Kuki?
Kuki ndiho? Ndi nde? Nipfa bizagenda bite? Ibi ni ibibazo abantu bamaze imyaka myinshi bibaza. Kugira ngo usobanukirwe ibi, ugomba kubanza kumenya umugambi w’Imana w’agakiza ndetse ukanamenya Yesu Kristo.
Yesu Kristo ni nde? Yakoze iki?
Yesu Kristo Umwana w’Imana yaje muri iyi si, ntiyigera akora icyaha, apfa ku musaraba hanyuma azuka mu bapfuye ngo akize abantu bose ibyaha byabo. Kristo yapfiriye kugira ngo abe impongano y’ibyaha byacu. Ni uko rero, ubasha kubibabarirwa ibyaha byawe. (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Wamenya Yesu Kristo ute? - Joyce Meyer
12 December 2013, by Simeon Ngezahayo -
Umuryango “Self Help Africa” umaze guteza imbere imbabare nyinshi mu gihugu cya Kenya
7 June 2013, by Simeon NgezahayoSelf Help Africa ni umuryango mpuzamahanga udaharanira inyungu wita ku mbabare, ufite icyicaro muri Ireland no mu Bwongereza. Uyu muryango kandi waguye ibikorwa byawo, ushinga n’ibindi byicaro 3 muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu gihugu cya Kenya, Self Help Africa ifite gahunda nyamukuru yo guteza imbere icyaro mu karere ka Nakuru, intara ya Rift Valley. Uyu muryango kandi utera inkunga ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Baraka (Bukara Agricultural College), Molo na gahunda yo kurengera umutungo (...) -
Pakistan: Umukristo yakatiwe igifungo cya burundu aregwa “Ubutukanyi”
17 July 2013, by Simeon NgezahayoKuri uyu wa 15 Nyakanga, mu mujyi wa Lahore mu gihugu cya Pakistan urukiko rwakatiye Umukristo igifungo cya burundu kubera ibirego by’ubutukanyi (blasphemy) aregwa, n’ubwo umwunganira mu rubanza avuga ko umucamanza yamushyizweho agahato na polisi mu gufata iki cyemezo. Uwunganira uyu Mukristo mu rubanza Bwana Javed Sahotra yatangarije Morning Star kuri telephone ko ubushinjacyaha bw’urukiko rw’akarere ka Toba Tek Singh mu ntara ya Punjab butigeze butanga ibimenyetso bigaragaza ko uyu (...)
-
Korale Betesida iramurika alubumu y’amashusho ku cyumweru tariki ya 23/12/2012
15 December 2012, by Patrick KanyamibwaNkuko twabitangarijwe n’umuyobozi wiyi korali Bwana Nsengumuremyi Claude, imyiteguro uri kugenda neza kandi ntakizahinduka, Korale Betesida yo kuri ADEPR Rwimbogo i Kanombe izamurika alubumu yayo ya mbere y’amashusho ku cyumweru tariki ya 23/12/2012, ku rusengero rwa ADEPR Rwimbogo hafi y’ikibuga cy’indege. Icyi gitaramo kizatangira saa saba z’amanwa kizitabirwa kandi n’abandi bahanzi bazaza gushigikira iyi Korali harimo Korali Impanda kuva ADEPR Gikondo n’abandi, kwinjira bikaba ari ubuntu. (...)
-
Itabaza Ryaka Rimurika!
23 November 2015, by Pastor Desire Habyarimana“Kugira ngo mutabaho umugayo cyangwa uburyarya, mube abana b’Imana batagira inenge hagati y’ab’igihe kigoramye cy’ubugoryi, abo mubonekeramo nk’amatabaza mu isi” (Abafilipi 2:15).
Muri Yohana 5:32-35, Umwami Yesu agaragaza ikintu cyiza mu miterere ya Yohana Umubatiza: “ahubwo hari undi umpamya, nanjye nzi yuko ibyo ampamya ari iby’ukuri. Mwatumye kuri Yohana, na we yahamije ukuri…Uwo yari itabaza ryaka rimurika, namwe mwamaze igihe gito mwishimira umucyo we.” Mbega amagambo; kandi avuye ku Mwami (...) -
Ubwongereza: Emmy Kosgei ukomoka muri Kenya ni we wegukanye igihembo mpuzamahanga cy’umuhanzi ‘BEFFTA AWARDS’
28 October 2013, by Simeon NgezahayoKuri uyu wa 25 Ukwakira, umuhanzikazi Emmy Kosgei ukomoka mu gihugu cya Kenya yongeye gutsindira igihembo cyiswe Beffta Awards mu gihugu cy’Ubwongereza.
Nyuma yo gushakana n’umupasiteri ukomoka mu gihugu cya Nigeria, uyu mugore yahise azamuka ndetse aza no kujya ku rutonde rw’abahatanira BEFFTA AWARDS (Black Entertainment Film Fashion Television and Art) mu gika cyiswe ‘The Best International Gospel Act Category’.
BEFFTA Awards ni umuhango udasanzwe, uteza imbere ibiganiro n’abahanzi bakomoka (...) -
Ni iki Bibiliya ivuga ku babana bahuje ibitsina?
2 May 2016, by UbwanditsiBibiliya itubwira neza ko kubonana kw’abahuje ibitsina ari icyaha. Bimwe mu byanditswe biri muri Bibiliya bitwereka neza ko ari ikizira ku Mana ko abahuje ibitsina babana nk’umugore n’umugabo Nubwo Imana ibyanga urunuka, abagabo 2 bo muri Minneapolis, USA, Michael Cole Smith (uri ibumoso) na Jamil Smith Cole (ufatwa nk’umugabo we) basezeranye kwibanira. Byari muri 2009. Photo: Internet
Imana yaremye umubago n’umugore, bafite imitere itandukanye kandi bafite ibitsina bitandukanye kugira ngo (...) -
Burundi: Ukwikukira kwiza ni ukwimika Yesu hama nawe agatanga ukwikukira nyakuri
29 June 2012, by Peter Ntigurirwa/isange.com"Yohana 8:32-36" Aya ni amwe mu magambo yigishijwe na Apotre Paul Gitwaza ubu urimo kubarizwa mu gihugu cy’u Burundi mu gikorane carimo umukuru w’igihugu c’uburundi Pierre NKURUNZIZA N’umutambukanyi wiwe,abakozi b’Imana ndetse n’abategetsi nk’umushikiranganji w’intwaro yo hagati,Maire de la ville ya bujumbura n’abandi, ku kibuga ca Cotebu, ubwo yabwiye abarundi bose yuko na kuva kera ba sogokuru babayeho,n’ubu abarundi barashobora kubaho abazungu batabafashije kuko uburundi buratunze.
Umukuru (...) -
Rwanda Pantecotiste Assemble of God ryatanze ubushumba bwa mbere mu mateka yaryo
13 October 2012, by UbwanditsiNyuma y’imyaka isaga 22 itorero Rwanda Pantecotist Assemble of God rishinzwe, ryahaye inkoni y’Ubushumba Umuyobozi mukuru ubaye uwambere utowe mu rugero rwiza hatabayeho ukwikubira.
Pasiteri Gatabazi Jean washinzwe iri torero mu myaka ya 1990 akaba n’umuyobozi waryo iyo myaka yose, yavuze ko yishimira gusimburwa, asaba n’uwamusimbuye kutazikubira bityo nawe akazarekurira abandi abikuye ku mutima.
Pasiteri Gatabazi yatangaje ko abwira abayoboke b’itorero ko azasimburwa mu rwego rwo gufatanya (...) -
ADEPR : Abanyamigabane b’ikigega CICO barahangayitse ko bazabura amafaranga batanzemo
14 May 2013, by UbwanditsiAbanyamuryango b’Ikigega cy’ishoramari CICO Ltd (Christian Investment Corporation Ltd) cyatangijwe mu itorero rya ADEPR mu mwaka wa 2010, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bwacyo kuko bafite impungenge ko amafaranga bagitanzemo ashobora kuzazimira nubwo ubuyobozi bwo bubizeza ko batazahomba.
Bamwe mu bahagarariye abatanze imigabane ku rwego rwa za Paruwasi muri ADEPR batunga agatoki ubuyobozi bwacyo gukoresha amafaranga y’ikigega hatangwa inguzanyo mu buryo budasobanutse ku buryo miliyoni 180 zaba (...)
0 | ... | 160 | 170 | 180 | 190 | 200 | 210 | 220 | 230 | 240 | ... | 1850