Emmanuel (Imana iri kumwe natwe) ni ndirimbo Mercy ukomoka mu gihugu cya Kenya aherutse gusohora mu w’2012, ari na yo yamuhesheje igihembo cya Groove Awards 2013. Ubu rero Mercy yatowe nk’umuhanzi wa mbere wa Rock (Global Rockstar) 2013 ku rwego rw’Afurika, abikesha iyo ndirimbo ye yise Emmanuel.
Amarushanwa ya nyuma yo guhatanira uyu mwanya yiswe GLOBAL ROCKSTAR 2013 yari ahagarariwe na AKG, yatangiye arimo abahanzi bagera kuri 73 babaye aba mbere mu bihugu byayo, baturutse mu migabane yose (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Umuhanzikazi Mercy Masika ni we wegukanye igihembo GLOBAL ROCKSTAR ku rwego rw’Afurika
21 October 2013, by Simeon Ngezahayo -
Gushima Imana bivuze iki? Pastor Gatanazi Justin
9 September 2015, by Pastor Desire HabyarimanaGUSHIMA IMANA BIVUZE IKI ?
Zab.116:12-13, Ibyiza Uwiteka yangiriye byose, Ndabimwitura iki ? Nzakira igikombe cy’agakiza, Nambaze izina ry’Uwiteka.
Icya mbere umuntu yakwitura Imana ni ukuyiha umutima we ikawutegeka, ikawuyobora. Benshi bahaye Satani imitima yabo arabagenga kandi nyamara banakomeye mu madini n’amatorero yabo. Nyamara kudashima bifite ingaruka kandi zikomeye, dore ko Imana yaturemye ngo dusabane nayo.
Ushima Imana akwiye kuvuga ibimuvuye ku mutima. Hari benshi bashima (...) -
Umuraperi DMX yigishirije Ijambo ry’Imana mu muhanda w’i Los Angeles
17 October 2013, by Simeon NgezahayoEarl Simmons (DMX) w’imyaka 42 aherutse gusomera imirongo yo muri Bibiliya imbere ya restaurant (Wi Jammin’ Caribbean Restaurant) yo mu mujyi wa Los Angeles, Calif. ayisomera umugore witwa Dr Phil wari ufite agahinda ndetse amubwira ko umunsi umwe Imana izamukiza agahinda ke kose. Amusomera aya magambo, DMX ngo wabonaga amushishikariza kwemera ubushake bw’Imana.
DMX
Amakuru dukesha TMZ aravuga ko ubwo uyu mraperi yasohokaga muri restaurant (...) -
Ijuru rishya n’ isi nshya! Rev SEBUGORORE Henry
21 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaIJURU RISHYA N’ISI NSHYA
Uhoraho aravuga ati " Dore ngiye kurema ijuru rishya n’isi nshya , ibya kera ntibizibukwa ukundi, kandi ntibizatekerezwa " Bibliya ijambo ry’Imana. Mbere yo kuvuga ku ijuru rishya n’isi nshya, reka tubanze turebe icyo imperuka y’isi isobanura.
Ibyandikwa bivuga ko imperuka ari:
*Iherezo ry’ubutegetsi bw’abantu bananiwe kugira icyo bageraho, Dan 2:44. * Iherezo ry’intambara, ikinyoma, urugomo akarengane n’ibindi, Ibyah 21:4,5; Mt 7:21-23. * Iherezo ry’abashyigikiye ibibi (...) -
Ese waba ujya wibaza byinshi k’umuvugabutumwa wahinduye abantu benshi “BILLY GRAHAM”, Dore amateka ye
8 August 2013, by UbwanditsiWilliam Flanklin uzwi kwizina rya Billy Graham yavutse tariki 7.ugushyingo.1918 ni umunyamerika wavukiye mu mujyi wa charlotte north carolina yakijijwe mu 1934 n’umuvugabutumwa ufite umugore umwe witwa Ruth Graham uheruka kwitaba Imana afite abana batanu(Flanklin,Nelson,Virginie,Ruth,Anne).
Yatangiye ivugabutumwa ryagutse ategura ibiterane mu 1957 Mw’ivugabutumwa ry’uyu mugabo abantu barenga million eshatu nibihumbi magana abiri bakijijwe kubera uyu mugabo mubiterane bikomeye yabaga (...) -
Ubuhamya bwa Mariko: Narasambanaga, ariko Yesu arinda urugo rwanjye gusenyuka!
23 April 2013, by Simeon NgezahayoNitwa Mariko. Ntarakizwa sinemeraga Imana. Mfite imyaka 8 nakoze impanuka ikomeye. Kuva uwo munsi nakomeje kubona ko Yesu yankijije urupfu. N’ubwo ntamwizeraga, navugaga ko ari we wankijije… Mbese biratangaje? Oya. Ku bwanjye, hari imbaraga zari zingose ariko ntazibona. Hamwe n’ibyariho ndetse n’ibyambagaho, nakomezaga kwima Yesu umwanya muri jyewe. Nakomeje kwiberaho ntyo kugeza mu myaka 48 n’amezi 7 (mvugishije ukuri). Umucyo wa Yesu utaramurikira ubuzima bwanjye, nari mu mwijima. Nari umuntu (...)
-
ARASHIMIRA BIKOMEYE UMURYANGO GIRA IMPUHWE KUBWA MANU WABAGENEYE ANASABA URUBYIRUKO KUTIHUGIRAHO
5 May 2014, by Simeon NgezahayoBwana MUTAGANZWA Pacifique, Umuyobozi uhagarariye umudugudu (agglomeration) w ‘abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 arashimira cyane umuryango GIRA IMPUHWE ku bw’ubufasha wabageneye bo bagerenya nka manu ubwo wabasuraga ku wa 26/04/20014, mu mudugudu batuyemo mu murenge wa Kinyinya, akarere ka Gasabo.
Ibi ni bimwe mu byo GIRA IMPUHWE yafashishije abacitse ku icumu ba Kinyinya
Ubusanzwe uyu mudugudu ugizwe hafi 90% n’impfubyi n’abapfakazi, abandi bakaba ari abakecuru (...) -
Birashoboka ko wava mu byo wisanzemo Dr Fidèle MASENGO
5 December 2015, by Pastor Desire Habyarimana1 Ingoma 4:9 - Yabesi yarushaga bene se icyubahiro, kandi nyina yamwise Yabesi kuko yavuze ati"Namubyaranye agahinda." Yabesi atakambira Imana ya Isirayeli ati"Icyampa ukampa umugisha rwose, ukagura imbago yanjye kandi ukuboko kwawe kukabana nanjye, ukandinda ibyago ntibimbabaze." Nuko Imana imuha ibyo yasabye.
Nyuma y’uko ku munsi w’ejo twatangiye amasengesho y’iminsi 21 asoza uyu mwaka, nabyukanye ijambo ryitwa "Kuva mu bintu tumenyereye".
Ubwo turimo kuganira ku "Gihe cyo kwambuka"- (...) -
Amahame 6 y’ingenzi atuma abayobozi bakora iby’ubutwari - Doug Franklin
12 July 2013, by Simeon NgezahayoBayobozi, mwiringire Imana yonyine! Hariho amahame 6 y’ingenzi atuma abayobozi bakora iby’ubutwari iyo bayakurikije. Buri hame rishingiye kuri Bibiliya, kandi ryasuzumwe hakurikijwe igihe. Gerageza aya mahame maze wirebere! 1. Umuyobozi agomba gutekereza ibisa n’ibidashoboka.
Mbese ku bw’umuntu, byashobokaga ko Imana yuzuza isi umwuzure ukarimbura ibintu byose? Birumvikana ko nta wari kwiyumvisha ko bishoboka! Ariko Nowa yizeye ibigaragara nk’ibidashoboka kuko yari yizeye Imana ikomeye. Ni (...) -
Yesu yakoze icyari gikomeye
29 September 2015, by Innocent KubwimanaNta wufite urukundo ruruta urw’umuntu upfira incuti ze. Muri incuti zanjye, nimukora ibyo mbategeka. Sinkibita abagaragu kuko umugaragu atazi ibyo shebuja akora, ahubwo mbise incuti kuko ibyo numvise kuri Data byose mbibamenyesheje. Yohana 15:13-15
Yesu ntabwo adusaba kumupfira, ahubwo adusaba kumwegurira ubuzima bwacu. Petero, umwe mu ntuwa ze yigeze kumusezeranya gupfana nawe kubera wenda uko yiyumvaga muri ako kanya, icyakora Yesu yahise amubwiriraho ko atabishobora, kandi koko (...)
0 | ... | 150 | 160 | 170 | 180 | 190 | 200 | 210 | 220 | 230 | ... | 1850