Hari kuri iki cyumweru gishize taliki ya 23 Gashyantare, ubwo Chorale Gilgal ya CEP KIST-KHI yakoraga igiterane cyo kumurika album yabo y’amashusho ya mbere. Muri iki gitaramo cyabereye kuri ADEPR Nyarugenge, Gilgal yataramiye abakunzi bayo irabizihiza. Nka saa cyenda n’igice ni bwo iki gitaramo cyari gitangiye, gitangira haririmba Worship Team ya Nyarugenge, hakurikiraho chorale Impanda ya ADEPR Rwampara ikunzwe na benshi muri iki gihe. Nyuma y’Impanda ni bwo chorale Gilgal yaserutse (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
"Twanejejwe cyane n’uburyo Imana yadushyigikiye muri Launch yacu" Gilgal Choir, CEP KIST-KHI
25 February 2014, by Simeon Ngezahayo -
Oya ikwiye kuba oya na Yego ikaba Yego ku mukristo
18 August 2015, by Innocent KubwimanaAhubwo ijambo ryanyu ribe ‘Yee, Yee’, ‘Oya, Oya’, ibirenze ibyo bituruka ku Mubi. Matayo 5:37
‘’Kandi mwumvise ko abakera babwiwe ngo ‘Ntukarahire ibinyoma, ahubwo uzakorere Umwami Imana ibyo wayirahiye.’ Ariko jyeweho ndababwira kutarahira rwose, naho ryaba ijuru kuko ari ryo ntebe y’Imana, cyangwa isi kuko ari yo ntebe y’ibirenge byayo, cyangwa i Yerusalemu kuko ari ururembo rw’Umwami ukomeye.
Kandi ntuzarahire umutwe wawe, kuko utabasha kweza agasatsi kamwe cyangwa ngo ukirabuze. Ahubwo ijambo (...) -
Nta kigeragezo Imana iduha cyo kudutandukanya nayo Ernest
3 December 2015, by Ernest RutagungiraNTAKIGERAGEZO IMANA IDUHA, CYO KUDUTANDUKANYA NAYO.
“Ni inde wadutandukanya n’urukundo rwa Kristo? Mbese ni amakuba, cyangwa ni ibyago, cyangwa ni ukurenganywa, cyangwa ni inzara, cyangwani ukwambara ubusa, cyangwa ni ukuba mu kaga, cyangwa ni inkota? Abaroma 8:35
Yobu umwe mu bakozi b’Imana yahuye n’ibigeragezo bikomeye agera ku rwego isi n’ijuru bimuhamiriza ko ageze ku gipimo cyo hejuru cyo kugeragezwa, Yobu 2: 3
UWITEKA abaza Satani ati “Aho witegereje umugaragu wanjye Yobu, yuko ari nta (...) -
Uruhare rw’umubyeyi ukijijwe ntirugarukira gusa mu kugaburira umwana
15 February 2016, by Alice RugerindindaNaratangaye cyane ubwo nasomaga aya magambo ari muri Yobu 1: 4-5
Kandi abahungu be biremeraga ibirori mu mazu yabo umwe umwe mu munsi yitoranirije, bagatumira na bashiki babo batatu ngo baze gusangira nabo. Nuko Iminsi y’ibirori byabo yarangira, Yobu akabatumira ngo abeze, akabyuka kare mu gitondo agatamba ibitambo byoswa bihwanye n’umubare wabo, kuko Yobu yavugaga ati” Ahari abahungu banjye bakoze icyaha, bahemukira Imana mu mitima yabo”. Uko niko Yobu yajyaga agenza iteka ryose. Yobu 1:4-5 (...) -
Korali Abatoranijwe ADEPR-GATENGA na Elayono ADEPR-REMERA zizataramira Abanyamurambi (Gatenga) ku cyumweru le 24/03/2013
22 March 2013, by Innocent KubwimanaKorali Abatoranijwe ADEPR-GATENGA yateguye igitaramo cy’ivugabutumwa izakorana na korali Elayono ADEPR-REMERA. Iki gitaramo kikazabera ku mudugudu wa Murambi-ADEPR Gatenga guhera saa saba n’igice z’amanywa (13h30).
Korali Abatoranijwe ni imwe mu makorali akorera umurimo w’Imana mu itorero rya ADEPR muri Paruwasi ya Gatenga, umudugudu wa Murambi. Ubusanzwe iyi korali itegura ibiterane by’ivugabutumwa buri mwaka bigamije guhembura abakristo ndetse no kuzana abantu kuri Kristo. Ni muri urwo rwego (...) -
Byuka wongere urye ubone imbaraga
17 May 2016, by Ernest RutagungiraByuka wongere urye ubone imbaraga kuko urugendo rukiri rurerure kandi rugukomereye.
Ushoje urugamba rukomeye, waritanze cyane none urananiwe, ubonye ko cyari igihe cyawe cyo kwiruhutsa no kugira agahenge, ukebutse hirya gato ibitero bikurwanya ntaho byagiye biracyaguhiga n’imbaraga noneho zisumbuye, urugamba rurushijeho gukomera kurusha urwo urangije, kandi birifuza kuguhirana, unaniwe kwihangana, kuri wowe icyabiruta ni uko ubugingo bwawe bwakurwaho, gusa n’ubwo wihebye Imana iravugana nawe (...) -
Imana ikeneye uruhare rwawe mukurwanya icyaha cy’ubusambanyi
8 May 2016, by Ernest RutagungiraIyi minsi dusohoyemo, ubusambanyi ni kimwe mu byaha bifite ubukana ndenga kamere, cyane ko usanga cyugarije abantu b’ingeri zose, yaba abahuje ibitsina ,urubyiruko, abapfakazi ndetse n’ abubatse ingo, ikibabaje kandi kurushaho ni uko usanga mu gihe tugezemo ubu busambanyi butakirangwa gusa mu batizera Imana ahubwo bimaze kugaragara ko na bamwe mu bakora imirimo y’Imbere mu nzu y’Imana ( Ba pasitoro, padiri n’abandi ) nabo batangiye kwandura uyu muze w’icyaha, Nyamara twibuke ko ubwinshi bw’aba (...)
-
Ese ko wasobanukiwe byakunanije iki ku bigeraho?
18 November 2015, by Ernest RutagungiraSinzakurebana igitsure kuko ndi umunyembabazi. Niko uwiteka avuga. Niko uwiteka avuga. Sinzakomeza kurakara iteka. Icyo nshaka kimwe ni uko wemera ibyaha byawe, ibyo wacumuye ku w’Iteka Imana yawe , wayobeje inzira ku mana zawe ku mana z’abanyamahanga munsi y’igiti cyose gitoshye kdi ntiwumviye nijwi ryanjy. Niko uwikeka avuga? (Yeremiya 3:12-14)
Umugambi w’Imana ku bantu ni umugambi w’ibyiringiro, w’ubutsinzi wo kunesha ndetse ni umugambi wo kwimura ubuzima bw’ikinyoma umuntu yagiye yinjizwamo (...) -
Gates Of Heaven Ministries : Ubuhanuzi buvuga ko ububyutse buzaturuka mu Rwanda bwazanywe n’umwongereza Rev.Pasitor Chris
18 September 2013, by UbwanditsiKuri iki cyumweru kuri Serena Hotel mu masengesho y’abayobozi b’amatorero , Pasitori Mutesi Maggie Mugisha uyoboye Gates of Heaven yatangajwe no kubona umunyamahanga ari hagati mu bashumba kandi ntawe aziranye nawe ufite Itorero hano mu Rwanda w’umunyamahanga(umuzungu).
Pastor Maggie akibivuga uyu mu Rev.Pasitori Chris waturutse mu gihugu cy’ubwongereza yahise ababwirako afite ubutumwa yahawe mbere yo kuza mu Rwanda ko We kumwe n’itsinda basengana ngo Imana yababwiye ko igihugu agiyemo (...) -
Apotre Joshua Masasu yavumbuye ibanga ryo guha umugore we Affection ihagije kandi n’Umurimo w’Imana ukagenda neza!!
14 May 2013, by UbwanditsiIyo witegereje hirya no hino usanga ingo nyinshi z’abapasitori, kenshi zirirwamo abakozi bo mu rugo gusa kuko ba nyiri urugo baba biriwe mu murimo w’Imana.akenshi iyo umugabo ari umupasitori ntibijya byoroha kugirango umubone iwe bitewe n’inshingano z’itorero ahoramo. Ibi benshi banabishingiraho bakavugako ariyo mpamvu ingo z’abashumba zikunda kunanirana,abana babo bakigira ibyigomeke,ndetse n’abadamu babo hari abo bidashimisha kuko usanga ari nkaho ari umudamu w’ingaragu.Gusa siko ingo (...)
0 | ... | 810 | 820 | 830 | 840 | 850 | 860 | 870 | 880 | 890 | ... | 1850