‘Ntari hano kuko yazutse nk’uko yavuze, nimuze murebe aho Umwami yari aryamye.’’ Matayo 28.6
Ubwo Yesu yari amaze kuzuka, abasirikare bari barinze imva ye baguye igihumure, bikubita hasi ariko bamaze kuzanzamuka bamenya ko Yesu yazutse, babibwiye abatware barabihanangiriza yemwe babaha n’ibiguzi kugira ngo iyo nkuru rwose bayiceceke hatagira n’umwe ubimenya.
Ahubwo bababwira ko bagomba kugenda bavuga ko abigishwa be baje nijoro bakamwiba, ariko burya inkuru nziza ntijya yihishira, (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Yesu ntakiri mu mva, ni muzima ibihe byose
19 August 2015, by Innocent Kubwimana -
Umujinya , uburakari no gusharira (Igice cya2) Pastor Jean Jacques
4 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaUmujinya , uburakari no gusharira igice cya2
I.Umujinya w’Imana
a. Nubwo Bibiliya itwereka ingero nyinshi zigaragaza ko Imana irakara (Kuva4:14 , 22:24, Kubara11: 33;...) Yo ikomeza kuba iyera( Abarewi 11:45;1 Petero1:16) nta cyaha na kimwe "Nuko rero nimuntegere amatwi, Mwa bantu bajijutse mwe, Ntibikabeho ko Imana ikora ibyaha, N’Ishoborabyose ngo ikore ibyo gukiranirwa,"(Yobu34:10, Mat5:48; Yakobo1:13)
b. Imana itinda kurakara, kubera iyo mpamvu ni inyambabazi, n’inyabuntu (Neh.9:17; (...) -
Nta jambo Imana ivuga ngo rihere Rev Rurangirwa Emmanuel
27 December 2015, by Pastor Desire HabyarimanaNTA JAMBO IMANA IVUGA NGO RIHERE.
Yesu amaze kuvukira i Betelehemu mu gihugu cy’i Yudaya ku ngoma y’Umwami Herode, haza abanyabwenge baturutse iburasirazuba bajya i Yerusalemu, barabaza bati “Umwami w’Abayuda wavutse ari hehe ? Ko twabonye inyenyeri ye turi iburasirazuba, none tukaba tuje kumuramya.” Umwami Herode abyumvise ahagarikana umutima n’ab’i Yerusalemu bose, ateranya abatambyi bakuru n’abanditsi bose b’ubwo bwoko, ababaza aho Kristo azavukira aho ari ho. Bati “Ni i Betelehemu mu gihugu (...) -
Ukarisitiya cyangwa ifunguro ryera bishobora gutera kurwaragurika ?
17 November 2011, by Ubwanditsi…Kuko upfa kurya akanywa atitaye ku mubiri w’Umwami aba aririye kandi anywereye kwishyiraho gucirwaho iteka. Ndetse nicyo gituma benshi muri mwe bagira intege nke,abandi bakarwaragurika, abandi benshi bakaba basinziriye.(1 Abakorinto 11:29-30).
Kurya ifunguro ryera, guhazwa cyangwa se guhabwa ukarisitiya ni umwe mu mihango Mitagatifu/ Yera abakirisitu bahora bakora, buri gihe bibuka urupfu n’izuka bya Yezu/Yesu, bikaba bikorwa buri gihe nk’uko nyirubwite yabibasabye mbere y’uko abapfira (...) -
Umushumba adahari intama ntizagira icyerekezo. ( Igice cya 1) Ev THEOGENE TITO HAGUMA
23 August 2015, by Pastor Desire HabyarimanaUMUSHUMBA (PASITORO) ADAHARI ; INTAMA NTIZAGIRA IKEREKEZO (DIRECTION)
Ubwo Yesu yavugaga ngo ninjye mwungeri (mushumba) mwiza yashakaga gusobanura iki? Ijambo umwungeri cg umushumba muri YOHANA 10:11 ni ijambo riva mu rurimi rw’Ikigiriki POIMEN( soma POY-MANE) risobanura umwungeri cg umushumba.
Nuko aha bamwe kuba intumwa ze, n’abandi kuba abahanuzi, n’ abandi kuba ababwiriza butumwa bwiza, n abandi kuba abungeri n abigisha -ABEFESO4:11. Aha ushobora kubona wowe ubwawe ko ijambo umwungeri cg (...) -
Abakrisitu bakora mu mari basabwe kuba urugero
9 January 2012, by UbwanditsiMu ijoro ryo kuwa Gatanu Ihuriro ry’Abakrisitu bakora cyangwa bafite ibigo by’imari bitandukanye (Christian Financial Forum) bahuriye hamwe bishimira ibyiza Imana yagejeje ku Rwanda mu gihe ibindi bihugu byo ku isi byagize ibibazo bikomeye mu nzego z’imari zabyo bakaba bsabwe kubera bagenzi babo n’isi muri rusange igisubizo nk’abantu bazi Imana.
Uyu muhango wari wiswe Thanksgiving Dinner wari witabiriwe n’abayobozi n’abandi banyacyubahiro batandukanye mu ijambo bagiye bavuga bibanze ku (...) -
Umunyarwanda yirukanywe muri Zimbabwe kubera gushaka gushinga idini risenga Shitani
13 September 2012, by UbwanditsiLeta ya Zimbabwe yafashe icyemezo cyo kwirukana Umunyarwanda witwa Busy Mana Theoneste wari wayandikiye asaba uburenganzira bwo gutangiza idini ryemera kandi risenga Shitani.
Uyu Munyarwanda Busy Mana Theoneste na bagenzi be babiri b’Abanyekongo: George Rene Lungange na Ngendo Brangsto b’Abanyekongo bageze muri Zimbabwe ari impunzi, bajya gucumbikirwa mu nkambi yitwa Tongogara mu gace ka Chipinge.
Bageze muri iyo nkambi, basabye ko bakingura imiryango y’idini yabo bemera ya Shitani, ariko (...) -
Icyaha cyose kigira ingaruka. Evangeliste Kiyange Adda- Darlene
15 January 2014, by Kiyange Adda-Darlene2 Samweli 1:14-15: Dawidi aramubaza ati: ni iki cyatumye udatinya ugahangara kuramburira ukuboko kwica umuntu Uwiteka yimikishije amavuta?Dawidi ahamagara umwe wo mu basore ati : mwegere umusumire. Aramusogota arapfa.
Uyu ni umwana w’umwamaleki w’umunyamahanga yanyuze aho umwami Sawuli yari ari ku rugamba ku musozi witwa Gilibowa yarashwe asigajeho gato agapfa. Uyu mwamaleki yazanye inkuru y’uko yamusogose agapfa azi ko nta kibazo kuko ngo n’ubundi Sawuli atari bukire. Ubwo kandi yari azi (...) -
Wigeze ukundwaho, Dore umukunzi nyawe !
2 February 2016, by Innocent KubwimanaUwo data yampaye wese aza aho ndi, kandi uza aho ndi sinzamwirukana na hato (Yohana 6 :37)
Hano Yesu yavuze amagambo meza ngo abo se yamuhaye bose baza aho ari arkiko igikomeye ngo ntazabirukana na hato, ubu ni ubwishingizi bukomeye.
Akenshi umuntu ashobora kuvukira mu muryango ababyeyi be bose ntibamwiteho bikamubabaza kuko atahabonye ibyo akeneye byose, bene uyu ashobora gukurana icyizere gike afitiye umuryango we, ashobora no guhitamo kureka umuryango we akigira kubana n’abandi, ibi (...) -
Amabanga ahindura umuntu kuba uwo kwifuzwa(Igice cya nyuma) Pastor Kazura Jules
5 March 2014, by Pastor Kazura JulesAMABANGA AHINDURA UMUNTU KUBA UWO KWIFUZWA (Secrets that transform you to become a social man) Igice cya VI
Iyi ni inyigisho ya gatandatu aho turebera hamwe bimwe mu bidutera kubura inshuti cyangwa ubucuti bwacu bukaba buri gihe ubw’igihe gito kandi bidakwiye, kuko twaremewe kubana n’abandi mu mahoro. Mu nyigisho zishize twari twarebeye hamwe eshanu mu mpamvu zitera umuntu kuba atifuzwa, bigatuma abantu batamwiyegereza. Iya mbere yari Gushaka Iteka kuba uw’imbere “KWIBONEKEZA”, iya kabiri yari (...)
0 | ... | 1140 | 1150 | 1160 | 1170 | 1180 | 1190 | 1200 | 1210 | 1220 | 1230