INTEGO : UBURYO BWA MBERE BWO GUSHIMA IMANA : KUGARAGAZA AMARANGAMUTIMA UNEJEJWE N’ICYO WAKOREWE N’IMANA
1 Abatesalonike 5:18
Mu bibaho byose muhore mushima kuko aribyo Imana ibashakaho muri Yesu Kristo. Gushima Imana ni ubushake bw’Imana, kandi iyo umuntu adakoze icyo Imana ishaka bimuhindukira icyaha.
Icyaha kandi ni ugukora ikinyuranye n’ibyo Imana ishaka. Gushima Imana mu iteraniro bigira umumaro kandi ni ivugabutumwa kuko byongera kurema ibyiringiro muri benedata.
Hari abanga gushima (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Uburyo bwa mbere bwo gushima Imana : kugaragaza amarangamutima unejejwe n’icyo wakorewe n’Imana. Pasitori GATANAZI Justin
12 September 2015, by Pastor Desire Habyarimana -
Ukwigaragaza kw’ Imana!
29 April 2014, by UbwanditsiMu gitabo cy’ Itangiriro 1:14-19 tuhasoma aya magambo avuga ngo: Imana iravuga iti: Mwisanzure ry’ ijuru habeho ibiva bitandukanye, amanywa n’ ijoro, bibeho kuba ikimenyetso no kwerekana ibihe n’ iminsi n’ imyaka. Bibeho kuvira mw’ isanzure ry’ ijuru, kugira ngo bivire isi, biba bityo. Imana irema ibiva bibiri binini, ikiva kinini cyo gutegeka amanywa n’ igito cyo gutegeka ijoro, irema n’ inyenyeri, Imana ibishira mw’ isanzure ry ‘ ijuru kugira ngo bivire isi kandi bitegeke amanywa n’ ijoro, (...)
-
Ntushobora gusarura ibitandukanye n’ibyo wabibye
28 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaIntumwa Pawulo, muri mu mpuguro ze yahaye Abagalatiya arahuza ibyo kubiba no gusarura nk’ikintu cyashyizweho n’Imana. Aravuga ati ‘’rwose ntimuyobe,’’kuko Imana itanegurizwa izuru, ahubwo ko ibyo umuntu abibye, ajye ategereza n’imbuto zabyo azazibona.- Abagalatiya 6:7
Iri hame rihoraho ibihe byose kandi rirakora pe. Byaba bitumvikana umuntu abibye imbuto runaka agashaka gusarura ubundi ubwoko. Uramutse ubibye ibigori mu murima wawe ntabwo wategereza gusarura ibishyimbo.
Ibyo umuntu abibiye mu (...) -
Ubuhamya: IMANA YACISHIJE AMASEZERANO YANJYE MU MPANO YO GUHIMBAZA - Pastor MUNEZERO Jean Damascene (Igice cya 2)
29 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNasabye undi mukobwa witwa NIBAGWIRE Olive wo mu Bukomane bwa Nyakayaga ho muri Gatsibo, dutera igikumwe. Jenoside ibaye mu Rwanda mu w’1994 interahamwe zijya kwa databukwe bose zirabica zirabamara, fiancé wanjye aba arapfuye bintera ikindi gikomere ariko Imana irambwira ngo izandinda. Igihe Imana yabimbwiraga narayibwiye nti “Abantu banjye bapfuye, abo nayoboraga bapfuye, na fiancé wanjye bamwishe.” Imana ikomeza kumbwira ngo izabana nanjye.
Imana yaje gukora ikindi gitangaza kubera ibyo (...) -
Gusuzugura ikigeragezo ukakimaramo imbaraga , niko kukinesha!
4 May 2016, by Alice Rugerindinda“Mbese uwo mufilisitiya utakebwe usuzugura ingabo z’Imana ihoraho ni muntu ki ? 1 Samuel 17:26. Who is this pagan Philistine anyway, that he is allowed to defy the armies of the living God?
Uyu mufilisitiya utakebwe uvugwa hano ni Goliyati . Igihe kimwe yazengereje abisirayeri, bariheba pe, bagera kure, bamurebaga igihagararo, bakamureba intambuko, ubwishongozi, iterabwoba rye n’ibitutsi bye, bakabona nta buhungiro buhari. Ariko gutabarwa kwacu kuva ku Uwiteka waremye ijuru nisi. Imana (...) -
Ibyo turebesha amaso sibyo kuri
16 March 2016, by Pastor Desire Habyarimana" Kuko tudakirana n’abafite amaraso n’umubiri, ahubwo dukirana n’abatware n’abafite ubushobozi n’abategeka iyi si y’umwijima n’imyuka mibi y’ahantu ho mu ijuru " (Abefeso 6,12).
Umwanditsi w’umuhanga w’Umugiriki witwa Plato yanditse inkuru yitwa " Imfungwa zo mu buvumo" (Le myithe de la Caverne). Muri iyo nkuru avuga mo abantu bari bafungiye mu buvumo, bateye umugongo umuryango w’ubuvumo kandi badashobora guhindukira.
Iyo izuba ryavaga, babonaga igicucu cy’ibintu byose byacaga imbere y’ubuvumo (...) -
Mfite ibihamya by’ineza ya Yesu
3 August 2015, by Innocent KubwimanaIyi nyigisho ikubiye mu buhamya bw’umudamu utarashatse gutangaza amazina ye ariko ntibitubuza kumva icyo Imana itubwirira muri bwo, uko bisa kose birahamya na none ukuntu Imana ari iyo kwizerwa mu byo ikora byose. Reka tubukurikire:
Ndumva nuzuwe no gushimira Umwami wanjye Yesu Kristo kubera ukuntu yambereye uwo kwizerwa mu buzima bwanjye. Buri munsi ngenda mbona ubuntu Imana ingirira mu buzima bwanjye ndetse n’umuryango wanjye.
Nubwo byose byaba bitagenda nk’uko mba nabitekereje ariko mu (...) -
Ubutumwa bwo gushimira bw’Agakiza Family.
31 December 2013, by Pastor Desire HabyarimanaNcuti mukunzi w’urubuga rw’ivugabutumwa www.agakiza.org , Mu rwego rwo gusoza uyu mwaka w’2013, Agakiza Family yakugeneye ubutumwa bwo kugushimira ubufatanye watugaragarije muri uyu mwaka wose umaranye natwe. Twizera ko Imana yubatse ubugingo bwawe binyuze ku rubuga www.agakiza.org. Mu izina ry’Agakiza Family, nyemerera na none mbonereho kukwifuriza umwaka mushya muhire w’2014.
Agakiza.org ni urubuga rw’ivugabutumwa, rufite intego yo kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Kristo ku bari hafi no ku bari (...) -
Ingaruka yo mu mwuka iterwa no kwihuta no kwihugiraho mu buzima – Frank Powell
2 October 2015, by Simeon NgezahayoUmuvuduko wacu ntugira urugero, ndetse turamutse tuwugereranije n’uwa Yesu twasanga nta byisnhi duhuriyeho. Yesu ntiyigeze yihuta. Ntiyigeze yirukanswa n’ibya hano mu isi. Ntiyigeze aterwa ubwoba n’ubuzima, n’ubwo yari afite intego ngari cyane agomba kugeraho mu gihe gito cyane.
Yesu ntiyigeze yihuta kuko yagenderaga ku muvuduko w’Imana. Ubwo rero urabona yuko kwihuta atari umuvuduko uva ku Mana, ahubwo ni umuvuduko w’isi, ndetse ni umuvuduko wa Satani. Inzobere mu by’ubuzima bwo mu mutwe Carl (...) -
Ikitanyeganyeje umutima wawe n’uw’Imana ntikiwunyeganyeza
30 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaSinatamba igitambo cyoswa ntagitanzeho ibyanjye- 1 Ngoma 21:24
Abantu benshi bakorera Imana. Ibi ni byiza ariko iyo urebye hari ijambo dukwiye gusobanukirwa cyane, ni uko imigisha yose Imana yayikubiye mu gutanga kuko gutanga bizana umugisha kuruta guhabwa, abantu bakunda guhabwa ariko gutanga biragoye ariko Imana yaduhaye urugero aho yatanze umwana wayo imufite ari umwe(Yohana 3:16).
Mbere y’uko utanga ibyawe ngo ufashe abakene, utere inkunga umurimo w’ Imana, Imana irashaka ko ari wowe (...)
0 | ... | 250 | 260 | 270 | 280 | 290 | 300 | 310 | 320 | 330 | ... | 1230