“Kandi ubu butumwa bwiza bw’Ubwami buzigishwa mu isi yose, ngo bube ubuhamya bwo guhamiriza amahanga yose, nibwo imperuka izaherako ize”
Mu murongo wo hejuru Yesu ntabwo yavuze ngo “Kandi Ubutumwa bwiza bw’Ubwami buzigishwa mu isi yose.” Ahubwo, yaravuze ati “Ubu butumwa bwiza bw’Ubwami”; bimenyesheje ko hari Ubutumwa bwihariye yerekanaga, bw’ubwami runaka bwihariye – Ubwami bw’Imana. Yesu ntabwo yaje yigisha ubutumwa bubonetse bwose, ahubwo ni “Ubutumwa bw’Ubwami.” Ibyo ni ukuvuga ko hariho (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Ubutumwa Bw’Ubwami (Pasitori Chris )
7 May 2014, by Ubwanditsi -
Urugendo rw’Umukristo: Eliya na Elisa(Igice cya 3) Pasteur Desire Habyarimana
10 November 2013, by Pastor Desire Habyarimana3. Bakomereje i Yeriko:
Kunyura i Yeriko birasaba kuba warakebwe neza, kandi ukunda Imana no kuba mu nzu yayo, kuko Yeriko ni ubuzima Imana inyuzamo abantu bukomeye n’ahantu itunganyiriza abantu bayo muri rusange, kandi kwigishwa n’Imana ni byiza kuko kubakunda Imana byose bifataniriza hamwe kubazanira ibyiza. Umuntu w’Imana n’iyo ageragejwe aba azi ko imbere hazavamo ibyiza.
Mwese muzi Yeriko. Muribuka ko i Yeriko yatangiriye Abisirayeli kugeza ubwo Mikayeli (umugaba w’ingabo zo mu ijuru) (...) -
CEP KIST-KHI yasoje igiterane cy’icyumweru
10 March 2014, by UbwanditsiIgiterane cyari kimaze icyumweru muri CEP KIST-KHI cyari gifite intego igira iti “Nibutse iminsi ya kera, nibwira ibyo wakoze byose, ntekereza umurimo w’ intoki zawe nkuramburira amaboko” Zaburi 143:5.
Abashyitsi bari muri iki giterane ni Pasteur Desire Habyarimana, Umuririmbyi Alexis Dusabe, Chorale Siloam ya ADEPR Kumukenke hamwe n’abarangije muri KIST bari mu buzima busanzwe.
Nyuma yo kumva indirimbo zanogeye amatwi zaririmbwe na Sloam n’umuhanzi Alexis Dusabe, hakurikiyeho ijambo ry’ Imana (...) -
"Ijuru ririho kandi rifite ubwiza busumba ibyiza byose tubona ku isi"- Billy Graham
4 August 2015, by Pastor Desire HabyarimanaAya ni amagambo yavuzwe n’ umunyamerika w’ umuvugabutumwa mpuzamahanga "Billy Graham" , yemeza adashikanya ko ijuru ririho kandi ritatswe ubwiza budafite icyo bwagereranwa na cyo mu byo tubona muri iyi si byose. Ni mu gihe abantu benshi bakomeza kuba mu rujijo bibaza niba ijuru ririho koko cyangwa uko ryaba risa?
Billy Graham yandikira igitangarazamakuru The Kansas City Star yagize ati "Bibiliya itwereka neza ko ijuru ririho kandi ko ririmo ibintu bigaragara, bifatika kandi byumvikana. Nta (...) -
Gukiranuka ntabwo ari ubwishingizi butuma dusimbuka ibigeragezo
31 January 2016, by Ernest RutagungiraInyigisho zihumuriza abantu ni zimwe muzo Imana yashyize mu nyandiko z’ijambo ryayo dusanga muri Bibiliya, kugirango zijye ziduhumuriza ndetse zinadusubizemo ibyiringiro mu gihe tugeze mu bikomeye bihagarika Imitimana yacu, gusa na none ni na byiza ko ibyo bihumuriza tubikoresha tutagendera gusa ku marangamutima ya kimuntu ahubwo tunagendeye ku kuri kw’ijjambo ,kuko bigira Umumaro mwinshi mu gufasha uwahumurijwe ndetse akanarushaho gusobanukirwa Imana iyo ariyo n’umugambi imufiteho.
Ijambo (...) -
Waba uzi icyo bita ibyaha by’inyongobezabugingo!
20 February 2016, by Alice Rugerindinda“ Ariko wehoho wirinde muri byose” 2 tim 4:5b
Ijambo “kuyongobeza” rivuga “kumunga” cyangwa “ kwica buhoro buhoro”. Kumunga bikunze gukoreshwa ku myaka nk’ibishyimbo, amasaka, ibigori….. Biba bisanzwe ari bizima ariko hakaba ubwo bizazamo agakoko bita imungu, kagatangira karumaho buhoro buhoro kugeza igihe igishyimbo cyose kibaye ivu ,kugeza ubwo n’umufuka wose wafatwa ukajugunywa kuko ibyo bishyimbo bitakiri ibyo kuribwa byamaze kwangirika. Imyaka rero imungwa kuko yabitswe nabi, itahungiwe cyangwa (...) -
Niyo gusa ibasha guhindura umubabaro wawe mo ishimwe. Ernest RUTAGUNGIRA
9 April 2014, by Ernest RutagungiraUmunsi Elukana yatambaga ibitambo, yendaga imigabane akayiha umugore we Penina, n’abahungu be n’abakobwa be, ariko Hana yamuhaga ibiri kuko yamukundaga, ariko rero Uwiteka yari yamuzibye inda ibyara. Kandi mukeba we yajyaga amubabaza cyane akamutera agahinda, kuko Uwiteka yari yamuzibye inda ibyara.. Bukeye bazinduka kare mu gitondo bajya imbere y’Uwiteka barasenga, barangije basubira iwabo basohora mu rugo rwabo i Rama. Maze Elukana aryamana n’umugore we Hana, Uwiteka aramwibuka. Igihe (...)
-
Mu ishure Yesu aratwigisha kandi akadutegurira n’ ameza ariho ibyokurya n’amazi yo kunywa.
21 February 2013, by Felicite NzohabonayoWa mwigisha wacu (YESU) twaganiriyeho mu cyumweru gishize , aratwigisha kandi akadutegurira n’ ameza ariho ibyokurya n’amazi yo kunywa. Yesaya 30 :20-21 haravuga ngo : « Kandi nubwo Uwiteka akugaburiria ibyokurya by’amakuba n’amazi y’agahimano, abakwigisha ntibazongera guhishwa ahubwo amaso yawe azajya areba abakwigisha, kandi nimujya kunyura i buryo cyangwa i bumoso, amatwi yawe azajya yumva ijambo rigutururtse inyuma rivuga riti « Iyi niyo nzira mube ariyo mukomeza. » I. IBYO (...)
-
Ba Marabu ni bantu ki?
16 December 2012, by Pastor Kazura JulesMu buryo bwo kudufasha gusenga ndetse no gusengera abaturage ba Senegali muri rusange tugenda tubagezaho ubuzima babayeho kugirango tumenye n’uburyo bwo kubasenger
Iyi foto iyo utembeye muri Senegal urayibon, ari ku modoka ari ku mazu ari mu mazu y’ubucuruzi, ari mu mazu atuwemo, ikaba ari iyumwe mu ba Marabu bubahwa cyane muri Senegal tuzabagezaho amakuru ye.
Abarenga 90% muri Senegal babarwa nk’abayisiramu, nubwo uwo ari umubare uvugwa abenshi mu baturage ba Senegal bavanga ibya islamu (...) -
Urugendo rw’Umukristo: Eliya na Elisa(Igice cya 2) Pasteur Desire Habyarimana
5 November 2013, by Pastor Desire Habyarimana2. Urugendo barukomereje i Beteli:
Beteli bisobanura mu nzu y’Imana. Muribuka Yakobo ahunze Esau, Imana ikamwiyereka yiseguye ibuye ? Akangutse yasize amavuta ibuye, arangije ararishinga yita aho hantu i Beteli aravuga ngo nungarukana amahoro, ukampa ibyo kurya n’ibyo kwambara nzahakubakira inzu (Itangiriro 28:18-22). Aho ngaho ni ho Yesu yaje kuvukira.
Nyuma yo gukebwa noneho wageze mu nzu y’Imana, uri Amukristo mwiza. Imana ishimwe. Mu nzu y’Imana nagira ngo nkumenyeshe ko habera ibyiza (...)
0 | ... | 1020 | 1030 | 1040 | 1050 | 1060 | 1070 | 1080 | 1090 | 1100 | ... | 1230