“Umuntu niyibwira ko ari ikintu kandi ari nta cyo ari cyo, aba yibeshye. Ibyiza ni uko yakwisuzuma mu murimo we ubwe, kuko ari bwo azabona icyo yirata ku bwe, atari ku bwa mugenzi we, kuko umuntu wese aziyikorerera uwe mutwaro.” (Abagalatiya 6:3-5)
Aha turabonamo abantu babiri:
Wowe (umurongo wa 3)Mugenzi wawe (umurongo wa 4b)
Ibi biwereka ko n’aho mwakorera umurimo w’Imana hamwe (mu itsinda), Imana itandukanya imirimo wikoreye ubwawe, n’iyo mugenzi wawe yakoze.
Imirimo y’Imana dukunze (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Ijambo ry’Imana: Imana ikeneye “wowe” ntikeneye “twebwe”
25 September 2015, by Pastor Desire Habyarimana -
Impunzi z’abayisilamu ziri ku mugabane w’uburayi zayobotse Kristo
10 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNyuma yo gusobanukirwa urukundo rwa Kristo,ndetse bakumva ukuri k’ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo,bemeye kwakira Yesu Kristo nk’Umwami n’Umukiza wabo.Mu magambo yabo baragize bati “ Muri Islam tubayeho mu bwoba, nyamara Kristo ni Imana y’Urukundo.
Ikinyamakuru The Guardian cyagaragaje ko mu mezi ashize umubare w’impunzi z’abayislamu ziri ku mugabane w’Ubulayi zirimo guhindukirira Kristo bitewe n’uko amatorero yo kuri uwo mugabane yakwirakwije ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo na gahunda yo kubatiza mu (...) -
Ubuhamya: Kwakira Kristo n’ igishoro cy’ Ubuzima Pastor Munezero
20 July 2016, by Pastor Desire Habyarimana…Dufite icyo tubwira abanyarwanda n’isi yose. Imana yampaye buruse yo kwiga mu Bwongereza ntarize kuko igihe cyo kwiga amashuli yisumbuye nagikozemo ububoyi I Rukara na Gahini imyaka 6 ariko amashuli narimfite si makeya kuko ufashe imyaka 6 nize mu mashuli abanza ukongeraho indi myaka 6 y’ububoyi na yo yari amashuli.Imana ni umuhanga nabanje kwiga muri Uganda nongera niga I Nairobi muri Kenya imyaka 4 ubwo ni bwo narindangije amashuli yisumbuye mbona kujya kwiga mu Bwongereza.
Imana yaje (...) -
Mbese wavutse ubwa kabiri koko cyangwa warabatijwe gusa?
12 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMBESE WAVUTSE UBWA KABIRI KOKO CYANGWA WARABATIJWE GUSA?
Abantu benshi bitiranya umubatizo no kuvuka ubwa 2 ariko sibyo kuko nta muhango n’umwe mu isi wahesha umuntu kuvuka ubwa 2. (kubatizwa, gukomezwa, etc…) Ikindi bamwe bibwira ko umubatizo ukuraho ibyaha (harimo n’icy’inkomoko) ariko Petero yabwiye itorero ko ari isezerano ku mana ry’umutima uticira urubanza (umutima wababariwe utiyiziho icyaha) 1Petero3:21. Bityo nk’uko Yesu yabatijwe nta cyaha iyo bigenze neza habatizwa umuntu wamaze (...) -
Dore impamvu ugomba kumenya umuvuduko w’amaraso yawe
28 September 2012, by UbwanditsiUmuvuduko w’amaraso ukabije ni ikibazo gikomeye, kuko umuntu ashobora kubana na wo nta kimenyetso cy’uburwayi agaragaza nyamara bitabuza ingingo ze nyinshi kuba zirimo kwangirika.
Ibyo bituma abantu bafite umuvuduko w’amaraso mwinshi bakunze kujya kwa Muganga bazanywe n’ibimenyetso by’ingaruka zawo, kandi barashoboraga kubyirinda iyo baza kwipimisha kare bakamenya uko bitwararika.
Umuvuduko w’amaraso ni iki ?
Umuvuduko w’amaraso ni ingufu amaraso agendana mu miyoboro yayo aribyo bituma abasha (...) -
Umuhanzi Uzamukunda Goreth ( Maman Gospel) ageze kure imyiteguro yo kumurika alubumu ye ya kabiri
25 September 2012, by Patrick Kanyamibwazamukunda Goreth wamenyekanye cyane ku ndirimbo “Gusenga, Urufunguzo, Hana” ndetse n’izindi nyinshi, aratangaza ko imyiteguro yo kumurika alubumu ye ya kabiri y’amajwi (Audio) ayigeze kure, iyi alubumu akaba yarayise "SIOGOPI", ikazaba igizwe n’ndirimbo 7 zirimo nizi Giswahili .
Igikorwa cyo kumurika iyi alubumu giteganyijwe ku cyumweru tariki ya 07/10/2012 i Kanombe muri Museum ahahoze ari ingoro yaba perezida b’u Rwanda, mubijyanye no kwinjira bikaba bizaba ari amafaranga amafaranga ibihumbi (...) -
Korali Kabeza (ADEPR Kanombe) mu giterane cyo kubaka!
27 September 2013, by UbwanditsiKuri ADEPR Kabeza hateguwe igiterane cy’iminsi ibiri. Iki giterane kizatangira ku wa 12 kigasoza ku wa 13 Ukwakira 2013, cyateguwe Korali Kabeza ikorera umurimo w’Imana kuri uwo mudugudu wa Kabeza, Paruwasi ya Kanombe kizaba gifite intego igira iti “Baravuga bati ‘Nimuhaguruke twubake. Ni uko biyungamo bagira imbaraga zo gukora uwo murimo mwiza.” Nehemiya 2:18b
Korali Kabeza
Icyo giterane kizajya gitangira saa tatu za mu gitondo, kirangire saa kumi n’ebyiri (...) -
Ku nshuro ya 7 itorero OMEGA ryateguye igiterane cy’amasengesho cyitwa “U Rwanda mu biganza by’Uwiteka.”
9 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNyuma yuko u Rwanda ruvuye mu icuraburindi rya genocide yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, rwakataje mu muvuduko w’iterambere ry’ubukungu n’ubwiyunge nk’igitangaza gikomeye cyabaye mu Rwanda, kuko cyagaragaraga nk’igihugu kizimye burundu,uko kongera kwiyubaka kwabaye ishimwe rikomeye ku banyarwanda.Ni muri urwo rwego Omega Ministries ifatanyije n’amatorero y’ivugabutumwa n’indi miryango ya Gikristo mu Rwanda yateguye igiterane cy’amasengesho cyitwa “U Rwanda mu biganza by’Uwiteka.” (...)
-
Nijeriya: Abarenga 500 bishwe n’insengero nyinshi ziratwikwa mu gitero.
12 April 2016, by NicodemNibura abantu 500 ni bo bamaze kumenyekana ko bishwe ndetse n’insengero nyisnhi ziratwikwa muri iki gihugu byakozwe abitwa abafulani.Ibi byabereye mu duce turenga 10 two muri Nijeriya.
Uduce twahitwa Agatu LGA ngo hasigariye ku izina naho abaho barishwe bikomeye n’intagondwa z’abayisilamu muri iki gihugu nkuko tubikesha Umuryango Mpuzamahanga wita ku kwishyira ukizana kw’abakristu mu isi uzwi nka Christian Solidarity Worldwide (CSW).Ibitero biheruka ngo byaje nyuma y’uko inzego z’umutekano zo (...) -
Israel Mbonyi yateguye igitaramo mu Bubiligi
22 April 2016, by Pastor Desire HabyarimanaUmuhanzi Israel Mbonyi wamenyekanye mu Rwanda ndetse no hanze yarwo kubera indirimbo ze zakunzwe ndetse zigahembura imitima ya benshi kuri ubu yateguye igitaramo mu gihugu cy`Ububiligi.
Nk`uko abitangaza ngo iki gitaramo yagiteguye mu rwego rwo kugirango arusheho kwegera abakunzi b`ibihangano bye bari hirya no hino ku isi dore ko ateganya ko bimukundiye mu minsi ya vuba ashobora no gukomeza ibitaramo ku mugabane wa Amerika ati :” Mfite igitaramo mu Bubiligi mu rwego rwo kugira ngo ndusheho (...)