Mu itorero AEBR (Association Des Eglise Baptiste Au Rwanda) habonetse undi muhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana Diane Niyomukiza wo mu Karere ka Gicumbi, na we ugiye kumurika album y’amajwi yise “Intsinzi”.
Ibi bibaye nyuma y’aho uwitwa Niyigaba Samuel ubarizwa muri AEBR Kacyiru mu Mujyi wa Kigali amurikiye album ye. Nk’uko yabidutangarije, Diane avuga ko azamurika album ye ya mbere kuri iki cyumweru taliki ya 23 Gashyantare 2014, ku rusengero rwa AEBR mu mujyi wa Gicumbi kuva saa munani (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Gicumbi: Umuhanzikazi Diane Niyomukiza agiye kumurika album ye ya mbere
13 February 2014, by Simeon Ngezahayo -
Abanyeshule baba Kristo biga mu buhinde batangiye umuryango w’ivugabutumwa rihindura!
22 October 2012, by Olivier TuyishimeAbanyeshule babakristo bagiye kwiga mugihugu cy’ Ubuhinde, bamaze kugerayo bagasanga abantu benshi basenga ibigirwamana bahisemo gushinga umuryango w’ Ivugabutumwa kugira ngo bikomeze ku Mana kandi babashe no kubwiriza abene gihugu bagiye basanga ubutumwa bwiza nkuko badutangarije uko uwo muryango w’ ivugabutumwa wavutse:
SGM (Seek God Ministries) ni Ministry ibarizwa mu gihugu cy’Ubuhinde mu karere ka Salem mu ntara ya Tamilnadu (South India), ifite mu nshingano “Guhindura Ubuzima mu (...) -
Itsinda GSK Yongereye ingufu mu gufasha abategura ibirori n’ibitaramo
30 September 2013, by UbwanditsiKuri uyu wa gatandatu tariki ya 27 Nzeri, mu ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE), Itsinda Gospel Safety Keepers (GSK) rigizwe n’abasore n’ inkumi risanzwe rizwi cyane mu gutanga serivise za Protocol n’umutekano mu bitaramo n’ ibindi birori bya gikiristu yongereye ingufu muri serivise itanga ibinyujije mu mahugurwa y’abanyamuryango, kongera abakozi no kongera serivise itanga ku bagenerwa bikorwa bayo.
Mu mahugurwa yari yagenewe abanyamuryango basanzwe n’abashya ba GSK akaba yatanzwe (...) -
Chorale Umurinzi irashyira ahagaragara umuzingo w’ indirimbo zihimbaza Imana kuri uyu wa gatandatu taliki 03/05/2014
29 April 2014, by UbwanditsiUmuryango W’ Abanyeshuri B’abanyeshuri B’abapentekote Bo Muri Kaminuza Y’ Urwanda Koleji Y’ubuhinzi, Ubumenyi Bw’ Inyamaswa N’ Ubuvuzi Bw’ Amatungu ( Cep –Ur/Cavm) Yahoze Yitwa Cep-Isae Wishimiye Kubatumira Mu Gikorwa Cyo Gushyira Ahagaragara Album ya Mbere y’ Indirimbo z’ Amajwi n’amashusho ya Korali Umurinzi yitwa ’’ Mana Wagize Neza “
Korali Umurinzi Imaze Imyaka 16 Kuko yatangiye mu mwaka w’i 1998 itangijwe n’abaririmbyi 6 Mu 1999 bari bamaze kugera kuri 12 itangirira mucyahoze ari Isae (...) -
Urukundo rw’Imana n’ubuntu bwayo byangejeje kukwakira Yesu Kristo nk’ Umwami w’ubugingo bwanjye
21 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaAmazina yanjye nitwa Sandeep Thomas navukiye mu buhinde ndererwa muri Amerika nkuko ngiye kubibabwira mu buhamya bwanjye
Uyu munsi wa none, ndashaka kubasangiza inkuru y’Urukundo, Ubuntu, n’ubuzima bushya muri Yesu Kristo !
Nkuko bizwi na benshi hari abana barenga miliyoni bo k’umuhanda birirwa bazerera mu mihanda yo mu Buhinde, batajya mumashuli hafi miliyoni 17 z’abana bimfubyi banywa ibiyobyabwenge byibanze cyane mu bigitsina gabo. wibereye hano nti wamenya icyo ibindi bihugu bitekereza (...) -
Judith Babirye ati “Inganzo yanjye nyikura ku buzima nanyuzemo” Menya byinshi ku muhanzikazi Judith N. Babirye…
20 February 2014, by Simeon NgezahayoKuva aho yinjiriye muri muzika mu myaka 13 ishize, Judith N. Babirye ntiyigeze acogora. Babirye ni umuhanzi, akaba umwanditsi w’indirimbo ndetse na Pastor. Indirimbo ze zakunzwe na benshi muri Uganda aho akomoka ndetse no mu karere muri rusange zirimo Beera nange, Wanjagala, Uu mwema…
Judith Babirye ni umuhanzikazi w’indirimbo zihimbaza Imana, wavukiye mu gihugu cya Uganda. Ni umwanditsi w’indirimbo, akaba na pasiteri. Ni umugore wubatse. Yashinze studio yise Judith Babirye Production Ltd, (...) -
Amateka ya chorale Itabaza yo ku mudugudu wa Taba, paruwasi ya Taba ADEPR
7 October 2013, by UbwanditsiItabaza yavutse mu 1997, itangirira ku Mudugudu wa Taba ari naho ikorera umurimo w’Imana kugeza uyu munsi. Yatangijwe n’abaririmbyi 18 bari bagizwe ahanini naba kadogo bigaga mu Kigo cya ESO/Butare. Abaririmbyi bagiye biyongera kugeza ubu Chorale Itabaza igizwe n’abaririmbyi 84 harimo abagabo, abagore, abasore n’inkumi.
Intego ya Chorale Itabaza ni ukwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo mu Gihugu cy’u Rwanda no mu Mahanga.
Mu gihugu Chorale Itabaza imaze gukora ingendo nyinshi mu Gihugu (...) -
Imbaraga umuntu ashyira mu kubwiriza abantu benshi ni nazo akwiye gukoresha mu gihe abwiriza umuntu umwe. Misiyoneli Kazura Jules
21 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaUmurimo muri Senegal ni mugari kandi abakozi baracyari bake, kuburyo bagomba kuvunika cyane no kwitanga mu mpano zitandukanye kugirango umurimo w’Imana ukorwe.
Mu minsi ishize nahamagawe n’umuryango wa Bibiloya muri Senegali ngo mbafashe guhugura abakozi b’Imana. Ubutumire bungezeho numvise nishimye cyane, nitegura guhura n’abo banyeshuri.
Nk’umuntu wakoze umurimo mu Rwanda, nibwiraga ko ubwo ari ishuri ubwo nyine n’abanyeshuri ari benshi. Isaha yo kwigisha iragera, hari saa yine za mugitondo (...) -
“YARATUZIGAMYE”NI ALBUM YA MBERE UMUHANZI EDOUARD ARIMO KWITEGURA GUSHYIRA KU MUGAGARARO
4 March 2014, by Simeon NgezahayoUmuhanzi Edouard GASHIRABAKE ni umwe mu bahanzi batangiye kugenda bigaragaza muri iyi minsi.
Eduard arategura arategura gahunda zitandukanye muri ubu buhanzi bwe, ariko zizibanda ku ivugabutumwa ryagutse abinyujije muri iyi mpano y’ubuhanzi.
Uyu muhanzi ni umusore ukomoka mu karere ka Karongi, ariko ubarizwa i Kigali ku bw’impamvu z’akazi kandi akora katajyanye n’ubuhanzi. Gusa nk’uko yabidutangarije, ngo ni uko yifuza ko mu bihe biri imbere iyimpano ye yayibyaza umusaruro bityo ikaba (...) -
N’ubwo isukari ari nziza, utayitondeye yakuvutsa ubuzima
15 September 2015, by Pastor Desire HabyarimanaAbantu benshi n’imbuga za interineti zitandukanye zitangaza ko gufata isukari ku rugero ruringaniye ari byo byiza kuko isukari nyinshi mu mubiri itera uburwayi.
Inyinshi muri izi mbuga zitangaza ko ibyo kurya byose umuntu afashe, umubiri uhita ubihindura nk’isukari hatitawe ku bwoko bw’ibiryo wafashe.
Isukari itandukanye n’ibindi biribwa nk’inyama, imbuto, imboga kuko byo bifite intungamubiri, imyunyu ngugu na aside ; isukari yo ikaba itabifite kandi aribyo bifasha mu igogorwa (digestion) (...)
0 | ... | 10 | 20 | 30 | 40 | 50 | 60 | 70 | 80 | 90 | ... | 1850