Minisiteri ya Siporo n’umuco y’u Rwanda, yasohoye itangazo ritegeka abantu bari bateguye ibitaramo n’ibindi bikorwa byose biri mu rwego rwo kwizihiza Halloween mu Rwanda guhita barekera aho kuko binyuranyije n’umuco w’u Rwanda.
Ubusanzwe Halloween ifatwa na bamwe mu bakirisitu nk’umunsi wa Gipagani wizihizwaho abazimu, ikunze kwizihizwa cyane cyane mu bihugu bya Amerika na Canada ndetse n’uburayi.
Abawusobanukiwe neza bavuga ko ari umunsi wo kwibuka abapfuye bose ugereranywa n’umunsi (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Ibitaramo bya "Halloween" byahawe akato mu Rwanda
2 November 2013, by Ubwanditsi -
Ubaye uzi ubwenge, ibi bihe urasabwa kurushaho gushaka Imana.
30 January 2016, by Ernest RutagungiraAriko umwuka avuga Yeruye ati “Mubihe bizaza bamwe bazagwa bave mu byizerwa,bite ku myuka iyobya n’inyigisho z’abadayimoni bayobejwe n’uburyarya bw’abigisha b’abanyabibyoma, bafite inkovu z’ibyaha mu mitima yabo nk’iz’ubushye.., (1Timoteyo 4:1-2).
Kandi umenye ko mu minsi y’imperuka hazaza ibihe birushya, kuko abantu bazaba bikunda,bakunda impiya ,birarira, bibona, batukana,batumvira ababyeyi babo,indashima, batari abera,badakunda n’ababo,batuzura, babeshyerana, batirinda, bagira urugomo badakunda (...) -
Imana ni Umwuka n’ abayisenga bakwiye kuyisenga bari mu Mwuka!
16 November 2012, by UbwanditsiIjambo ry’Imana muri Yohana 4: 24 Riratubwira ngo Imana ni umwuka, n’abayisenga bakwiye kuyisenga mu mwuka no mu kuri.
Imana idufashe cyane kandi itwambike imbaraga. Amatora yo muri America yatumye nibaza byinshi cyane. Mu ba candidats biyamamazaga Romey na Obama, habaye intambara nyinshi cyane, aho byagaragaraga ko abazungu bafite ubutunzi hafi ya bose bari inyuma ya Romey kugirango gusa barwanye umwirabura. Hakoreshejwe amadolari atangira ingano, ndetse hari ama etats amwe namwe (...) -
Urugo rwiza kandi rukiranuka rushobora guhinduka nk’ ijuru rito!
24 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaUrugo rwiza rukwiriye kubanzirizwa n’ubukwe bwiza. Ubukwe ni umuhango wera wahanzwe n’Imana, uhuza umusore n’inkumi, bagafatanishwa umurunga w’ubumwe kugeza igihe bazapfira. Ni ubufatanye bwa babiri, bukaba burindwa n’uko buri wese yujuje inshingano zimureba akiranutse, kandi agendereye kunezeza no guhesha amahoro mugenzi we.
Ubukwe kandi ni ihame shingiro, ribereyeho kuzibura isoko y’akamaro k’umuntu gahishe mu mico, mu mikorere no mu bwenge, akabigaragariza mu kubikorera uwo biyemeje kuba (...) -
Chorale Itabaza yataramiye abanya Kigali kuri cyumweru taliki ya 25//09/2011
26 September 2011, by UbwanditsiNkuko twari twabibatangarije ko kuri iki cyumweru taliki ya 25/09/2011 Chorale Itabaza ikorera umurimo w’ Imana muri ADEPR BIbare izataramira abanya Kigali; Sambiri za mu gitondo Chorale Itabaza yari imaze kugera mu murenge wa Gahanga aho itorero rya ADEPR Gatare rikorera biteguye gutarama nkuko babitojwe.
Abaturage bo muri uwo murenge by’ umwihariko abakristo b’ ADEPR Gatare nabo bari bazindutse kureba Chorale yaririmbye indirimbo ivuga ngo ifoto y’ Urwibutso barayidusigiye.
Igitaramo (...) -
Kurikirana ubuhamya bwa Mariyamu yamaze imyaka irenga 24 atarya atanywa!
31 July 2012, by UbwanditsiUbu buhamya mugiye gukurikirana ni ubwa nyakwigendera Mama Mariamu KINYAMARURA wari Utuye i KABERA Mu majyepho ya KONGO Aho benshi bazi ku kazina k’i MURENGE.Ubu buhamya tukaba tubukesha Umwe mu bahungu ba Mariamu wasigaye Pasteur IRIHOSE Mariko
Ijambo ry’Imana : MATAYO 19,26 na MARIKO 9,23 :" Ku Mana byose birashoboka." INTANGIRIRO Y’UBUHAMYA
Mama Domithila KINYAMARURA yavutse mu mwaka wa 1925 mu gihugu cyahoze ari ZAIRE ubu akaba ari Igihugu cya Repuburika Iharanira Demukarasi ya Kongo (...) -
"Nyuma y’imyaka 19, Yesu yankijije Canseri n’ izindi ndwara zikomeye".
8 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaIbi ni ibyatangajwe na Bwana TUGANIMANA Charles mu kiganiro yagiranye na Pastor Desiré HABYARIMANA . Charles yamubwiye uburyo yabonye imbaraga z’Imana zikiza, zamukijije Canseri n’ izindi ndwara zikomeye yaramaranye imyaka 19.
Mu magambo ye bwite Charles aragira ati:"Nafashwe n’uburwayi mfite imyaka 16, bwatumye mpinamirana, ndwara ibisebe k’ ubugombambari birambabaza cyane. Nivuje ahashoboka hose biranga. Nivuje i Gatagara nk’imyaka 2 mbonye byanze njya mu kinyarwanda bakanzanira ingwa bacukuye (...) -
Ni ibiki byanditse mu bitabo by’amateka yawe ! Alice Rugerindinda
27 January 2014, by Alice Rugerindinda“ Ariko indi mirimo ya Manase n’ibyo yakoze byose n’icyaha yakoze, mbese ntibyanditswe mu gitabo cy’ibyo ku ngoma z’abami b’abayuda? 2 Abami 21: 17
Maze iminsi nibaza ku ijambo rijyanye n’amateka y’umuntu. Naribajije nti ese buriya atangirira he! Wasanga atangira bakimutwita ,kuko hari abo Bibiliya ijya itangira kuvuga ukuntu byagenze bakiri mu nda .
Urugero rwo muri Luka 1: 39-41 rwa Mariya Nyina wa Yesu aramukanije na Elizabeti ngo Elizabeti acyumva iyo ndamukanyo , inda yari atwite ya Yohana (...) -
Mbese witeguye kugaruka kwa Yesu ?
21 March 2013, by Alice RugerindindaNi na ko bizamera umunsi Umwana w’umuntu azabonekeraho” Luka 17:30
“ Kandi uko byari biri mu minsi ya Nowa, ni ko bizaba no mu minsi y’Umwana w’umuntu: bararyaga, baranywaga, bararongoraga, barashyingiraga, bageza umunsi Nowa yinjiriye mu nkuge, umwuzure uraza ubarimbura bose. No mu minsi ya Loti nayo byari bimeze bityo: bararyaga, baranywaga, baraguraga, barabibaga, barubakaga, maze umunsi Loti yavuye I Sodomu, umuriro n’amazuku biva mu ijuru biragwa, birabarimbura bose. Ni na ko bizamera (...) -
Mu giterane cya Korare ukuboko kw’ iburyo hakijijwe abantu40
25 February 2012, by UbwanditsiUyu munsi taliki ya 25/02/201 mu itorero ry’ ADEPR Gatenga habereye igiterane cyo gushyira ahagaragara umuzingo w’amashusho ya Kolari Ukuboko kw’ iburyo ugizwe n’ indirimbo 11 uyu muzingo ukaba witwa ‘’Yesu ni ingabo’’.
Iki giterane kikaba cyitabiriwe n’abantu benshi barimo Chorale Jehovayire ikorera umurimo w’ Imana muri ULK hamwe n’abahanzi ku giti cyabo batandukanye barimo Isaïe Uzayisenga na Bernadette Musabe bose bakomoka muri Paroisse ya Nyakabanda, hari kandi n’abakozi b’Imana batandukanye (...)
0 | ... | 990 | 1000 | 1010 | 1020 | 1030 | 1040 | 1050 | 1060 | 1070 | ... | 1230