumvikana neza, ni nabwo bwemewe muri Bibiriya(Mariya Yosefu bari abafiance mbere yuko Mariya atwita Yesu kubwo imbaraga z’umwuka Wera. Luka 2:5)
2. Ni kuki hagomba kubaho igihe hagati yo guhana (...) -
Icyampa Imana ikabana nanjye nk’uko yabanaga nabasogokuruza mu kwizera.
16 December 2013, by Alice RugerindindaNabo basubiza Yosuwa bati: “ Ibyo udutegeka byose tuzabikora, n’aho uzadutuma hose tuzajyayo. Nk’uko twumviraga Mose muri byose nawe niko tuzakumvira, icyakora Uwiteka Imana yawe ibane nawe nk’uko yabanaga na Mose. Yosuwa 1: 16-17
Muri Bibiliya Ijambo ry’Imana ho haranditse ngo: “ Tuzakumvira byimazeyo nk’uko twumviraga Musa. Icyaduha gusa ngo Uhoraho Imana yawe azabe ari kumwe nawe nk’uko yari kumwe na Musa” Yosuwa 1:17
Imana ishimwe cyane. Aha, ni igihe Imana yari imaze gutoranya Yosuwa ngo (...) -
“Natandukanye n’umuryango wanjye wahigwaga muri jenoside niyahuza ibiyobyabwenge… Iranzi Patrick
16 April 2014, by Simeon NgezahayoNitwa IRANZI PATRICK, navutse mu w’1989 mvukira i Gitwe mu Ntara y’Amajyepfo. Ubwo habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994, nari ntaramenya ubwenge mpungana na mushiki wanjye aza kunsiga mu rugo kwa Pasiteri w’Itorero ry’Abadventistes b’Umunsi wa Karindwi, akomeza guhunga wenyine.
Navukanye na mushiki wanjye uwo wenyine, Jenoside iba mfite imyaka 2.5 (yari ampetse nari ntaramenya ubwenge). Amaze kunsiga aho narahakuriye, maze kumenya ubwenge nkabona abandi bana bajya ku ishuri, aho kunjyana (...) -
Gukora ikintu kidasanzwe mu gihe kidasanzwe!
11 November 2015, by Pastor Desire Habyarimana“ Aherako abwira Dawidi ati: “ Undushije gukiranuka kuko unyituye ineza ariko njye nkakwitura inabi” 1 Samuel 24:18
Ubusanzwe gukora ikintu cyiza kidasanzwe mu gihe kidasanzwe nibyo nakwita gukiranuka nyako.
Izi nkuru ni iza Sawuli na Dawidi. Bibiliya itubwira ukuntu Sawuli yashatse kwica Dawidi inshuro nyinshi cyane, Uwiteka akajya amurokora. Muri iki gice cya 24, batubwira ukuntu noneho Dawidi yibonye ari hafi ya Sawuli, ashobora kuba yakwihorera akamwica, ariko Dawidi ntiyamwica.
“Dawidi (...)
0 | ... | 320 | 330 | 340 | 350 | 360 | 370 | 380 | 390 | 400 | ... | 1230