‘’Naho twebweho iwacu ni mu ijuru, niho dutegereje umukiza ko azava ari we Mwami Yesu Kristo.’’ Abafilipi 3:20
Pawulo mu bunararibonye bw’iby’isi yabanje kubamo ataratungurwa na Yesu, yatanze impanuro zitandukanye. Mu nzandiko ze hari aho yasabaga amatorero yandikiraga gukura imitima yabo ku by’isi cyangwa se ibiboneka, kuko ari iby’igihe gito.
Kwari ukwibutsa ab’itorero kutirara ngo barye, baryame basinzire nk’abagezeyo, ahuwo ko nubwo batuye mu isi, imitima yabo ikwiye kuba mu ijuru. Yabifuzagaho (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Isi dutuyemo ni icumbi, gakondo iri ijuru
21 August 2015, by Ubwanditsi -
Wowe wumva ukwiye iki ? Dore igikwiye umuntu wese!
22 February 2016, by Innocent KubwimanaNimumwegere ni we Buye rizima ryanzwe n’abantu, ariko ku Mana ryaratoranijwe riba iry’igiciro cyinshi, namwe mwubakwe nk’amabuye mazima kugira duhinduke inzu y’Umwuka, n’ubwoko bw’abatambyi bwera bwo gutamba ibitambo by’Umwuka bishimwa n’Imana ku bwa Yesu Kristo.2 Petero 2:4-5
Mu iyubaka ry’iyo nyumba bayubakishije amabuye yatunganirijwe mu nganzo, nta nyundo cyangwa intorezo cyangwa ikindi kintu cyose cy’icyuma cyumvikanye muri iryo yubaka. 1 Abami6:7
Aya magambo yose yaba ayo Petero yanditse (...) -
Impamvu yo gushima Imana/EV.Adda
6 November 2015, by Innocent Kubwimana‘’Untambira ishimwe wese aba anyubahiriza’’. Zaburi 50:22a
Imana ni Data wa twese udukunda. Yatwemereye Yesu iramuduha. Nishimwe. Yesu ati ‘’nimuguma muri jye, amagambo yanjye akaba muri mwe, musabe icyo mushaka cyose, muzagihabwa.
Iyo umuntu akijijwe akakira Yesu nk’Umwami n’umukiza w’ubugingo bwe, ahabwa kwizera ko icyo asaba agihabwa. Ni ibintu utabonera ubundi busobanuro, ni ibintu bikorerwa mu kwizera uwo muntu aba yahawe. Imana irabikora, igasubiza amasengesho, ariko hari icyo iba (...) -
Tugere ikirenge mu cya Toma - Ian Johnson
12 April 2013, by Simeon NgezahayoAriko Toma umwe muri abo cumin a babiriwitwaga Didumo, ntiyari kumwe na bo ubwo Yesu yazaga. 25 Ni cyo cyatumye abandi bigishwa bamubwira bati “Tubonye Umwami!” Na we arabasubiza ati “Nintabona inkovu z’imbereri mu biganza bye, sinshyire n’ikiganza cyanjye mu rubavu rwe sinzemera.” 26 Ni uko iminsi umunani ishize, abigishwa bongera guterana mu nzu nka mbere na Toma ari kumwe na bo. Yesu araza abahagarara hagati, kandi inzugi zari zigikinze arababwira ati “Amahoro abe muri mwe.” 27 Maze abwira (...)
-
Ngizi ingingo 9 zadufasha gukemura ibibazo hagati y’ abashakaanye
15 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNgizi ingingo 9 zadufasha gukemura ibibazo hagati y’ abashakaanye, turamutse tuzubahirije twirinda amakosa amwe namwe.
1.Kugerageza kwifata ukirinda kuyoborwa n’ amarangamutima yawe.
2. Mukajya inama ku gihe gikwiriye mwazajya muvuga ku bitagenda mu gihe kiborohereye mwese (Atari igihe arimo kureba Television) kizaba aricyo gihe cyiza mubasha kumvikana buri umwe ateze amatwi mugenzi we.
3. Gutegura ingingo nyamukuru zo kuganiraho mbere yo gutangira ikiganiro. Ibi byafasha by’ umwihariko (...) -
Uri uw’Agaciro Ku Mana. Pastor Desire
20 April 2014, by Pastor Desire Habyarimana“Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga Umwana wayo w’ikinege kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.” (Yohana 3:16).
Amaraso y’igiciro ya Yesu Kristo ni cyo kiguzi Imana yatanze kubw’agakiza kacu: “kuko muzi yuko ibyo mwacungujwe ngo muve mu ngeso zanyu zitagira umumaro mwatojwe na ba Sokuruza banyu, atari ibyangirika nk’ifeza cyangwa izahabu…ahubwo mwacungujwe amaraso y’igiciro cyinshi, nk’ay’umwana w’intama utagira inenge cyangwa ibara, ari yo (...) -
Wari uzi ko ingeso nziza z’ umugore zireshya umugabo agakizwa?
31 January 2013, by Isaro Marie Ange1Petero3: 1-2: Namwe bagore n’uko mugandukire abagabo banyu, kugira ngo nubwo abagabo bamwe batumvira ijambo ry’Imana bareshywe n’ingeso nziza z’abagore babo, nubwo baba ari nta jambo bavuze babonye ingeso zanyu zitunganye zifatanije no kwubaha.
Bibiliya itubwira ko umugore abasha gutsinda umugabo we atavuze ijambo narimwe amutsindishije imirimo myiza n’ingeso nziza amubonamo. Uko byagenda kwose, nubwo waba uzi kwiha amahoro ute, iyo ufite urugo washatse, hari inshingano ebyiri zizahora imbere (...) -
Huye: Abitabiriwe amahugurwa y’abubatse ingo batashye basobanukiwe urugo ruzima
12 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMu nyigisho z’ abubatse ingo zatangiwe mu karere ka Huye kuri uyu wa gatandatu taliki ya 12/03/2016 hagarutswe ku rugo umuntu yakwifuza kubamwo:
Umwigisha Rugerindinda Alice yasomye mu itangiriro 2:18 Nuko Uwiteka Imana iravuga iti : Si Byiza ko uyu muntu aba wenyine, reka muremere umufasha umukwiye.
Muri make Imana itangiza umushinga w’urugo, yari ifite gahunda nziza yo gutuma umuntu agubwa neza. Imana yifuzaga ko haba ahantu ho kuruhukira, ho kwishimira, kuburyo umuntu azajya arwana no (...) -
Gufungurirwa imiryango y’umugisha kuzanwa no kwitanga.
29 February 2016, by Umugiraneza EdithIyo dusomye ibyanditswe byera dusanga benshi bahawe umugisha kubwo kwitanga n’abandi kutitanga byabazaniye ibyago.
Muri iki gihe rero iyo nitegereje nsanga turi muri bya bihe by’ imperuka hamwe ijambo ry’ Imana ritubwira ngo mu bihe bya nyuma abantu bazaba bikunda bakunda impiya. Kuri ubu kwitangira umulimo w’Imana, imfubyi, abapfakazi, abatishoboye bisigaye ari ingume. Umuntu ashaka kubanza gukemura ibibazo bye byose mbere yo kwitangira abandi. Dore bamwe mubo Bibiliya itubwira bahawe (...) -
Simoni , Simoni, dore satani yabasabye kugirango abagosore nk’amasaka
16 September 2012, by Alice RugerindindaKandi Umwami Yesu aravuga ati « Simoni, Simoni, dore satani yabasabye kugirango abagosore nk’amasaka, ariko weho ndakwingingiye ngo kwizera kwawe kudacogora. Nawe numara guhinduka ukomeze bagenzi bawe » Luka 22 : 31-32
Muri aya magambo harimo amagambo abiri akomeye : satani yabasabye, ngo abagosore Hari undi muntu bibiliya ijya itubwira nawe Satani yasabye ngo amushungure cyangwa se amugosore, ariko nawe agira amahirwe yuko Imana yahagaze kubugingo bwe ariwe Yobu.
Ubundi iyo bagosora baba (...)
0 | ... | 1070 | 1080 | 1090 | 1100 | 1110 | 1120 | 1130 | 1140 | 1150 | ... | 1230