Kuri uyu wa kane, nibwo abapasiteri babiri bari mu mujyi wa Garissa ho muri Kenya, barashweho ibisasu byaje kuviramo Pasiteri Abdi Welli guhita yitaba Imana naho mugenzi we Pastor Ibrahim Makunyi uyobora itorero ry’abapantekonte mu karere k’Afrika y’Iburasirazuba (East Africa Pentecostal Church) we akaba yajyanywe mu bitaro ari indembe.
Nk’uko tubikesha ikinyamakuru Open Doors kivugako ako gace ka Garissa kazwiho ibikorwa by’urugomo ndengakamere aho muri Kenya. Ikindi kandi n’uko umutwe (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Kenya: Abapasitor babiri barashweho ibisasu n’abagizi ba nabi bataramenyekana
9 February 2013, by Ubwanditsi -
Umukinnyi wa NFL Christian Ballad yasezeye mu ikipe ye ya Football ‘Vikings’ ngo arusheho kuboneka mu rusengero
21 September 2013, by Simeon NgezahayoUmukinnyi ukomoka muri Leta ya Minnesota wakinaga mu ikipe ya Vikings yasezeye mu ikipe mu kwezi gushize avuga ko igihe yakoreshaga mu mupira w’amaguru ashaka kugikoresha yegerana n’Imana ndetse n’umuryango we kuko ngo umupira watumye amara imyaka 4 ataboneka mu rusengero.
Mu kiganiro yagiranye na USA Today Sports, Christian Ballard yagize ati "Sinari nkibasha kwita ku mugore wanjye, no kwita ku muhungu wanjye, no kubana na bene Data. Ariko ubu ndahamya ko hamwe no gusezera muri NFL ndabona (...) -
Ichtus Gloria Choir nyuma y’igihe kitari gito yateguye igitaramo mu isozwa ry’umwaka
18 November 2012, by Patrick KanyamibwaIchtus Gloria Choir yateguye igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana, ku cyumweru 25/11/2012, ku rusengero rw’ADEPR Nyarugenge, akaba arinabwo izamuri alubumu yayo ya 2, bise “Dieu se soucie de toi’. Chorale Ichtus - Gloria ni chorali ikorera umurimo w’Imana mu buryo bwo kuririmba muri ADEPR Nyarugenge (mu Gakinjiro), mu mudugudu ukoresha Igifaransa n’Icyongereza (Chapelle Internationale).
Kuvuka kw’iyi chorale ntibiri kure y’ukwa chapelle internationale yatangiye mu mwaka wa 1987 yitwa Culte (...) -
Imana ni Yo mugenga w’ibihe - Jacques Vernaud
18 August 2015, by Isabelle GahongayireMu byo Imana yaremye byose, hari urutonde n’umurongo ngenderwaho. Tugomba gukomeza kuwugenderaho, tukawuzirikana kugira ngo tubeho neza dufite amagara mazima.
Mu byo Imana yateguye, harimo umwanya wihariye w’akaruhuko. Gukora utaruhuka si byo Imana ishima, ahubwo ishaka ko buri cyose dukora kiba mu mwanya wa cyo, tukagira n’umwanya w’akaruhuko. Akaruhuko ko ku isabato kari mu byo Imana yagenye. Abantu si ibikoresho by’akazi cyangwa se amamashini, kandi akazi si cyo kintu cy’ibanze mu buzima. (...) -
Itorero rya Kristo mu mugambi w’Imana, Igice cya 1/ Dr Fidèle Masengo
12 November 2015, by Innocent KubwimanaMatayo 16:18 -Nanjye ndakubwira nti ‘’Uri Petero, kandi nzubaka itorero ryanjye kuri urwo rutare, kandi amarembo y’ikuzimu ntazarishobora.’’
Hari umuntu wanyandikiye ansaba ko ntegura inyigisho hejuru y’itorero. Byahuriranye n’uko aho narindi mu rugendo muri Nijeriya nasuye itorero rya Foursquare, mbona inyubako nziza nyinshi amatorero yubatse, mbona ibikorwa binyuranye by’iterambere itorero ryakoze ndetse mpura n’abantu bafite ishyaka ryinshi mu murimo w’Imana bintera kwibaza cyane ku itorero (...) -
Ibintu 10 biranga umuyobozi mwiza
23 January 2013, by Pastor Desire HabyarimanaUko wamenya Umuyobozi :
1. Ahindura abandi :
Iki ni ikintu cy’ingenzi ku bayobozi. Itegereze abo bahindura, umubare w’ abo bahindura, n’igihe bahindurira abandi.
2. Bahindura imigendekere y’ibintu :
Baba bafite inzara yo guhindura ibintu byiza kandi biteguye guhinduka. Bakunda gutera imbere kandi ntibaruhuke iyo ibintu bidahinduka na gato.
3. Baba bafite iyerekwa :
Bashobora gutuma abantu bashimishwa n’inzozi zabo. Umuntu ufite iyerekwa avuga bike agakora byinshi. Baba buzuye umuriro muri (...) -
Mbese wamenye Isabato nyakuri?
27 December 2015, by Pastor Desire HabyarimanaIjambo ry’Imana: Luka 6:1-6:10
Iki cyigisho kigizwe n’amagambo atatu makuru : Isabato, Ikiruhuko na Kristo
Uyu munsi turi gusoma mu Butumwa bwiza, aho Yesu Kristo yivugiye ubwe ati: “Ni jye Mwami w’Isabato”. Mbese ibi bisobanuye iki?
Mbere yo gusubiza iki kibazo, reka tubanze dusome ijambo ry’Imana kuko ibyanditswe ari byo bisobanura ibyanditswe! Bumbura Bibiliya yawe mu butumwa bwiza uko bwanditswe na Luka 6, usome kuva ku murongo wa 1 ugeze kuwa 10.
Mbese Yesu yari ashatse kuvuga iki mu (...) -
Huye: Umuhango wo gusengera abayobozi ba CEP-UR witabiriwe n’abayobozi b’ADEPR n’abandi batandukanye
3 February 2014, by Simeon NgezahayoKuri icyi cyumweru tariki ya 2 Gashyantare 2014, mu muryango wa CEP-UR Huye Campus habereye umuhango w’ihererekanyabubasha ku bayobozi bacyuye igihe, barangajwe imbere na KARIBU Phanuel n’ubuyobozi bushya bugiye gukomeza muri uyu mwaka WA 2014 burangajwe imbere na UWIRAGIYE Germaine.
Muri uyu muhango wari witabiriwe n’abayobozi batandukanye b’itorero ADEPR, nka biro nyobozi ku rwego rw’igihugu yari iyobowe n’Umuvugizi w’Itorero rya Pantecote mu Rwanda Past. SIBOMANA Jean, wari uherekejwe (...) -
Gutsinda Ubwoba.
25 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaNtimukagire icyo mwiganyira, ahubwo ibyo mushaka byose bimenywe n’Imana mubisabiye, mubyingingiye, mushima(Abafilipi 4:6).
Muri Yosuwa 1:9, Imana yabwiye Yosuwa ngo, "...ntutinye kandi ntukuke umutima, kuko Uwiteka Imana yawe iri kumwe nawe aho uzajya hose." Ibi byabaye igihe Yosuwa yiteguraga kuyobora Abisirayeli mu gihugu bari barasezeranyijwe. Buri gihe, Imana itubwira kutagira ubwoba cyangwa ngo duhangayike; Ntabwo Ishaka ko uhangayikishwa n’ikintu icyo ari cyo cyose, uko cyaba kimeze (...) -
Sobanukirwa neza n’igikorwa cyo Kurambagiza.
7 July 2016, by UbwanditsiNi iyihe ntego yo kurambagiza?
Kurambagiza byagombye kuba bifite intego nziza bigamije. Byagombye gufasha umusore n’umukobwa kureba niba bashobora kuzabana.
Icyakora, hari abo mu rungano rwawe bashobora kudaha agaciro ibyo kurambagiza. Bashobora gushimishwa no kugirana ubucuti n’umuntu badahuje igitsina, ariko nta ntego bafite yo gushakana na we. Hari n’abashobora kugira incuti nk’iyo bagamije gusa kugaragaza ko hari icyo bagezeho, cyangwa bakumva ko iyo ncuti yabo ari nk’ikintu bakwiratana (...)
0 | ... | 770 | 780 | 790 | 800 | 810 | 820 | 830 | 840 | 850 | ... | 1850