Mu rwego rwo gushima Imana ku gitangaza yabakoreye cyo kubona urusengero, itorero rya Assemble of God Remera (Reconciliation Mission Church), ryubatswe mu ntara y’uburasirazuba, akarere ka Ngoma, umurenge wa Remera, akagari ka Bugera umudugudu wo Kumukiza, ryateguye igiterane cyo gushima Imana no gutaha ku mugaragara urwo rusengero bujuje, Nk’uko twabitangarijwe na Pasiteri Valens Karekezi Manzi, ubusanzwe mu itorero rya Assemble of God biremewe ko rimwe mu mashami yaryo, ryakwishakira (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Itorero rya Assemble of God Remera (Reconciliation Mission Church) ryateguye igiterane cyo gushima Imana no gutaha ku mugaragara urusengero.
25 March 2014, by Ernest Rutagungira -
Musenge ubudasiba!
11 March 2016, by UbwanditsiMusenge ubudasiba (1 abatesalonike 5:17) Iyi mpanuro yanditse hejuru aha y’Umwuka wera inyuze mu ntumwa pawulo ni iyo kugira ngo duhozeho kandi dushikame mu masengesho. Mu baroma 12:12 haragira hati: "Mwishime mufite ibyiringiro mwihanganira amakuba; mukomeze gusenga mushikamye".
Inshuro nyinshi satani yifuza guhindura no kuyobya abantu, ibyo banyuramo, ibyo babona, n’ibyo bumva, n’ibindi ari ukugira ngo gusa atugereho. Ariko tugomba kumenya gutegura imigambi ye, igihe cyose usenga uba uri (...) -
Yesu yashyizeho inzira yo gukemura ibibazo.
23 May 2016, by Kiyange Adda-Darlene“Nimuguma muri jye, amagambo yanjye akaba muri mwe, musabe icyo mushaka cyose muzagihabwa.” (Yohana 15:7).
Imana ni Data, izi ko tubabara, izi ko turira, izi ko dushobora kugira ibyo dukenera. Kubw’iyo mpamvu, yashyizeho umurongo w’ uko bene ibyo bibazo bizajya bikemuka. Yanyujije abisirayeli mu butayu, ibatunga imyaka mirongo ine, ntibabuze ibyo kurya cyangwa amazi yo kunywa. Icyo gihe yashakaga kwiyereka abantu kugira ngo bayimenye, bamenye ko ari Imana ishobora gutanga ibyo umuntu akeneye. (...) -
Ghana: Bamwe mu bahanzikazi ba Gospel ngo basigaye ari abatinganyi !
30 August 2013, by UbwanditsiKu wa gatandatu taliki 1 Kanama uyu mwaka ni bwo umunyamakuru ukora ikiganiro cy’abahanzi kuri Radio Host of Peace FM Kwasi Aboagye, mu kiganiro cyitwa “Entertainment Review” yatangaje yuko abahanzikazi ba Gospel basigaye ari abatinganyi. Ibi yabitangaje aho aviriye mu rugendo yagiriye muri Amerika.
Aya makuru yababaje abakunzi b’iki kiganiro “Entertainment Review” batuye mu mujyi wa Accra (aho iyi radio ifite abakunzi benshi), ndetse anabatera impungene.
Uyu munyamakuru yatangaje ko afite (...) -
Singapore : Umutungo w’amadini uranyerezwa n’abapasiteri
28 June 2012, by UbwanditsiUmwe mubahagarariye itorero rikize ryo mu gihugu cya Singapore yajyanwe imbere y’ubutabera ashinjwa kunyereza amafaranga y’iryo torero, mu rwego rwo gushyigikira umugore we mu mwuga w’ubuhanzi.
Nkuko bitangazwa na 7sur7 ngo Pasteri Kong Hee w’imyaka 47 y’amavuko yagejejwe imbere y’ubutabera kuri uyu wa Gatatu ashinjwa kunyereza akayabo kagera kuri milliyoni 24 z’amadorari akoreshwa muri iki gihugu kuri konti y’itorero ryitwa ‘’City Harvest Church’’ abereye umuyobozi riri mu gihugu cya Singapore (...) -
Imana niyo nyiribihe
8 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaAburahamu arubama araseka yibaza mu mutima we ati :Ese ubwo byashoboka ko umugabo ufite imyaka ijana yabyara umwana w’umuhungu ?Sara se we ufite imyaka 90 yabyara ate ?Imana iravuga iti :ahubwo umugore wawe Sara niwe uzabyara umwana w’umuhungu kandi uzamwite ISAKA. Itangiriro 17 :17-19.
Kera Imana yari yarasezeranyije Aburahamu na Sara ko bazagira urubyaro rwinshi cyane.Imyaka yarahise ariko umwana bifuzaga cyane ntiyavuka. Kino gihe barashaje imyaka 100 y’Aburahamu na 90 ya Sara.
Ibihe (...) -
KIGALI: CHORALE BARAKA YASUYE ABARWARIYE MURI CHUK IBAGENERA AMAFUNGURO N’IBIKORESHO BY’ISUKU
7 May 2014, by Simeon NgezahayoKu munsi ngarukamwaka mpuzamahanga wahariwe kuzirikana no kwita ku barwayi uba buri taliki 4 Gicurasi, CHORALE BARAKA ibarizwa kuri ADEPR NYARUGENGE yasuye abarwayi bo mu bitaro bya kaminuza bya Kigali (CHUK) ibagenera amafunguro n’ibilkoresho by’isuku.
Baraka isura abarwayi mu byumba barwariyemo
Nyuma yo kuva mu kibuga cy’ibi bitaro aho abantu baturutse mu bice bitandukanye bari bahuriye bizihiza uyu munsi mukuru wahariwe kwita no kuzirikana abarwayi, kimwe n’abandi bose haba amakorali (...) -
Simon Kabera mbere yo kujya kwiga ku mugabane w’Uburayi azamurikira abakunzi be alubumu ye ya mbere y’amashusho, gufata amashusho akaba abigeze ku musozo
1 August 2013, by UbwanditsiUmuhanzi Simon Kabera uzwi mu ndirimbo zihimbaza Imana, akagira indirimbo nyinshi zikunzwe cyane nka "Mfashe Inanga, Munsi yawo", nyuma yo kumara igihe ari mu kazi ngo muri Kanama aziyereka abanyarwanda bamaze iminsi bavuga ko yabuze. Uyu muhanzi akaba yatangaje ko agiye kumurika Alubumu ye y’amashusho (DVD) mu gitaramo kizaba ku cyumweru kuwa 18 Kanama 2013, mu Gicumbi cy’umuco, mu ihema riri kuri Stade Amahoro i Remera.
Uyu munsi tukaba twamusuye aho yari ari gufata amashusho y’indirimbo (...) -
Imana ibasha guhindura ikidaturwa nk’ingobyi ya Edeni/ Ev.Adda
27 July 2015, by Ubwanditsi“Uwiteka ahumurije i Siyoni n’imyanya yaho yose yabaye imyirare arayihumurije, ubutayu bwaho abuhinduye nka Edeni n’ikidaturwa cyaho akigize nka ya ngobyi y’Uwiteka, muri yo hazaba umunezero n’ibyishimo n’impundu n’amajwi y’indirimbo. Yesaya 51:3
Mu buzima hari byinshi tunyuramo bigoye, bibabaza umutima. Hari ibyoroshye kubibonera igisubizo, hari n’ibigorana umuntu atabasha nubwo yasaba ubutabazi bw’abavandimwe n’ubw’abandi bantu bagaragara nk’ababishoboye.
Biragoye kwihangana kuko biba biryana. Iyo (...) -
Ibuka gusenga no mu gihe byose bigenda nabi!
14 March 2016, by Emmanuel KANAMUGIRE“Ariko mu gicuku, Pawulo na Silasi barasenga baririmbira Imana izindi mbohe zirabumva” Ibyakozwe n’intumwa 16:25 Dore abagabo twari dukwiye gufatiraho urugero mu gusenga! Umunsi wari wababereye mubi ku buryo bushoboka bwose, bahuye n’akaga ndetse bacika intege; bagishijwe impaka na rubanda,barakubiswe, bararenganye, barafungwa mu buryo bubabaza n’ibindi. Nuko mu gicuku barasenga kuko bibutse ko Imana ifata ibibi ikabibyazamo ibyiza. Ni iki tugomba gukora mu gihe ibyacu byose ari bibi ? Mbese (...)
0 | ... | 810 | 820 | 830 | 840 | 850 | 860 | 870 | 880 | 890 | ... | 1850