‘’Nuko hariho umugore wari mu mugongo, wari ubimaranye imyaka cumi n’ibiri, ababazwa n’abavuzi cyane benshi bagerageza kumukiza, bamumarisha ibintu bye byose abitangamo ingemu, ariko ntibagira icyo bamumarira ahubwo arushaho kurwara.” Mariko5:25,26
Uyu mugore ntiyari agifite icyo kwizera mu by’ukuri kuko yari amaze igihe kinini ababazwa n’umubiri cyane ko ibishoboka byose yari yarabikoze ariko ntiyabasha gukira. Iyi ndwara ye yari yaramubereye nk’isoko y’imibabaro. Mu myaka cumi n’ibiri y’uburwayi (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Dukwiye kwizera Imana muri byose.
3 January 2016, by Innocent Kubwimana -
Ese koko turi abo Imana yaremye ngo tuyimarire iki?
20 October 2015, by Innocent KubwimanaMu gihe Imana yaremaga ibintu byose, yaravugaga ngo bibeho, bikaba bityo. Igeze ku muntu ibikora mu buryo butandukanyeho gato, kuko yafashe umukungugu ikamubumba.
Icyakora ikiza muri byo ni uko yahisemo kumutandukanya n’ibindi biremwa. Yamuhaye ubutware, inamurema mu ishusho yayo.
Ibintu byose bishobora guhimbaza Imana, kimwe n’umuntu by’umwihariko, Imana imushakaho kuyihesha icyubahiro hano mu isi.
Ubusanzwe ufashe umwanya ukibaza icyo Imana yagushyiriye ku isi, byagufasha gukoresha igihe (...) -
Byose Yesu abikora neza. Pastor Desire Habyarimana
26 February 2014, by Pastor Desire Habyarimana«Baratangara cyane bikabije baravuga bati ‘Byose abikora neza : Azibura ibipfamatwi kandi akavugisha ibiragi’ » Mariko 7:37.
Yesu byose abikora neza, kuko Imana ntigeragezwa n’ ikibi cyangwa ngo igire uwo ikigerageresha. Aho Imana ikunyiza n’ubwo wowe wabona ari habi, ku iherezo uzasanga byose yabikoze neza. Iyo mibabaro azayihindura umunezero.
Niba ibyo unyuramo atari ingaruka zo kutumvira Imana, ugire amahoro Yesu byose abikora neza. Abaroma 8: 28 haranditswe ngo “Ku bakunda Imana byose (...) -
Umupasitori w’umukirisitu wari warakatiwe urubanza rwo gupfa muri Irani, nyuma aza kurekurwa.
17 September 2012, by UbwanditsiUmupastori w’umukirisitu wari warakatiwe urwo gupfa kubera kuvuga ubutumwa bwiza yasubijwe mu muryango we ari kuwa gatandatu nyuma y’iburanishwa; ibi byavugwaga n’umuryango udaharanira inyungu wakurikiranaga urwo rubanza.
Pasitori Youcef Nadarkhani wavukiye mu muryango w’abasilamu nyuma akaba umukirisitu afite imyaka 19, yarekuwe amaze imyaka 3 mu buroko aho yari yarakatiwe urubanza rwo gupfa, nkuko Tiffany Barrans, umuryango mpuzamahanga wa Amerika ushinzwe amategeko n’ubutabera, ubitangaza. (...) -
Hariho ibintu bitandatu ndetse birindwi Uwiteka yanga bimubera ikizira! Imigani 6: 16
20 August 2012, by Alice RugerindindaThere are 6 things the Lord hates, no seven things he detests:
1. Amaso y’Ubwibone ( Haughty eyes)
2. Ururimi rubeshya ( A lying tongue)
3. Amaboko avusha amaraso y’utariho urubanza (hands that kill the innocent)
4. Umutima ugambirira ibibi ( A heart that plots the evil)
5. Amaguru yihutira kugira urugomo( Feet that race to do wrong)
6. Umugabo w’indarikwa uvuga ibinyoma ( a false witness who pours out lies)
7. N’uteranya abavandimwe ( A person who sows discord in a family)
“Kuko amaso (...) -
Wari uzi ko abitwa abarokore bamwe bajya kuraguza?
10 March 2013, by Felicite NzohabonayoIkimoteri cyo muri kamere (igice cya kabiri) GUKORANA N’IMYUKA MIBI (gusenga ibigirwamana, uburozi)
Impamvu y’ uru rukurikirane rw’inyigisho za kamere, n’ukugira ngo umukristo yimenye, amenye ibiba muri we,ntatekereze ko ahari ibi ari ibintu biba mu bandi noneho we akaba ari muzima.
Yaba umuzungu, yaba umwirabure, umuntu kw’isi yose agizwe n’ibice bitatu :
1° Umwuka 2° Kamere 3° Umubiri
Adamu amaze gukora icyaha, twese yaturaze kamere y’icyaha. Muri iki gice cya kabiri, turarebera hamwe uwo (...) -
Ese ufite umutwaro w’ abarimbuka? Pastor Claude
28 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaImana yacu irera kandi yanga icyaha, ariko ikunda umunyabyaha. Imana iravuga muri Ezekiyeli 18:23 : “Muragirango nishimira ko umunyabyaha apfa?........ Ikiruta si uko yahindukira akava mu nzira ye mbi, akabaho?”
Yesu Kristo nawe yagaragaje umutwaro w’abarimbuka, mu migani itatu yaciriye Abafarisayo n’abanditsi muri Luka 15: Umugani w’intama yazimiye, igikoroto cyazimiye, ndetse n’umugani w’umwana w’ikirara. Muri iki gice cya Luka, Yesu yagaragaje ukuntu haba umunezero mu ijuru, iyo umunyabyaha (...) -
Itorero rya Pentecote (ADEPR) ntirizibagirwa umuriro w’ Umwuka wera wamanukiye kuri Stade ya ULK ku Gisozi.
26 May 2012, by UbwanditsiKuri uyu wa gatandatu taliki ya 26/05/2012 kuri stade ya ULK habereye igiterane cyateguwe n’ Itorero rya ADEPR ururembo rw’ umujyi wa Kigali. Iki giterane cyitabiriwe n’abantu benshi , stade yari yuzuye. Hari hari amakorari 18 agize ururembo rw ‘ umujyi wa Kigali, hari kandi abashumba bayoboye amatorero agera kuri 18.
Aya matorero afite insengero zisaga 100 ziri muri uyu mujyi wa Kigali. Hari kandi abayobozi bakuru ba ADEPR, umuvugizi wungirije ahawe umwanya yakiriye abashyitsi harimo (...) -
Turandure umuzi usharira nubwo waba muto.
15 September 2015, by Isabelle Gahongayire"Mwirinde hatagira umuntu ugwa akava mu buntu bw’Imana, kandi hatagira umuzi wo gusharira umera ukabahagarika imitima abenshi bagahumana.."Abaheburayo 12:15 Iyo turebye neza ibyaremye, bitwigisha byinshi kubuzima bwacu bwa buri musi. Buri musi tujye twoza ubusitani bwacu buri ahantu hatagaragara...
Abantu bakora mu busitani bazi neza ko bidahagije gukata ibyatsi bibi kugirango babyikize : Birasaba kubirandurana n’imizi, nubwo yaba arimiremire! Bitari uko ibyo byatsi birongera bikamera, ari (...) -
Karongi: Abagera kuri 75 bihannye
29 November 2011, by UbwanditsiKu Cyumweru tariki ya 27 Ugushyingo 2011, mu kibuga cy’isoko rya Kibirizi i Rubengera mu Karere ka Karongi habereye igiterane cy’ivugabutumwa kiyobowe n’amakorari Ebenezer n’ Ihirwe, zikorera umurimo w’Imana mu matorero ya Kibirizi na Gacaca muri ADEPR Gacaca. N’ubwo iki giterane cyamaze umwanya muto, kuko cyamaze amasaha abiri n’igice gusa, abantu 75 bihannye bakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza wabo.
Pasiteri Edouard Kanyamigezi wari waturutse i Gisenyi yigishije ku ijambo rivuga ngo "Bakundwa, ubu (...)
0 | ... | 1110 | 1120 | 1130 | 1140 | 1150 | 1160 | 1170 | 1180 | 1190 | ... | 1230