Imana iraguhamagarira kugirango ubashe gukomeza ndetse no kubasha gusobanura impamvu z’ibyiringiro byawe, ni iki kigutera kwizera, mbese ibyo uvuga ubihagazeho?
Kwizera ni ukumenya rwose ibyiringirwa udashidikanya ko bitazaba, kandi ni ko kuduhamiriza ibyo tutareba ko ari iby’ukuri. Abaheburayo 11.1
Niba nta byiringiro ugira kwizera kwawe kuba kurwaye. Umwanzi w’ubugingo bwawe arabizi, niyo mpamvu akoresha uko ashoboye kugira ngo agukamuremo na duke ufite.
Wimwemerera gutakaza ibyiringiro (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Komeza ibyiringiro byawe mu Mana
24 July 2015, by Umumararungu Claire -
Hitamo rimwe gusa abashe gusimbuka urupfu rwa kabiri. Ernest RUTAGUNGIRA
11 December 2013, by Ernest Rutagungira, UbwanditsiIyo twize ijambo ry’Imana, duhabwa kumenya icyo ivugana natwe binyuze muri ryo, bityo tugasobanukirwa neza icyo idushakaho, bikadufasha ndetse guhitamo neza inzira yayo, tutagendeye ku marangamutima yacu cyangwa ngo tuyobywe n’uburiganya bwa Satani, maze tugendeye ku kuri kwayo,tukabaturwa naryo tukava mu byaha ( Yohana 8:32).
Ijambo ry’Imana mu butumwa bwiza bwa “Yakobo 4:1-7” tuhasanga amagambo agira ati “Mbese muri mwe intambara ziva he, n’intonganya ziva he? Ntibiva ku byo mwishimira bibi, (...) -
Urugendo muri Isirayeli (Igice cya 3) Pasteur Desire Habyarimana
18 March 2014, by Pastor Desire HabyarimanaNk’uko twagiye tubagezaho ibice bitandukanye by’urugendo twakoze muri Isirayeli, ubu tugiye gukomeza tubagezaho uru rugendo uko rwagenze kandi tubakundisha igihugu cya Isirayeli kuko ari igihugu cy’amasezerano, nta wabura kubabwira ko ari gakondo yacu twebwe abizera kuko tuzahaba imyaka 1000 yose mu gihe cy’ubwami bwa Mesiya ubwo azagarukana n’Itorero nyuma y’imyaka 7 agarutse kwima ingoma ye. (Ibi tuzabitegurira inyigisho yihariye)
Na none uwagira ubushobozi yabasha gusura iki gihugu, cyane (...) -
Ubuhamya: Uko natewe ubwoba n’ibizira abantu bakorana umurimo w’Imana
10 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaUbuhamya: Uko natewe ubwoba n’ibizira abantu bakorana umurimo w’Imana Yesu ashimwe bavandimwe muri Kristo Yesu, ngiye kubaha ubuhamya bw’ukuntu Imana yansuye, ikanganiriza impereyeho, ikanyereka ukuntu abantu bakorana umurimo w’Imana ibizira, bagashimishwa no kurimbisha umuntu w’inyuma, bakirengagiza uw’imbere kandi ari we uzabana n’Imana.
Reka tubanze dusome ijambo ry’Imana: Abefeso 2:10 “Kuko turi abo yaremye ituremeye imirimo myiza muri Kristo Yesu, iyo Imana yiteguriye kera kugira ngo (...) -
Akamaro ko Gushima Imana (Thanks Giving)
13 August 2012, by UbwanditsiZaburi 50,14-15 : " Utambire Imana ishimwe, Uhigure umuhigo wawe. Unyambaze ku munsi w’amakuba n’uw’ibyago, nawe uzashima."
NI IYIHE MPAMVU ITUMA DUSHIMA ? ( Why Thanks giving ? )
Ubundi gushima biri mu nshingano z’Umwana w’umuntu. Ubusanzwe iyo umuntu akugiriye neza uramushima uti :" MURAKOZE - MERCI - THANKS,..." Abantu benshi bibeshya ko gushima biza nyuma yo kubona ibyo basezeranyajwe. Nyamara ibi sibyo kuko Ubusanzwe iyo umaze gusenga, ugahabwa isezerano, hakurikiraho gushima, ubundi (...) -
Ese Vashiti yari ari mu kuri ?
10 September 2013, by Felicite NzohabonayoEse Vashiti yari mu kuri? ( Esteri 1 : 12) « Ariko umwamikazi Vashiti yanga kuzanwa n’itegeko ry’umwami yamutegekesheje inkone ze…
Vashiti hari icyo yashinjaga umwami Ahasuérus Ahasuérus yari yasinze igihe yatumagaho umugore we ngo aze abashyitsi bamurebe. Nta mu mama ushimishwa nuko umutware we asinda. Hano nibaza ko Ahasuérus mu bisanzwe mu gihe yabaga yasinze yavugaga amagambo nk’ayo umusinzi, n’inyifatire ye yabaga itabereye umwami. Vashiti ahitamo kwanga, kuko yari azi uko umugabo we (...) -
Yesu yakongera kugukora ku maso bundi bushya
18 August 2015, by Innocent KubwimanaIrararama iramusubiza iti “Ndareba abantu ariko barasa n’ibiti bigenda.” Arongera ayishyira ibiganza ku maso, iratumbira irakira isigara ireba byose neza. Mariko 8 :24-25
Nubwo atarangije ibibazo byose ariko Yesu ari mu isi hari umubare munini w’abantu babyungukiyemo, bakira indwara, bakira abadayimoni, babona agakiza, barahumuka, barumva, n’ibindi byinshi yakoze.
Izi nkuru ni iz’umuntu wari impumyi, Yesu amukoraho ngo ayibajije ibyo ireba imubwira ko ibona abantu ariko basa n’ibiti, ngo (...) -
Pasteur Desire yasezeranije imiryango 7 yabanaga idasezeranye.
4 February 2012, by UbwanditsiUyu munsi mw’ itorero riyobowe na Pasteur Désiré Habyarimana habereye ubukwe bw’ imiryango yabanaga itarasezeranye igera kuri irindwi. Uyu muhango ukaba witabiriwe n’ abantu benshi barimo abakristo basengera muri iryo torero ndetse n’ imiryango yabo.
Mu ijambo rye Pasteur Désiré yagarutse ku nshingano zitandukanye z’umugabo n’iz’umugore. Yasomye mu gitabo cy’ Abefeso 5:25-33 aho ijambo ry’ Imana riha umugabo inshingano yo gukunda naho umugore rikamuha inshingano yo kuganduka.
Yakomeje abwira (...) -
Narwanye intambara nziza, narangije urugendo, narinze ibyo kwizera!
23 July 2012, by Alice Rugerindinda“Kuko njyeweho maze kumera nk’ibisukwa ku gicaniro, igihe cyo kugenda kwanjye gisohoye. Narwanye intambara nziza, narangije urugendo, narinze ibyo kwizera. Ibisigaye mbikiwe ikamba ry’ubugingo, iryo Umwami wacu, Umucamanza utabera azampa kuri urya munsi, nyamara sijye jyenyine, ahubwo ni abakunze kuzaboneka kwe bose.” 2 Tim 4: 6-8.
Imana ishimwe cyane. Bibiliya ijya itubwira muri 1 Yohana 3: 21 “iyo nta mutima uducira urubanza turatinyuka imbere y’Imana.” Icyampa nanjye ngahorana umutima (...) -
Amaze gusobanukirwa ko ijuru ariryo ritegeka, nibwo yavanywe mu ishyamba aho yarishaga nk’inka !
31 May 2016, by Alice Rugerindinda“ Uwiteka arica, agakiza. Ashyira ikuzimu kandi agakurayo. Uwiteka arakenesha, agakenura, acisha bugufi, agashyira hejuru. Akura abakene mu mukungugu, ashyira hejuru abatindi abakuye ku cyavu, kugirango bicarane n’ibikomangoma” 1 Samuel 2: 6-7
Ibi byabaye ku mwami Nebukadinezari, igihe yari ananiwe kwiga ngo asobanukirwe ukuntu Imana ariyo igenga byose. Imana yarabimwigishije asigara atanga ubuhamya . Icyampa natwe tukabisobanukirwa ,byatuma tutishyira hejuru, ngo twibwire ko ahari turi (...)
0 | ... | 1140 | 1150 | 1160 | 1170 | 1180 | 1190 | 1200 | 1210 | 1220 | ... | 1230