Kuri ubu hasigaye amasaha make umuhanzi Musabe Bernadette akambikana impeta n’umukunzi we Kayinamura Felicien, ibirori biteganyijwe kuri uyu wa gatandatu tariki 24/10/2015. Ibirori bye bikaba byari binyotewe n’abatari bake cyane mu bakunzi ba muzika ihimbaza Imana, by’umwihariko abakunda ibihangano bye.
Umuhanzi Musabe Bernadette abarizwa mu itorero rya ADEPR, akaba yaramenyekanye mu ndirimbo ze zitandukanye zirimo nka ‘’Iyaba mfite amababa’’, Naramaramaje kumukunda’’ n’izindi.
Uyu muhanzi (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Hasigaye amasaha make umuhanzi Musabe Bernadette akambikana impeta n’umukunzi we
23 October 2015, by Innocent Kubwimana -
Imana ni Data - Bolavie Izaw
12 April 2013, by Isabelle Gahongayire“Imana tuyifata dute? Uburyo tubaho, ibyo dukora, amarangamutima tugira, ni ingaruka y’uburyo dufata Imana n’uko tuyitekereza.”
Niba ibitekerezo n’imyezerere byacu ari bibi, amarangamutima n’ibikorwa na byo bizaba bibi. Igikorwa cyiza cyose dukora ni ingaruka y’imyemerere yacu. Niba ibyo twizera ari bibi, n’imirimo yacu izaba mibi. Niba hari uburyo Imana idutegeka kugenda ariko ntituyemerere, bizatuvuna kuba mu bushake bwayo kandi bishobora kutuviramo kwigomeka.
Nkiri umwana muto nakundaga kumva (...) -
Wari uzi ko Imana igufiteho umugambi wihariye!
23 August 2015, by Pastor Desire HabyarimanaHari ubwo byari byakubaho, ukumva ubuzima bwawe nta gaciro bufite? Ukumva ko uteri ukenewe muri iy’ isi? Ukumva byari kuba byiza iyo uba utaravutse? Washoboye gutekereza gutyo utaramenya Yesu nk’ umukiza wawe. Wari utaramenya ko wavutse kuko Imana yashakaga ko ubaho kuko yari ifite umugambi w’ ubugingo bwawe.
Bibiriya iduha ingero nyinshi z’abantu Imana yateguriye umugambi w’ ubuzima bataravuka. Imana yagize bene uwo mugambi ku buzima bwa Mose. Nyina yabonye uyu mugambi mu kwizera, nuko akora (...) -
Abanyeshuri n’abarangije bo muri ADEPR Paroisse ya Bibare bafite igiterane taliki ya 23/12/2012 kucyicaro cya Paroisse ya Bibare.
17 December 2012, by UbwanditsiNkuko IRABONA Aubin Umuyobozi w’abanyeshuri n’abarangije bo muri Paroisse ya ADEPR Bibare akaba ari no mubategura iki giterane kizaba kucyumweru tarikiya 23/12/2012 ya bidutangarije, iki giterane kizaba kidasanzwe kuko kizahuza abanyeshuri biga n’abarangije ibyiciro by’amashuri bitandukanye(Secondaire, Université, Maîtrise, na PHD ) babarizwa mu itorero rya Bibare, kikazaba gifite intego “Umumaro w’abanyabwenge barimo Umwuka w’Imana mu itorero no mu gihugu” Itangiriro 41:38.
Iki giterane (...) -
Rose Muhando aherutse kuba imbarutso y’imvururu aho polisi yarinze gutabara
10 October 2013, by UbwanditsiArusha muri Tanzani mu gace kitwa Kiratu muri Kino Cyumweru gishize Polisi yahangaye n’agatsiko kashakaga gukubita abakozi b’Imana bo mw’itorero rya Assemblies of God kubera ko bateguye igitaramo cyagombaga kubonakemo Rose Muhando bakamubura kandi bishyuye amafaranga yabo.
Polisi yashoboye gufatamo bamwe ariko yanze gutangaza amazina yabo kubera ko bakiri mwiperereza ryo kumenya abandi babiri inyuma. Ako gace ka Karatu hari hamaze iminsi hagaragara ibyamamaza ko umuhanzikazi w’icyamamare muri (...) -
Korali Kubwubuntu yatangiye gufata amashusho y’indirimbo z’alubumu ya mbere
14 February 2013, by Patrick KanyamibwaKorali Kubwubuntu y’abanyeshuri biga i Butare muri NUR yatangiye gufata amashusho y’indirimbo zabo z’alubumu yabo ya mbere nkuko twabitangarijwe n’umuyobozi wayo Jean Claude MUNYEMANA.
Nyuma y’uko Korali kubwubuntu imaze gushyira ku mugaragaro indirimbo zo muri Album ya mbere yitwa “IMIRIMO ITUNGANYE” mu mwaka wa 2012, ubu kandi irimo no gukora ibiterane bitandukanye birimo no gufata amashusho “Shooting” y’izo ndirimbo kuva 2-3/2/2013 bari i Gikondo no mu Kiyovu; 16-17/2/2013 izaba ikomereje muri (...) -
Kuri ADEPR Muhima hatangiye igiterane cy’iminsi irindwi cyo guhembuka
16 September 2013, by UbwanditsiKurusengero ADEPR Muhima hatangiye igiterane cy’iminsi irindwi cyo guhembuka, cyateguwe nakomite mpuzamakorali ifatanije n’ubuyobozi bwumudugudu wa ADEPR Muhima, kizitabirwa n’amakorali atandukanye
Nkuko twabitangarijwe n’umuyobozi w’umudugudu wa ADEPR Muhima Pastor Karangwa Alphonse iki gitere cyo guhembuka kizagaragaramo abigisha batandukanye, amakorali atangukanye yo kuri ADEPR Muhima nayandi azaturuka mumidugudu itandukanye
Amakorali azakiririmbamo harimo HOZIYANA Choir, DUHUZUMUTIMA (...) -
Korale Siyoni izakora ibitaramo bibiri bikomeye uyu mwaka
22 January 2013, by Patrick KanyamibwaKorale Siyoni ikorera mu itorero ry’ADEPR, mu ntara y’amajyaruguru, akarere ka Nyabihu, umurenge wa Jenda, akagari ka Bukinanyana, itorero rya Jenda iri gutegura ku ibitaramo bibiri bikomeye uyu mwaka. Nkuko twabitangarijwe na Twizerimana Theogene umuyobozi mukuru wiyi Korale, Korale Siyoni yatangiye mu mwaka wa 1995 igizwe n’abana b’urubyiruko bari hagati y’imyaka 12- 15 itangirana abantu 30. Iyi Korale yatangiye kugura ibyuma byo gucurangisha (Instrument musical) mu mwaka wa 2001. Siyoni (...)
-
Umuhanzi w’ingimbi wari ukunzwe cyane kubera indirimbo yise “Ibicu” yitabye Imana ku myaka 18 - Katelyn Beaty
5 July 2013, by Simeon NgezahayoZach Sobiech, umuhanzi w’ingimbi wari ufite indirimbo yise “Clouds” (Ibicu) yaciye agahigo igasurwa n’abantu bagera kuri miliyoni 3 kuri youtube, yibabye Imana azize cancer. Uyu mwana yaguye hagati y’umuryango we mu gace avukamo ka Lakeland, ho muri Leta ya Minnesota. Zach yari afite imyaka 18.
Sobiech yasuzumwemo cancer yo mu magufwa ubwo yari afite imyaka 14. Mu mwaka w’2012, amaze kubwirwa n’abaganga ko icyizere cye cyo kubaho kitarenze amezi 2 yahise asohora indirimbo ijyanye n’urupfu rwe. (...) -
Kwizera guhindura nyirako niko dukeneye
18 August 2015, by Innocent KubwimanaBibiliya, ijambo ry’Imana idutangariza ko isi yose yagezweho n’umuvumo ukurikiwe n’imibabaro yatangiye kuva umunsi ubusabane bw’umuntu n’Imana buzamo agatotsi (icyaha). Itangiriro 3
Ibi bishatse kuvuga ko umuntu wese ugeze ku isi aba mu ngaruka zabyo naho byabaye tutariho, ariko ubuzima bwose n’ibirushya duhura nabyo bifitanye isano n’iri sanganya ryagwiririye umwana w’umuntu.
Uhereye kiriya igihe ubuzima bw’umwuka bwarangiritse, umuntu atandukanywa n’Imana ntiyongera gushyikira ubwiza bwayo. Iyi (...)
0 | ... | 110 | 120 | 130 | 140 | 150 | 160 | 170 | 180 | 190 | ... | 1850