Kwihana bivuga guhindura imyumvire, ugahinduka uko wari usanzwe wumva ibintu, ukababazwa n’ibyaha wakoze, ukabyicuza by’ukuri kuko byahungabanyije umubano wawe n’Imana, ukiyemeza kugorora ubusabane wari ufitanye nayo. (Zaburi 51).
Intumwa Paul yaranditswe ati :” None ndishimye, cyakora sinshimishijwe n’uko mwagize agahinda kabateye kwihana, kuko mwagize agahinda ko mu buryo gatera kwihana kuticuzwa, nako kukazana agakiza, ariko agahinda ko mu buryo bw’isi gatera urupfu.” (2 Korinto 7,9-10) (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
“Kwihana nirwo rufunguzo rw’ubwami bw’Imana naho imbabazi zikaba arirwo rugi.
22 September 2015, by Pastor Desire Habyarimana -
Ukwiye kwiga kubaho Ubuzima buzira Umwenda
27 September 2015, by Pastor Desire HabyarimanaNtugafate ibyemezo bishingiye ku bwoba
Imikorere y’Imana mu by’ubukungu ntabwo ihwanye n’iy’isi. Uko byagenda kwose,ntabwo tugomba kugira ubwoba kuko Imana iradukunda. 1 Yohana 4:18 hatubwira ngo, Mu rukundo ntiharimo ubwoba...
Urukundo rw’Imana ni rwo rufatiro-ngiro rw’ubuzima bwacu kandi ntabwo ruzanyeganyezwa na gato n’uko ibibazo byaturenze. Dukomeze kwizera ko ibitubaho byose Imana ishaka kudutabara kandi byatuma ireka ibyo yakoraga kugirango imanukire kudukemurira ibibazo byacu bya buri (...) -
Imana ntiyakugerageza ibiruta ibyo washobora
24 June 2013, by Alice Rugerindinda“ Nta kigeragezo kibasha kubageraho kitari urusange mu bantu, kandi Imana ni iyo kwizerwa kuko itazabakundira kugeragezwa ibiruta ibyo mushobora, ahubwo hamwe n’ikibagerageza izabacira akanzu , kugirango mubone uko mubasha kucyihanganira”.1 Abakorinto 10:13
Imana ishimwe cyane. Murino minsi waba urimo kugeragezwa n’iki! Urarwaye, Urarwaje, Urashonje, wambaye ubusa, urushako rurakuruhije? Nta kazi ufite…… ibibazo ni byinshi, ariko niba nta ruhare ubifitemo , tuza utegereze Imana.
Igishimishije (...) -
Ntugashingure imbago za kera, izo ba sogokuru bashinze. Pastor Desire
7 August 2015, by Pastor Desire Habyarimana“Ntugashingure imbago za kera, izo ba sogokuru bashinze”- Imigani 22: 28
Iyo dusomye iri jambo, dusanga umwanditsi yarakoresheje imvugo agereranya cyane ko ari igitabo cy’ imigani ariko hano imbago zisobanuye amategeko; Yesu yavuze ko ataje gukuraho amategeko ahubwo yaje kuyasohoza kuko muri we ariho byose byuzurira. Muri Matayo 5:17-47 havuga ngo kuko amategeko ya Mose yavugaga ngo ntukice ariko nuwanga mwene se aba ari umwicanyi; Aya mose yaravugaga ngo ntugasambane ariko Yesu aravuga ngo (...) -
Ibihe bishyikira buri wese mu buzima n’icyo usabwa muri buri kimwe
23 September 2015, by Innocent KubwimanaIbihe bigize ubuzima bw’umuntu ushatse wabihuza n’ibigize umunsi nk’igice kimwe cy’ibihe. Ubundi umunsi ugira ibihe wakwita ko ari bitatu aribyo igitondo, sa sita (ku manywa) ndetse n’umugoroba (ijoro).
Ugenekereje wasanga ibi bihe byose uko ari bitatu umuntu abinyuramo mu gihe amara ku isi. Ubuzima bw’umuntu bugira igihe wakwita ko ari mu gitondo akiri muto dufate urugero nko kuva ku myaka 0 kugeza kuri 30. Ibi ariko byaterwa n’icyizere cy’ubuzima bw’aho uri.
Iki gihe umuntu aba akiri muto, (...) -
Amategeko y’ Imana ni 2, ukunde Imana, ukunde mugenzi wawe. Past. Desire Habyarimana
23 January 2014, by Pastor Desire Habyarimana1 Yohana 4:7-8 Bakundwa, dukundane kuko urukundo ruva ku Mana. Umuntu wese ukunda yabyawe n’Imana kandi azi Imana. Udakundana ntazi Imana kuko Imana ari urukundo.
Bibiliya yose igizwe n’urukundo gusa. None ijambo ry’Imana riturarikiye gukundana urukundo Bibiliya idusaba kugira. Nk’uko turusanga mu 1Abakorinto 13:4-7, «Urukundo rurihangana rukagira neza, urukundo ntirugira ishyari, urukundo ntirwirarira, ntirwihimbaza, ntirukora ibiteye isoni, ntirushaka ibyarwo, ntiruhutiraho, ntirutekereza (...) -
Wirinde ntuzabe nka muka Loti! Kiyange Adda- Darlene
27 March 2014, by Kiyange Adda-DarleneBamaze kubakuramo, umwe muri bo aravuga ati “Hunga udapfa. Nturebe inyuma kandi ntutinde utararangiza iki kibaya, hungira ku musozi utarimbuka.”Ariko muka Loti arakebuka, areba inyuma amukurikiye, ahinduka inkingi y’umunyu . (Itangiriro 19 : 17,26)
Aya ni amakuru y’umugabo witwaga Loti uwo Aburahamu yari abereye se wabo. Igihe yatandukanaga na Aburahamu yahisemo gutura mu kibaya cyitwaga Sodomu. Aho hari hatuye abantu babi cyane batubahaga Imana ndetse bakoraga ibyaha by’ubutinganyi mu buryo (...) -
Nyuma y’iminsi 4 ndi gutemberezwa mu ijuru nongeye kugarurwa mu mubiri (igice cya 2)
17 December 2012, by UbwanditsiUBUHAMYA BWA MAMA DOMITHILA NABIBONE (IBIKURIKIRA)
NABONYE AHO ABAPFIRA MU BYAHA BATARIZERA BAJYA
Mbona bankuye muri uwo murwa, barambwira ngo wabonye aho abantu b’Imana baba, wabonye n’aho nyuma y’ubu bazaba, reka noneho tujyende tukwereke abapfira mu byaha batarizera Yesu Kristo aho bajya.
Ni agahinda bantu b’Imana. Mbona banjyanye ahantu, aho hantu hari inyanja nini,iyo nyanja yasaga n’amaraso abantu bari bayuzuyemo bari ibihumbi, harimo ibintu bisa n’ibisimba by’ibinyabwoya,kandi (...) -
Shyira Ibitekerezo Byawe ku Murongo w’Ijambo
17 December 2015, by Pastor Desire HabyarimanaIbisigaye bene Data, iby’ukuri byose, ibyo kubahwa byose, ibyo gukiranuka byose, ibiboneye byose, iby’igikundiro byose n’ibishimwa byose, nihaba hariho ingeso nziza kandi hakabaho ishimwe abe ari byo mwibwira (Abafilipi 4:8).
Niba ushaka kuba mu butsinzi budashira, kujya mbere no gutunganirwa mu buzima, ibitekerezo byawe bigomba kuba ku murongo w’Ijambo ry’Imana. Ijambo ry’Imana rifite ubushobozi bwo kubyara muri wowe, no kukubyarira icyo rivuga. Iyo utekereza ku Ijambo nk’uko umurongo wacu (...) -
Yesu Kristo twongerere kwizera! MUKAMANA Verdiane
26 December 2015, by Pastor Desire HabyarimanaMaze intumwa zibwira Umwami Yesu ziti ‘Twongerere kwizera’ Umwami ati ‘Mwagira Kwizera kungana n’akabuto ka sinapi,mwabwira uyu mukuyu muti Randuka uterwe mu Nyanja, na wo wabumvira’. Luka17:5-6
Mu gihe abigishwa baYesu bamaranye na we bibonyemo intege nke zo kutizera uko bikwiriye, ikigero bari bariho ntabwo cyari gihagije mu Kwizera kuko muri iri jambo bakoresheje ijambo TWONGERERE bishatse kuvuga ko bitari uguhera ku busa hari icyo bari bafite ariko kidahagije. Iyo usomye neza usanga rubanda (...)
0 | ... | 90 | 100 | 110 | 120 | 130 | 140 | 150 | 160 | 170 | ... | 1230