Bobo yadutangarije ko ari gutegura ibitaramo bibiri bitandukanye bibanziriza ku murika alubumu ye ya mbere (Launching), ibi bitaramo bikazamufasha kwitegura. Iya mbere izaba ku cyumweru tariki ya 17/06/2012, iya kabiri iteganyijwe mu kwezi kwa munani kuba tariki 12/8/2012.
Mu magambo ye yagize ati “Maze igihe ndigukora amashusho y’indirimbo yitwa “Umwuka wera” hamwe n’iyitwa “Waranyuze” ari nako nanitabira ibitaramo byinshi bitandukanye mu bigo bya mashuri yisumbuye naza kaminuza, nkaba (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Umuhanzi Bobo Bonfils umenyerewe muri afro beat gospel ari gutegura igitaramo yitegura kumurika albumu ye ya mbere
4 June 2012, by Patrick Kanyamibwa -
Ibyo kugutabara ntabwo Imana yabivuyemo!
26 December 2015, by Pastor Desire Habyarimana‘’Mumenye yuko kugeragezwa kwanyu gutera kwihangana.’’ Yakobo 1:3
Mu bwami bw’Imana, ni byiza kubana n’Imana ariko ukagenda urushaho kumenya ubwenge butarondoreka bw’umuremyi wawe. Icyakora uko mutindana hari ibyo ugenda umenya.
Hari ubwo uza munzu y’Imana barakubwiye agace gato ku Mana, wahagera yakora mu bundi buryo bikagucanga, ugatangira kwibaza impamvu. Gusa muri byose Imana irakiranuka.
Imana niyo yakuremye, wenda iza no kuguhamagarira kuyikorera umurimo runaka. Mu mikorere yayo yemera ko (...) -
Ibibazo duhura nibyo biba inzira tuboneramo Imana.
4 May 2016, by Isabelle GahongayireTwitondere ibitekerezo biba mu mitima yacu (Imigani.4:23) hanyuma tugumane ijambo ryayo mu mitima yacu.
Iyo tugeragejwe, hari igihe twihutira kwitotombera Imana, tukayirakarira twibaza impamvu yemeye ko bitugeraho. Nk’abakristu bashitse, tugomba kwirinda kugereka ku Mana imirimo ya satani. Imana ntabwo ari yo soko y’ikibazo. Iyo ibintu bimeze nabi, bidutume duhangana na satani! Tumurwanye, apana kurwanya Imana, kuko yo iri mu ruhande rwacu!
Kuko tuzi ko Imana ikora byo, kandi ikaba atari yo (...) -
Kubabarira: Imbaraga zibohora - Cherubin Paka-Kulumba
24 April 2013, by Isabelle GahongayireHari amasezerano y’Imana tutageraho biturutse ku kutababarira. Imana iradusaba kubabarira umuntu wese uducumuyeho niba natwe dushaka ko itubabarira ibyo ducumura. Mu by’ukuri Imana yaratubabariye iduha Umwana wayo Yesu ngo adupfire ku musaraba, itwereka urukundo rwayo itwunga na yo, itwegereza ubwiza bwayo. Uko ni ko yatweretse urugero rwiza rwo kubabarira.
“Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga Umwana wayo w’ikinege kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo (...) -
UK: Umunyamakuru yamaganye inkuru ya BBC igereranya Mandela na Yesu!
13 December 2013, by Simeon NgezahayoUmunyamakuru ukomoka mu gihugu cy’Ubwongereza yamaganye ikiganiro BBC yakoze, aho yagereranyaga Nelson Mandela na Yesu Kristo. Nelson Mandela yitabye Imana mu minsi mike ishize, akaba azwi cyane ku kuba yaraharaniye ubwigenge bw’Abirabura.
Mu nkuru yanditse ku rubuga UK Daily Mail, Dominic Lawson yavuze ko “bitumvikana uburyo BBC igereranya Mandela na Kristo”.
Lawson yakomeje ati "Ibyo Mandela yagezeho ntibishidikanywa. Ubushobozi yari afite bwo gukorana no kubabarira abamutoteje imyaka 27 (...) -
Nihaba hariho ingeso nziza kandi hakabaho ishimwe abe ari byo mwibwira. Abafilipi 4:8.
30 July 2012, by UbwanditsiHari abantu batajya babona icyiza ku bandi. Bikaba bizwi ko igihe cyose batinda ku makosa babonye ku bandi, niyo abandi bavuga neza, umuntu runaka, ugasanga bo barashaka ikibi bamuvugaho.
Urugero: umuntu bamubwira ko yambaye neza, umuntu utekereza nabi ashobora guhita avuga ati: “nibyo umwenda we ni mwiza, ariko we afite ibirobyinshi".
Ugasanga bahitamo gutinda ku kintu kitameze neza babonye ku bandi aho kubashima igihe babikwiriye.
Akenshi, usanga imyitwarire nk’iyo ari ibimenyetso (...) -
Ushaka ko ijuru rigukingukira?
24 July 2015, by Innocent KubwimanaYesu amaze kubatizwa uwo mwanya ava mu mazi, ijuru riramukingukira abona Umwuka w’Imana amanuka asa n’inuma amujyaho, maze ijwi rivugira mu ijuru riti “Nguyu Umwana wanjye nkunda nkamwishimira.” Matayo 3.16-17
Umukristo wese aho ava akagera ahora yifuza kubona ijuru rikingukira ku buzima bwe. Ibi ariko ntabwo bituruka ku bushake bwe bwite ahubwo bigendana no kwemera gushyira ubuzima bwe mu biganza by’Imana, akemera ubushake bwayo no gukora kwayo mu buzima bwe.
Bwa mbere Yesu abwira Yohana (...) -
Wari uziko ukeneye uwo mugendana mu rugendo rugana mu ijuru?
6 October 2015, by Innocent Kubwimana“Kandi ndababwira ukuri yuko ababiri muri mwe nibahuza umutima mu isi wo kugira icyo basaba cyose, bazagikorerwa na Data wo mu ijuru. Kuko aho babiri cyangwa batatu bateraniye mu izina rya njye, nanjye mba ndi hagati yabo.” Matayo 18.19-20
Reka turebe gato kuri iri sengesho Yesu yigishije abigishwa be gusenga: Nuko musenge mutya muti” Data wa twese[…] uduhe […] ibyo kurya byacu by’uyu munsi[…] uduharire imyenda yacu nkuko natwe twahariye abarimo imyenda yacu, ntuduhane mu bitwoshya, ahubwo (...) -
Iyadutabaye cya gihe, iracyadutabara, izakomeza no kudutabara!
26 April 2016, by Alice Rugerindinda“Bene Data ntidushaka ko mutamenya amakuba yatubereyeho muri Aziya, ko twaremerewe cyane kuruta ibyo dushobora, ndetse bigatuma twiheba ko tuzapfa, twibwirako duciriweho iteka ryo gupfa kugirango tutiyiringira ahubwo twiringire Imana izura abapfuye. Iyaturokoye urupfu rukomeye rutyo, nanone iracyaturokora, kandi twiringira ko izakomeza kuturokora” 2 Abakorinto 1: 8-10
“We were crushed and overwhelmed beyond our ability to endure, and we thought we would never live through it. In fact, we (...) -
Wari uziko hariho ubwoko 3 bw’imitima idashobora gukunda Imana?
23 September 2015, by Pastor Desire Habyarimana“Ufite amategeko yanjye, akayitondera ni we unkunda, kandi unkunda azakundwa na Data, nanjye nzamukunda mwiyereke.... umuntu nankunda azitondera ijambo ryanjye, na Data azamukunda, tuzaza aho ari tugumane nawe. Ariko utankunda ntiyitondera amagambo kandi iryo jambo mwumvise si iryanjye, ahubwo ni irya Data wantumye” (Yohana14:21-24).
“Ukundishe Uwiteka Imana yawe umutima wawe wose, núbugingo bwawe bwose nímbaraga zawe zose (Getegeka kwa kabiri6:5)”.
Ibi ni bimwe mu byanditswe dusanga muri (...)
0 | ... | 100 | 110 | 120 | 130 | 140 | 150 | 160 | 170 | 180 | ... | 1850