But as for me, how good it is to be near God! “ Ariko jyeweho kwegera Imana niko kwiza kuri jye, Umwami Uwiteka niwe ngize ubuhungiro” Zaburi 73:28
Ikinyuranyo cyo kwegera Imana ni Ukuyihunga. Hari abantu Bibiliya ijya itubwira bagerageje guhunga Imana ,cyangwa kuyihisha, cyangwa kuyijya kure, ariko basanga ntaho umuntu yayihungira, ntaho yayihisha. Uyu mwanditsi we nyuma yo kuzengurutsa ibitekerezo byeeee ngo asanga icyiza aruko yakwegera Imana.
Yabanje kugira igihe abona ko abantu (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Ariko jyeweho kwegera Imana niko kwiza kuri jye!
16 May 2016, by Alice Rugerindinda -
Amabanga ahindura umuntu kuba uwo kwifuzwa
2 August 2013, by UbwanditsiAMABANGA AHINDURA UMUNTU KUBA UWO KWIFUZWA (Secrets that transform you to become a social man)
Ijambo ry’Imana rivuga cyane ku birebana n’imibereho y’abantu n’imibanire yabo. Iyo ugerageza buri gihe kugenzura ibirebana n’ubushake bw’Imana, ubirebera mu gitabo cy’Itangiriro mu gice cyaho cya 2:7-22), aho herekana igihe Imana yaremaga umuntu, Bibiliya itubwirako Imana yitegereje umugabo ibona atari byiza ko yaba wenyine nuko iherako imuremera umufasha umukwiriye, nyuma yaho babona urubyaro nuko (...) -
Ubucakara mw’izina ry’imyizerere (TARIBE)
12 December 2012, by Pastor Kazura JulesAba Taribe ukuri guteye agahinda muri Senegali
Ntushobora kuba muri Senegali ugenda n’amaguru mu mujyi, aho abantu bateranira, hafi ya za station za essence, hafi y’amaduka, za hoteri, aho bategera imodoka, ngo ubure guhura n’umutalibe.
Nimvuga aba Taribe ntihagire uwumva abataribani kuko biratandukanye cyane.
Abataribe ni abana bafite hagati y’imyaka 5 kugeza kuri 15, basabiriza ku mihanda, mu ntoki bafite ibikombe by’ibyuma bikuweho imifuniko; ibya plastique cyangwa utudobo duto.
Abo (...) -
Ibikomeza umubano mwiza w’ abashakanye (igice 2).
9 October 2015, by Pastor Desire Habyarimana5. Gucungira hamwe umutungo w’ urugo n’ ikoreshwa ryawo.
Umutungo ubereyeho gutanga uburyo bwo gufasha umuryango gutera imbere no kugera ku cyo ugamije. Ibyo bishoboka iyo abashakanye bawucungira hamwe mu bwumvikane. Iyo uwo mutungo ubaye ukoreshwa mu kugaragaza ubushobozi bw’ umwe mu bashakanye, uhinduka nk’ igikoresho cyo gukandamiza mugenzi wawe, bityo umutungo ukaba wabasenyera.
Hari igihe ukorera amafaranga yumva ari aye, akayacunga uko abyumva. Icyo gihe udakorera amafaranga asa (...) -
Yesu akwiye kutwiyereke ukundi gushya. Pastor Desire
30 January 2016, by Pastor Desire HabyarimanaYohana 21 :1-9 Yesu yiyereka abigishwa ku Nyanja yitwa Tiberiya.
Theme: Yesu atwiyereke ukundi gushya.
Igihe Yesu yaratoranyaga abigisha yaraye asenga ijoro ryose, ntakwibeshya na kumwe kwabayeho mubo yahamagaye bose kuko na Yuda burya yari afite impamvu nawe agiye mu bandi:kwari ukuzamugurisha akaba ikiraro tugacungurwa. Ku bakunda Imana, byose bifataniriza hamwe kutuzanira ibyiza. Abaroma 8:28 niyo mpamvu dushima umusalaba kandi wari uwo kubambaho ibivume : kuri twe ni ibyirato byacu (...) -
Yazutse nyuma yo kujugumywa ku magufa y’uwapfuye mbere ye umwaka wose.
25 January 2016, by Ernest RutagungiraBukeye Elisa arapfa baramuhamba. Undi mwaka utashye ,ibitero by’abamowabu bitera icyo gihugu , bucyeye hariho abajya guhamba umuntu, barabukwa igitero kimwe ,bajugunya uwo mupfu mu gituro cya Elisa. Nuko intumbi igwiriye amagufwa ya Elisa, ako kanya uwo muntu arazuka , arabaduka arahagarara ( 2 abami 13:20-21) Umuntu w’Imana Elisa bibiliya imuvugaho kuba yaritanze cyane mu murimo w’Imana, ndetse Imana nayo ikabimukundira ndetse ikamuha n’impano zirimo gukora ibitangaza byinshi cyane, nko (...)
-
Ibintu bitandatu umushumba agomba kuba byo! (Igice cya 4)
16 December 2012, by Pastor Desire HabyarimanaUmushumba agomba kugira ubwenge bwo kwigisha 1Timoteyo 3:2
Nk’ uko byavuzwe mu ijambo ry’ ibanze, kubwiriza no kwigisha n’ ibice bibiri by’ umurimo w’ Imana umwe. Umubwiriza ni umwigisha. Tubasha kwigisha gusa ibyo twize. Kubw’ ibyo, umubwiriza agomba guhora ari umunyeshuri w’ Ijambo ry’ Imana. Mu buryo bumwe, twavuga ko ababwiriza batajya barangiza kwiga.
Ibuka: Kwigisha bisaba byinshi birenze kuba ufite ubwenge. Kugirango ube umwigisha mwiza, ugomba kuba uri umuntu mwiza. 1 Timoteyo 2:24-25 (...) -
Imwe mu mikorere ya Anti-Kristo mu gihe cya none
24 September 2015, by Innocent KubwimanaAnti-kristo cyangwa se anti-christ mu cyongereza, ni amagambo abiri afatanye; Anti: bisobanura kurwanya, na Christ: bisobanura Kristo; muri make antikristo bisobanura: urwanya Kristo.
Urwanya Kristo rero nta wundi ni satani. Nk’uko Imana ari Umwuka, antikristo nawe ni umwuka ntushobora kumurebesha amaso y’umubiri. Nk’uko n’Imana udashobora kuyirebesha amaso y’umubiri, kandi nk’uko udashobora kubona ingabo z’Imana arizo bamarayika n’amaso y’umubiri, ni na ko n’ingabo za satani (antikristo) ari zo (...) -
Sohora Ijambo, Maze Uzanishe Impinduka! Pasitori Anita
22 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaArababwira ati “Nimujugunye urushundura iburyo bw’ubwato, murafata.” Nuko barajugunya ntibaba bakibasha kurukurura, kuko ifi zari nyinshi (Yohana 21:6).
Igihe kimwe, nyuma yo kuzuka kwe Umwami Yesu yabonekeye abigishwa be bavuye kuroba, ariko bacyuye ubusa. Abigishwa bari bakoze ijoro ryose mu nyanja ariko ntibagira icyo bafata. Yesu ababonekeye mu gitondo, ababaza niba bagize icyo bafata, bamusubiza ko ntacyo. Nuko Yesu arababwira ati “Nimujugunye urushundura iburyo bw’ubwato, murafata.” (...) -
Icyo Imana inshakaho ni iki? - Michel Roux
12 June 2013, by Simeon NgezahayoIki ni ikibazo gikomeye. Gushakashaka uko wamenya ibyo Imana ishaka kugira ngo ube ari byo ukora, ni uguhora witondera ubuziama Imana iguha kubaho.
Duhora twibeshya ku mpamvu Imana yivanga mu buzima bwa muntu ikoresheje ijambo ryayo, mu buzima busanzwe.
kwibaza ku Mana cyane, no ku byanditswe byera, n’ibitekerezo bishingiye kuri tewolojiya nta cyo bimarira umuntu kuko bitabasha guhindura imyitwarire y’umwizera n’imiterere ye. Ijambo ry’Imana ritabayeho, tewolojiya yahinduka inyuguti zipfuye. (...)
0 | ... | 140 | 150 | 160 | 170 | 180 | 190 | 200 | 210 | 220 | ... | 1230