Mu masengesho yo gusengera igihugu yabaye kuri uyu wa Kane, President Barack Obama yavuze ko ubwisanzure bw’amadini ari inkingi nyamukuru ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri politiki mpuzamahanga. President Barack yongeyeho ko kwishyira ukizana kw’amadini ari ishingiro ry’agaciro ka muntu.
Yagize ati "Uyu munsi turagendera ku mahame tuzi ko ari ay’ukuri. Turi yuko buri wese muri twe yaremwe mu buryo butangaje, mu ishusho y’Imana. ku bw’ibyo twemera ko umuntu wese avukana agaciro – agaciro umuntu (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Amerika: Barack Obama yatangaje ko kujya mu rusengero byatumye yakira Yesu Kristo, anatangaza ko ubwisanzure bw’amadini ari ishingiro ry’agaciro ka muntu
7 February 2014, by Simeon Ngezahayo -
Babyeyi mufite inshingano zo kwita ku bana banyu
25 November 2015, by Pastor Desire Habyarimana«Umwuga wanjye untera kwita ku babyeyi by’umwihariko mbabwira ku nshingano bafite ku burezi bw’abana mu miryango yabo mbafasha mu buryo bakita kuri abo bana». Aya magambo yavuzwe na Titi Alerte. Ariko iyo witegereje neza, wumva ndetse ubona kwinuba no kugaragaza umubabaro kw’abana bamwe na bamwe. Ibyo bigatera umuntu kwibaza ngo kuki bibaho?
Igisubizo nta kindi ni uko ababyeyi babo baba batarujuje inshigano zabo ku bana babo.
Nyuma yo kubona ko hari ibibazo biterwa no kutuzuza inshingano zimwe (...) -
Korale Kubwubuntu iramurika alubumu iritegura kumurika alubumu yayo ya mbere
13 October 2012, by Patrick KanyamibwaNkuko twabitangarijwe na Hategekimana Innocent umuyobozi wa Korali Kubwubuntu ngo ni korali ikorera umurimo w’Imana muri AEP/UNR (association des etudiants presbterienne au Rwanda/a l’univeriste national du Rwanda) akaba ari ihuriro ry’abanyeshuri bo muri EPR(Eglise Presbterienne au Rwanda), yatangiye mu mwaka wa 2000, itangijwe ’abariribyi barindwi bo muri AEP. Yakomeje kugenda ikomera ari nako ibona abandi baririmbyi kugeza kuri uyu munsi aho ifite abaririmbyi 45.
Ubu uko umwaka ushize (...) -
Gukora ibyananiye abandi/Ev.Donath
4 November 2015, by Innocent KubwimanaBenedata, bashiki bacu, bantu mwese mudukurikiye, ndabashuhuje mu izina ry’Umwami wacu Yesu. Ndagira ngo dusangire iri jambo rigira riti” Gukora ibyananiye abandi.’’
Itangiriro 5:22-24 “Amaze kubyara Metusela, Henoki agendana n’Imana imyaka Magana atatu, ayibyaramo abahungu n’abakobwa. Iminsi yose Henoki yaramye ni imyaka magana atatu na mirongo itandatu n’itanu. Kandi Henoki yagendanaga n’Imana, ntiyaboneka, kuko Imana yamwimuye.‘’
Iyo ushaka kumva neza iki kigisho wasoma itangiriro igice cya (...) -
Mu Buhinde hagiye kubera igiterane cy’ivugabutumwa cyiswe “GRACIOUS WOMEN CONFERENCE”
13 August 2013, by UbwanditsiMinisiteri (Ministry) yivugabutumwa Lord’s Light Fellowship, LLF mumagambo ahinnye y’icyongereza, y’abanyarwanda biga mu majyepfo y’igihugu cy’Ubuhinde, umujyi wa Chidambaram, mu ishuri rikuru ry’ Annamalai, (Annamalai University), bateguye igiterano cy’ivugabutumwa cyitwa “GRACIOUS WOMEN CONFERENCE”.
Icyi giterane kikaba gisanzwe kiba buri mwaka kuri iyi nshuro kizaba ku itariki ya 16, 17, 18 ukwezi kwa munani 2013, kigahuza abari n’abategarugori bavuye impande zose z’isi ubu akaba ari kunshuro (...) -
Abanyamadini na Leta bavugutiye umuti umwe ibibazo byugarije Umuryango Nyarwanda
7 March 2013, by UbwanditsiMinisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yahuje abanyamadini mu rwego rwo kureba ibyo bazafatanya mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye mu muryango Nyarwanda, ndetse no gushaka umuti urambye w’ibibazo bigaragara mu Muryango Nyarwanda.
Minisiti Odda Gasinzigwa yavuze ko abanyamadini ari urwego rukomeye rukorana na Leta, by’umwihariko muri gahunda yo guteza imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, bakanabishyira mu bikorwa.
Yavuze gukorana n’amadini bifasha mu kugera kubyiza mu (...) -
Rusi: icyitegererezo cyo kwiyemeza - Bernard Emkeyes
23 April 2013, by Isabelle GahongayireMu kwiyemeza kwacu, dukomeze gukorera Imana twihanganye
“Rusi aramusubiza ati ‘Winyinginga kugusiga, no gusubirayo ngo noye kugukurikira, kuko aho uzajya ari ho nzajya, kandi aho uzarara ni ho nzarara. Ubwoko bwawe ni bwo buzaba ubwoko bwanjye, Imana yawe ni yo izaba Imana yanjye’” Rusi 1 : 16.
Iyi myitwarire ya Rusi ni yo buri mwana w’Imana wese yakagombye kugira: Kwiyemeza. Uko kwiyemeza guturuka ku rukundo yumvaga afitiye nyirabukwe Nawomi, ku buryo yari yiteguye gusiga igihugu cye no (...) -
Imbaraga zo kurwanya no kwica icyaha muri wowe (Igice cya 2)Pastor Kanamugire Theogene
19 January 2016, by Pastor Desire HabyarimanaIMBARAGA ZO KURWANYA NO KWICA ICYAHA MURI WOWE
· 1YOHANA 3:14-15 Twebwe tuzi yuko twavuye mu rupfu tukagera mu bugingo, kuko dukunda bene Data. Udakunda aguma mu rupfu. 15. Umuntu wese wanga mwene Se ni umwicanyi, kandi muzi yuko ari nta mwicanyi ufite ubugingo buhoraho muri we.
· 1THESAL 5:22-24 22 Mwirinde igisa nikibi cyose. 23 Imana y’amahoro ibeze rwose, kandi mwebwe ubwanyu n’umwuka wanyu n’ubugingo n’umubiri byose birarindwe, bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu Kristo azaza. 24 (...) -
Abantu 12 ni bo bakiriye Yesu mu giterane “Korali Ijwi Rirangurura” yakoreye i Kigali
22 July 2013, by Simeon NgezahayoKuva ku wa gatandatu taliki 20-21 Nyakanga, Korali “Korali Ijwi Rirangurura” yo muri Paroisse Gisa mu Itorero ry’Akarere rya ADEPR Rubavu yakoze urugendo rw’ivugabutumwa ku mudugudu wa Karama, Paroisse Butare, Itorero ry’Akarere ka Gasabo.
Icyo giterane cy’iminsi 2 cyari giherekejwe n’imbaraga z’Umwuka Wera, kuko cyihannyemo abantu bagera kuri 12.
Umuvugabutumwa Past Nzamutuma Sarathiel uri mu kiruhuko cy’izabukuru mu Itorero rya Gisa yatanze inyigisho ifite umutwe uvuga ngo “Yesu amenya byose (...) -
Ahari kurira kwararira umuntu nijoro, ariko mu gitondo impundu zikavuga - Zaburi 30:6
18 October 2013, by UbwanditsiNinde uhwanye n’Uwiteka Imana yacu, ufite intebe ye hejuru cyane, akura uworoheje mu mukungugu, ashyira hejuru umukene amukuye mu icukiro kugira ngo amwicaranye n’abakomeye !. Uwari ingumba mu nzu ye, amuha kuyibamo yishimye, ari nyina w’abahungu (Zaburi 113:9)
Izi nyigisho muzigezwaho na Pasiteri Shema Prince wo mu itorero rya Wells Salvation mu Gihugu cy’Ubuholande.
Bibiliya itubwira inkuru y’umugore Hana wari ingumba, mukeba we Penina yahoraga amubwira amagambo yo kumukomeretsa, amucyurira (...)
0 | ... | 910 | 920 | 930 | 940 | 950 | 960 | 970 | 980 | 990 | ... | 1850