3. Yasabye kurindwa ibyago:
Muzi ko Imana abayo ibarinda mu buryo bukomeye! Bibiliya iravuga ngo “Abo wampaye nta n’umwe ubasha kubamvuvunura mu kiganza.” Iturinda nk’imboni y’ijisho. Yaduciye mu biganza nk’imanzi. Mu Baroma 8:31-39 haravuga ngo “Ni iki cyadutandukanya n’urukundo rwa Kritso Yesu?” Humura turarinzwe, ukuboko kw’Imana kuri hafi yacu iyo turi mu mwuka wo kubana n’Imana neza.
Ubundi tugeragezwa nk’abandi, ariko icyo tubarusha ni uko ukuboko kw’Imana kuturinda buri munsi kandi ihumure (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Ibintu 4 Yabesi yasabye Imana 1 Ngoma 4:10 (Igice cya 4)Pastor Desire
6 February 2016, by Pastor Desire Habyarimana -
Itorero “Open Door Christian Ministries” (O.D.C.M) ryafashije abaturage 648 birukanywe muri Tanzania
18 February 2014, by Simeon NgezahayoMu mpera z’icyumweru gishize, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14/02/2014, itorero Open Door Christian Ministries riyobowe na Pastor Twagirumugabe Dominic n’itsinda ry’abakozi b’Imana basuye abaturage birukanywe mu gihugu cyaTanzania bacumbikiwe mu murenge wa Mayange, Akarere ka Bugesera mu Ntara y’Uburasirazuba babashyikiriza imfashanyo y’imyambaro n’ijambo ry’Imana.
Abirukanywe babwirizwa ijambo ry’Imana. Babwiwe yuko Imana yabateguriye ubwo yashyiragaho uburyo bazakirwa bageze mu Rwanda. Mu (...) -
Iran: Abakristo 8 batawe muri yombi barafungwa, baregwa guhungabanya umutekano w’igihugu
23 July 2013, by Simeon NgezahayoKuri uyu wa 19 Nyakanga, Abakristo 8 bashyizwe mu nzu y’imbohe baregwa guhungabanya umutekano w’igihugu. Amakuru atugeraho aravuga ko ngo igituma aba Bakristo bakekwa byaba ari uko bavuye mu idini ya Islam.
Ku wa kabiri taliki 16 Nyakanga ni bwo Abakristo 8 bo mu gihugu cya Iran bashyizwe imbere y’ubutabera, baregwa ibirego biremereye nyuma y’aho bakekeweho “guhungabanya umutekano w’igihugu” no “gushishikariza abandi guhungabanya umutekano”. Ibi birego byibasiye ABakristo bahoze ari Abisilamu. (...) -
Ubutumwa bwashyikirijwe itorero rya Efeso bwanyigisha iki mu rugendo rugana mu ijuru?
19 July 2015, by Innocent KubwimanaYohana imwe mu ntumwa za Yesu, ku kirwa cy’i Patimo arenganyirizwa ubutumwa bwiza, Umwami Imana irahamusanga imuha ubutumwa yagombaga kugeza kun matorero arindwi yo muri Aziya. Muri iyi nyigisho turagaruka ku butumwa bwa rimwe muri ayo matorero ari ryo Efeso.
Ubu butumwa busobanura uhereye mu itangira ry’umukristo ukageza aho azasoreza urugendo rwe. Ibyahishuwe 2:1-7
Yohana atangira kwandikira itorero rya Efeso hari ibyo ryashimwaga, ibyo ryagawaga ndetse n’inama. Ibi ushatse wabihuza (...) -
Itorero rya ADEPR Gahogo ryimitse aba Pasteur bashya
31 July 2012, by UbwanditsiItorero rya ADEPR Gahogo ribarizwa mururembo rwa Gitarama ho muntara y’Amajyepfo mukarere ka Muhanga, kuri iki cyumweru tariki ya 29/7/2012 rwahaye inshingano abapasteur ba 3 bashya.
Ababa Pasteur bashya aribo NIYONZIMA Alexis, NDAMUKUNDA Emmanuel na HATEGEKIMANA Protogene bose ni abagabo bari hagati y’imyaka 32 na 38, bose bakaba baribasanzwe bafite izindi nshingano mu itorero doreko Alexis na Protogene bari Abadiakoni naho Emmanuel akaba yari Mwarimu (Umuvugabutumwa). Abaha inshingano, (...) -
Itandukaniro hagati y’amadini n’ubutumwa bwiza - Jean Ruland
12 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaUbutumwa bwiza butuganisha mu nzira y’ubugingo bw’iteka. Ndashaka kubereka itandukaniro hagati y’idini n’ubutumwa bwiza nifashishije ingingo 10 zikurikira:
1. Hari amadini menshi ariko ubutumwa bwiza ni bumwe.
2. Idini ni icyo umuntu akorera Imana, ubutumwa bwiza bukaba icyo Imana yakoreye umuntu.
3. Idini ni umuntu uriho ushaka Imana, ubutumwa bwiza bukaba Imana ishaka umuntu.
4. Idini ni umuntu ugerageza kuzamuka urwego agerageza gukiranuka we ubwe, akiringira kuzahura n’Imana nagera (...) -
Amateka ya Chorale Hoziana
14 November 2013, by UbwanditsiNkuko amateka y’itorero ADEPR abigaragaza, Itorero rya Pentekote ryageze mu Rwanda mu mwaka wa 1940 ritangirira i Cyangugu.Umurimo w’ivugabutumwa waguka ugana i Gisenyi, ubu ni mu ntara y’Iburengerazuba.
Mu mwaka wa 1968 nibwo Pasteur Kayihura Jaques yatumwe kujya kuvuga ubutumwa i Kigali, atangirira ahitwa i Gasave, ubu ni mu murenge wa Gisozi, akarere ka Gasabo. Aho i Gasave niho hatangiriye umurimo w’uburirimbyi mu rugo rwa Pasteur utangijwe n’umufasha we Mariya, Umukobwa wabo w’imfura (...) -
ADEPR GIHUNDWE MU NYUBAKO Y’URUSENGERO RUJYANYE N’IGIHE
2 January 2014, by UbwanditsiItorero rya ADEPR Gihundwe rimaze igihe ritangije inyubako ijyanye n’igihe kandi yagutse. Ni muri urwo rwego muri iyi minsi mikuru biyongeyemo imbaraga bakongera gutanga umuganda wabo kuri iyi nyubako y’urusengero ubu rugeze kuri dalle.
Kuri uyu wa mbere wa Noheli taliki 26 Ukuboza 2013 ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo, ab’inkwakuzi bari bamaze kuhasesekara n’ibikoresho by’akazi. Bamwe bahageze bitwaje ibitiyo n’abandi benshi bazana ibikoresho bikoreza isima bita ibikarayi. (...) -
Ijambo riva ku Mana nicyo gusa ukeneye.
6 October 2015, by Pastor Desire Habyarimana“Ageze hafi y’inzu, uwo mutware w’abasirikare amutumaho incuti ze ati’Nyagasani ntiwirushye, kuko bitankwiriye ko winjira mu nzu yanjye: nicyo gitumye ntekereza ko bitankwiriye ko nza aho uri ubwanjye; ahubwo tegeka nuko umugaragu wanjye arakira.’” (Luka 7:6-7). Nk’uko tubibona muri icyo cyanditswe twafunguje, usirikare w’umuroma, wari ufite umugaragu wenda gupfa yinginze abayobozi b’abayuda gusaba Yesu ngo akize umugaragu we. Amenye ko Yesu ari mu nzira aza iwe, yoherereza ubutumwa Umwami Yesu (...)
-
Delphin Kalisa umuhanzi ubarizwa mu ntara y’ibirengerazuba i Rubavu yatangiye kuririmba ku giti cye, anasohoye indirimbo ye ya mbere
1 August 2012, by Patrick KanyamibwaNyuma y’igihe kinini aririmbira mu ma tsinda n’amakorari atandukanye, ndetse akanafasha abahanzi batandukanye mu kuririmba no kubacurangira, Delphin Kalisa yatangiye kuririmba ku giti cye anasohora indirimbo ye ya mbere yise “Ijwi rituje”. Amazina ye ni Delphin Kalisa, yavutse tariki 14/08/1982 mu gihugu cya Congo Kinshasa, avukira mu muryango w’abana babiri, we na mushiki we umwe gusa. Yize amashuri y’inshuke n’abanza i Goma muri DRC, ayisumbuye ayiga mu Rwanda i Gisenyi kuri College Baptiste (...)
0 | ... | 70 | 80 | 90 | 100 | 110 | 120 | 130 | 140 | 150 | ... | 1850