Ubuzima bwo mu si burangwa n’impinduka za hato na hato, ndetse iyo usomye Bibiliya usanga Umubwiriza avuga ko byose byahozeho, muyandi magambo no kubona ikintu gishya biragoye.
Ibintu byose biriho ku isi birahinduka, bimwe birasaza, ibindi bigapfa, ibindi bigata agaciro, yewe na za mana bakora bakazisenga,zikajya zibashuka ko zibareba kandi nazo zitamenya uhise, zikabashuka ko zibumva zitazi iyo biva niyo bijya nazo zirasaza bakazana izindi, mbese zirasimbuzwa. Idahinduka ni imwe yo mu (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Yesu ntajya ahinduka, imwe mu mpamvu yo ku mugirira icyizere
31 August 2015, by Innocent Kubwimana -
yahindutse mushya nyuma yo guhura n’Umwami agaca ingoyi zari zimuboshye..
10 December 2012, by UbwanditsiAli yakuriye mu gihugu cya Alijeriya akurira kwa Nyirakuru aho akaba ari naho yabaga ubwo intambara yo guharanira ubwigenge bwa Alijeriya yabaga. Icyo gihe ariko ababyeyi be bakaba bariberaga mu Bufaransa.
Mu kwezi kw’Ukuboza 1965 nibwo Ali yagarutse mu muryango we mu Bufaransa, ari naho nk’uko abivuga nta kintu kiza na gito yaba yibuka cyamunejeje kuva akigera aho ababyeyi be babaga, kuko kuri we ubwo buzima bushya bwarangwaga n’ umubabaro n’ubusharire bukabije kuri we. Ubwo nyine biba (...) -
Iyo Yesu ategetse! Ernest
20 February 2016, by Ernest RutagungiraIYO YESU ATEGETSE! Ndabasuhuje mu izina rya Yesu amahoro y’Imana abe muri mwe, nitwa Ernest RUTAGUNGIRA, Imana iguhe umugisha kuko wemeye gufata umwanya ugasoma iri jambo. Dusome: Luka 5: 4-7 Arangije kuvuga abwira Simoni ati “Igira imuhengeri, mujugunye inshundura murobe.” Simoni aramusubiza ati “Databuja, twakesheje ijoro dukora cyane, nyamara nta cyo twafashe. Ariko kuko ubivuze reka nzijugunye.” Babikoze bafata ifi nyinshi cyane, ndetse inshundura zabo zenda gucika. Barembuza bagenzi babo (...)
-
Urahirwa kuko Yesu yaguhaye indorerwamo abakera batigeze.
12 October 2013, by Ernest RutagungiraAriko amaso yanyu arahirwa kuko abona, n’amatwi yanyu kuko yumva. Ndababwira ukuri, yuko abahanuzi benshi n’abakiranutsi bifuzaga kureba ibyo mureba ntibabibone, no kumva ibyo mwumva ntibabyumve. (Matayo 14:16-17).
Ubwo yari hamwe n’abigishwa be ndetse n’abandi bantu benshi bamushagaye, nibwo yabahishuriye amahirwe adasanzwe bafite nyamara batari basobanukiwe, Yesu mukuyabasobanurira yabaciriye ndetse abasobanurira umugani w’umubibyi wabibye imbuto, zimwe zikagwa mu nzira, izindi zigwa ku (...) -
Ubuhamya:Imana niyo yonyine ibasha guhindura amateka y’umuntu
18 August 2015, by Pastor Desire HabyarimanaPasiteri Nkurunziza Fiacre abarizwa mu ‘‘Rusengero rwa Yesu Kirisitu rw’Abera b’Imana bo mu minsi ya nyuma’’. Uyu mu pasitoro yavuze ubuhamya bw’ubuzima bwe ari naho yemereje ko Imana yonyine ari yo ibasha guhindura imibereho n’amateka y’umuntu.
Ubuhamya bwa Pasiteri Nkurunziza bukubiyemo ibyo yanyuzemo mbere yo gukizwa ndetse n’ibyo abona muri iki gihe yamaze kwakira agakiza.
Nkurunziza yavuze ko yamenye ubwenge asanga se afite abagore babiri. Kubera ko se atabitagaho bituma ajya gushaka akazi (...) -
Iyuzuze n’ Imana ubone kugira amahoro. Ernest Rutagungira
15 January 2014, by Ernest RutagungiraYesu amaze kuvukira i Betelehemu mu gihugu cy’i Yudaya ku ngoma y’Umwami Herode, haza abanyabwenge baturutse iburasirazuba bajya i Yerusalemu, barabaza bati “Umwami w’Abayuda wavutse ari hehe? Ko twabonye inyenyeri ye turi iburasirazuba, none tukaba tuje kumuramya.” Umwami Herode abyumvise ahagarikana umutima n’ab’i Yerusalemu bose, ateranya abatambyi bakuru n’abanditsi bose b’ubwo bwoko, ababaza aho Kristo azavukira aho ari ho. (Matayo2:1-4).
Ubusanzwe mu mateka y’abami, nta mwami wima ingoma undi (...) -
Kubabarira biragoye ariko ni itegeko ku mukristo!
9 May 2016, by Alice Rugerindinda“Kuko nimubabarira abantu ibyaha byabo, na So wo mu ijuru azabababarira namwe, ariko nimutabababarira abantu, na So na we ntazabababarira ibyaha byanyu” Matayo 6: 14-15
Igishimishije muri aya magambo ni uko Imana itadusaba gukora ibirenze ibyo dushoboye, kandi Paulo yaranditse ngo ashobozwa byose na Kristo umuha imbaraga! Imana ishimwe.
Ikintu cyatuma Imana itakubabarira , ntekereza ko atari ikintu cyoroshye, cyane ko ducumura buri munsi, dukenera imbabazi z’Imana buri munsi.
Kubabarira (...) -
Addis abeba : Umuvugabutumwa Reinhard Bonnke yatangije igiterane yise “Gospel Festival”
9 November 2012, by UbwanditsiMugihugu cya Ethiopia mumurwa mukuru wa Addis Abeba ,umuvagabutumwa ufite ubwenegihugu cy’ubudage uzwi hano muri Afrika kuva mumwaka w’1967 Reinhard Bonnke yatangije igiterane kinini kizwi kw’izina rya (Crusade)kikaba cyaratangijwe kuri uno wagatatu taliki ya7/11/2012 kikazasozwa taliki ya 11/11/2012 mwitangizwa ryicyo giterane hakaba hari abantu basaga 75.000 uwo mugabo wamenyekanye cyane mubijyanye n’ivugabutumwa hirya nohino kw’Isi, hari hashize imyaka 20 adaheruka muri icyo gihugu, (...)
-
Imana yankuye mu rupfu nawe yagukiza - Dr Bishop Richardson
22 April 2013, by UbwanditsiUhereye ku wa 18-21 Mata 2013 mu Itorero rya ‘‘Christ Gospel Fellowship Church’’ riherereye Kimironko; hari umuvugabutumwa mpuzamahanga uturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika witwa Dr Bishop Michael Richardson; mu buhamya bwe avuga ko yari yarakebanye umubiri wose (Paralysé) incuro enye arwaye n’impyiko ndetse zaraboze; ariko Imana iramukiza; ati “Imana yankuye mu rupfu.”
Dr Bishop Michael Richardson mu buhamya bwe; avuga ko yari asanzwe afite umuganga we wari usanzwe umukurikirana amuvura; (...) -
Umumaro wo kwemera ubushake bw’Imana - Joyce Meyer
24 February 2014, by Simeon NgezahayoHabayeho umusore muto wari ukennye cyane, ariko afite icyifuzo cy’inkweto. Yari ahagaze imbere ya depot y’inkweto, yambaye ibirenge, ashishira kubera imbeho. Umugore wari mu idirishya rya depot amubaza igituma ahagaze ahongaho, wa mwana asubiza uwo mugore ati “Mama, nari ndimo gusaba Imana umuguru umwe w’inkweto!” Umugore yinjiza umwana mu iduka, amwozaho umwanda wari umuriho ku birenge, amwambika amasogisi mashya n’inkweto. Uwo mwana yakozwe ku mutima n’impuhwe z’uwo mugore, maze ni ko kubaza (...)
0 | ... | 970 | 980 | 990 | 1000 | 1010 | 1020 | 1030 | 1040 | 1050 | ... | 1230