"Zaburi iyi yahimbiwe umutware w’abaririmbyi. Ni indirimbo ya bene Kora yahimbishijwe ubwenge. Nk’uko imparakazi yahagizwa no kwifuza imigezi, ni ko umutima wanjye wahagizwa no kukwifuza Mana!" Zaburi 42: 1-2.
"Zaburi ya Dawidi yahimbye ubwo yari ari mu butayu bw’i Buyuda. Mana, ni wowe Mana yanjye ndazindukira kugushaka, umutima wanjye umutima wanjye ukugirira inyota, umubiri wanjye ugukumburira mu gihugu cyumye." Psaumes 63:1-2.
Izi zaburi uko ari ebyiri ziratwereka abantu babiri basengera (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Ufite inyota? (Igice cya 1) - Xavier Lavie
9 April 2016, by Simeon Ngezahayo -
Ukwiye gukora byose mu buryo buramya Imana
8 September 2015, by Innocent Kubwimana‘’Ibyo mukora byose mubikorane urukundo.’’ 1 Abakorinto 16:14 Intumwa Pawulo hano ntabwo atoranya ibyo dukora, ahubwo aravuga ko ibyo dukora byose dukwiye kubikorana urukundo.
Pawulo ahamya ko ibyo umuntu yakora byose biramutse bidashingiye ku rukundo nta gaciro. Aragira ati ‘’Kandi nubwo natanga ibyanjye byose ngo ngaburire abakene, ndetse nkitanga ubwanjye ngo ntwikwe ariko singire urukundo, nta cyo byamarira.’’ 1 Abakorinto 13:3 Birashoboka ko waramya Imana mu bintu byose ukora. Umurimo wose (...) -
Ese iyo habaye ikosa, Umukristo yitwara ate?
16 January 2016, by Gloriose IsugiAbantu bifuza kubana mu mahoro, nta mahane n’amatiku ariko uhereye igihe isi yaremewe abantu bajya bahura n’ibibashyamiranya, ibyo bigatera umuntu kwibaza ngo uko gushyamirana guturuka he? Urubuga topchretien.com rutangaza ko ibi byatangiye mu gihe cya cyera, mwibuke mu busitani bwa Eden igihe Adamu yabwiraga Imana ngo «Umugore wampaye yatumye ndya urubuto watubujije». Adamu yashatse kwikuraho icyaha avuga ko uwo yitaga umugore (Eva) ari we wamushutse; Ibi biboneka no mu miryango y’abantu (...)
-
Imana izaguhembura nubwo wari uguye umwuma
7 August 2015, by Ernest RutagungiraN’ubwo ururimi rwari ruguye umwuma,Uwiteka yirahiriye gusubiza abakene n’abatindi bashaka amazi bakayabura ururimi rwabo rukagwa umwuma, njyeweho Uwiteka nzabasubiza, Jehova Imana ya Isirayeli sinzabahana. Nzazibura imigezi mu mpinga z’imisozi n’amasoko mu bikombe hagati ubutayu nzabuhindura ibidendezi by’amazi n’igihugu cyumye nzagihindura amasoko. (Yesaya 41:17-18).
Mu gihe isi yose ihangana n’ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu, ibibazo ku basanzwe ari abakene n’abatishoboye cyangwa abatindi mu (...) -
Ibimenyetso by’ikirere n’Ibimenyetso by’ibihe - Alain Ouvrard
9 May 2013, by Simeon NgezahayoKuburira amaso mu kirere ushaka kumenya uko ejo buzacya ni umurimo w’ubumenyi bw’ikirere! Dukeneye andi maso y’Umwuka, kugira ngo tugende tudahagaritswe umutima n’iby’ejo hazaza… Amaso yo mu kwizera yuzuza inzira zacu icyizere, kandi icyo cyizere kigenda kirushaho kwiyongera, tukamenya ko Imana ivuga ikanasohoza! Uko ibihe bihita, tumenye gusoma ibyanditswe byera, tumenye icyo Imana igambiriye mu gihe kizaza, tumenye n’amaherezo y’iyi si ndetse n’ay’abantu…
Alain (...) -
Nubwo ureba ikibazo ukabura inzira, Yesu we arabona nyinshi yagikemuramo
5 August 2015, by Innocent Kubwimana‘’Nuko hariho umugore wari mu mugongo, wari ubimaranye imyaka cumi n’ibiri, ababazwa n’abavuzi cyane benshi bagerageza kumukiza, bamumarisha ibintu bye byose abitangamo ingemu, ariko ntibagira icyo bamumarira ahubwo arushaho kurwara.” Mariko 5:25, 26 Aya magambo arasobanutse. Iby’uyu mugore bigaragara ko byari byarabaye akarande kuko kumara imyaka 12 urwaye ni ikigeragezo kitoroshye na gake. Bibiliya iravuze ngo abaganga bari baramumazeho ibintu bagerageza kumuvura ariko byaranze, ngo ntibagira (...)
-
Jya ubanza ubaze Imana – Bob Gass
7 July 2016, by Simeon Ngezahayo"Abantu bareba ubwiza bugaragara, ariko Uwiteka we areba mu mutima" 1 Samweli 16:7
Se wa Dawidi ntiyatekerezaga ko umuhungu we akwiriye kuzaba umwami w’Abisirayeli. Ni cyo cyatumye ubwo Samweli yazaga gushaka uzazungura Sawuli, Yesayi yamuzaniye Eliyabu umuhungu we w’imfura wari n’umukuru mu ngabo z’Abisirayeli.
Saba Imana iguhe icyerekezo cyawe bwite kandi izabikora.
Samweli atunguwe n’uburanga bwa Eliyabu ni ko kuvuga ati: “Ni ukuri uwo Uwiteka yimikisha amavuta nguyu imbere ye.” Ariko (...) -
Ikibazo cy’ubupfumu gikomeje ra umutima uhagaze benshi mu bakozi b’Imana muri Afurika - Melissa Steffan
8 July 2013, by Simeon Ngezahayo, UbwanditsiAbapasiteri mpuzamahanga bagera kuri 50 bari kumwe n’abanyeshuri (benshi bakomoka mu bihugu 7 by’Afurika) bahuriye i Nairobi muri Kenya mu kwezi gushize ngo baganire kuri iki kibazo gikomeje gufata indi ntera.
Inkuru dukesha ikigo ‘Carl F. Henry Center for Theological Understanding’ gikorera mu ishuri ‘Trinity Evangelical Divinity School’ (TEDS) cyateye inkunga iyi nama aravuga ko "Iyi nama igaragaza intambwe ya mbere ngari n’umuhati w’abanyetorero ku rwego mpuzamahanga (hatabogamiwe ku idini) mu (...) -
Ujye ubikira ijambo ry’Imana mu mutima wawe bizakurinda kuyicumuraho!
8 October 2015, by Innocent Kubwimana‘’Nabikiye ijambo ryawe mu mutima wanjye, kugira ngo ntagucumuramo.’’ Zaburi 119:11
Abantu benshi mu minsi ya none ubona bafite inyota y’ijambo ry’Imana kandi ukabona bashishikajwe no kurishakisha.
Akenshi usanga igihangayikishije ari uko imikirizwe ya bamwe idakwiriye, ugasanga umuntu wari ukwiye kuba ikitegererezo niwe uri gukora ibidakorwa.
Hari ubwo umuntu ku giti cye agerageza uko ashoboye kugira ngo adacumura ku Mana ariko akisanga yacumuye akaba nka wa muririmbyi wavuze ngo agerageza (...) -
Umuryango “Self Help Africa” umaze guteza imbere imbabare nyinshi mu gihugu cya Kenya
7 June 2013, by Simeon NgezahayoSelf Help Africa ni umuryango mpuzamahanga udaharanira inyungu wita ku mbabare, ufite icyicaro muri Ireland no mu Bwongereza. Uyu muryango kandi waguye ibikorwa byawo, ushinga n’ibindi byicaro 3 muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Mu gihugu cya Kenya, Self Help Africa ifite gahunda nyamukuru yo guteza imbere icyaro mu karere ka Nakuru, intara ya Rift Valley. Uyu muryango kandi utera inkunga ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Baraka (Bukara Agricultural College), Molo na gahunda yo kurengera umutungo (...)
0 | ... | 160 | 170 | 180 | 190 | 200 | 210 | 220 | 230 | 240 | ... | 1850