Mu bihe bishize twaganiriye n’Umuhanzi Cubaka, atubwira byinshi bihereranye n’ubuzima bwe:
Nitwa Justin CUBAKA Irenge. Natangiye gucuranga mfite imyaka 12 mba aho bita Bagira ni i Bukavu mu gihugu cya Congo. Naje mu Rwanda mu mwaka wa 2005 Imana inkoresha mu kwagura muzika mu nsengero zitandukanye.
Natangiriye muri Victory Church, njya muri Goshen Church ubu ndi muri Restauration Church ndirimba muri Rehoboth Ministry nkacuranga muri Sheikinah Worship Team
Ndi umucuranzi wa guitar Acoustic (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Igihe kirageze ngo najye nkore cyane- Cubaka
7 September 2011, by Ubwanditsi -
Ese waba uzi bimwe mu bituma kwifata binanirana n’uko byacika ?
26 October 2015, by Ernest RutagungiraUbusambanyi ni ikibazo cyugarije isi yose, ari urubyiruko, abubatse ingo ndetse n’abapfakazi, kubw’ibi byatumye za leta z’isi yose harimo n’u Rwanda zihaguruka zitanga umutungo mwinshi kugirango barebe ko abantu babureka cyangwa se byibura ngo bakumire ingaruka ziterwa nabwo, ariko ikigaragara ni uko abantu bamaze kubona ko kwifata ari inzozi.
Bimwe mu bibazo bijya bigora abantu ni ukuvura indwara nabi, akaba ari nayo mpamvu ikibazo cyo kwifata cyangwa icyo ababishobora bakora, kitari (...) -
Ibanga ryo kwibuka ibyo Imana yakoze
24 July 2015, by Innocent KubwimanaKandi uwo munsi uzababere urwibutso, muzawuziririze ube umunsi mukuru w’Uwiteka. Mu bihe byanyu byose muzajye muwuziririza, ribe itegeko ry’iteka ryose. Kuva 12:14
Imana ikura ubwoko bwayo bw’Abisirayeli mu buretwa bwa Egiputa, iki cyari igihe gikomeye kidashobora kwibagirana. Uyu munsi wabaye mu bihe by’amateka akomeye y’Abisirayeli, ari ko n’Imana yabasabaga kutabyibagirwa. Umunsi baboneyemo gukomera kw’Imana.
Imana yerekanye imbaraga zayo kuri Egiputa hamwe n’ibyago icumi kubera kwinangira (...) -
Ese hari icyizere ko umutima ukomeretse wakira?
24 July 2015, by Innocent KubwimanaEse birashoboka kwemeza ko umutima ukomeretse wabasha gukira? Ushobora guhura n’umuntu cyangwa ikintu kikagukomeretsa umutima. Iyo bigenze gutya hakurikiraho gutakaza ibyiringiro by’ibizakurikira. Uba wumva nabyo byanze bikunze bizaba bibi.
Akenshi iyo umutima ukomeretse bikunze no kugaragara inyuma ku maso, hari n’indwara bamwe barwara bakaba bashobora no kujya kwa muganga. Ese uyu muntu yakongera gutuza akareka kubaho mu bikomere by’ibyamubayeho?
Bene uyu muntu aba akeneye gukira kubera ko (...) -
Icyo Bibiliya ivuga ku bantu batukana!
27 May 2013, by Alice Rugerindinda“ Uzabwira mwene se ati “ Wa gicucu we” akwiriye gushyirwa mu muriro w’I gehinomu” Matayo 5: 22b
Koko Imana izatwishyira tudafite umugayo cyangwa umunkanyari, ari nayo mpamvu yifuza ko twaba twejejwe rwose, kandi Bibiliya iravugango muzaba abera nk’uko uwabahamagaye ari Uwera.
Aya magambo yavuzwe na Yesu ariko ni ayo kwitonderwa:
“ Ariko njyeweho ndababwira yuko umuntu wese urakarira mwene se, akwiriye guhanwa n’abacamanza, uzatuka mwene se ati “ wa mupfu we” akwiriye guhanirwa mu rukiko, (...) -
Gira guhitamo kwiza kuko umugisha n’umuvumo biri imbere yawe.
9 August 2012, by Ernest RutagungiraNk’uko bisobanurwa na bamwe mu banditsi batandukanye bagiye bandika inkoranyamagambo nka oxforddictionaries cyangwa macmillandictionary, iyo havuzwe umugisha bisobanuka nk’ibikorwa byo guhirwa ndetse no kurindwa n’Imana (God’s favor and protection), bikaba binyuranye cyane n’umuvumo, kuko wo usobanurwa nka bimwe mu biba ku bantu bisa nk’ibihano bihoraho cyangwa ibintu bibi bidasanzwe bigera ku bantu cyangwa ku kintu. Ku rundi ruhande Bibiliya nayo ikaba hari icyo yavuze ku umuvumo ndetse (...)
-
Ni byiza gushima Uwiteka no kuririmbira izina rye! Pasteur Desire Habyarimana
6 January 2014, by Pastor Desire HabyarimanaNi byiza gushima Uwiteka, no kuririmbira izina ryawe ishimwe, Usumbabyose (Zaburi 92:1).
Abantu kenshi bakunda kuririmbira Imana no kuyihimbaza igihe banezerewe. Ibihe nk’ibyo, biba byoroshye kwibuka akaririmbo ukakaririmba wizihiwe. Ariko si benshi baramenya guhimbaza no hagati mu ngorane. Imana ishaka ko uhora unezerewe, uko byaba biri kose. Waba uri mu bihe byagombye kuzana umunezero cyangwa utabirimo ntacyo bihinduraho, kuko umunezero nyakuri ari uwo mu mwuka.
Mu Befeso 5:18-20 (...) -
Rinda umutima wawe! - John Roos
13 May 2013, by Simeon Ngezahayo"Naho uwanga mwene Se ari mu mwijima kandi agendera mu mwijima, ntazi aho ajya kuko umwijima wamuhumye" 1 Yohana 2.11.
Hari uburyo bwinshi bwo kugwa mu mwijima mu buryo bw’umwuka. Urugero, iyo duhaye icyaha intebe mu bugingo bwacu; iyo duhaye urwaho Satani n’imbaraga z’abadayimoni; iyo twemereye isi ikaganza ibitekerezo byacu; iyo duhaye urwaho imibiri yacu ikadutegekesha irari ryayo; iyo tugiye ahantu habi tukareba ibyo tutagombaga kureba kandi tukamarana umwanya n’abantu twagombaga (...) -
Urukundo rwa mbere mu muhamagaro w’Imana Mwalimu Alexis Nsabimana
11 January 2016, by Pastor Desire HabyarimanaIbyahishuwe 2:1-7 “Wandikire marayika w’Itorero ryo muri Efeso uti “Ufashe inyenyeri ndwi mu kuboko kw’iburyo, akagendera hagati y’ibitereko by’amatabaza birindwi by’izahabu aravuga aya magambo ati 2.‘Nzi imirimo yawe n’umuhati wawe no kwihangana kwawe, kandi nzi yuko utabasha kwihanganira abanyageso mbi, n’uko wagenzuye abiyita intumwa kandi atari zo, ukabona ko ari abanyabinyoma. 3.Uzi kwihangana kandi warenganirijwe izina ryanjye ntiwacogora. 4.Ariko rero mfite icyo nkugaya, ni uko waretse (...)
-
Ibyo benshi bemeranywaho mu biranga umugore cyangwa umugabo mwiza
22 July 2015, by Innocent KubwimanaHari impaka zikunda kubaho cyane iyo abantu bavuga ku bijyanye n’ukwiye kuvamo umugabo mwiza cyangwa se umugore mwiza, uzubaka urugo rugakomera. Bamwe bavuga ubutunzi, abandi bakemeza ko bwonyine budahagije, ariko reka turebe bimwe mu byo abantu bagarukaho cyane abakristo.
1. Umugabo cyangwa umugore ukunda Imana kandi akayiha umwanya
2. Umuntu ufite urukundo, mu bintu bigoye mu buzima kandi byo kwitondera ni igihe byagusaba kubana n’umuntu wumva utaramwakira ngo umugirire urukundo. Nta (...)
0 | ... | 1090 | 1100 | 1110 | 1120 | 1130 | 1140 | 1150 | 1160 | 1170 | ... | 1230