Intego: GUKORA NEZA UMURIMO W’UMWAMI NO KURANGIZA NEZA TUBIGIRE INTEGO
2Tim.1:11-14 Ubwo butumwa ni bwo nashyiriweho kuba umubwiriza wabwo, n’intumwa n’umwigisha w’abanyamahanga.
Ni cyo gituma mbabazwa ntya nyamara singira isoni, kuko nzi uwo nizeye uwo ari we, kandi nzi neza yuko abasha kurinda ikibitsanyo namubikije kugeza kuri urya munsi. Ujye ukomeza icyitegererezo cy’amagambo mazima wanyumvanye, ugikomeresha kwizera n’urukundo rubonerwa muri Kristo Yesu. Ikibitsanyo cyiza wabikijwe, (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
GUKORA NEZA UMURIMO W’UMWAMI NO KURANGIZA NEZA TUBIGIRE INTEGO
19 July 2016, by Pastor Desire Habyarimana -
Intwari iboneka ruremye! - Emmanuel Diafwila
19 April 2013, by Isabelle GahongayireIntwari zose dusanga muri Bibiliya zahanganye n’ibiteye ubwoba. Dutekereze iyo Dawidi aza kuba ari igihangange, hanyuma Goliyati akaba yari umuntu usanzwe. Iyo nkuru ntabwo yari kuba idasanzwe. Yari no kuba yakwandikwa mu nteruro imwe ivuga ngo «Ni uko Dawidi yegera Goliyati aramwica.»
Ariko ntabwo ariko byari biri, ahubwo Dawidi yari agasore gato ku buryo uwamurebaga imbere ya Goliyati yahitaga abona ko agiye gupfa. Imana yitoraniriza abantu basanzwe ikabaha gukora ibidasanzwe. Mu gitabo (...) -
Pasteur Kazura Jules akomeje umurimo mu cyaro cya Senegal hamwe no mu magereza yaho
14 October 2013, by Pastor Kazura JulesKuri iki cyumweru kuya 06/10/2013, mu rwego rw’ivugabutumwa turi kumwe n’abamisiyoneri bakomoka mu gihugu cya Paragwa, aho ni muri Amerika y’amajyepfo, yewe sinari nziko iyo naho batangiye kohereza intumwa z’Imana guhindura abari mu mahanga yose kuba intumwa za Kirisitu kandi icyantangaje nuko nasanze ari abakobwa bagera kuri batatu, mu gihe benshi bibwira ko iyo ari imihamagaro y’abahungu cyangwa abubatse naho abakobwa bo bagomba gukizwa ahasigaye bakaba bagomba gusengera kubona abagabo (...)
-
Wari uzi aho imigisha yawe ihishe? Pasteur Desire Habyarimana
24 November 2013, by Pastor Desire Habyarimana“Ariko kugira ngo tutababera igisitaza, jya ku nyanja ujugunyemo ururobo, ifi uri bubaze gufata uyende, uyasamure urasangamo sitateri uyijyane uyibahe ku bwanjye no ku bwawe” (Matayo 17:27).
Biragaragara ko Petero yari mu kibazo cyo kubura umusoro ariko kuko Yesu atabura uko abigenza amwereka uko akivamo umusoro ukaboneka.
Birashoboka ko nawe Yesu hari ibibazo yagukuyemo bikomeye ntiwari kuhikura iyo atagutabara. Yesu sinzi imigisha yaguhaye uko ingana ariko nagirango nkwibutse ko ibyo (...) -
“Imana yankijije ibisazi ndiga ndangiza Kaminuza none ubu nkora n’akazi.”
19 August 2013, by UbwanditsiAya ni amagambo akubiye mubuhamya bwa Mutabaruka JeanNepo.Mutabaruka avuga ko yavukiye mu muryango w’abantu badakijijwe ariko we akaba yarakuze atinya icyaha nkuko we abyitangariza. Mutabaruka ati: “Ndibuka ko mfite imyaka 4 iyo najyaga gukora ikintu ntekereza ko ari icyaha narabanza nkabaza abo tuvukana ko ari bibi babimbuza nkabireka.” Mutabaruka akomeza avuga ko Genocide yakorewe abatutsi mu mwaka wa1994yatumye atatana n’abavandimwe be. Mutabaruka avuga ko yahunganye na Nyirarume (...)
-
Erega ntibikwiriye ko umugaragu w’Umwami wacu aba umunyamahane!
15 February 2016, by Alice Rugerindinda“ Ariko umugaragu w’Umwami wacu ntakwiriye kuba umunyamahane, ahubwo akwiriye kugira neza kuri bose agakunda kwigisha akihangana, agahanisha ubugwaneza abamugisha impaka ngo ahari nibishoboka, Imana ibahe kwihana ngo bamenye ukuri, basinduke bave mu mutego wa satani wabafashe mpiri, babone gukora ibyo Imana ishaka” 2 tim 2:24-26
Buriya naratangaye aya magambo nyasanze muri bibiliya “ umunyamahane”!!! Hari abantu bitwa abanyamahane cyagwa se baba abanyamahane abantu bakaba babibaziho ndetse nabo (...) -
Ukuboko kw’ Imana kuracyakora ibitangaza.
26 March 2016, by Kiyange Adda-DarleneDore ukuboko k’Uwiteka ntikwaheze ngo ananirwe gukiza, n’ugutwi kwe ntikwapfuye ngo ananirwe kwumva. Ahubwo gukiranirwa kwanyu niko kwabatandukanije n’ Imana yanyu, n’ibyaha byanyu nibyo biyitera kubima amaso ikanga no kwumva (Yesaya 59 : 1-2)
Imana yacu ,Uwiteka, ni umutabazi ni umufasha utabura kuboneka mu byago no mu makuba. Uwiteka akunda abantu be, ni umurengezi kandi ni Umunyembabazi. Bibiriya iratubwira ngo iyaba ubwoko bwanjye bunyumvira, iyaba abisirayeri babaga mu nzira zanjye (...) -
Bamubajije icyatuma acogora akamera nk’abandi!
9 May 2016, by Alice RugerindindaSamusoni aramusubiza ati : “ Bambohesha isuri mbisi ndwi zitaruma, nacogora nkamera nk’abandi” Abacamanza 16:7
Mu bisanzwe, nta muntu numwe wifuza gucogora, gucika intege, gusubira inyuma, ahubwo iteka umuntu ahora yifuza kujya imbere haba mu by’Imana ndetse no mu buzima busanzwe.
Samusoni we yabajijwe ikibazo kidasanzwe : ngo ni iki bamukorera ngo acogore amere nk’abandi, kandi yaragishubije!!!! “Ariko kuko yamushimikiriye iyo minsi yose akamubaza amuhata, amurembeje nkuwenda gupfa, nuko (...) -
Ese hari agaciro Bibiliya iha abakuze ?
25 February 2014, by Pastor Desire HabyarimanaUmusaza ni umuntu wese ufite imyaka myinshi, ariko cyane cyane iyo havuzwe umusaza abantu bumva umuntu ufite imyaka iri hejuru ya 50 y’amavuko kuzamura.
Abantu bafite iyi myaka, bitewe n’uburyo baba barabayeho, bahabwa agaciro karuta ak’abandi ariko cyane cyane gatewe n’ibitekerezo bibaranga ndetse n’uburyo babona ibintu mu buryo bwisumbuye kuruta abantu bakiri bato.
Ese Bibiliya ibafata gute ?
Imana iha agaciro gakomeye abasaza aho Bibiliya igira iti : “Ujye uhagurukira umeze imvi, (...) -
Nesha imbaraga z’amarangamutima, ubone gufata imyanzuro.
9 January 2014, by Ernest RutagungiraKimwe mu biranga amarangamutima ya muntu, harimo kwishima, kurakara ndetse no kubabara bitewe n’impamvu zitandukanye, gusa mu gihe imbaraga z’amarangamutima zamaze kurenga ubushobozi bwo kuyagenzura, bikunze gukururira nyirabyo akaga cyane cyane mu byemezo n’imyanzuro afata, akaba ariyo mpamvu bibiriya itugira inama zitandukanye kugirango hato tudafata imyanzuro ihubukiwe bikazadutera kwicuza.
Umwami Dawidi dusoma muri Bibiliya, yabaye intwari cyane, by’umwihariko mugihe atari yakabaye umwami (...)
0 | ... | 240 | 250 | 260 | 270 | 280 | 290 | 300 | 310 | 320 | ... | 1230