Mu gihe abakiristo ba ADEPR bari bamaze igihe mu gihirahiro bibaza ikizakurikiraho nyuma y’igeguzwa ry’igitaraganya kuri bamwe bahoze ari abayobozi b’idini, kuri ubu hamenyekanye ibyavuye mu myanzuro y’inama y’ubutegetsi aho hari abazamuwe mu ntera, abandi baramanurwa ugereranije n’imyanya bari bafite.
Amakuru dukesha urubuga rwa gikirisitu isange.com, avuga ko ubu buyobozi buyobowe n’umuvugizi mushya w’agateganyo Rev. Past. Sibomana Jean uherutse gushyirwaho n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiryango (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Abapasiteri ba ADEPR basubijwe ku ibere abandi batunguwe n’ibyababayeho!
31 October 2012, by Ubwanditsi -
Ni iki cyansubizamo imbaraga naniwe mu rugendo
6 August 2015, by Innocent KubwimanaWagenze urugendo rurerure rugutera kunanirwa, ariko ntiwisubiramo ngo uvuge uti ‘’Ntacyo rumaze.’’ Wabonye ikikongeramo imbaraga, nicyo cyatumye utiheba. Yesaya 57:10
Ubusanzwe umuntu wese ugenda hari ibintu ashobora guhura nabyo, udahuye na kimwe ahura n’ikindi. Icya mbere, umuntu uri mu rugendo nubwo tutavuga urwo kujya mu ijuru no muri iyi isi, ufashe urugendo ufite aho ujya ushobora gusitara. Umuntu wese uri kugenda ashobora kwisanga yasitaye kuko bibaho. Ikindi umuntu wese urimo kugenda (...) -
Amaze guhura na Yesu, ibintu byahise bihinduka ukundi!
2 June 2016, by Alice Rugerindinda“ Maze Barinaba aramujyana amushyira intumwa, azisobanurira uko yabonye Umwami Yesu mu nzira, kandi uko yavuganye nawe, n’uko yavuze ashize amanga mu izina rya Yesu I Damasiko…” Ibyakozwe n’intumwa 9:26-27
Uyu ni Pawulo wahoze witwa Sawuli. Umunsi yahuye na Yesu ibintu byahindutse ukundi. Ni nka ya ndirimbo ivuga ngo “ Sinzibagirwa igihe nakizwaga, ubwo Yesu yinjiraga muri jye…” Imana ishimwe.
Bibiliya itwereka ibintu bifatika kuri Pawulo, kuko Pawulo na Sawuli ni abantu babiri batandukanye. (...) -
Imana irahendahendwa. Muvunyi Hyppolite
21 June 2016, by UbwanditsiImana irahendahendwa (1 Ngoma 5:19-20)
Ni nde uhendahendwa? Ni uwanze gusubiza ku cyo bamusabye, noneho ukamwingingira kugisubiza kandi bene uwo biba bizwi ko abishoboye. N’Imana yacu na yo irabishoboye, gusa icyo umutima wayo ukunze ni cyo ikora (noneho turayihendahendera kubikunda).
Ese hari abayihendahenze birakunda? Yego barahari. Turebe ingero z’abantu n’ibabazo byatumaga bayihendahenda.
Abarubeni, Abagadi n’abandi barayihendahenze ngo ibatabare ku babisha (Abadeturi, Abanafishi) babo, (...) -
“Uduhe none ibyokurya byacu by’ uyu munsi” Pastor Desire Habyarimana
13 April 2016, by Pastor Desire Habyarimana“Uduhe none ibyokurya byacu by’ uyu munsi” - Matayo 6:11
Kuki Yesu yigishije abigishwa be gusaba Imana ibyokurya? Reka tubanze kureba ibiryo mu buryo bw’umwuka. Ubusanzwe, iyo urya cyane ugira imbaraga nyinshi, waba udafungura ukabura imbaraga; Umukristo udakunda ijambo ry’Imana nta mbaraga z’umwuka agira, kuko Dawidi yavuze ngo nabikiye ijambo ryawe mu mutima wanjye kugira ngo ntagucumuraho. Abakolosayi 3:16 haravuga ngo “Ijambo rya Kristo ribe muri mwe rigwiriye rifite ubwenge ubwenge bwose...” (...) -
Kuki Imana yemera ko tugeragezwa? Pastor Desire Habyarimana
29 April 2014, by Pastor Desire HabyarimanaItangiriro 29:21-27 Mu gitondo Yakobo abona ari Leya abaza labani ati wangize ibiki? Rasheli si we natendeye? Niki gitumye undiganya utyo? Labani ati iwacu ntibagenza batyo gushyingira umuto basize umukuru.
Iyi nkuru irimo abantu 4 Yakobo twagereranya n’ umukristo, Labani twagereranya ko ahagarariye Imana, Rasheli twakwita imigisha yo mu gakiza na leya twakwita ikigeragezo kuko yari afite amaso mabi areba imirari.
Yakobo yakoreye Labani imyaka 7 atekereza ko azamushyingira Rasheli (...) -
Guhitamo nabi n’ingaruka zabyo (Igice cya 1) - Kevin L. Jones
23 January 2014, by Simeon NgezahayoRusi 1:1-5
Nuramuka uhisemo gukoresha amafaranga menshi aruta ayo winjiza, birumvikana ko uzagwa mu gihombo. Nuramuka uhisemo kwanga akazi, birumvikana uzaba umushomeri. Nuramuka uhisemo kurya cyane, uzabyibuha. Nuramuka uhisemo gusuzugura umufasha wawe, bishobora kugusenyera.
Amwe mu mahitamo aba agaragara nk’adafite umumaro, ariko andi abeshaho. Guhitamo iby’umwuka bigira ingaruka ku bugingo. Iyo uhisemo nabi, hari INGARUKA ZIKOMEYE ZIKUBAHO!
Baza: Nowa, Dawidi, Samusoni, Eliya, (...) -
Ubutumwa Bw’Ubwami (Pasitori Chris )
7 May 2014, by Ubwanditsi“Kandi ubu butumwa bwiza bw’Ubwami buzigishwa mu isi yose, ngo bube ubuhamya bwo guhamiriza amahanga yose, nibwo imperuka izaherako ize”
Mu murongo wo hejuru Yesu ntabwo yavuze ngo “Kandi Ubutumwa bwiza bw’Ubwami buzigishwa mu isi yose.” Ahubwo, yaravuze ati “Ubu butumwa bwiza bw’Ubwami”; bimenyesheje ko hari Ubutumwa bwihariye yerekanaga, bw’ubwami runaka bwihariye – Ubwami bw’Imana. Yesu ntabwo yaje yigisha ubutumwa bubonetse bwose, ahubwo ni “Ubutumwa bw’Ubwami.” Ibyo ni ukuvuga ko hariho (...) -
Urugendo rw’Umukristo: Eliya na Elisa(Igice cya 3) Pasteur Desire Habyarimana
10 November 2013, by Pastor Desire Habyarimana3. Bakomereje i Yeriko:
Kunyura i Yeriko birasaba kuba warakebwe neza, kandi ukunda Imana no kuba mu nzu yayo, kuko Yeriko ni ubuzima Imana inyuzamo abantu bukomeye n’ahantu itunganyiriza abantu bayo muri rusange, kandi kwigishwa n’Imana ni byiza kuko kubakunda Imana byose bifataniriza hamwe kubazanira ibyiza. Umuntu w’Imana n’iyo ageragejwe aba azi ko imbere hazavamo ibyiza.
Mwese muzi Yeriko. Muribuka ko i Yeriko yatangiriye Abisirayeli kugeza ubwo Mikayeli (umugaba w’ingabo zo mu ijuru) (...) -
"Ijuru ririho kandi rifite ubwiza busumba ibyiza byose tubona ku isi"- Billy Graham
4 August 2015, by Pastor Desire HabyarimanaAya ni amagambo yavuzwe n’ umunyamerika w’ umuvugabutumwa mpuzamahanga "Billy Graham" , yemeza adashikanya ko ijuru ririho kandi ritatswe ubwiza budafite icyo bwagereranwa na cyo mu byo tubona muri iyi si byose. Ni mu gihe abantu benshi bakomeza kuba mu rujijo bibaza niba ijuru ririho koko cyangwa uko ryaba risa?
Billy Graham yandikira igitangarazamakuru The Kansas City Star yagize ati "Bibiliya itwereka neza ko ijuru ririho kandi ko ririmo ibintu bigaragara, bifatika kandi byumvikana. Nta (...)
0 | ... | 1050 | 1060 | 1070 | 1080 | 1090 | 1100 | 1110 | 1120 | 1130 | ... | 1230