« Sigara aha » 2 Abami 2:1-11
Gukizwa ni ugutera intambwe kuko tuva mu bwiza tujya mu bundi. Iyo ukijijwe ntutere intambwe buri gihe ugana imbere, biba ari ikibazo kuko ni nko kubyara umwana ntakure. Uri umubyeyi wababara cyane ari nta cyo utakoze ngo akure, ariko bikanga. Nkeka ko ariko Imana ibireba iyo ibona umwana wayo amara umwaka yumva ijambo ry’Imana ariko ntakure ngo atere intambwe, areke ibyaha byamuneshaga kera atarakizwa.
Mu buzima bwa Gikristo duhura na byinshi bitubwira ngo (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Gukizwa ni ugutera intambwe! Pastor Desire Habyarimana
16 December 2013, by Pastor Desire Habyarimana -
Ijambo ry’Imana : Umuragwa ni muntu ki ?
15 October 2012, by Pastor Desire Habyarimana“Umuragwa iyo akiri umwana ntagira icyo atandukaniraho n’imbata n’ubwo yaba ari nyir’ibintu ategekwa n’abamurera n’ibisonga kugeza igihe cyategetswe na se…Nicyo gituma utakiri imbata ahubwo uri Umwana , umuragwa ubihawe n’Imana” (Abagaratiya 4:1-7)
Uragwa avuka ari we ariko ntiyategeka cyangwa ngo ahabwe ibyasezeranijwe, agomba kubanza kurerwa akigishwa uko azabitegeka . Ese atorezwa iki ? Ibyo azategeka ni ibihe ?
Natwe dufite ibyasezeranijwe :
Kuzura umwuka Wera : Ubwo Intumwa zuzuraga zabwiye (...) -
Dukwiye guhinduka rwose!
9 May 2016, by Innocent KubwimanaNuko benedata, ndabinginga kubw’imbabazi z’Imana ngo mutange imibiri yanyu ibe ibitambo bizima byera bishimwa n’Imana, ari ko kuyikorera kwanyu gukwiriye. Kandi ntimwishushanye n’ab’iki gihe ahubwo muhinduke rwose mugize imitima mishya, kugira ngo mumenye neza ibyo Imana ishaka, ari byo byiza bishimwa kandi bitunganye rwose. Abaroma 12:1-2
Aya magambo ni Paulo wayandikiye abaroma kubera ko yashakaga ko bareka imigenzo yabo no kuyikomeraho ashaka kubereka inzira Imana ishaka ko banyuramo. Muri (...) -
Ese uri mu Itorero rya Kristo cyangwa usengera mu idini gusa? Pastor Desire
8 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaItorero ry’ ukuri ni ryo rigaragaza ubwami bw’ Imana muri iki gihe. Nk’ uko Peter Beyerhaus yavuze: “Itorero ni umuryango w’ abacunguwe, kandi ni umuryango ucungura” Itorero ni intumwa y’ Imana mu isi umuhuza Imana inyuramo ngo yo ubwayo yigaragarize isi. Imana nta wundi muryango ifite uyihagarariye mu isi wo gucungura.
Itorero ribyarwa no kubwiriza ubutumwa. Abantu bumva ubutumwa bwa Kristo bubwirizwa, bubahamagara ngo bave mu byaha byabo maze bizere Kristo we mucunguzi wabo umwe rukumbi(Abaroma (...) -
Nsaba icyo ushaka cyose, ndakigukorera ntaratandukanywa nawe! Pasteur Desire Habyarimana
7 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNsaba icyo ushaka cyose, ndakigukorera ntaratandukanywa nawe! (2 Abami 2:9a)
Ubundi Umukristo wese aba yemerewe gusaba icyo ashaka nk’umwana murugo kwa Data. Wahita umbaza uti “Kuki ibyo nsaba byose ntahita mbihabwa kandi nkijijwe?”
1. Yakobo yaravuze ati “Murasaba ntimuhabwe, kuko musaba nabi kugira ngo mubyayishe irari ryanyu ribi.” Iyo Imana irebye igasanga ibyo usabye nta cyo bizamara mu bwami bwayo uri umwana wayo, ishobora kuba ibikwimye kuko yanga ibyagusubiza inyuma. Urugero: None (...) -
Tumenye bimwe mu bimenyetso byadufasha gusobanukirwa Umwuka Wera
31 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaTumenye bimwe mu bimenyetso byadufasha gusobanukirwa Umwuka Wera
Iyo usomye ijambo ry’Imana hari bimwe mu byo dusangamo bishushanya Umwuka wera, akenshi byitwa ibimenyetso kubera imiterere n’ imirimo y’ Umwuka Wera mu gihe runaka, Nyamara n’ubwo hari abajya babyifashisha no muri iki gihe ntago kuri ubu bisobanuye ko iyo ubi fite uba ufite umwuka wera , ahubwo ni ibishushanyo by’ Umwuka wera. Ntabwo bikwiriye kugirwa ishingiro ry’ imihango y’amadini,ahubwo ni ibigereranyo cyangwa imfasha nyigisho (...) -
Twahawe umwana w’umuhungu Ev. Kiyange Adda- Darlene
17 December 2015, by Kiyange Adda-DarleneYesaya 9:5a, “Nuko umwana yatuvukiye duhawe umwana w’umuhungu, ubutware buzaba ku bitugu bye.”
Imana imaze kurema umuntu, yaramwihanangirije ku giti cyari giteye mu ngobyi ya Edeni (Itangiriro 2:8) iramubwira iti: nguhaye ibiri mw’isi byose ubitegeke ariko kiriya giti cyo ntuzigere urya imbuto zacyo. Nuzirya, no gupfa uzapfa.(Itangiriro 2:17) Hashize igihe bibiriya itagaragaza, umuntu (Eva) yaragiye yihereranwa na satani amuha inyigisho. Ati harya ngo muriyeho mwapfa ra? Umuntu ati cyane niko (...) -
Bimwe mu bigize isengesho ryubakitse
1 September 2015, by Innocent Kubwimana‘’Gusenga k’umukiranutsi kugira umumaro iyo asenganye umwete.’’ Yakobo 5:16(b) Bimeze nk’ibigoye kumenya neza isengesho rigira umumaro cyangwa se ribasha gufasha urisenga. Ntabwo ryarangwa n’uko umuntu afite icyifuzo kiremereye cyangwa se kiza, byonyine ntibihagije, kuko ibyifuzo n’amasengesho biratandukanye.
Hari isengesho rigira umumaro, Yakobo yandika we yahise asobanura ari irya nde? Yaravuze ngo gusenga k’umuntu ukiranuka kugira umumaro, gusa nawe bimusaba gusengana umwete.
Reka wenda turebe (...) -
Nowa yatunganaga rwose mu gihe cye !
16 January 2016, by Alice Rugerindinda“Nowa yari umukiranutsi, yatunganaga rwose mu gihe cye, Nowa yagendanaga n’Imana”. Itangiriro 6: 6. Aya magambo aratangaje cyane bitewe n’igihe Nowa yari arimo. Ku mutwe w’icyo gice haranditse ngo “ Abantu bahinduka babi cyane” .Cyari igihe cy’ubuhenebere nkuko tubisanga mu itangiriro 6: 5 -8
“Kandi Uwiteka abona ko ingeso z’abantu zari mbi cyane mu isi, kandi ko kwibwira kose imitima yabo itekereza ari kubi gusa iteka ryose. Uwiteka yicuza yuko yaremye abantu bo mu isi, bimutera agahinda mu mutima. (...) -
Ibidutegereza hakurya y’inyanja - Jellil Do Rego
27 March 2013, by Isabelle GahongayireMu bigeragezo byinshi abantu bakunze kunyuramo, akenshi biremamo ibyiringiro ko nyuma y’ibyo bigeragezo bazaruhuka bakabona ibihe byiza, nk’uko imigani imwe ivuga ko nyuma y’imvura haza ibihe byiza, kandi ko n’ubwo ijoro ryaba rirerire, bugomba gucya. Ibyo bibazo binyuranye abantu banyuramo ni byo umwanditsi yagereranyije n’inyanja.
Iyo migani ntabwo ibeshya kandi iremamo ibyiringiro, kubera ko idukangurira kutagumisha amaso ku bibazo bitugose uyu musi. Ni muri urwo rwego usanga umushomeri (...)
0 | ... | 60 | 70 | 80 | 90 | 100 | 110 | 120 | 130 | 140 | ... | 1230