“Umuntu niyibwira ko ari ikintu kandi ari nta cyo ari cyo, aba yibeshye. Ibyiza ni uko yakwisuzuma mu murimo we ubwe, kuko ari bwo azabona icyo yirata ku bwe, atari ku bwa mugenzi we, kuko umuntu wese aziyikorerera uwe mutwaro.” (Abagalatiya 6:3-5)
Aha turabonamo abantu babiri:
Wowe (umurongo wa 3)Mugenzi wawe (umurongo wa 4b)
Ibi biwereka ko n’aho mwakorera umurimo w’Imana hamwe (mu itsinda), Imana itandukanya imirimo wikoreye ubwawe, n’iyo mugenzi wawe yakoze.
Imirimo y’Imana dukunze (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Ijambo ry’Imana: Imana ikeneye “wowe” ntikeneye “twebwe”
25 September 2015, by Pastor Desire Habyarimana -
Ubuhamya: Kwakira Kristo n’ igishoro cy’ Ubuzima Pastor Munezero
20 July 2016, by Pastor Desire Habyarimana…Dufite icyo tubwira abanyarwanda n’isi yose. Imana yampaye buruse yo kwiga mu Bwongereza ntarize kuko igihe cyo kwiga amashuli yisumbuye nagikozemo ububoyi I Rukara na Gahini imyaka 6 ariko amashuli narimfite si makeya kuko ufashe imyaka 6 nize mu mashuli abanza ukongeraho indi myaka 6 y’ububoyi na yo yari amashuli.Imana ni umuhanga nabanje kwiga muri Uganda nongera niga I Nairobi muri Kenya imyaka 4 ubwo ni bwo narindangije amashuli yisumbuye mbona kujya kwiga mu Bwongereza.
Imana yaje (...) -
Imbaraga umuntu ashyira mu kubwiriza abantu benshi ni nazo akwiye gukoresha mu gihe abwiriza umuntu umwe. Misiyoneli Kazura Jules
21 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaUmurimo muri Senegal ni mugari kandi abakozi baracyari bake, kuburyo bagomba kuvunika cyane no kwitanga mu mpano zitandukanye kugirango umurimo w’Imana ukorwe.
Mu minsi ishize nahamagawe n’umuryango wa Bibiloya muri Senegali ngo mbafashe guhugura abakozi b’Imana. Ubutumire bungezeho numvise nishimye cyane, nitegura guhura n’abo banyeshuri.
Nk’umuntu wakoze umurimo mu Rwanda, nibwiraga ko ubwo ari ishuri ubwo nyine n’abanyeshuri ari benshi. Isaha yo kwigisha iragera, hari saa yine za mugitondo (...) -
Mbese wamenye Isabato nyakuri?
27 December 2015, by Pastor Desire HabyarimanaIjambo ry’Imana: Luka 6:1-6:10
Iki cyigisho kigizwe n’amagambo atatu makuru : Isabato, Ikiruhuko na Kristo
Uyu munsi turi gusoma mu Butumwa bwiza, aho Yesu Kristo yivugiye ubwe ati: “Ni jye Mwami w’Isabato”. Mbese ibi bisobanuye iki?
Mbere yo gusubiza iki kibazo, reka tubanze dusome ijambo ry’Imana kuko ibyanditswe ari byo bisobanura ibyanditswe! Bumbura Bibiliya yawe mu butumwa bwiza uko bwanditswe na Luka 6, usome kuva ku murongo wa 1 ugeze kuwa 10.
Mbese Yesu yari ashatse kuvuga iki mu (...) -
Uko nabatuwe ubucakara bw’ibiyobyabwenge nari ndimo. Ubuhamya bwa Yohana wari warahimbwe Rubundakumazi
16 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNitwa Yohana, ndubatse, nta kana ngira. Mbere y’uko mpura n’umwami Yesu Kristo, Ubuzima bwanjye bwari bwarahawe izina rya" RUBUNDAKUMAZI ". Ahanini impamvu banyitaga gutyo, ni uko nta kindi natungwaga nacyo uretse Primus, Mutziing, Guiness n’inzoga zindi zikomeye nka WISKY, KANYANGA ariko hakiyongeramo n’ibitabi biyobya ubwenge....
Kunywa ibyo bintu byamfunguriye inzugi zo mu yindi si, igizwe n’ibyiyumviro n’ibitekerezo n’amarangamutima yo mu rwego rwo hejuru yatumye ninjira muri Philosophie zo (...) -
Amateka y’umuhanzi Liliane Kabaganza Zaninka
4 October 2012, by UbwanditsiLiliane ni umuririmbyikazi akaba n’umwanditsi w’indirimbo zihimbaza Imana (Gospel Songs). Amazina ye yose ni Zaninka Kabaganza Liliane, afite ubwenegihugu bw’ubunyarwanda , uburebure bwa metero 1.51, ni umudamu yashakanye na Dusabemungu Ntabajyana Celestin mu mwaka 1999 I Kigali.Bafitanye abana batatu umukobwa umwe n’abahungu babiri aribo “Niyonkuru Joyeuse, Rucibigangu Prince na Sezerano Numa Prince”. Liliane Kabaganza ni umudamu urangwa no gucisha make, kubaha buri wese, kuganira cyane n’abantu (...)
-
Ku nshuro ya 7 itorero OMEGA ryateguye igiterane cy’amasengesho cyitwa “U Rwanda mu biganza by’Uwiteka.”
9 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNyuma yuko u Rwanda ruvuye mu icuraburindi rya genocide yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, rwakataje mu muvuduko w’iterambere ry’ubukungu n’ubwiyunge nk’igitangaza gikomeye cyabaye mu Rwanda, kuko cyagaragaraga nk’igihugu kizimye burundu,uko kongera kwiyubaka kwabaye ishimwe rikomeye ku banyarwanda.Ni muri urwo rwego Omega Ministries ifatanyije n’amatorero y’ivugabutumwa n’indi miryango ya Gikristo mu Rwanda yateguye igiterane cy’amasengesho cyitwa “U Rwanda mu biganza by’Uwiteka.” (...)
-
Umuririmbyi Kizito Mihigo n’Intumwa Paul Gitwaza, basobanyije imyumvire ya Bibiliya
27 August 2012, by UbwanditsiMu giterane cyiswe ‘Rwanda Shima Imana’ cyabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 26 Kanama 2012, kigahuza amatorero atandukanye ya Gikirisitu kuri Stade amahoro i Remera, umuhanzi wo muri Kiliziya Gatolika Kizito Mihigo, n’umuvugabutumwa wo mu itorero rya Zion Temple Paul Gitwaza, bagaragaje kuvuguruzanya ku byerekeye Bibiliya.
Abagiye bitabira ibitaramo bya Kizito Mihigo, bamenyereye ko mbere yo kuririmba indirimbo ze abanza agafata umwanya wo kuzisobanura, akavuga impamvu yazihimbye. Ibi ni (...) -
Mu giterane Korari Jehovah Niss yakoreye i Burengerazuba hakijijwe 131, umuntu asiga inkoni yagenderagaho imyaka 15
16 February 2016, by UbwanditsiMu mpera z’icyumweru gishize nibwo Korari Jehovah Niss ikorera umurimo w’Imana ku mudugudu wa ADEPR-Cyahafi, muri paruwase ya Nyarugenge yakoreye urugendo rw’ivugabutumwa mu cyahoze ari Gisenyi, muri Paruwasi ya ADEPR Kora, ku mudugudu wa Gatagara, urugendo rwagaragayemo imbaraga z’Imana mu buryo budasanzwe, aho abasaga 131 bakiriye Yesu nk’Umwami n’Umukiza w’ubugingo bwabo, naho undi muntu umwe wari ufite indwara y’amaguru n’umugongo agakira, nyuma y’igihe kirekire agendera ku nkoni. (...)
-
UMWAKA WA 2014 NI UMWAKA WO GUKORA CYANE KU MUHANZI MD BIEUDONNE
4 February 2014, by Simeon NgezahayoTuganira n’uyu muhanzi, mbere ya byose yatubwiye inkomoko y’izina akoresha mu buhanzi bwe. Uyu musore ubusanzwe amazina ye ni Mugema Dieudonné, akaba ari na ryo yashyize mu mpine rihinduka MD. MD yatangiye ubuhanzi mu w’2011, ariko akaba yaratangiriye muri muzika itari iyo guhimbaza Imana (secular), akora injyana ya Hip Hop. Gusa nyuma yaje gusanga akwiriye guhinduka akakira Kristo, mu rwego rwo kugira ngo aharanire ubugingo buhoraho anagerageza guhindura isi nziza kurusha uko yayisanze, ari (...)