Igiterane cyari kimaze icyumweru muri CEP KIST-KHI cyari gifite intego igira iti “Nibutse iminsi ya kera, nibwira ibyo wakoze byose, ntekereza umurimo w’ intoki zawe nkuramburira amaboko” Zaburi 143:5.
Abashyitsi bari muri iki giterane ni Pasteur Desire Habyarimana, Umuririmbyi Alexis Dusabe, Chorale Siloam ya ADEPR Kumukenke hamwe n’abarangije muri KIST bari mu buzima busanzwe.
Nyuma yo kumva indirimbo zanogeye amatwi zaririmbwe na Sloam n’umuhanzi Alexis Dusabe, hakurikiyeho ijambo ry’ Imana (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
CEP KIST-KHI yasoje igiterane cy’icyumweru
10 March 2014, by Ubwanditsi -
Ingaruka z’ Icyaha Rev Karangwa Alphonse
16 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaAbaroma 6:12 - Noneho ntimukimike ibyaha mu mibiri yanyu izapfa, ngo mwumvire ibyo irarikira.
Abaroma 6:23 - kuko ibihembo by’ibyaha ari urupfu, ariko impano y’Imana ni ubugingo buhoraho muri Yesu Kristo Umwami wacu.
Nkuko tubisomye icyaha ni kibi cyane, ibihembo byacyo n’Urupfu kandi urupfu rw’iteka ryose. Ibihembo biragwira uzi ikintu gituma uzahembwa kubabara iteka ryose.
ICYAHA N’IKI?
Icyaha n’ugukora ibyo Imana itubuza, cyangwa kudakora ibyo idusaba muyandi magambo nukutagendera mu nzira (...) -
Amasomo 6 twigira mu rwandiko rwa Yuda nk’Abakristo – Rev. Jean Baptiste Mugiraneza
24 June 2016, by UbwanditsiIntangiriro
Urwandiko rwa Yuda ruri mu bitabo 27 bigize Isezerano Rishya. Rubarirwa munzandiko zirindwi rusange, zikaba ari inzandiko zandikiwe abantu bose, rukaba ari rwo rwa karindwi. Uru rwndiko rukurikira urwandiko rwa 3 rwa Yohana, rukabanziriza igitabo cy’Ibyahihishuwe.
Uru rwandiko rugizwe n’imirongo 25 n’ubwo rugaragara ko ari rugufi, rufite inyigisho ikomeye kandi ikenewe n’abizera Yesu Kristo bose.
Ni nde wanditse urwandiko rwa Yuda?
Uru rwandiko benshi mu bahanga b’Isezerano (...) -
Ubwami bw’Imana bugereranywa n’abami babiri, umwe yitwaga A undi yitwaga B
22 April 2016, by Kiyange Adda-DarleneUbwami bw’Imana bugereranywa n’abami babiri, umwe yitwaga A undi yitwaga B. Abo bami bari bafite ubwami mu bihugu by’ibituranyi. Umwami A yari afite umukunzi ariko uwo mukunzi we akaba yari atuye mu gihugu kiyoborwa n’umwami B. kubera ko umwami B yari umugome cyane, yajyaga agirira nabi wa mukunzi w’umwami A ndetse akanamukabiriza pe.
Umwami A abona ko akwiye kujya gutabara umukunzi we akamukura mu kaga yari arimo. Arihindura ntiyagenda mu buryo bw’abami, ahubwo agenda afite ishusho (...) -
uri umunyambaraga kandi ugira n’ ubutwari
11 March 2016, by Isabelle Gahongayire‘’Abantu muri kumwe bakabije kuba benshi, nicyo gituma ntemera gutanga Abamidiyani mu maboko yanyu kugira ngo Abisilayeli batanyirariraho bati, amaboko yacu niyo yadukijije’.Abacamanza 7 :2 Ubwoko bwa Isirayeli bwari butotejwe n’umwanzi ukomeye, aribo Bamidiyani. Ariko Imana iza gutoranya umuntu usanzwe cyangwa ugaragara nkudashoboye kugira ngo abohore igihugu, ariwe Gideyoni. Malayika w’Uwiteka yaramubonekeye aramubwira ngo : Imana iri kumwe nawe, wa munyembaraga w’ubutwari we. Mu gihe (...)
-
Twirinde ubusaza bwo mu Mwuka! Pastor Desire Habyarimana
17 June 2013, by Pastor Desire HabyarimanaMurabizi ko umuntu avuka, agakura, akazagera igihe agasaza. Niko bimeze no ku bintu byose kandi no mu mwuka naho utarebye neza wasaza n’ ubwo bitari byiza kuko mu mwuka ntabwo twemerewe gusaza. Bibiliya iravuga iti: ”Abasore b’ imigenda bazacogora baruhe ariko abategereza Uwiteka bazasubizwamo intege shya, bazatumbagira mu kirere baziruka be kunanirwa, bazagenda be gucogora(Yesaya 40:29-31) Muri iyi si, ibituma dusaza ni byinshi. Harimo ubukene, ubukire, gusuzugurwa, kubahwa, gusonza no (...)
-
Yesu yankijije kunywa ibiyobyabwenge.
7 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaAmazina yanjye bwite ni Cedric KANANA ,nkora umurim o w’ibarura n’icungamari mu itorero ry’abangirikani diocese ya Rubavu. nakijijwe mu mwaka wa 2004 nibwo nakiye Yesu nk’umwami n’umukiza w’ubugingo bwanjye.
Byari bikomeye cyane ari nayo mpamvu nifuza kubibabwira: Njye navukiye mu muryango w’aba islamu ntabwo nigeze menya Yesu cyangwa se ngo mukunde mu busore bwanjye natunzwe n’ibiyobyabwenge kuva ku myaka 8 ibyo nabitewe n’uko data yantaye nkiri muto ubwo yashakaga undi mugore mbaho mu buzima bubi (...) -
Hariho icyo ngushimira! Alice
28 November 2015, by Alice Rugerindinda“ Nzi imirimo yawe, n’urukundo rwawe, no kwizera kwawe, no kugabura kwawe, no kwihangana kwawe, nuburyo imirimo yawe ya nyuma iruta iya mbere kuba myinshi. Nyamara mfite icyo nkugaya…..” Ibyahishuwe 2:19-20
Igihe kimwe umugore yabajije umugabo impamvu atajya atinda na rimwe kubyiza akora, ariko habaho ikosa akaritindaho, nuko umugabo amusubiza ko impamvu adatinda kubyiza aba yakoze aruko nyine ari byiza , ko ntacyo aba akeneyeko akosora…!
Nasanze mu mico yacu cyangwa se muri kamere yacu , (...) -
Ese birakwiriye ku mukirisito gusomana no gukorakorana mu gihe cy’irambagiza?
5 April 2012, by UbwanditsiIki ni ikibazo kibazwa n’abantu batandukanye by’umwihariko urubyiruko rw’abakirisito rukundana, mbere na mbere reka turebe itandukaniro riri hagati y’irambagiza no gukora ubukwe ni ukuvuga kubana nyir’izina; igihe cy’irambagiza ni igihe abakundana bakwiriye kumenyana by’ukuri umwe akamenya imico y’undi ku buryo buhagije kandi bakarushaho kungurana ibitekerezo ku gushinga urugo. Igihe abakundana bashinze urugo ni bwo baba bemerewe kugirana umubano ukomeye cyane watuma bakora ikintu icyo ari cyo (...)
-
Umuvugizi w’ Itorero rya Pentecote byavugwaga ko yahunze, yagarutse mu Rwanda.
30 May 2012, by UbwanditsiHashize igihe bivugwa ko umuvugizi w’ itorero rya Pentecote mu Rwanda ADEPR Pasitori Usabwimana Samuel yaba yarahunze igihugu kubwo ibibazo bimaze iminsi bivugwa mu binyamakuru no ku maradiyo byatewe na bamwe bahagaritswe mu mirimo bakoraga mw’itorero kubera kutubahiriza inshingano zabo.
Kuri uyu wa gatatu ahagana saa moya n’ igice z’umugoroba, umuvugizi w’itorero rya Pentekote mu Rwanda ADEPR nibwo yageze ku kibuga cy’indege I Kanombe avuye mu gihugu cya Amerika mu rugendo rw’ivugabutumwa. (...)
0 | ... | 1010 | 1020 | 1030 | 1040 | 1050 | 1060 | 1070 | 1080 | 1090 | ... | 1230