Mugihugu cy’u Buhinde, “The lampstand worship team”, ikorera muri ministere y’ivugabutumwa rya Kristo ya “Lord’s Light Fellowship” yamuritse umuzingo w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza muri weekend yatambutse.
Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n’abantu benshi biganjemo abanyenshuri biga mu gihugu cy’u Buhinde, mu mijyi ya Bangalore, Salem, Trichy, na Chidambaram.
Iyi album igiye hanze mu rwego rwo gufasha buri muntu wese ngo yegere Imana hamwe n’abaririmbyi nk’uko byatangajwe na Enock Niyonzima, (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
India : The lampstand yashyize hanze album y’indirimbo zihimbaza Imana
10 March 2014, by Ubwanditsi -
Umuhanzi Murwanashyaka Faustin aramurika Album ya 2 y’amashusho kuri iki Cyumweru
29 November 2013, by Simeon NgezahayoUyu muhanzi abenshi bemezako aryoshya stage akanashyushya abantu iyo aririmba, Murwanashyaka Faustin kuri iki cyumweru tariki ya 1/12/2013 kuri ADEPR Nyakabanda ni bwo azamurika album ye ya kabiri y’amashusho kuva saa munani z’amanwa (2pm).
Nk’uko yabidutangarije ubwo twamubazaga iby’iki gitaramo, ngo azaba ari kumwe n’abahanzi nka Mugabo Venuste na Thacien. Azaba kandi ari kumwe na Korali Siloam. Abazitabira iki gitaramo bazanumva ijambo ry’Imana bazagezwaho na Semajeri Gaspard.
Iyi album ya (...) -
Itorero rya ADEPR ryasoje amahugurwa ku kwimakaza umuco w’amahoro hifashishijwe Bibiliya.
28 June 2012, by UbwanditsiKuri uyu wa kane taliki ya 28/06/2012 ku kigo cy’ Amahugurwa mu Kagarama hasojwe amahugurwa yari amaze iminsi itatu ku gukemura amakimbirane no kwimakaza umuco w’amahoro hifashishijwe Bibiliya.Akaba yari yahuje abayobozi b’abandi baturutse mu ndembo zose za ADEPR uko ari 12 mu Rwanda. Aya mahugurwa akaba yari ayobowe n’umwisha Steve Moore ukomoka muri America akaba ari inzobere mu gukemura amakimbirane no kwimakaza umuco w’amahoro. Aha akaba yarigishije inkingi zagufasha kwimakaza umuco (...)
-
"Ngiye gupfundurira abakunzi banjye agaseke nabahishiye" Umuhanzi BIGIZI Gentil (Kipenzi)
14 January 2014, by Simeon NgezahayoBigizi Umuhanzi Gentil Bigizi benshi bazi ku izina rya Kipenzi ku bw’indirimbo ye yafashije benshi cyane, nyuma yo kumara igihe kirekire nta cyo agaragariza abakunzi be, Kipenzi aratangaza ko agiye kubapfundurira agaseke yari yarabahishiye.
Ubwo twaganiraga n’uyu muhanzi, yadutangarije ko nyuma y’imyaka 4 amaze mu buhanzi agiye kumurika Umuzingo w’indirimbo ze z’amashusho witwa KIPENZI mu gitaramo ateganya mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka wa 2014.
Uyu muhanzi Kipenzi azwi mu ndirimbo Kipenzi, (...) -
kwizera n’amaboko yakira. Creflo Dollar
9 December 2013, by Isabelle GahongayireIbyo Imana yasezeranye byose ni ukuri. Uruhare rwacu ni kubyizera hanyuma bigasohora mu buzima bwacu. Iyo umuntu afite kwizera n’imvugo ye ibamo kwizera, ntabwo agendeshwa n’ibyo atekereza cyangwa areba, cyangwa amarangamutima. Ubuzima bwo kwizera bugendera ijana ku ijana mu ijambo ry’Imana.
Ibintu bitatu biranga kwizera: kwemera, kwiringira, gushyira amanga “ Ni cyo gitumye mbabwira nti: Ibyo musaba byose mubishyizeho umutima mwizere yuko mubihawe, kandi muzabibona.” (Mariko 11 : 24)
• (...) -
Umuhanzikazi uririmba indirimbo zihimbaza Imana Sherry yasohoye indirimbo ye ya mbere yise “Mbikesha Uwiteka”
2 November 2013, by Patrick KanyamibwaIndirimbo “Mbikesha Uwiteka” ni yo uyu muhanzikazi mushya mu njyana ya gospel Sherry yatangiriyeho ashyira ahagaragara amajwi yayo.
Sherry Dad’s w’imyaka 21 yahimbye iyi ndirimbo akurikije uburyo abantu bajya bigereranya ku bandi kandi abantu bose dufite umugisha umwe wo kuba twararemwe n’Imana imwe.
Ubwo twaganiraga na Sherry, yatubwiyeko ngo kuri we iyi ndirimbo isobanuye ko nyuma y’ibindi byose uko abantu batandukanye ntibakigereranye n’abandi cyangwa ngo basenye abandi kuko abantu turi umwe (...) -
Korali Heman izamurika albumu y’amashusho.
16 August 2012, by Emmanuel KANAMUGIREKuri iki cyumweru tariki ya 19 Kanama 2012,Korali Heman yo mu Itorero rya Louange i Gikondo izashyira ku mugaragaro albumu yayo ya kane yiswe “Igitaramo”.
Mu kiganiro na IGIHE,Prospert BIGANGU,umuyobozi uhagarariye abatoza muri iyi korali yatangaje ko ari ubwa mbere babashije gukora indirimbo z’amashusho,umuhango wo kuyimurika ukazabera ku rusengero rwa Louange i Gikondo i saa yine z’igitondo no kuri Zion Temple mu Gatenga i saa kumi n’igice z’umugoroba. Iyi albumu kandi iriho indirimbo 8 nka (...) -
Rinda umutima wawe kurusha ibindi byose birindwa
3 August 2015, by Innocent Kubwimana" Rinda umutima wawe kuruta ibindi byose birindwa, Kuko ari ho iby’ubugingo bikomokaho.’’ Imigani 4:23
Ikintu gihungabanya umutima w’umuntu ni ukubura amahoro kuko amahoro ni nk’umusingi Imana imanukaho ikagukorera igitangaza. Amahoro ni nk’ingata ituma udahungabana kuko aguha gutuza igitangaza cyaza kikabona aho kicara.
Amahoro ni ikintu cy ingenzi kuko umutima udafite amahoro ntushobora kugira kwizera, amahoro aguha kunezerwa nubwo hari ibitaracamo neza. Kubana n’abantu bose amahoro (...) -
Korale Louange ya ADEPR Gatsata iramurika alubumu yayo ya gatatu y’amajwi mu bitaramo yateguye by’iminsi ibiri
26 September 2012, by Patrick KanyamibwaNyuma yo gukora ingendo zitandukanye hirya no hino mu gihugu z’ivugabutumwa ryiza, ubu noneho Korale Louange ADEPR Gatsata irashyira henze ku mugaragaro Alubumu yabo Vol 3 yitwa « Yesu ni byose », kuri uyu wa gatandatu no ku cyumweru mu mpera za kino cyumweru, ni ukuvuga tariki ya 29 na 30/09/2012, muribi bitaramo kandi akaba aribwo bazatangira gufata amashusho y’indirimbo zabo azakoreshwa kuri DVD.
Umuyobozi w’iyi korali Bwana Jacques Ndayisenga mu kiganiro twagiranye akaba yadutangarije ko (...) -
Mu bimukira muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Abakristo ni bo benshi ariko imyizerere y’inzaduka ikomeje kwiyongera
21 May 2013, by Simeon NgezahayoAbakristo basaga 60% bimukira muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku buryo bwemewe n’amategeko, naho abasaga 80% bimukirayo ku buryo butemewe n’amategeko. Ubushakashatsi bwakozwe n’ihuriro ryiga ku banyamadini n’ubuzima bw’abaturage muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika “The Pew Forum on Religion and Public Life” bugaragaza ko imyimukire y’Abakristo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika igenda ihindura isura. Ibyavuye mu bushakashatsi bigaragaza ko Abakristo bakomeza kuruta abandi bose bimukira muri Leta Zunze (...)
0 | ... | 850 | 860 | 870 | 880 | 890 | 900 | 910 | 920 | 930 | ... | 1850