«Abona yuko ibyo akora bimufitiye akamaro, kandi nijoro itabaza rye ntirizima» Imigani 31 : 18 -
Ni gute wagira uruhare mu iterambere ry’urugo rwawe? Ku mugore wirirwa mu rugo, biragoye ko yakongera ubutunzi mu rugo; ariko ku mugore ukorera hanze y’urugo birashoboka, kuko azana umushahara, agafatanya n’umugabo guteza imbere urugo.
Ariko hari uburyo bwinshi umugore yagira uruhare mu iterambere ry’urugo. Iyo nafataga uburoso nkasiga irangi ku nzugi n’amadirishya, byatumaga amafaranga yagombaga (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Mbese koko ndi umugore w’imico myiza? – Igice cya 7
5 July 2016, by Simeon Ngezahayo -
Ese uhiriwe mu isi aba ahiriwe no mu ijuru?
22 July 2015, by Innocent KubwimanaUbundi mu isi hari abantu bahirwa ariko abenshi muri ni abafite ibifatika. Bamwe mu bahirwa ni abafite amafaranga menshi, amashuri menshi, imiryango ikomeye n’abandi. Hari umwanya ugeraho mu isi wenda uyobora, ukubonye akakwita uhiriwe, gusa ibi ntibyakubuza kurara urira. Kuko umuntu ashobora kugura abamurinda ariko ntiyagura amahoro.
Hari amafaranga utunga ugatinywa, ubundi abakubonye bakakwita uhiriwe n’ibindi byinshi.
Mu gihe Yesu yigishaga, cyane mu gitabo cya Matayo, yagaragaje abantu (...) -
Imana yawe ntiyahindutse ahubwo ni imvugo yayo utarasobanukirwa
27 January 2016, by Ernest RutagungiraAriko noneho Uwiteka yakuremye wowe yakobo kandi akakubumba wowe Isilayeli,aravuga ngo witinya kuko nagucunguye,naguhamagaye mu izina ryawe uri uwanjye.Nunyura mu mazi nzaba ndi kumwe nawe ,nuca no mu migezi ntago izagutembana .Nunyura no mu muriro ntago uzashya, kandi ibirimi by’umuriro ntibizagufata kuko ndi Uwiteka Imana yawe ,Uwera wa Islayeli umukiza wawe ( yesaya 43:2-3)
Aya ni amagambo y’ubuhanuzi yahanurirwaga ubwoko bw’Abisilayeli kubwo gucungurwa Imana yabo ari nayo yacu yari (...) -
Texas: Abaturage bahungiye ku Mana nyuma y’aho igisasu cyorekeye imbaga
26 April 2013, by Simeon NgezahayoAmakuru dukesha Reuters avuga ko muri weekend ishize abagera kuri 200 babyiganiraga ku muryango w’itorero Church of the Assumption riri mu mujyi rwagati wa Texas, nyuma y’aho igisasu giturikiye muri uwo mujyi kikarindimura imiturirwa n’inzu z’abaturage batuye mu nkengero zaho.
Pasiteri yasengeye abantu 14 bitabye Imana n’abandi bagera kuri 200 bakomeretse ngo Imana igire icyo yabakorera. Yasabye abari bateraniye aho ati “mukomere, dukomeze guteza imbere umujyi wacu dukunda” kuko “Imana iri kumwe (...) -
Apotre Joshua Masasu yagize icyo avuga kubaryamana bahuje ibitsina
26 August 2013, by UbwanditsiIntuma y’Imana Joshua Ndagijimana Masasu, washinze itorero ry’Isanamitima rya “Evangelical Restoration Church” arahamya ko ikibazo cy’abasore cyangwa abakobwa baryamana n’abo bahuje ibitsina baba batubashye amahame y’Imana nk’uko byanditse muri Bibiliya.
Apostle Joshua Masasu, umuyobozi wa Evangelical Restoration Church Apostle Joshua Masasu, umuyobozi wa Evangelical Restoration Church Mu kiganiro twagiranye na Apotre Masasu yasobanuye ko umuco wo kuryamana hagati y’abantu bahuje ibitsina ari (...) -
Mukongera imbaraga zo gukorera hamwe, ku nshuro ya 3 inama y’abantu batandukanye bafite uruhare muri Gospel yo mu Rwanda batarenye
3 September 2012, by Patrick KanyamibwaNyuma y’inama ebyiri zabaye zahuje abantu batandukanye bafite uruhare mu nzego zitandukanye za Gospel mu Rwanda, kuwa gatanu tariki ya 31/08/2012, muri Amani Restaurant mu mujyi wa Kigali kuva saa kumi kugeza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (16h00’-18h30’pm), abantu 32 batandukanye barimo abahanzi, abanyamakuru, abacuruzi, aba Pasiteri, abavugabutumwa, abayobozi b’amakampani atandukanye akorera muri gospel bongeye guhura ku nshuro ya gatatu, mu rwego rwo gushaka kongera imbaraga zo gukorera hamwe (...)
-
Haracyari ibyiringiro byo kubabarirwa kuri wowe wasubiye inyuma
22 July 2015, by Pastor Desire HabyarimanaNimuze tujye inama niko Uwiteka avuga naho ibyaha byanyu byatukura nk’umuhemba birahinduka umweru bise na shelegi naho byatukura tukutuku birahinduka nk’ubwoya bw’intama bwera. (Yesaya 1:18).
Imana ni umutunzi w’imbabazi, izi intege nke zacu uko zingana kandi yiteguye kutugirira ibambe n’imbabazi kuko iba izi neza ko tuzikeneye.
Biragorana cyane kugira ngo umuntu abone agakiza, ave mu byaha, nyamara nyuma yo kukabona iyo arangaye gato nta kabuza asubira inyuma ndetse akaba yanagwa akava mu (...) -
‘’Sigaho gukomeza ugerageza kwemeranya n’icyaha cyawe.’’
27 September 2015, by Pastor Desire Habyarimana‘’Bahamagara Loti aramubaza bati:’’Abo bagabo binjiye iwawe iri joro bari he?’’Basohore turyamane nabo.’’Itangiriro 19:1-5
Igihe cya nyacyo cyari kigeze kuri Loti. Abagabo b’Abanyasodomu bari bakikuje inzu ye, basakuza. Bategeka Loti gusohora abamarayika babiri bari binjiye mu nzu ye, kugirango babafate ku ngufu.
Mbega ibintu byari bikomeye! Ikintu cya mbere Loti yagombaga gukora ni kugerageza kumvikana nabo banyasodomu. Kuba Loti yari atuye ku marembo y’umudugudu bigaragaza ko ashobora kuba yari (...) -
Ubuhamya bwa Mariko: Narasambanaga, ariko Yesu arinda urugo rwanjye gusenyuka!
23 April 2013, by Simeon NgezahayoNitwa Mariko. Ntarakizwa sinemeraga Imana. Mfite imyaka 8 nakoze impanuka ikomeye. Kuva uwo munsi nakomeje kubona ko Yesu yankijije urupfu. N’ubwo ntamwizeraga, navugaga ko ari we wankijije… Mbese biratangaje? Oya. Ku bwanjye, hari imbaraga zari zingose ariko ntazibona. Hamwe n’ibyariho ndetse n’ibyambagaho, nakomezaga kwima Yesu umwanya muri jyewe. Nakomeje kwiberaho ntyo kugeza mu myaka 48 n’amezi 7 (mvugishije ukuri). Umucyo wa Yesu utaramurikira ubuzima bwanjye, nari mu mwijima. Nari umuntu (...)
-
Nyuma y’amateka akomeye Korali Rohi iri mu mishinga yo gukora amashusho y’indirimbo zayo
16 April 2016Nyuma y’amateka akomeye korali Rohi ibarizwa mu itorero ADEPR Nyakabanda yanyuzemo,kuri ubu irashimira Imana kuri byose yakoze mu myaka 19 ishize iyi korali itangiye ivugabutumwa.Iyi korali kandi iratangaza ko mu minsi ya vuba iraba itangiye igikorwa cyo gutunganya amashusho y’indirimbo zabo ziri kuri album yabo y’amajwi baherutse gushyira ahagaragara.
Ubuyobozi bw’iyi korali buvuga ko bushimira Imana kuri byose yakoze kuva muri 1997 batangira iyi korali ngo kugeza nanubu Imana ikaba (...)
0 | ... | 50 | 60 | 70 | 80 | 90 | 100 | 110 | 120 | 130 | ... | 1850