Asoma bene se bose, abaririraho, nyuma bene se baganira nawe. ( Itangiriro 45:15)
Yosefu byaramugoye guhita yibwira bene se. Yashatse kubanza kumenya amakuru y’umuryango, abanza kumenya ko murumuna we Benyamini akiriho aramubatuma baramuzana aramubona, ashaka no kumenya niba ise akiriho nabyo arabimenya .Ayo makuru yayabonye akoresheje ubwenge bwinshi tutarondora hano.
Usomye igice cya 45, ubona ko nyuma byamunaniye kwihangana ategeka ko basohora abantu bose kugira ngo yibwire bene se. (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Yageragejwe kubera inzozi yarose ( igice cya 3) Kiyange Adda- Darlene
15 September 2013, by Kiyange Adda-Darlene -
Igisha abana bawe gusenga - Marcia McQuitty
28 May 2013, by Simeon NgezahayoKwigisha abana gusenga bituma bumva bafite umumaro imbere y’Imana.
Mu kinyamakuru gisohoka buri munsi, umwana w’umuhungu w’imyaka 7 yabajije Dr. Billy Graham ikibazo gikurikira: “Imana yumva gusenga kwanjye, cyangwa yumva gusenga kw’ababyeyi banjye?” Iki kibazo kitwibutsa ko abana Imana yaduhaye dukwiriye kubigisha gusenga, tukabigisha neza iby’umwuka, tubyitayeho kandi mu bwenge.
KUKI abana batarajya mu ishuri n’abiga ari ngombwa kubigisha gusenga?
Yesu yigishije neza abigishwa be ko abana ari (...) -
Ibanga ryo kugira Umugisha!
23 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaMukundwa, ndakwifuriza kugira umugisha muri byose ndetse, ubuzima buzira umuze, ndetse no gukura mu mwuka, nk’uko tubisanga muri 3 Yohana 2.
Umugisha nagereranya no kugira ibintu bisaga, kwaguka cyangwa kugira ubuzima buzira umuze, ni bimwe mu bigize UMUTEGURO W’IMANA ku muntu wese uyizera agakora ibyo IJAMBO ryayo rimusaba. Ni yo mpamvu YESU UMWUNGERI MWIZA yaje, kugira ngo intama ze zibone ubugingo kandi zibone bwinshi, nk’uko tubisanga muri Yohana 10:10.
• Mbese ni gute wagira umugisha (...) -
Ukwiriye kumenya ubutware wahawe muri Kristo Yesu ukabukoresha neza. Pastor Desire
6 September 2015, by Pastor Desire Habyarimana“Uwiteka abaza Mose ati: “Ni iki gitumye untakira? Bwira Abisirayeri bakomeze bagende. Nawe umanike inkoni yawe, urambure ukuboko hejuru y’ inyanjauyigabanye Abisirayeri bace mu Nyanja hagati nko ku butaka” (Kuva 14:15-16) Twese tuzi Mose yavukiye muri Egiputa ababyeyi baramuta atoragurwa n’ umukobwawa Farawo aramurera (Kuva 2); arakura, ageza ku myaka 40. Yize amashuli meza aba umusirikare mukuru, kandi yakuze bamutegura nk’uzasimbura Farawo akaba umwami.
Umunsi umwe amenye ko ari Umuheburayo (...) -
Mu giterane cyaberaga kuri ADEPR Muhima abagera kuri 50 bakijijwe!
13 January 2013, by UbwanditsiKuri iki cyumweru taliki ya 13/01/2013 aho Itorero rya ADEPR Nyarugenge ishami rya Muhima rikorera habereye inyigisho z’ ijambo ry’ Imana umushyitsi mukuru akaba yari n’ Umwigisha w’ uyu munsi akaba yari Pasitori Habyarimana Desire
Mu nyigisho yagejeje ku bari bateraniye aho basaga ibihumbi 2500 yagize ati Imana igambiriye gukora ikintu gishya mu buzima bwacu. Yifashishije ijambo riri mu gitabo cy’ Ibyahishuwe 21:5 hagira hati; Iyicara kuri ya ntebe iravuga iti “Dore byose ndabihindura (...) -
Kurikirana uko isabukuru y’Agakiza.org yagenze hamwe n’amafoto
30 November 2015, by Innocent KubwimanaKuri iki cyumweru tariki 29/11/2015 nibwo muri Salle ya Fourquare Kimironko habereye igiterane cyabereyemo umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 5, urubuga rwa Gikristo Agakiza.org rumaze rutangiye gukora umurimo w’ivugabutumwa kuri interineti.
Iki giterane kitabiriwe n’imbaga y’abantu benshi baturutse mu ntara zitandukanye z’igihugu ndetse n’itsinda ryaturutse mu gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi, harimo n’umwe mu banyamakuru ba Radiyo ya Gikristo y’i Burundi yitwa Ijwi ry’Ivyizigiro.
Dore uko (...) -
Abanzi B’urugo Rwiza
15 November 2015, by Alice Rugerindinda“ Umugore w’umutima wese yubaka urugo, ariko umupfu we ubwe ararusenya” (Imigani 14:1)
Mu yandi magambo, haravuga ngo:”umugore w’umunyabwenge yubaka urugo rwe, nyamara umupfapfa ararusenya”.
Iyo nsomye aya magambo, numva nejejwe nuko Imana, yemera neza ko, umugore afite ubushobozi bwo kubaka urugo rwe, mu gihe nzi neza ko urugo ari ikintu cy’igiciro cyinshi. Amen
Kuba ari ikintu cy’igiciro cyinshi, ni nayo mpamvu rugira ibiruhiga byinshi cyangwa se abanzi benshi kuko nk’uko bibiriya ibivuga, aho (...) -
Kwatura Ibyaha k’Umukiranutsi – Rev. Paul Yonngi Cho
31 July 2013, by Simeon NgezahayoKwatura ibyaha nyakuri k’umukiranutsi ni ukuhe? Ni ukwatura ko akora ibyaha buri munsi, ariko akizera ko hashize imyaka ikabakaba 2,000 Yesu abikuyeho.
Yesu yikoreye ibyaha byacu, abikorewe na Yohana umubatiza ubwo yamubatirizaga mu ruzi rwa Yorodani.
1 Yohana 1:9 haravuga ngo “Ariko nitwatura ibyaha byacu, ni yo yo kwizerwa kandi ikiranukira kutubabarira ibyaha byacu no kutwezaho gukiranirwa kose.” Ibi bisobanura ko umuntu wiyemeje kwizera ijambo ry’amazi n’Umwuka agomba kwatura ibyaha bye, (...) -
Nyuma yo kumugerageza byaje kurangira imwemeye nk’incuti yayo!
29 February 2016, by Alice Rugerindinda“Ariko weho Isirayeli umugaragu wanjye, Yakobo natoranije, rubyaro rwa Aburahamu incuti yanjye” Yesaya 41 :8
Naratangaye cyane mbonye aya magambo aho Imana yivugira ubwayo ngo “ rubyaro rwa Aburahamu incuti yanjye”. Buriya kugirango umuntu agere ku rwego rw’incuti si ikintu gipfa kuza gutyo, hari aho kiba cyaraturutse, kuko ubundi hari abantu tuba tuziranye, dusengana, abatugiriye neza cyangwa abo twagiriye neza , abo tugira icyo dupfana… ariko ibyo byose ntibihita bibashyira mu rwego (...) -
Imitima y’abenshi yararuhutse ubwo Jehovahjireh choir CEP-ULK yari kuri stade ya Muremera-Ngozi-Burundi.
1 August 2012, by UbwanditsiKuvakuwa 27-29/07/2012 Jehovahjireh choir CEP-ULK yari mu rugendorw’ivugabutumwa mu gihugu cy’abaturanyi cy’Uburundi.
Hakaba hari hateguwe igikorane (igiterane) cy’iminsi ine kuva kuwa 26-29/07/2012 cyateguwena GEPU(Groupe Evangélique pentecotiste univesitaire de Ngozi) kubufatanye n’ishengero rya Gashikanwa ubusanzwe ribarizwa muri Province yaNgozi, kikaba rero kiba inshuro imwe mu myaka itatu kikaba cyari gifite intego yo guhamagarira abantu guhindukira bakakira ubutumwa bwiza bwa Yesu kristo (...)
0 | ... | 1100 | 1110 | 1120 | 1130 | 1140 | 1150 | 1160 | 1170 | 1180 | ... | 1230