Navukiye mu muryango utari uw’abakristu, nta nubwo nigeze ntozwa ibintu by’idini. Usibye agatabo gato masenge yari yarampaye, karimo amasengesho menshi yo kubwira Mariya. Mu buto bwanje ubwo ubuzima butari bunyoroheye, nabumbuye ka gatabo ndagasoma, ariko mu by’ukuri ntabonamo icyo numvaga nipfuza muri icyo gihe. Ariko hasi muri ako gatabo hari handitse izina rya Yesu, numva umutima wanjye uripfuza kuhatinda.
Imyaka yarashize, mu rugo hakomeza kuba icuka kitari cyiza. Mfite imyaka 17, (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Ubuhamya: Yesu yankijije indwara idakira
20 February 2013, by Isabelle Gahongayire -
Ubuhamya: Uburyo Imana yakuye Munyemana muri mayibobo
25 March 2014, by UbwanditsiNabayeho mu muhanda nzwi ku izina rya mayibobo, ubwo buzima nabumazemo imyaka7 naryaga iby’abandi bantu basigaje muri resitora.
Twakundaga kuba turi i Nyanza mu kimoteri tugatoraguramo ibirayi, ibitoki n’ibindi tukabiteka mu madebe, twanywaga ibiyobyabwenge binyuranye birimo itabi, urumogi na kore (colle) bashyira mu nkweto na tineli; twanywaga esanse na mayirunge n’ibindi. Twararaga hanze ku mabaraza y’amazu y’ubucuruzi ndetse n’i Nyanza mu kimoteri bakunda kwita Ruviri.
Nagiraga ibitutsi (...) -
Imana ishaka ko duhora twibuka imbaraga yadukuje muri Egiputa
7 August 2015, by UbwanditsiKuva 15:22 Mose agendesha Abisirayeli bakomeza urugendo, bava ku Nyanja itukura bajya mu butayu bw’i Shuri, bagenda iminsi itatu mu butayu babura amazi.
Kuva 15:23 - Bageze i Mara ntibabasha kunywa amazi y’i Mara, kuko yaruraga. Ni cyo cyatumye hitwa Mara.
Kuva 15:26 - Arababwira ati"Nugira umwete wo kumvira Uwiteka Imana yawe, ugakora ibitunganye mu maso yayo, ukumvira amategeko yayo, ukitondera ibyo yategetse byose, nta ndwara nzaguteza mu zo nateje Abanyegiputa, kuko ari jye Uwiteka (...) -
"Iyo ugambiriye neza Imana iguha umugisha naho iyo ugambiriye nabi Imana irabiguhanira "
16 September 2011, by Ubwanditsi"Iyo ugambiriye neza Imana iguha umugisha naho iyo ugambiriye nabi Imana irabiguhanira ".Aya ni amagambo yavuzwe na Pasteri Desiré mu gusoza amahugurwa y’iminsi ibiri ku ijambo ry’Imana yabereye mu bitaro byitiriwe Umwami Faysar kuri uyu wa gatanu tariki ya 15/09/2011.
Insanganyamatsiko y’ayo mahugurwa yanditse mu gitabo cya Daniel 1 :8 . Hagira hati : maze Daniel agambirira mu mutima we kutaziyandurisha ibyokurya by’Umwami cyangwa vino yanywaga, aricyo cyatumye yinginga uwo mutware w’inkone (...) -
Mu buzima usigaje kubaho ukwiye kumenya guhitamo
16 May 2016, by Pastor Desire HabyarimanaIcyerekezo cy’ubuzima bwacu giterwa n’amahitamo dukora. Mu buzima hari amahitamo y’ingezi, ariko hari amwe adusaba gutanga ikiguzi, kuko aba agiye gutuma ubuzima bwacu buba ubundi.
Iyo uruhinja ruvutse ruba rwinjiye mu buzima bushya. Rukiri mu nda, ruhora ruryamye, rugasinzira umwanya munini, rukikorera imyitozo ngoramubiri mike. Hanyuma umusi umwe uwari urutwite akavuga ngo : « Birarangiye ! Sohoka ! » Ubwo uruhinja rukaba rutangiye ubuzima bushya. Rwisanga mw’isi irimo umucyo mwinshi, (...) -
Ibintu bibiri by’ingenzi: utinde kuvuga, utinde kurakara.
8 May 2012, by Alice Rugerindinda“Nuko rero bene Data bakundwa, umuntu wese yihutire kumva, ariko atinde kuvuga, kandi atinde kurakara kuko uburakari bw’abantu budasohoza ibyo gukiranuka kw’Imana”. Yakobo1: 19 “Umuntu wese udacumura mubyo avuga, aba ari umuntu utunganye rwose, yabasha no gutegeka umubiri wose” Yakobo 3:2b
Aya magambo iyo aba ayanjye, simba nyanditse, kuko akomeye kandi uko nyasomye aratsinda nkumva ndushijeho kwimenya nk’umunyantege nke ukeneye kugirirwa neza n’Imana. Mbega ukuntu ururimi rugoye kurutegeka! Mbega (...) -
Ntimukiganyire iby’ejo, Yesu niwe ubigena
7 September 2015, by Umumararungu Claire‘’Ni cyo gitumye mbabwira nti: ntimukiganyire ngo mutekereze ubugingo muti ‘Tuzarya iki?’ Cyangwa muti ‘Tuzanywa iki?’ Ntimwiganyire ngo mutekereze iby’umubiri wanyu ngo ‘Tuzambara iki?’ Mbese ubugingo ntiburuta ibyokurya, umubiri nturuta imyambaro?’’ Matayo 6:25
Ejo hacu ntituhazi, icyakora umuntu abasha kumenya ibyashize n’ibyo arimo muri ako kanya ariko ntiyamenya ibiri bumubeho mumasaha akurikiyeho, bivuze ko ibyo byo biba bizwi n’Imana.
Abantu bose bahangayikishwa n’ibizabatunga ejo hazaza, (...) -
Ni gute wahamiriza umugabo wawe udakijijwe? - Elisabeth Boutinon
30 July 2013, by Simeon NgezahayoHari ubwo umuntu yanyandikiye akoresheje internet, ambaza iki kibazo ngo "Ni gute wakwifata imbere y’umugabo wawe udakijijwe mu gihe urimo kumuhamiriza ko wizeye Yesu?"
Natekereje ko igisubizo namuhaye gishobora gufasha rwose n’undi wese wo muri twe, bituma nifuza gusangira namwe ibyo namushubije:
Mwene Data muri Kristo Yesu,
Wagize neza gukoresha ijambo ngo “ni gute umuntu yakwifata,” kuko ijambo ry’Imana mi Isezerano Rishya rivuga ko ijambo guhamya risa n’iridakoreshwa. Nyamara n’ubwo (...) -
Iyaba wamenyaga uwo muvugana ! Alice
1 December 2015, by Alice RugerindindaPetero aramwihererana atangira kumuhana ati: Biragatsindwa Mwami, ibyo ntibizakubaho na hato.”Arahindukira abwira Petero ati: “ Subira inyuma yanjye satani, umbereye igisitaza kuko ibyo utekereza atari iby’Imana, ahubwo utekereza iby’abantu” Matayo16:22- 23
Aha ni igihe Yesu yari arimo kuvuga iby’ukuntu azababazwa , agapfa akazuka nk’uko mission ye yari iri, ariko Petero agatangira kumuhana no kumwumvisha ko rwose ibyo bintu bidakwiriye kubaho, ko Imana itakwemera ko ibyo bintu bibaho.
Ijambo (...) -
Koko kumenya Kristo n’ubutunzi butagira akagero! Alice Rugerindinda
6 January 2014, by Alice Rugerindinda“ Nyamara ibyari indamu yanjye nabitekereje ko ari igihombo kubwa Kristo, ndetse n’ibintu byose mbitekereza ko ari igihombo kubw’ubutunzi butagira akagero, aribwo kumenya Kristo Yesu. Kubw’uwo nahombye ibyanjye byose ndetse mbitekereza ko ari amase kugirango ndonke Kristo… Abafilipi 3: 7-8
Uyu ni Paulo wahoze witwa Sawuli. Amaze kwitegereza no kugereranya ubuzima yabanje kubamo, asanga kugira Yesu, ukamutunga muri wowe ndetse byaba na ngombwa ukarenganywa kubwe, ari ubutunzi butagira akagero. (...)
0 | ... | 980 | 990 | 1000 | 1010 | 1020 | 1030 | 1040 | 1050 | 1060 | ... | 1230