Matayo 16:18 - Nanjye ndakubwira nti ’’Uri Petero, kandi nzubaka Itorero ryanjye kuri urwo rutare, kandi amarembo y’ikuzimu ntazarishobora.’’
Mu nyigishi ibanziriza iyi natangiye mvuga ku ijambo nise "Itorero rya Kristo mu mugambi w’Imana". Natangiye mvuga ko Itorero atari inyubako. Muri iyi ndakomeza iyo nyigisho mvuga ko Itorero atari izina (Denomination), atari n’umuntu runaka. # 2. ITORERO NTABWO ARI IZINA RIHABWA!
Incuro ninshi abantu bimukiye mu mahanga bajya bambwira ngo hano hari (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Itorero rya Kristo mu mugambi w’Imana, Igice cya 2/ Dr Fidèle Masengo
12 November 2015, by Innocent Kubwimana -
Dukunde Yesu akaramata, ni cyo azadukiriza! Pastor Desire Habyarimana
19 March 2014, by Pastor Desire HabyarimanaZaburi 91:14-16 (Wahasoma muri Bibiliya yawe)
Abakristo benshi ntibakunda Yesu nk’uko adukunda. Ibi bigaragazwa n’uko duhora duhora tumusaba, ariko ni bake bamushima kandi ibyo akora byiza kuri twe ni byinshi, kandi ubuzima bwa muntu bugizwe n’ibyifuzo.
Njya mbona abantu bafata amasengesho y’iminsi myinshi basaba, ariko bake ni bo bafata amasengesho y’igihe kinini bajyanywe no gushimira Imana ibyo yabakoreye. Ariko rero Yesu ashaka ko tumukunda akaramata.
Yesu bamubajije itegeko riruta (...) -
Nzihangana ngeze ryari?
7 June 2013, by Ubwanditsi“Ni uko bene Data, mwihangane mugeze aho Umwami Yesu azazira. Dore umuhinzi ategereza imyaka y’ubutaka y’igiciro, ayirindira yihanganye kugeza aho azabonera imvura y’umuhindo n’iy’itumba. Mube ari ko namwe mwihangana, mwikomeze imitima kuko kuza k’Umwami Yesu kubegereye” Yakobo 5:7-8.
Kwihangana ni imwe mu mbuto z’Umwuka (Abagalatiya 5:22). Uko byagenda kose, Umukristo ntaba agomba kubura iyi mbuto. Kwihangana usanga bitoroshye kuko umuntu uri mu makuba ni we usabwa kwihangana: ntiwakwihangana mu (...) -
"Yesu yandinze kugwa mu rwobo" – Sandy, Nairobi
20 May 2013, by Simeon NgezahayoNdashima Imana cyane yakijije ubugingo bwanjye. Ndi umunyeshuli muri Kaminuza Gatolika y’i Nairobi (Kenya). Niga mu mashuli yisumbuye, ubuzima bwanjye bwari bubi cyane. Naranywaga nkasinda, nkanywa n’itabi ryinshi, ariko ndashima Imana yampishuriye ko ibyo nagenderagamo nta cyo byanyunguraga ahubwo byanteshaga agaciro n’icyubahiro.
Umutima wanjye wahindutse ubwo nari mu rusengero, pasiteri akigisha ku nsanganyamatsiko yise “ubusambanyi.” Nahise negurira Yesu ubuzima bwanjye. Hari mu ntangiro (...) -
Mfite ibihamya by’ineza ya Yesu
3 August 2015, by Innocent KubwimanaIyi nyigisho ikubiye mu buhamya bw’umudamu utarashatse gutangaza amazina ye ariko ntibitubuza kumva icyo Imana itubwirira muri bwo, uko bisa kose birahamya na none ukuntu Imana ari iyo kwizerwa mu byo ikora byose. Reka tubukurikire:
Ndumva nuzuwe no gushimira Umwami wanjye Yesu Kristo kubera ukuntu yambereye uwo kwizerwa mu buzima bwanjye. Buri munsi ngenda mbona ubuntu Imana ingirira mu buzima bwanjye ndetse n’umuryango wanjye.
Nubwo byose byaba bitagenda nk’uko mba nabitekereje ariko mu (...) -
Umukristo akwiriye kugira umutima wuzuye ishyaka
15 March 2016, by Ernest RutagungiraTugiye kwiga inyigisho ifite Umutwe uvuga ngo “UMUKRISTO AKWIRIYE KUGIRA UMUTIMA WUZUYE ISHYAKA” Dusome 2Timoteyo 1 : 6. Ni cyo gituma nkwibutsa gusesa impano y’Imana ikurimo ngo yake, iyo waheshejwe no kurambikwaho ibiganza byanjye. Umukristo akwiriye kugira umutima wuzuye ishyaka mu mutima we. Imana ishaka ko tugira ishaka, Bibiliya ivuga ko abapfuye bataramya Imana, nta mashimwe ava kuri bo, Imana ntishaka umukristo upfuye ahubwo ishaka umukristo muzima.
Nkunda ibyo Yesu yavuze ubwo (...) -
Yesu yaravutse bamwe mubari bamutegereje ntibabimenya Pastor Desire
26 December 2015, by Pastor Desire HabyarimanaMuzi ko n’ubwo abantu benshi bari bazi ko Mesiya azavuka, atari benshi babashije kumenya ko yavutse? Icyakora hari bamwe babimenye” (Luka 2:25-35)
Icyo gihe hari hashize imyaka 400 nta jwi ry’ Imana ryumvikana. Ijambo ry’ Imana ryari ryarabaye ingume, nta n’ubuhanuzi. Abisirayeli bari basinziriye cyane, bari mu byaha bitandukanye, ariko n’ubwo byari bimeze bityo hari hakiri abantu bakiranuka.
N’ubwo abatambyi b’icyo gihe nabo bari barasubiye inyuma Imana ihamiriza Simeyoni ko:
1. Yari (...) -
Umuryango wa Pastor Desire ubifurije Noheli nziza!
24 December 2012, by Pastor Desire HabyarimanaNshuti zanjye dufatanyije umurimo w’ Imana.
Njyewe n’ Umuryango wanjye tunejejwe no kubifuriza Noheli nziza n’ Umwaka mushya muhire wa 2013. Turabashimira ubwitange n’ umurava mwagaragaje mukudushyigikira muri uyu murimo utoroshye wo kuzana abantu kuri Yesu no gusenya ubwami bw’umwijima twubaka ubwami bw’ Imana.
Tubifurije ibihe byiza muri izi mpera z’ Umwaka mwitegura no gutangira undi ibyo mutabashije kugeraho Imana izabahe kubibona byose muri 2013.
Kandi hamwe n’amasengesho yanyu n’ inama (...) -
Ubuhamya: Gukizwa kwanjye byasaga nko kuzuka mu bapfuye. Yannis Gautier
7 October 2015, by Kiyange Adda-DarleneMama amaze kunta mfite imyaka 3, nahise njya kuba mu kigo cy’imfubyi cya DDASS. Nyuma y’igihe kitari gito, Data, niba umutima warakomeje kumucira urubanza, yaraje aramfata anjyana kwa Mireille wari indaya ye bari bafitanye abana babiri.
Data, yari umuntu wakundaga gusohoka, akajya kwinezeza mu masaha y’ijoro kandi akaba n’umuriganya. Yari afite iduka ry’imyenda (prêt- à -porter), ubucuruzi bwari buteye imbere cyane, ariko ntiyabashaga gutandukanya igishoro n’inyungu.
Muri ayo majoro yararaga (...) -
Yambutse i Gati bimuviramo kwicwa. Ev. Kiyange Adda- Darlene
13 December 2013, by Kiyange Adda-DarleneBukeye umwami atumira Shimeyi aramubwira ati "Wiyubakire inzu i Yerusalemu uyigumemo, ntuzayivemo ngo ugire ahandi ujya. Umunsi wavuyeyo ukambuka akagezi Kidironi, uzamenye neza ko utazabura gupfa. Amaraso yawe azabe ari wowe abaho...Hanyuma Salomo abwirwa ko Shimeyi yavuye i Yerusalemu akajya i Gati akagaruka...Maze umwami ategeka Benaya mwene Yehoyada kumwica nawe arasohoka aramusumira, amutsinda aho. Nuko ubwami bukomezwa mu maboko ya Salomo. ( 1 Abami 2:36-46).
Shimeyi yari umwe mu (...)
0 | ... | 1140 | 1150 | 1160 | 1170 | 1180 | 1190 | 1200 | 1210 | 1220 | 1230