Ni kuri kicyumweru cyo kuwa 12/08/2012, ubwo Korali Gloria yo mu itorerorya ADEPR Bibare yari mu rugendo rw’ivugabutumwa bwiza bwaYesu kristo ku Mudugudu wa Mulindi nawo ubarizwa mu itorerorya ADEPR, aho akaba ari mu Karere ka Gicumbi, mu ntara y’amajyaruguru mu cyahoze ar I Byumba.
Abantu rero bakaba bari baje ari benshi kandi bafite ubushake bwo kwakira ijambo ry’Imana nkuko byaje kubahaba mu materaniro ya mu gitondo ndetse na concert yanimugoroba. Aha rero korali Gloria ntiyari yonyine (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Korali Gloria yo mu itorerorya ADEPR Bibare irashimira Imana ku bw’urugendo rw’ivugabutumwa yagiriye ku Mulindi (Gicumbi) kuwa 12/08/2012.
16 August 2012, by Vital -
Kunshuro ya mbere itorero New Jerusalem Church ryabateguriye igiterane cy’ Ubuhanuzi
19 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaKunshuro ya mbere itorero New Jerusalem Church riyobowe n’Umushumba Prophetic Bishop Rubanda Jacques, ryabateguriye igiterane cy’Ivugabutumwa ndetse n’ijambo ry’ubuhanuzi cyiswe “Prophetic Word Conference”. Bizaba ari umwanya mwiza wo gusangira ijambo ry’Imana no gufatanya kuramya Imana n’abaririmbyi batandukanye.
Twegereye abarimo gutegura igiterane tubabaza icyo bateganya kungukira muri iki gitererane maze batubwira ko isanganyamatsiko igaragara muri zaburi 25:14.
Ibihishwe by’Uwiteka (...) -
UK: Umunyamakuru yamaganye inkuru ya BBC igereranya Mandela na Yesu!
13 December 2013, by Simeon NgezahayoUmunyamakuru ukomoka mu gihugu cy’Ubwongereza yamaganye ikiganiro BBC yakoze, aho yagereranyaga Nelson Mandela na Yesu Kristo. Nelson Mandela yitabye Imana mu minsi mike ishize, akaba azwi cyane ku kuba yaraharaniye ubwigenge bw’Abirabura.
Mu nkuru yanditse ku rubuga UK Daily Mail, Dominic Lawson yavuze ko “bitumvikana uburyo BBC igereranya Mandela na Kristo”.
Lawson yakomeje ati "Ibyo Mandela yagezeho ntibishidikanywa. Ubushobozi yari afite bwo gukorana no kubabarira abamutoteje imyaka 27 (...) -
Isomo rikomeye nize mu buzima JOYCE MEYER
20 July 2016, by Pastor Desire Habyarimana, UbwanditsiNiba mwarumvise ubuhamya bwanjye muziko mu bwana bwanjye nari narabaye imbata y’ibibi biturutse kuri Data. Yaba mu mitekerereze mu myitwarire no mu migenzereze nk’ubusambanyi. Ariko igihe cyaje kugera mva muri icyo gihe nakomeje kubaho nishinja icyaha ntahinduka ku buryo bugaragara ibyo byatumaga mba umuntu uhora ubabaye buri gihe nkagira umubabaro ukabije kandi bikangora kwitandukanya n’ikibi.
Ariko byaje kurangira Imana imfashije nsinda ibyampigaga kandi inyomora ibikomere byo mu gihe (...) -
Igikorwa cyo kuramya no guhimbaza Imana amasaha 24 ntaguhagarara cyagenze neza
28 July 2012, by Patrick KanyamibwaKuva kuwa gatanu tariki 27/07/2012 saa kumi n’ebyiri za mu gitondo kugeza uyu munsi kuwa gatandatu tariki 28/07/2012 saa kumi n’ebyiri za mu gitondo, kuri Zion Temple Celebration Center Gatenga, habereye igikorwa cyo gushima Imana mu buryo bw’indirimbo n’ibindi bikorwa, abakristo baramya banahimbaza Imana amasaha 24 ntaguhagararara, ibi bikaba byateguwe n’umuryango mpuzamatorero yo mu Rwanda witwa Alliance Evangelique uyobowe uyu mwaka na Apostle Dr Paul Gitwaza.
Gushiraho urufatiro rwo kuramya (...) -
Umuriro Utazima bavuga ni ukuri , njye nigereyeyo (Ubuhamya bwa Jennifer Perez)
10 August 2012, by UbwanditsiAmazina yanjye nitwa JENNIFER PEREZ nkaba mfite imyaka 15 (ubu buhamya yabutaze afite iyi myaka 15 ). Biragoye cyane ko umuntu w’umwangavu nkanjye ukiri mu maraso ya gisore yaza kuri mwe akabegera akaza kubabwira amakosa ye uko yakabaye mu manyanga menshi. Nyamara hamwe no gufashwa n’Umwuka Wera, nizera ko amfasha akanyongerera imbaraga nkeneye. Icya mbere natangira mvuga ni uko ibi byose bibereyeho guhesha icyubahiro Umwami wacu YESU KRISTO.
Ndashaka kutaza kuvuga cyane ku mahame y’idini (...) -
Ibintu 14 utazi ku muhanzikazi Rose Muhando
23 January 2014, by Simeon NgezahayoRose Muhando mu by’ukuri ni muntu ki? Rose umaze kumenyekana cyane mu ndirimbo zo guhimbaza Imana mu rurimi rw’Igiswahili, yavutse mu w’1976, avukira mu mudugudu wa Dumila, Akarere ka Kilosa, Intara ya Morogoro muri Leta Zunze Ubumwe za Tanzania.
Rose yavukiye mu muryango w’Abisilamu, ari na yo dini yakuriyemo. Mu buhamya bwe, Riose atangaza ko ubwo yari ku gisasiro arwaye indwara ikomeye yari amaranye iminsi, mu iyerekwa yabonye Yesu Kristo. Icyo gihe yari afite imyaka 9 y’amavuko. Nyuma rero (...) -
Ubuhamya: Kwakira Kristo n’ igishoro cy’ Ubuzima Pastor Munezero
20 July 2016, by Pastor Desire Habyarimana…Dufite icyo tubwira abanyarwanda n’isi yose. Imana yampaye buruse yo kwiga mu Bwongereza ntarize kuko igihe cyo kwiga amashuli yisumbuye nagikozemo ububoyi I Rukara na Gahini imyaka 6 ariko amashuli narimfite si makeya kuko ufashe imyaka 6 nize mu mashuli abanza ukongeraho indi myaka 6 y’ububoyi na yo yari amashuli.Imana ni umuhanga nabanje kwiga muri Uganda nongera niga I Nairobi muri Kenya imyaka 4 ubwo ni bwo narindangije amashuli yisumbuye mbona kujya kwiga mu Bwongereza.
Imana yaje (...) -
Nigeria : Kabuhariwe mu gukina Sinema Jimmy Iyke yakiriye agakiza
7 October 2013, by UbwanditsiInkuru ikomeje kuvugwa mu Gihugu cya Nigeria ni iy’umukinnyi w’icyamamare muri Filime uzwi nka Jimmy Iyke, ariko amazina yebwite ari James Ikechukwu Esomugha, wakiriye agakiza ubwo yari yagiye mu rusengero rw’abarokore aherekeje inshuti ye.
Inkuru dukesha urubuga rwa bellanaija, iravuga ko Jimmy Iyke umukinnyi wa filime w’icyamamare mu gihugu cya Nigeria, akaba ari no mu bakinnyi bahebwa neza muri Nollywood (Inzu itunganya sinema zo muri Nigeria yinjiye mu rusengero aherekeje inshuti, yari (...) -
Ubiba nke azasarura bike naho ubiba nyinshi azasarura byinshi
2 February 2016, by Alice RugerindindaAriko ndavuga ibi ngo : “Ubiba nke azasarura bike, naho ubiba byinshi azasarura byinshi” 2 abakorinto 9:6
Kubiba ni ugutera imyaka, kandi uretse ingorane zabaho zitunguranye, ubundi umuntu ategereza umusaruro iyo yahinze cyangwa yabibye. Ikindi uretse guhinga hari n’ibindi bikorwa bijyanye no guhinga umuntu akora, kugirango yizere ko azabona umusaruro ushimishije: hari ukubagara, kuvomerera, gufumbira…..
Muri iri jambo Bibiliya nayo iratubwiye ngo : “ubiba imbuto nke azasarura nke, naho ubiba (...)